Saturday, 11 October 2014

INZOKA BAYIKUNDIRA IKI?.......AMAZINA YO GUTUKA IMANA NK'UBUSIRIMU MUBAVUGA IZINA RYAYO,...IBIMENYETSO BITUGOSE BIFITE UBUSOBANURO NAHO UTABWITAHO! M.Gaudin


"Abaroma 12:2 Kandi ntimwishushanye n'ab'iki gihe ahubwo muhinduke rwose mugize imitima mishya, kugirango mu menye neza ibyo Imana ishaka, aribyo byiza bishima kandi bitunganye rwose"

kuva 12:7  Bazende ku maraso, bayasige ku nkomanirizo zombi no mu ruhamo rw'Umuryango rw'amazu bawuririyemo.

kuva 12:13 Ayo maraso azababere Ikimenyetso ku mazu murimo, najye ubwo nzabanyuraho, nta cyago kizababaho ngo kibarimbure, ubwo nzatera igihugu cya Egiputa.

Imana yahisemo gukoresha umukororobya nk'ikimenyetso cy'uko itazongera kurimbuza isi umwuzure, aha n'ikimenyetso yahisemo gukoresha, Itangiriro 9:12-15. Imana yerekanye umwuka wera mukimenyetso gisa n'inuma, matayo 3:16 ibi byose byerekana ko mubimenyetso biba bihishe ibindi bintu byaba byiza cyangwa bibi, ariko hari uko ibimenyetso bisobanurwa naho wahitamo kubikora utazi icyo bivuga ntibikuraho ubusobanuro bwabyo!

Aba Kristo ntibakwiye kwitwara nk'uko isi yitwara! aha bamwe mushobora kunyumva nabi ariko reka mbivuge uko umwuka abinganiriza, nubwo ubu mu minsi yanone abantu benshi bavuga ko bazi Imana bayihakanisha ibikorwa. ndahamya ntashidikanya ko bimwe mubyo satani akoresha ngo ayobye Imitima y'abantu ari ugukwirakwiza ibimenyetso bituka Imana muba kristo. aha ndagira ngo umenye neza ko Imana ifite ibimenyetso ikoresha mu gutanga message, ndetse na satani afite ibindi bimenyetso. ndizera ko mwese muzi inkuru za Yosefu,aho arota akarota inzozi ibyo yarose byarimo ibimenyetso ndetse bifite uko bisobanurwa, ni ko na daniel n'abandi benshi bagiye berekwa ibimenyetso bimwe byerekana Imana ibindi byerekana Satani.

No mw'isi abantu dukoresha ibimenyetso, aho usanga ibitaro bifite ikimenyetso, urusengero, cyangwa irimbi naryo rikagira ikimenyetso. ndakubwira ko buri kintu cyose kibonera imbaraga mu kimenyetso gihisemokurangwa nacyo(ikirango). Niba uri umunyarwanda wakwibaza uti ese kuki twahisemo ibendera risa kuriya, umunyamerika nawe yiyumva mw'ibendera yashyizeho, n'ibindi bihugu. buri Kimenyetso gihabwa imbaraga ndetse cy'ikamamazwa n'uwagishyizeho kandi yewe iyo ucyubashye rwose biba bigaragaye ko wubashye nyiracyo ndetse wagisuzugura nanyiracyo uba umusuzuguye!

Sinzi kugeza ubu ko hari bimwe mubintu uzi iyo ubonye ikimenyetso umenya ko byaribwa cyangwa bitaribwa, ahantu ubonye ikimenyetso ushobora kumenya ko hagendwa cyangwa hatagendwa, ushobora kumenya ibyo baramya niba ari abakristo cyangwa ataribo, Yewe niyo abantu bashaka kuyobya abandi bakoresha ibimenyetso by'izerwa na benshi. kuko benshi muziko iyo rubonye umwenda wanditseho made in USA kandi warakorewe mu rwanda turagura. ariko twabona uwanditseho made in Rwanda warakorewe USA ntitwawambara. ibyo biterwa n'Imbaraga ziri mubimenyetso.

Uyu munsi Satani afite ibimenyetso kandi bikoreshwa n'abamukorera babizi n'abatabizi. Ndahamya ntashidikanya ko urugero ruto rwo muri Biliya mwese muzi. Inzoka igaragazwa n'ikimenyetso cya Satani, aho yoshya eva Itangiriro 3:4, inzoka kandi igaragara mu byahishuwe bavuga bati cya kiyoka, ibyo byerekana ko Inzoka ikoreshwa nk'ikimenyetso cya Satani. nubwo abantu beshi biyitwa ko bizera Imana ndetse bakaba abakristo si ko kuri kuko ibikorwa byabo bihakana Imana. 

Ibaze ukubitanye na perezida Obama yambaye ibendera ry'U Rwanda mugatuza, naho yaba abizi cyangwa atabizi bitanga ubutumwa kubamubona, sinzi icyo watekereza ariko byagusigira ubutumwa, ibaze uhuye na perezida Kagame yambaye ibendera ry'uburundi, byatanga ubutumwa runaka naho yaba atavuze benshi mwakuramo ubutumwa burenga bumwe. Ibaze usanze umusaraba mu musigiti naho waba witambukira watekereza byishi, ibaze usanze ahantu hashushanyije agakingirizo watekereza iki? ibaze icyumba usanzeho ifoto y'umutu wambaye ubusa? ibaze ahantu ugeze ugasangaho igishushanyo cy'agahanga k'umuntu wapfuye? ibi byose ndashaka kukubwirako biba bifite uko byatangiye n'ikibiri inyuma n'ubutumwa bishaka gutanga!

Ushobora Kwibaza impamvu Imana yabuzaga abagore kwamabara imyenda y'abagabo? babaga bafite itandukanye ibi byose n'Ibimenyetso bifite icyo bivuze, gupfa kubyambara ntibikuraho icyo bisobanuye, kandi nyirukubyamamaza we aba ageze ku ntego kuko naho wakwemera Imana ariko ukayituka mu bimenyetso utavuze ntibikuraho ko wakiraniwe, Imana itubabarire. nshuti mukundwa wowe uvuga ko wamenye Kristo ese uyu munsi ukoresha ibihe bimenyetso. 

ubu urubyiruko ruharaye gusa nuko isi isa, niyo mpamvu hari ibishushanyo byinshi ku mubiri, abandi barapfumura amatwi amazuru. imikondo ngo barashaka kuberwa, abandi barambara ibimenyetso bitandukanye ngo barashaka kuberwa, abandi wababaza akakubwira ko we yumva ntamutima umucira urubanza rw"ibyo akora! ariko se nkwibarize kuba umutima wawe utagucira urubanza byakuraho ko ibyo ukora ari icyaha? byakuraho se byakugiraho ingaruka? byibazeho niba usambanye n'umuntu ntamutima ugucira urubanza, niba wiba ntamutima ugucira urubanza, niba uri umutinganyi nta mutiman ugucira urubanza, bikuraho ko ari icyaha? ntitubwirwa ibyaha nuko imitima itaducira urubanza ahobwo nuko Imana yo izadushyira murubanza Umubwiriza 11:9 Buri gihe abashaka gukiranukira Imana babona uko bitwara bidatewe nuko imitima yabo ibashinja ahubwo babitewe no gushakashaka ibyo umwami yashima Abefeso 5:10 .

Uyu munsi ndagirango wibaze uti ese ibimenyetso nambara, nkora, nifotozanya, namamaza, byereka iki? nde? ese bikururira umutima wanjye kumana, bizana abandi kuri Kristo? gusa benshi bavuga ko bazi Imana ariko bayihakanisha ibyo bakora, 2timoteyo 3:5 . ibintu byinshi duhitamo gukora bifite icyo bisobanuye, kandi kuba utazi icyo bisobanuye ntibivugako bidahari.

Ubumenyi buke ufite kubintu bwa kaguteye kugira amakenga, mubyo wihutira gukora cyangwa kwigana aho kuvuga ko upfa kubyikorera gusa.

Impeta twambara zifite ibyo zivuze:
Inyogosho twogosha zifite icyo zivuze:
Imikufi ku maguru
Kwambarira munsi y'ikibuno
Ibimenyetso by'Intoki
Kwicirana amaso
Ibishushanyo ku mubiri
n'ibindi byinshi.........nawe ushobora kuba uzi.

Nsoza ntago nshaka kugufatira umwanzuro, kuko Umwuka w'Imana niwe waguha ihishurirwa kuri buri kimwe kandi akagushoboza gusa na Kristo wizera, ariko ndazi ko nawe ukwiye kuba maso ukirinda, kuko kwirinda n'imbuto y'Umwuka. ntukwiye gupfa gukora, kuvuga, cyangwa kwitaka ibyo utazi, ahubwo ukwiye kumenya ko Imana izi abayo kandi ngo uvuga Izina ry'Imana ave mubidatunganye. 2timoteyo 2:19

sinkubwiye byose ariko wasanga ibyo wagombaga kumva uyu munsi ari ibi kandi niwumva ijwi ry'Imana ntiwinangire Imutima, uko biri kose tuzasa na Kristo niyerekanwa ariko ntitwategereza Kristo dufite amabendera ya Satani, ni nko kujya gusezerana n'umugore wambaye ifoto y'undi mukobwa mugatuza cyangwa wayishyize kw'ikote!!!! mube abanyabwenge Satani arakora muburyo bwose kandi abenshi bavuga ko bazi Imana ariko bambaye ibisigo n'amazina yo gutuka Imana aho bari hose.

Mureke ababikora babizi babikore kuko bahisemo gukorera satani, naho mwebweho mukomeze mushake kwezwa n'amaraso ya Yesu no kwamamaza ubwami bwe kuko ariho mufite ibyiringiro. ibyahishuwe 22:9-12

Ndabakunda! 
uru rwandiko uzarumpere abakunda Yesu Bose bataryarya, Imana izaguha umugisha kuko wafatanyije najye umurimo wo kugabura iby'Imana.

Wednesday, 8 October 2014

UKURI MPFITE WAGUHUZA NUKO UFITE UKUBAKA UMURYANGO W'UMUGISHA!

Njyewe kugeza ubu ibi ngiye kubabwira niko kuri ngezeho ariko ntibisobanuye ko Ibirenze Ibi bidahari.....Impamvu uyu munsi ntangiye nisegura ni uko ntahantu muri bibilia hatwigisha gute umuryango ugomba kubaho? ariyo nyigisho ariyo nyigisho yihariye. yewe nta famille Ihari twavuga ngo byibuze niyo rugero twashingiraho twafata.....buri muntu wese yubaka umuryango bingana n’ihishurirwa afite mu ijambo ry imana niyo mpamvu nababwiye ko bishoboka ko hari ibyaruta ibi, Ariko muri iki gihe mbyutse numva umwuka wera ambwira kubasangiza uku kuri guke mfite...1 petero 3:7” namwe bagabo ni uko: mubane nab’abagore banyu, mwerekane ubwenge mubyo mubagirira kuko bameze nk’inzabya zidahwanije namwe gukomera, kandi mububahe nkabaraganwa namwe ubuntu bw’ubugingo, kugirango amasengesho yanyu ye kugira inkomyi


Hano baratubwiye ngo umugabo akwiriye kubyumva kimwe neza numugore we (iyi ni impine..arko byagufasha usomye umurongo wose) kugirango amasengesho ye atagira inkomyi..Aha ndabanza kwisegura ndabizi ko benshi mutari mwashaka, najye ubabwira si ndashaka ariko n’ihishurirwa dukwiye kumenya. Ibi biri kwerekana ko bishoboka ko umuntu amasengesho ye atakumvikana...kandi hari ibyanditswe byinshi bitubwira ngo nimugira icyo musaba mu izina ryanjye nzakibaha, ibi birasa nkaho bishimangira ko usabye mu izina rya yesu kandi wizeye ari ntacyabuza ko wumvikana mu ijuru kandi ugahabwa icyo washakaga


Nibyo pe,  ariko menya ko hari indi case yo bishoboka ko utakumvikana nagatoAriyo kuba warashatse ( married ) : kuko ntakumtu waba utabyumva kimwe n'mugore wawe (umubiri wawe) Ephesians 5:28 (AMP)“28 Even so husbands should love their wives as [being in a sense] their own bodies. He who loves his own wife loves himself”.Munyumvire namwe, Umugabo ntakwiriye kubona umugore we nk'umugore ahubwo akwiriye ku mubona nk'umubiri we Kuko niko imana imubona Mu itangiriro 2:24Ngo azasiga se nanyinA..........bombi babe umubiri umwe!!!Aha birumvikana impamvu utakumvikana mu ijuruNi uko uri gusenga uri igice kuko umubiri wawe ntawo ufite waje utuzuye. 


Mu gihe utarashaka wowe wenyine uba wuzuye,  ndibaza muri gusobanukirwa what am sayingNdi gusobanura impamvu ibi byanditswe bibiri byose ari ukuri nubwo hasa nkaharimo contradictionKuki imana irimo kubwira umugabo?? Ni uko naturally ibi ntacyo wabihinduraho umugore ari weaker than a man kandi ukurikije ibyansitswe in Ephesians 5:25Umugabo niwe uri kubwirwa gukunda umugore we....ntago ari umugore ubwirwaSi uko umugabo atagira urukundo ahubwo ni uko ariwe urugira mu yandi magambo niwe ushobora gukunda kuko urukundo muri we rurimo, Imana ntiyagusaba ibyo itaguhaye Cg ibyo izi ko utashobora gukora.Mwibuke uyu ni paul uzi ubuntu bw’Imana, iyo usomye neza isezerano rishya Imana idusaba ibyo yadushoboje kuba twakora Bitandukanye nisezerano ryakera aho yabasabaga ibidashoboka kugirango babone ko bayikeneye,  Abagore bo ntibashobora gukunda icyo nakwita primary loveBakunda secondary

-         Niyo mpamvu Imana inabwira abagabo ngo abagore ni inzabya zoroshye
           Yashakaga kubamenyesha ko abagore bajyanwa aho umugabo yashaka,-         

Ikindi sinokujyanwa gusa ahubwo banakomereka vuba kandi bagasanwa  byoroshye sink’umugabo
           Kandi Imana yerekanye ko aribo bagira amakosa...Imana ikamenyesha 
umugabo patern we            ko ari weak cyane       

Nti mubitindeho iki na satani arakizi niyo mpamvu yatatse eva ntajye kwa adamu mbere Kuko eva naturally yari kumworohera Niyo mpamvu rero umugabo ariwe usabwa gukunda uyu muntu ufite intege nke gutya-         Ikindi ngo akamukuyakuya Ibi mumvugo zacu ni ugutanga care Ukamwitaho nkuwita kumubiri wawe bwite Niyo standard imana iha abagabo

Ikabasaba kubagaburira, Ikabasaba kubihanganira cyane murukundo rutangajeAho agaragaje za ntege nke ze niho aba akwiriye gukundwa cyane!!Namwe mundebere imana ibyita kumweza kuko iyo umweretse ko muntege nke ze arushaho kubona urukundo zigenda zishira zigahinduka imbaragaEph 5:26 “So that He might sanctify her, having cleansed her by the washing of water with the Word”
Nyuma yamakosa menshi yagukorera kuko afite intege nke...ugomba kumwezaKandi urukundo rushobora kumweza, niho wakwemera no kumupfira asa nabi (yakosheje)Utamukoreye ibi ntago yakwera iyi mvugo si nzi niba mushoboye kuyumva.Ni ukuvugango ugomba kumukunda cyane nubwo yaba yagucuritseho isi...nibwo bwonyine atakongera kubikora Kandi muri wowe niho habamo urukundo umugore wawe agukundaAzagukunda urungana nurwo wahisemo ko agukundaNi umukunda cyane azagukunda cyane numukunda gake nawe ntuzategereze ibirenze ibyo wamweretse.  Paul yagereranyije umugore nk’itoreroUmugore nink’itorero umugabo ni nka yesu...kuko bose bakora umubiri umweKristo yadukunze turi babi We aratunganye

NB: ntago bivuze ko umugabo atunganye rwose ahubwo ukorera umugore we ibyo kristo yakoreye church niwe utunganye
Ubwo rero iki ni igipimo cyiza Church iranduye
Ephesians 4:12 Haravuga ngo  kugirango abera batungane rwoseIbaze ngo ni abera badatunganye rwose Niyo mpamvu bagomba gutungana rwoseChurch ariwo mugore akenera gutunganywa numugabo we Bivuzeko hari ibyiringiro byuko umugore yaba perfect Ariko gusa abigizwe numugabo weUbwo umugabo atari perfect ntago byabaho ko umugore yaba perfect
Rero mugabo ntabyaha biriho ku isi cg byigeze kubaho cg bizabahoByatuma ugabanya cg udakunda umugore wawe nkuko ari ntabihari church yakora ngo kristo yisubireho ntibe ikiri umubiriwe niko nawe ukwiriye kumeraKubagabo kandekere aho!!!

·        Kuki rero umugabo akeneye cyane umugore

Nubwo bishoboka ko ushoboye kutamushaka ntacyo wabaKuko iyo aba ari ngombwa cyane Yesu na paul nabo baba bararongoyeAriko kamvuge impamvu akenewe kuko nzi ko twe tuzashakaUbwo namwe bakobwa mwumve role nimbaraga zanyu ku mugaboAriko kubadashaka iyo kwanza ninindi case. Munyumvire namwe nari ndimo kubereka ko kristo ubu ntibivuze yesu Gusa, Kuko kristo cg messiah bivuga ngo uwasizwe
Kandi twabonye ko yesu ari buvuke mumazina marayika yabwiye maria kuzita uwo mwana kristo cg messiah ntaririmo Ahubwo yaje kuryitwa nyumaAmaze gu pruva ko koko yasizwe Kuko icyo gihe niwe wenyine wari warasizwe niyo mpamvu yiswe kristo Ariko ubu kristo si yesu gusa ni church plus Jesus bose bagakora umubiri umwe ariwo paul yavuze mubefeso 5:23Ubu rero byumvikane ko umugabo adashobora kugera kuri perfection yubuzima bwe adafite umugore....kuko we ntahagije gukora assignment imana iba yaramuhaye gukora akora inaha
Akenera andi maboko adashobora guhabwa nundi mugabo keretse umugoreNiyo mpamvu umurimo kristo atarangije yawuhaye churchIkindi iyo biba ko yari yihagije ndavuga yesu cg data cg umwuka wera bari kubyikorera ntibashake abantu bakomeza uwo murimo nubwo ari bo babaha kubishobora neza

Iyi ngingo iri strong byahatariNdi kuvuga ngo iyo imana iba yihagije gusohoza icyo yagambiriye cyose nubu yari kuba ihibereye ntawe ituyemo ibyikorera yonyine twe turi indorereziKuko yabonye ko ikeneye kweza church ngo ikomeze ba korane in a harmony nukuvuga ko umugore arakenewe byahatari kuzuza umugabo niyo mpamvu paul yavuze ngo ubwo dukorana nayoIkindi
IMANA YISE UMUGORE NGO NI UMUFASHA (PALAKLETOS in greeck)
Utinye ko iri ari naryo zina ry'UMWUKA WERA in greeck (PALAKLETOS)
Umugore mumubiri asangira izina numwuka wera mumaso y’ImanaIbi si uko ahuje kamere nawe ahubwo ni uko umumaro umwuka wera akorera church (STRENGTHENER, COMFERTER, STAND BY, CONSOLER, INTERCESSOR, ADVOCATE) ninawo umugore agirira umugabo we iyo uwo mugore yatunganyijwe rwose

Iyo ufashe nabi umwuka wera u experience nothing iyo utazi ko abana nawe ( HOLY SPIRIT) buri munsi 1COR 6:19 ngo ese ntimuziko muri insengero z’umwuka wera utuye muri mwe? ...ukora byose kandi ahari kugirango agufashe muri byose. Its  same way nudakuyakuya umugore wawe u'll get nothing from her it’s up to u guys kuryoherwa nurugo rwawe cg rukakubihira bikarutwa nuko waba muri gereza. Abagore cg abakobwa nibyo byaremwe byiza bibaho kwisiBiguha icyo ukwiriye mugihe cyacyo Ntago baguha ibuye ukwiye umugatiNtanubwo baguha ifi ukwiriye inzoka.
Ubundi se mwibaza ngo kuki ushobara kubona umukobwa cg umugore yarakwijeje ibitangaza akaguhinduka agasanga undi? ntago ikosa ari irye nyine ntakundi yabikoraIkosa niryawe wowe utaramwejeje neza.

yanditswe na Gatera Byiringiro Steven.

Bless u, I love u all

Ese wowe ubona wakora iki ngo ubeho mu muryango ufite umugisha!

Saturday, 4 October 2014

AMABANGA Y'UBUYOBOZI: ABAGABO BO KWIGIRWAHO, NIBA WIFUZA KUBA UMUYOBOZI MWIZA! IGICE CYA 2

 DAWIDI: ABAYOBOZI NTIBATINYA IBIHANGANGE, CYANGWA IBINTU BIBARUSHA UBUNINI.

Buri muntu wese azi inkuru za dawidi. Dusanga muri 1 samweli 17, ubwoko bw’abisiraheli bari muntambara  hanyuma  bagatsindwa n’abafirisitiya hamwe n’umwe muntwari zaho witwaga goriyati wapimaga metoro icyenda!!  Goriyati yatukaga abisiraheri, ndetse akabasaba ko bakwitoramo umuntu uza guhangana nawe ngo amutsinde!  Dawidi agahungu gato karagiraga Intama, katashoboraga no gukwirwa n’imyambaro y’urugamba gahitamo kwitanga kurwana na Goriyati, nk’umukoranabushake. Igihe Goriyati yabakobaga kuko bohereje Dawidi! Dawiti agira ati:unteranye Inkota n’amacumu, n’ingabo ariko njye ndaguhangara mw’Izina ry’Uwiteka Imana, watutse. Hamwe nuko kwizera afata afata ibuye, maze arishyira mu muhumetso ararijugunya no mugahanga ngo pi! Maze yantwari ibyayo biba birangiriye aho. Nawe ushobora guhura n’ikibazo gikomeye, ariko igihe cyose ufite kwizera ndetse no kudashidikanya muri wowe, hari imbaraga bireme muri wowe maze bikakubera Imbaraga muruhande rwawe. Ndahamya ko nawe nubwo wahura nibigoye Imana Wizera iruta ibyo uhura nabyo. Komera ukore iby’ubutwari.

YESAYA: UMUYOBOZI UDAPFUSHA UBUSA AMAHIRWE ABONYE YO GUKORA NEZA

Mw’iyerekwa Yesaya yagize , Yesaya 6, Imana yarabajije iti ninde nakohereza nk’umuhanuzi kubwoko bwanjye, Yesaya asubiza  vuba ati nijye Mana ntuma ndahari! Umuyobozi mwiza ntategereza ko hari umuntu wabikora, igihe hari ikintu kigomba gukorwa. Ahubwo afata iyambere maze agahagarara mugihe kikwiye, ntategereza ko hari undi uri bubikore mugihe abona abishoboye ntasigana muri make. Umuyobozi mwiza ahora ashaka aho yamenera ngo akore neza, ntashobora gupfusha ubusa amahirwe yo gukora neza no gukora akazi Imana cyangwa abantu bamuhaye gukora. Ntategereza ati nihabura umanika ukuboko ndamanika, ahubwo ahira yiteguye gukora mugihe kimukwiye n’ikitamukwiye.

DANIYELI: UMUYOBOZI MWIZA AKOMEZA GUKORA NEZA ATITAYE KUNGARUKA Z’ABARWANYA IBYO AKORA BYIZA!

Tuzi inkuru ya Daniyeli mu rwobo rw’Intare. Daniyeli 6, yari umuntu ukomeye mu mwanya w’ubuyobozi bw’i babuloni maze abo bakoranaga bamugirira ishyari maze bamushakaho ikosa kuko bari bazi ko akabya mu byo gusenga! Maze babwira umwami bati shyiraho itegeko ntihagire umuntu usenga Imana muri iki gihe! Maze daniyeli we akomeza gusenga Imana uko yari asanzwe, maze abandi bamurega ku mwami bati habonetse uwishe itegeko , bambwira umwami ko bamunaga mu rwobo rw’Intare. Maze intare ntizamwica. Ukwiye kumenya iki, Daniyeli yari azi neza ko Imana ariyo yamuhesheje gukomera niyo mpamvu atiyumvishaka uwamubuza kuyiha icyubahiro! Umuyobozi mwiza akwiye gufata urugero kuri daniyeli rwo guhagarara ugakora  ikiza naho byaba bigaragara ko bitoroshye! Nkunda ijambo yavuze ati: Imana yacu ibasha kudukiza, ariko naho tadukiza......naho Imana itagukiza ukwiye kwemera gupfira ukuri! Kuko hari abahitamo gupfira Ikinyoma!

Ndabakunda! niba ufite icyo ushaka kutwungura, Inama cyangwa igitekerezo twandikire Email :newseed4jesus@gmail.com


Thursday, 2 October 2014

Ingingo 11 zigaragaza ko umuhamagaro wawe uva ku Mana. Rev Rurangirwa Emmanuel

jump, matey
1.Kwiyumvira wowe ubwawe no kumenya neza udashidikanya ko Imana ariyo yaguhamagaye, ukaba ufite ibihamya bifatika . Byaba ibyo watangamo ubuhamya ku mugaragaro (témoignage public), n’ibyo uziranyeho n’Imana mu ibanga.
Urugero: Mose, Kuva 3:1-12
Gidiyoni, Abac.6:11-24
Dawidi 16:1-13

2.Guhora wumvira Imana mu byo igutegeka kuyikorera byose kabone nubwo byaba bidasobanutse ku bantu bamwe babireba.
Urugero: Aburahamu, Itangiriro 12:1-4

Icyitonderwa: Aho ariko bisaba kumenya neza niba koko ari Imana mwavuganye, atari ukuvangirwa cyangwa amarangamutima cyangwa se kwigana ibyo wumvanye abandi.
3.Kumenya neza igihe cy’Imana igukenereyemo no kumenya igihe ukoreramo ; intego zisobanutse n’icyerekezo kizima ntiwihute kandi ntukererwe.
Bibliya idufasha neza kumenya neza ibyo byose, kuko burya ikubiyemo Amategeko y’ababayeho mu bihe bitandukanye byatambutse ururyo bitwaye (le passé).
Ibya bidufasha rero kubaka none hacu mu gihe turimo(le present) kimwe no gutegura neza intego n’icyerekezo by’ejo hazaza(l’avenir).

Urugero: Dawidi : 1Sam.24:5-8, 1Sam;26:9-11, 2Sam.2:1-4, 2Sam.5:1-5. Nubwo Dawidi Imana yari yaramusezeranije ubwami bwa Israyeli, ariko yategereje isaha y’Imana ari nacyo gihe cyayo.
Urugero:Elisa:2Abami5:26-27

4.Guhora uharanira imibereho yo kwezwa hose muri byose
Urugero:1Pet.1:14-16
2Tim.2:20-21

5.Guhorana amavuta yo kwizera n’amavuta y’imbaraga zikomeza buri gihe nk’iza KALEBU.
Urugero :Kubara 13:30-33, 14:8-10, Yosuwa 14:10-11

6.Guharanira buri gihe ibikorwa birimo inyungu rusange zanone n’iz’ejo hazaza. Guca bugufi no guhora uharanira icyubahiro cy’Imana.
Urugero: -Nehemiyo 5:icyo gice cyose
-Elisa:2Abami 2:19-22, 6:8-10
-Daniyeli na bagenzi be. Dan.3:26-30 ; 6:24-28

7.Inararibonye y’ibyo wanyuzemo(l’expérience :c’est l’ensemble de tes echecs et tes réussites).
8.Gusengera mu Kuri no mu Mwuka. Yohana 4:23-24
Urugero: Twafatira ku rugero rw’ibihe 3 byo gusenga kwa Yesu.
a) Yasengaga yiherereye wenyine. Mat.14:23 cp Kuva 24:15-18
b) Yesu yasengaga na Groupe y’abantu batatu nawe wa kane Mt 17:1-8 cp Dan.2:17-19
c) Yesu yasengaga mu materaniro muri rusange Mat 14:18-20 cp 2Ngoma 20:1-4

9. Gutegura gahunda y’imirimo yawe neza, kumenya iby’ingenzi bibanziriza ibindi cyangwa ibindi bikorwa bishingiyeho. Guhora wigenzura ukareba ko ukurikiza gahunda yawe neza. Ubonye kandi hari ibyo guhindura, hindura ariko hari impamvu.
Urugero:Intumwa za Yesu. Ibyak.6:1-7

10.- Kugira umujyanama mwiza cyangwa abajyanama beza kandi bazima.
- Kwemera kunengwa, gukosorwa(critiques) ariko nanone hagamijwe kubaka.
- Urugero rwiza rero ni Mose. Kuva 18:13-26.

11. Gukorana urukundo muri byose no kuri bose n’igihe cyose. 1Kor.13:1-7
UMUSOZO; Abafil.4:13
Umwuka Wera abasobanurire. Amen!!
ikigisho cyanditswe na Pastor Habyarimana Desire. www.agakiza.org

Tuesday, 30 September 2014

"To Die Is Gain" what is your opinion?

Philippians 1:21-23
"For to me, to live is Christ, and to die is gain...having the desire to depart and be with Christ, for that is very much better" (Philip. 1:21-23). In these words we see the entire substance of the apostle's life and what he looked to beyond this life. Everything that Paul did revolved around his Lord whom he served. He knew that his Lord promises salvation that cannot be hindered by death, but is only brought closer by it. Thus, death was viewed as a valuable thing.

It is so hard for many to look at death in this way-- to see death as a gain and not a loss. No one is able to view death in this way unless they live for Christ. Without Christ, death is an enemy of man. Those of the world fear death. Most people don't like to even talk about death and dying. Most shun the subject or make jokes about it as if it isn't real. But death is real. We can't hide from it or avoid it. No one escapes death. For those who are without the Lord, having never rendered obedience to His gospel and thus not striving to live for Him, death is a terrifying thought. For these there is nothing but a terrifying expectation of judgment to look forward to after death (see 2Thess. 1:7-ff). 

However, we do not have to view death in this manner. We must come to view death as God views it and not as the world. How does God view death? "Precious in the sight of the Lord is the death of His godly ones" (Ps. 116:15). The world may view death as a terrible enemy, but God views death as a precious thing for those who are righteous. The only way to be righteous before God is through Jesus-- living for Him. Without Christ, death is a terrible, fearful, thing. To live with the constant fear of death is a pitiful slavery. Yet Jesus came, suffered, and died that He might set men free from the fear of death. "Since then the children share in flesh and blood, He Himself likewise also partook of the same, that through death He might render powerless him who had the power of death, that is, the devil; and might deliver those who through fear of death were subject to slavery all their lives" (Heb. 2:14-15). The only way we can view death as God views it, is through Jesus. For the Christian, death is gain not loss, because through the blood of Christ we are made righteous, free from sin (Ac. 2:38; 22:16).

Some men, because they are so overwhelmed with trials, heartaches, and pain that come from living an aimless life, desire to die. Many even commit suicide. But these have a perverted view of death. These view death as an empty escape. But this is wrong. Death is not an empty escape, it is a new beginning. For the unrighteous it is the beginning of a eternity of torment. But what a wonderful new beginning for those right with God (cf. Lk. 16:19-26; Jn. 5:28-29). "Blessed are the dead who die in the Lord from now on! Yes, says the Spirit, that they may rest from their labors, for their deeds follow with them" (Rev. 14:13).

For the Christian, "to die is gain." They can be assured of this fact through the death and resurrection of Jesus. Having lived for His Father, He died, was raised from the dead, and glorified. This is the very thing God promises us if we live for Him. Jesus is proof in that He has already received it and tells us, "Do not be afraid; I am the first and the last, the living One; and I was dead, and behold, I am alive for evermore, and I have the keys of death and of Hades" (Rev. 1:17-18). Just as Jesus was raised, in the last day we will be raised. "Behold, I tell you a mystery; we shall not all sleep, but we shall all be changed, in a moment, in the twinkling of an eye, at the last trumpet; for the trumpet will sound, and the dead will be raised imperishable, and we shall be changed. For this perishable must put on the imperishable, and this mortal must put on immortality. But when this perishable will have put on the imperishable, and this mortal will have put on immortality, then will come about the saying that is written, "Death is swallowed up in victory. O death, where is your victory? O death where is your sting" (1Cor. 15:50-55). Death has no sting for the child of God, for it is simply the ticket home. It is the means to great gain beyond this realm. All of the saints whose bodies were once subject to disease and deformities, burdened with pain, will be given a glorious spiritual body that only heaven can give. For in that day we will be made like Jesus. "Beloved, now we are children of God, and it has not appeared as yet what we shall be. We know that, when He appears, we shall be like Him, because we shall see Him just as He is" (1Jn. 3:2).

The only way we can say that to die is gain is if we are living for Christ. Are you?

Love you all!


Pre-Marital Sex and the Bible



Sex before marriage, pre-marital experience, assuming one is talking of sexual intercourse or perversion of the same, the word of God implies it all by calling it fornication. It knows no exception. It allows none. Renaming fornication does not change the act or remove the consequence. Those who commit fornication, sin.

This message, like all other true Bible messages, is designed both for believers and disbelievers. "Faith comes by hearing and hearing by the word of God" Romans 10:17, so the purpose of the Bible revelation is to create believers of those who would learn. The fact that premarital sex, fornication, homosexuality, are laughed at by the world should be of little consequence to one who seeks for truth, or to one who believes the truth. It is the truth that shall make you free (John 8:32). Now let's consider briefly the question of fornication, or pre-marital sex. Fornication is a sin against God. Sin is transgression of the law of God (I John 3:4). 

It is to go against, or across, what God has revealed. So if one believes God and would follow His word, he must stand on the simple conviction that fornication is wrong. Consider what the word says. "Marriage is honorable in all and the bed undefiled, but whoremongers and adulterers God will judge" Hebrews 13:4. In the Bible, a prostitute, a harlot, a whore, were all guilty of the same thing- fornication. One may prostitute himself for any kind of gain, not just money. It may be the pride of continued association, or perhaps a weekend all-expense trip paid to a neighboring city. Prostitutes, street walkers, call girls, those who dwell in plush penthouses, all have one thing in common: they commit fornication. It is a sin against God, against His will, His word and His way. Judgement will fall on those who are guilty of fornication and who fail to turn in repentance.

Paul writes in I Corinthians 6:9-11, "Know you not that the unrighteous shall not inherit the Kingdom of God? Be not deceived, neither fornicators, nor idolaters, nor adulterers, nor effeminate, nor abusers of themselves with mankind, nor thieves, nor covetous, nor drunkards, nor revilers, nor extortioners shall inherit the Kingdom of God". You say, "What am I to do then? For I am guilty." Read the next verse, "But such were some of you". According to Acts 18:8, "And many of the Corinthians, hearing, believed and were baptized". The guilty Corinthians were forgiven, redeemed

Fornication is a sin against the other person involved. It is always a mutual sin engaged in by two or more. Involving others in your own sin, You sin against them. If your convictions had been strong perhaps they would have been encouraged to do right. The sin, the shame, the wrong is shared by both. For this reason Paul writes in I Corinthians 7:2, "Nevertheless, to avoid fornication, let every man have his own wife and every woman have her own husband". Temptation is not a sin fornication is.

Fornication is a sin against oneself. Paul said, "Flee fornication. Every sin that a man death is without the body, but he that committeth fornication sinneth against his own body" I Corinthians 6:18. The body of the believer belongs to God. He has been bought with a price and is to glorify God while in the flesh. All of this is clearly taught in this chapter. Fornication is generally committed. in private. This leads one to believe that, since no one knows, or since the act was committed with a prostitute or call girl, that the sin goes unnoticed and the consequences are allayed. This is just not so. Pre-marital sex? An effort to reach compatibility? An innocent game to play? Not according to the word. God says it is fornication, sin, and those who commit such things shall not inherit the kingdom of God. It is not sex which God condemns, but it's misuse outside the marriage bond.

God bless your heart as you repent!

AMABANGA Y'UBUYOBOZI: ABAGABO BO KWIGIRWAHO, NIBA WIFUZA KUBA UMUYOBOZI MWIZA! IGICE CYA 1





NOWA: UMUYOBOZI UKORA WIYEMEZA GUKORA NEZA NAHO ABANTU BOSE BAMUVAHO

Itangiriro 6, Imana imaze kurambirwa n’ibyaha by’abantu, byari bikabije muri icyo gihe, ihitamo kubahanagura kw’isi ikoreresheje umwuzure, ikongera gutangira bundi bushya. Nowa niwe wari umukiranutsi mu maso y’Imana muri icyo gihe, utarandujwe n’ububi bw’ibyaha by’icyo gihe. Izo nkuru nawe urazizi. Imana imubwira kubaka inkuge azakiriramo we n’umuryango we, hamwe n’ubwoko butandukanye bw’inyamanswa. Yubaka ubwato Imana iramubwira iti: Mbonye ko ari wowe ukiranuka Imbere yanjye muri iki gihe. Bisonura ko isi yose abantu bakoraga ibyo gukiranirwa uretse Nowa, nubwo isi yose yakora ibyo gukiranirwa ntukwiye kureka gukora ikiza Imana ishima. Bidatewe n’amahirwe ahubwo bitewe nuko wiyemeje gukomeza kubahisha Imana.

ABURAHAMU:  UMUYOBOZI UCA INZIRA ABANDI BATACIYE,IBY’ABANDI BATINYA GUKORA BITEWE NUKO BIKOMEYE.

Imana  yegereye aburahamu, Itangiriro:12 Iramubwira iti: Va mugihugu cyanyu, no muri bene wanyu, usige inzu ya so, ujye mugihugu nzakwereka. Muyandi magambo Aburahamu yabwiwe kuva ahantu yari amenyereye, kandi yisangaga muri byose, abwirwa kujya ahantu hashya atazi uko hazaba hamumereye. Nk’umuyobozi w’ikigo cy’ubucuruzi nibwira ko ari inyigisho nziza kuri wowe: aho uhitamo gufata ingaruka uteri witeguye igihe ushaka gukora ikintu gishya( managing risk and uncertainty) umuyobozi muzima kandi ukomeye rero  afata umuhanda Atari uko azi abawunyuzemo mbere. Uko biri kose aba yizera ko hari igihugu cy’isezerano kimutegereje imbere.

YOSEFU: UMUYOBOZI USHIKAMA MU MAKUBA ATANDUKANYE.

Inkuru za yosefu mwese murazizi mugitabo cy’Itangiriro 37, n’inkuru ikomeye. Uyu musore cyangwa umugabo yahuye n’ibihe bikomeye bamwe tutarageramo. Yaragurishijwe ngo abe umucakara kubera ishyari ry’abo bavukana. Ise yabwiwe ko yosefu yishwe n’inyamaswa y’inkazi. Uyu musore yaje kubeshyerwa ikinyoma Gikomeye na nyirabuja kuko yanze gukora icyaha cy’ubusambanyi na nyirabuja, byaje kumuviramo kujya muburoko, aho yamaze imyaka myinshi. Muri gereza asobanura inzozi z’uwo bari bafunganye maze asohoka agirango azamwibuka ariko uwo we ntiyamwibuka. Hanyuma  yosefu yaje kuba umuyobozi ukomeye muri egiputa, yabaye uwa kabiri wungirije Farawo ubwe. Igihe inzara yateraga niwe waje gukiza umuryango we kuticwa n’Inzara. Abwira abavandimwe be igihe yari ababonye  nubwo bamugiriye nabi ati: Imana niyo yabikoze ngo ahari iki gihe nzabakize inzara. Umuyobozi mwiza agumana Inzozi ze naho yaca mubikomeye.

MOSE: UMUYOBOZI UHAGARARA KUBW’ABANDI, ABO AYOBOYE.

Ibyo ni ukuri: Imana yagombaga kwemeza mose cyane kugirango yemere kugira akora Kuva 3. Bwa mbere mose yatanze impamvu nyinshi avuga ati sijye ukwiye gutumwa, cyangwa kugira icyo nkora.  Ariko nyuma aza kwemera icyo Imana yamuhamagariraga gukora. Mose ajya kwa Farawo aramubwira ati ‘’Rekura ubwoko bwanjye’’  mose nabaturage bakomotse hamwe bari barabaye abacakara muri Egiputa. Mose rero niwe wabaye kurutonde rwabagombaga guhagararira ubwoko bwe ngo buve muburetwa. Rero ukwiye kudahunga ishinganoahubwo ukamenya ko ugomba guhagararira abantu benshi. Imigani 17:17 mose rero yateye intabwe ahagararira ubwoko bwe.

YOSUWA: UMUYOBOZI UYOBOZA URUGERO RWIZA, ATARI AMATEGEKO GUSA.


Mugitabo cya Yosuwa 24, amaze kugeza ubwoko bwe mugihugu gishya, Yosuwa yahaye abisiraheri amahitamo nakwita ko ari A cyangwa B. A) gukorera Imana bari basanzwe bakorera, yabakuye muri egiputa ikabanjyana mugihugu yabasezeranije! Cyangwa B) gukorera Ibigirwamana basanze bizengurutse ubwo butaka. Ariko we agira ati: ariko jyewe n’inzu yajye  tuzakorera Uwiteka’ maze abandi nabo bati nukuri tukurahiriye ko tuzakorera Uwiteka. Kuko bizeraga Yosuwa nk’Umuyobozi mwiza, bahitamo gukurikiza urugero abahaye. Ntago byasabaga ko abakubita ibiboko cyangwa abatwaza igitugu ahubwo yabahaye urugero rwiza rubatera imbaraga zo gukora neza. Nawe aho uri ukwiye kuba nka yosuwa.

Sunday, 28 September 2014

UWAMENYA KRISTO NEZA YAKWIFUZA GUPFA, YAKWIFUZA KURAMA NABWO YABAHO K'UMUZUKE UHAWE AMAHIWE YO KUBAHO NGO AKORERE YESU! M.Gaudin

"Kubaho ni Kristo Gupfa ni inyungu k'Umukristo wese w'ukuri"

Maze iminsi nibaza amagambo agira ati: Ese umukristo w'ukuri yakwifuza iki mu minsi yanone? 
nukuri naje gusanga ntakindi uretse kubeshwaho na Kristo cyangwa gupfa ukamusanga.

ndaza kwifashisha amagambo pawulo yandikiye abafilipi mu gice cyaho 1:21  Erega kubaho ku bwanjye ni Kristo, kandi gupfa kumbereye inyungu!

Buri muntu wese w'umukristo yakwibaza kuri ibi Ese kubaho kwawe ni Kristo? nonese Gupfa n'inyungu kuri wowe? Iminsi yanone abakristo nubwo twahugira mu mishinga no mu mahyerekwa dukwiye kumva ko  Kubaho ari Kristo kandi nanone niba uri umukristo w'ukuri gupfa ni inyungu!

ESE WITEGUYE GUPFA UYU MUNSI? Buri gihe urupfu si rwiza mugihe cyose kubaho kwawe atari Kristo. mw'isi urupfu rutera ubwoba ndetse iyo umuntu avuze inkuru zarwo imitima irashiguka, ariko dukwiye kumenya ko kurama k'umukristo ni Kristo muri we! niba turama turamye ngo dukore icyo Imana ishaka. kandi niba Dupfuye ni ukugirango turuhuke Imiruho n'imihate twagiriraga umwami iminsi yose maze ngo aduhembe ikamba ritangirika twakoreye muri iyi isi.

Uyu munsi wibuke iherezo rya ba Petero, yohana, pawulo n'abandi, nushaka wibuke abazize ko bavuga Izina rya Yesu gusa, ibyo ntibisaba Kwizera ahubwo hari amateka azwi kandi yabayeho. wajya ibugande, madagascar, i roma, n'ahandi kugeza uyu munsi Mu buhinde muri ORISA baracyazira iryo zina. aho umuntu abyuka akajya gusenga asize asezeye abo murugo ati ni ntagaruka tuzabonana mw'ijuru!

Uyu munsi wibaze uti ese iyo pawulo yafata urugendo rw'ubwato mu mihengeri n'imiraba yabaga azi ko agaruka? ariko ibyo byamuteraga Kumva ko kubaho ari Kristo. hanyuma nabwo Gupfa bikamubera inyungu?

GUPFA KURI WOWE N'INYUNGU CYANGWA N'IBYAGO?

Nubwo ntareba mu mutima wawe, ndabizi ko ufite igisubizo gikwiye, icyo gisubizo rero nicyo kiguhamiriza yuko witeguye kurwana intambara nziza, yo kwanga icyaha, no kubana n'abantu bose amaho mugihe Imana ikiguhaye kurama kubwa Kristo, ngo ukore ibyo ishima kuko niyo idutera gukora ibyo ishima, abafilipi:2:13

Si nkubuza kugira Imigambi myiza myinshi ushaka gukora! ariko se niba iyo migambi atari iyawe bwite witeguye kwitaba uwayiguhaye aramutse akubwiye ati garukira aho?

Sinibaza ko umubyeyi aguhaye ibaruwa ngo uyijyane kwa runaka, aguhaye amafranga ngo ujye gufasha abakene, aguhaye itike ngo ujye kwiga mu mahanga, yakubwira garukira aho wakwanga mugihe cyose ariwe ufite ubushobozi! Imana iruta ababyeyi bacu niyo mpamvu iyo ivuze iti igarukire usange ukwiye kubibonamo inyungu.

NTAGO ABANTU BATINYA URUPFU AHUBWO BATINYA URUBANZA NYUMA YO GUPFA! Igihe cyose kubaho kwawe atari Kristo, ntakuntu udakwiye gutinya urupfu kuko urupfu byo ruteye ubwoba mubatarizera kuko najye kera nari ndimo. ariko ubu  mfite amahoro ku Mana kuko niyunze nayo kubwa Kristo.

Aho udafite umwenda burya ntutinya kuhaca, bene Data umuntu wese iyo azi neza ko mutima we afite ibyiringiro byuko ubuzima bwe yabuhaye Yesu, ntagira ubwoba bw'ibiriho cyangwa ibizaza.
ubuzima dufite bumeze nk'ibiba n'isarura. uwabubibye niwe unabusarura igihe ashakiye niyo mpamvu abizera Imana bafite ubushizi bw'amanga bwo gukora neza bakiriho, hanyuma banapfa bagasanga umwami wabacunguje amaraso.

Ubu mu minsi yanone hariho gahunda yo kurwanya abakristo, aho hagenda hakinwa amafilime agamije kuzana urwango maze ngo abakristo bicwe, uko biri kose ikigamijwe si ukubica ahubwo ni uko babatesha kwizera. kuko uwahitamo kumwihakana ntiyakwicwa n'inkota y'abantu ariko iy'Imana nawe ntiyamusiga" Mutinye ushobora kwica ubugingo"

uyu Munsi ubona wakwemera kuzira ubutumwa bwiza. ntibabahore kwiba kwica n'ibindi, ahubwo nibabaziza izina rya Yesu muzishime kuko ingororano zanyu zizaba nyinshi mw'ijuru.

bamwe kubera ibibazo bibwirako gupfa ari igisubizo, bagahitamo kwiyahura, ariko nshuti yajye icyo ni ikinyoma kuko Gupfa udafite Kristo birutwa no kwigumira mu mibabaro, kuko iherezo ry'abatazi Imana n'umuriro w'inkazi w'iteka. uko biri kose ntawakwifuza gupfa kuko si ibyo kwifuzwa mu gihe cyose Utabayeho ku bwa Kristo.

Gupfa n'inyungu kubafite Kristo nk'umurengezi w'ubugingo bwabo, naho n'itangiriro ry'igihano n'umuriro w'iteka kubakora ibyangwa n'uwiteka bakanga kwihana ngo bakire Kristo mu mitima Yabo.

Uyu munsi wibaze uti ese Gupfa ni inyungu kuri jye? waba uri muzima, waba urwaye, waba uri muto, waba ushaje, wongere wibaze uti ese Koko Gupfa kuri jye n'Inyungu? maze uraza kubona aho icyo wita ubukristo bwawe buhagaze! maze wegere Yesu guhera uyu munsi wiyemeze kubana nawe kugeza Ku gupfa.

Ndabakunda!



Tuesday, 23 September 2014

YAHANURIYE IGIHUGU ADASHAKO BIHANA AHUBWO ASHAKA KO BARIMBUKA! WOWE IYO UHAWE UBUTUMWA BW'IMANA NTUBA UMEZE NKAWE? M.Gaudin


Yona 4:1 Ariko ibyo bibaza Yona cyane ararakara, asenga Uwiteka ati: Uwiteka , si icyo navugaga nkiri iwacu? Ni cyo gitumye nshoka mpungira i tarushishi, kuko namenye ko Uri Imana igira Ubuntu n'Imbabazi, itinda kurakara, ifite kugira neza Kwinshi kandi yibuza kugira nabi. None ndakwinginze unyice kuko gupfa bindutiye kubaho.

Mwene Data mukundwa muri Kristo, nkwandikiye uyu munsi nshaka kukwibutsa ibintu bimwe abakozi b'Imana batanjya bagaragaza kandi arirwo Ruhande rwiza rw'Imana. Nikoko Imana ivuga ko Ukora ibyaha azarimbuka kandi amaraso ye akamubarwaho kuko yanze Kwihana. ariko rero Imana ifite ikindi gice kijya gituma tubabarirwa ndetse ntiyibuke amakosa twakoze.

ESE GUKORA ICYAHA BIHEMBWA KUBABARIRWA? Oya rwose ubundi iyo ukoze icyaha uhebwa igihano, ariko Imana yo igira iti nimugaruka nzababarira. ibaze rero uruhande rutukamo imbabazi, ayo magambo akwiye kwigishwa hose. Kwihana no kubabarirwa Ibyaha''

SInzi ahari umutima wawe uragushinjya ubusambanyi, ubujura, uburozi, kubeshya, ubwambuzi, ubuhehesi, ubutinganyi, n'ibindi byinshi ariko ikibazo si uko ugushinja ahubwo ni uko ubyumva warangiza ntiwihane, nukuri Uzarimbuka nutihana ariko niwihana Imana ifite imbabazi nyinshi zo kubabarira abantu tutaguha.

Mubantu harimo ibyaha umuntu yakora bakamukuraho amaboko, ariko Imana ntacyaha itababarira gusa igusaba Kwihana ugahindukira ukemerera Imana ako ikuyobora Yesaya 1:16-20


Bakozi b'Imana mukwiye kuvuga ubutumwa mwibuka Imbabazi z'Imana!



Rimwe narimwe hari abiyitirira ishaka ry'Imana bakaba bakora nabi, bamwe bagahanura ibibi, abandi bakanga kuvuga ibyamahoro kubera umutima mubi, cyangwa urwango. aha ndagira ngo nkwibutse Yona yanze kujya kuburira ab'i neneve kubera ko yabangaga.  kandi aziko nibabymva bakihana Imana izababarira. Imana Igira Imbabazi nyinshi ntidukwiye kwibwira ko ihwanye natwe.


Hari igihe wumva abahanura bati hagiye kongera kuba intambara mugihugu kandi ntamuntu numwe uzarokoka, atabitewe nuko Imana ishaka guteza Intambara ahubwo abitewe nuko aricyo yifuziza abantu. bene Data Imana ntigambiriye Kwica abantu ahubwo igambiriye kubakiza. niyo mpamvu uwigisha kwihana aruta uhanura amakuba.

Bene Data guhanura amakuba n'ibyago kubatumvira Imana nibyo si mbibuza kuko Imana niyo ibitanga ariko abakozi b'Imana bamwe kubera Kamere n'irari ry'Imitima yabo bahanura ibibi bakirengagiza ibyo Imana ishaka gukorera abantu ni bihana.  ndagirango mbanyeshe ko Imana Yona yamenye nuyumunsi ni ko ikiri kandi dore ibiyiranga kugeza uyu munsi:

Numenya ibi uzaba umaze kumenya Imana by'ukuri maze nawe uzayikorera mu kuri, ntaburiganya. kandi ntiwabona amahoro utamenye ko Imana ikunda abantu bayo.


Menya ko Imana igira ubuntu bwinshi.

Menya ko Imana Imbabazi.
Menya ko Imana itinda kurakara
Menya ko Imana ifite kugira neza kwinshi
Menya ko Imana yibuza kugira nabi.

Bakozi b'Imana mugire wa mutima wari muri Kristo Yesu. usomye ibi wamenya neza umutima ukwiye kuba ufite, urukundo Imana yakunze abari mw'isi rwatumye itanga Yesu ngo abambwe, nuyu munsi nubwo wakwibwira ko Ufite Impamvu yo kwatura nabi no kutaburira abantu ahubwo ukabahanurira ko bazarimbuka, numara kwihana utangire ubwirize abantu Kwihana no kubabarirwa ibyaha.


muzashira, muzashya, muzarimbuka....si cyo Yesu yaduhamagariye, ahubwo yaduhamagariye kubwiriza abantu KWIHANA IBYAHA. no KUBABARIRWA biheshwa no kwizera Yesu Kristo nk'Umwami n'Umukiza.


Naho abumva ibyo Imana igambiriye kugirira abandi bakababara nababwira iki, niba wumva Imana igiriye neza uwo muturanye wakwiyahura, nukuri wihane, Imana igiriye neza U Rwanda ngo ntibyakunezeza kuko utegereje ko ubuhanuzi wahanuye busohora, ndakumenyeshako Imana ifite imbabazi nyinshi ziyitera Kubabarira abihanye.

NB: ubuhanuzi bwose wahanuriwe, ubwahanuriwe igihugu, icyo Imana ishaka nuko abantu bihana si ukurimbura abantu, kuko ishaka kurimbura ntiyabanza no kubivuga. niyo mpamvu abasengera igihugu iyo bakomeje kwibutsa Imana igira neza kubwabaririra igihugu n'abacyo.

Mwihane , muhumure kuko Kristo niwe uduha kuba amahoro. kandi muri we turatsindishirizwa.  1abakorinto  6:9-11


Ndabakunda!

Sunday, 21 September 2014

KUBA ABANTU BAVUGA KO UGIYE GUPFA, SICYO KIKWICA AHUBWO IMANA IGUFITEHO UMUGAMBI MUNINI NIYO IZAHINDURA AMARIRA ISHIMWE! M.Gaudin


Ibyakozwe n'intumwa 28:4-6

Bene igihugu babonye icyo kirereta ku gikonjo cye baravuga bati ni kuri uyu muntu ni umwicanyi.Nturora n'ubwo yakize mu nyanja, idaca urwa kibera ntimukundira kubaho! Ariko akunkumurira icyo gikururuka mu muriro, ntiyagira icyo aba.  Babandi bategereza yuko ari bupfe akindutse,ariko bamaze umwanya munini bakibitegereje babona ntacyo abaye barabihindura bati"Ni Imana"

Uyu munsi wanone ushobora kuba ufite umubabaro utandukanye, buri muntu agira ibimubabaza rimwe narimwe kuko abantu bo bihutira kuvuga no guca Imananza z'ibintu byose, usanga umubabaoro ufite bawusanisha n'amakosa wakoze n'ibindi cyangwa bakibwira ko Imana ariyo iguteje amakuba uhura nayo!

Uyu munsi wanone ibyo uhura nabyo mubuzima, abantu mugendana, abo muturanye, abakubona wumva bavuga bati ibyamubayeho cyangwa ibimubayeho bitewe n'Ibyaha bye n'andi magambo menshi yakomeretsa umutima wawe. Ariko uyu munsi Imana inganiriza muri iri jambo, yanyeretse ko kuba abantu bavuga ko wenda gupfa bakagutega Iminsi sibyo byihutisha urupfu rwawe.

Nubwo duca mubintu byinshi bibi kandi ntakibi gituruka ku Mana, niyo mpamvu Imana ihora murugamba rwo gufata ububi bwacu ikabuhinduramo ikintu cyiza, sishaka kukubwira ngo kora ibibi kuko Imana ntishyigikira ibibi. utandukanye Gukora ibibi no gukoreshwa ibibi.

Urugero indaya yasambaye igatwara Inda, umugore wafashwe agasama inda. abo bantu baratandukanye. ndakwibutsa ko niba muka uliya yarahemukiwe na Dawidi, Imana ubwayo yagombaga gukora igishoboka ngo imugirire neza, muzi ko nyuma Umuhungu we Salomo yabaye umwami agasimbura awidi. Bene Data Imana yacu ibasha guhindura amateka yawe ikoreresheje yayandi. ariko ishaka ko uyiha umutima wawe.

Benshi iyo uhuye n'Ibibazo utiteye usanga baguhunga ndetse n'abatazi Impamvu batangira kwibaza bati uyu muntu nubwo agaragara neza mu maso yacu ariko hari ikindi cyatumye Imana imureka, Mwene Data ahari nawe hari icyakugezeho umaze kugira ibibazo, ahari amagambo ni menshi, nawe baragutega Iminsi bategereje ko upfa, ko ugwa n'Ibindi ariko Imana niyo ibeshaho abahagaze bose komeza uyitumbire.

nubwo abenshi iyo ugize ibyago babona Impamvu yo gutegereza urupfu rwawe Yesu aba agiye gukora Umurimo wo kwerekana ko Imana ibasha gukiza abari badafite ibyiringiro. sinzi uko wibona , sinzi uko bavuga, sinzi abagutega Iminsi, ariko Imana yakijije pawulo ubumara bw'Inzoka nawe yabasha kugukiza hanyuma bamwe bamwe bategereje kupfa bazahindukira bati Imana ibasha gukiza koko.

Imana izi ibyo waciyemo, ibyo urimo gucamo rero ukwiye kurushaho kuyiringira aho kumva amagambo yo kuguca intege , bakwereka ko utazageza ejo. ni koko niba urumwe n'Inzoka cyangwa ikindi kib  cyose kikugezeho wibaza niba Imana izagukiza ariko ndakwinginze wizere Imana ibasha gufata ibibi ikabihinduramo ibyiza.

Aho bakwitiye ko Imana itakuzi niho Imana ijya ihamiriza umuntu iti uyu niwe mwana wanjye. uko biri kose rero wihanganire ibyo unyuramo gusa wibuke Ko Imana ariyo ibasha gukiza. naho abantu bose iyo babonye ikibi kikugezeho bagerageza kugihuza no gukiranirwa kwawe ariko humura ahubwo wiyunge n'Imana ngo ahari yo nitakubaraho urubanza niyo izakurwanirira.

Hoseya 2: Ariko iherezo, umubare w'abisirayeli uzangana n'umusenyi wo kunyanja, utabasha kubarika, KANDI "Aho ba babwiriraga ngo" Ntimuri ubwoko bwanjye , bazahabwirira ngo Muri Abana b'Imana ihoraho"

Ni ukuri ukomeze umutima wawe kubyo kwizera kuko naho abantu babona ko ugiye gupfa Yesu siko abibibona. naho twapfa afite imbaraga zo kutuzura kubamwizera. naho twagwa afite imbaraga zo kutubyutsa. yewe abadafite imbaraga ashobora kuzibongerera!

ibibazo abantu bakubonaho, igihombo, gutsindwa, no guseba siho hakuganisha kugupfa ahubwo niwizera Yesu abasha guhindura ayo mateka yose. kandi ntibizibukwa ukundi. yaguha itangiriro rishya, komera ushikame kandi wikomeze kuri Yesu

Komera mu Mwami rero no mu mbaraga za Yesu!

Ndabakunda!


Monday, 15 September 2014

IMANA MWASEZERANYE AKARAMATA,UMUTUNGO MUHAHANO KO NTANUWO UGIRA, CYANGWA KONTARO Y'IGIHE RUNAKA? M.Gaudin

Zaburi 91:14

"Kuko Yankunze akarama ni cyo nzamukiriza,Nzamushyira hejuru kuko yamenye Izina ryanjye.Azanyambaza najye mwitabe, Nzabana nawe mu makuba no mubyago,Nzamukiza muhe icyubahiro, Nzamuha uburame,Kandi nzamwereka agakiza kanje."

Benshi mubakundana, bakiyemeza no kubana, bagira Indahiro barahira maze bagahitamo kubana mu byiza no mubibi, mu gihe cya cyera n'icyubu abiyemeza kubana, bahitamo indahiro barahira ndetse nabyita ko ari ISEZERANO BASEZERANA. bamwe basezerana AKARAMATA,abandi bagahana IGIHE maze ngo barambirana ejo BAGATANA. 

Umukobwa umwe w'umutunzi, yari afite ubutunzi bwishi cyane kuko yavukiye ibwami kandi avuka ari umukobwa, nubwo atari gusimbura se, ariko umusore yajyaga gusha yari kuba Umwami, maze mw'Irahira kugirango babane nuwo yakunze, yamusabye ikintu kimwe ati rwose mugabo mwiza, urabizi ko ntakintu kindi nkushakaho usibye urukundo, maze ndakwinginze ubwire urukundo unkunda, maze umusore kubera ubukene yari afite abitekerezaho yibaza mu mutima maze ati nzagukunda akaramata! umukobwa biramunezeza cyane kuko yumvaga aricyo gisubizo yifuza kuko ntakindi yari akeneye uretse umuntu uzamukunda urukundo rw'ukuri nkuko nawe yashakaga uwo akunda byukuri.

Igihe cyaje kugera rero umukobwa asezerana n'umugabo we, maze umugabo amaze guhabwa inzu, imodoka, n'ibindi bintu byo gutuma asubirana agaciro nk'umuntu ushatse ibwami, yibaza ko birangiye maze atangira kuzajya yitwara uko ashaka! ubwo niko gutagaguza urukundo maze amafaranga ayanyanyagiza muri rubanda bakuranye, ataretse no guca inyuma uwo bashakanye!

umusore yaje kwigira Inama ati ariko se ubu nahorana nuyu mugore gusa, maze ashaka undi murusisiro aba agize umugore wa kabiri, kandi rwose yari yarakoze isezerano ryo kubana n'umugorewe akaramata kandi ko atazigera amubangikanya n'undi. Igihe kigeze aribaza ati ariko se ko maze gutunga, mfite byose, uwatandukana nuyu mugore? nuko afata icyemezo cyo gutana n'umugore we wamukunze ntacyo amuciye kugirago abane nabamushakaho indamu!

umugabo niko kwaka gatanya, maze umugore we aringinga ariko umugabo aranga, maze umugore batana afite agahinda Kenshi kuko abuze umuntu yari yaremereye gukunda akaramata!

Uku niko Imana ijya ibura abantu bayisezeranije ko bazayikunda akaramata, nukuri Imana ntacyo yaguca ngo igukunde, ahubwo yifuza ko uyiha umutima wawe gusa maze ukemera kuyikunda AKARAMATA mukazabana ibihe byose, yo yaravuze iti no Murupfu tuzabana, Ndakwinginze ngo urebe urukundo ukunda Imana? niba utarayikundiye ibyo itunze, ngo ahari numara kubigeraho uzayireka? ndababwiza ukuri ko Imana idufitiye byinshi kuko Hariho no kuzimana na Kristo.

Uyu mugabo rero amaze gutandukana n'umugore umugore we yamuhaye urwandiko rwerekanaga ko Umugabo we aba afite uburenganzira nk'Ubw'Umwami, maze  umugabo ashaka kugarukira umugore ariko kuko yari yamubabaje cyane ntibyaba bigishobotse, maze abaho arya bwa butunzi ariko nabwo buza gushira, nuko mw'isi bigenda, ariko Imana yo ijya itubabarira ikatubwira iti nimungarikire nzabababarira Yesaya 1:16-18

Buri gihe Imana yo Urwo yadukunze ni Akaramata ariko twe ntitwihanganira kurukomezamo, ariko uyu munsi ndakwinginze ngo wisuzume maze uyegere uyisabe Imbabazi maze uyikunde urwo igusaba!

Niba ukunda Imana akaramata dore icyo iguteganyiriza: 


  1. Izagukiza mu byago no mumakuba yawe. Zaburi ya 20
  2. izagushyira hejuru y'amahanga. 
  3. Uzayambaza ikwitabe.
  4. Izabana nawe ibihe byose.
  5. Izagukiza kandi iguhe icyubahiro
  6. Izaguha kurama
  7. Izakwereka agakiza kayo.
Nshuti yajye ndanezerewe ku kumenyesha ko Imana yiteguye kugukorera ibyo byose igihe cyose uyihaye umutima wawe, ntakinti igusaba uretse kuyikunda maze ikanjya igukiza, ndabizi neza ko Imana itazabura kukurwanirira ariko wowe umutima wawe uwuyihe.

Igihe niki ko ubaho utaryarya Imana, utayishakaho inyungu, kuko yo ntazo igishakaho ahubwo yifuza ko uyikunda akaramata! akaramata si ibikorwa ahubwo n'ukuyiha igihe cyawe cyose, maze ukayemerera kubana n'umutima wawe! 

Sinabura kukubwira ko niba uyikunda urukundo rutari urwo, wahombye, kuko ahari uzabona ibindi, ariko nawe wazaba nka wamusore wabwiwe ko yari afite ububasha nk'Umwami kuko yari yarashatse umukobwa w'Umwami. niyo mpamvu kwibutsa ko naho warya ugahaga, ukambara ukaberwa , bidakwiye gusimbura umunezero wo kuzimana ingoma na Kristo. 

Ndabakunda! twandikire kuri E-mail : newseed4jesus@gmail.com



Thursday, 11 September 2014

IGIHE IBYO UREGWA BIFITIWE GIHAMYA(UKURI CYANGWA IBINYOMA) ! YESU NIWE WENYINE USHOBORA KUGUSHINJURA!


Itangiriro 39:16

Agumisha Uwo mwenda iruhande rwe,ageza aho Shebuja wa Yosefu yatahiye.Maze amubwira amagambo amwe nayo ati:"wamugurano wawe w'umuheburayo watuzaniye yanyiyegereje ngo ansuzugure, najye  nteye hejuru ntabaje ,asiga umwenda we iruhande rwanjye arahunga,arasohoka."

Ikinyoma muka potifari yabeshye nubwo cyari ikinyoma kiragoye kugihakana, kuko yari afite ibihamya by'umwenda yasigaranye, buri gihe usanga Satani niyo akubuze atabura akamenyetso simusiga asigarana, kuko we icyo agamije nuko yakurimbura, iyo byanze abashaka kukwica, byose byanze ati basi mumwibe.

twibwa byinshi, kandi muburyo butandukanye tukiri kuri iyi si! aha nakubwira ko imyaka yosefu yamaze muri gereza ari imyaka Satani yibye, kuko we icyo yari agamije cya mbere ni ukurimbura Yosefu, kuko iyo aramuka akoze icyaha yari kubura ubugingo. ikindi ndahamya ko yewe yari kwicwa n'Inkota ya potifari iyo bimenyekana ko yaryamanye namukanirabuja kuko gufuha kumugabo si ikintu cyoroshye.

Mwene Data ushobora nawe kuba Satani amaze kwiba imwe mu myaka yawe, waba wararenganye ariko abantu bose baziko wazize ukuri, ntukwiye kujya kwiregura, ahubwu ukwiye kubwira Imana ikakurengera, uko utinda wisobanura niko beshi dukora amakosa kuko dukwiye kwihanganira ibitugerageza kugeza tugeze kurugero Kristo atwifuzaho.

Satani ntiyishomira ko tubaho tukiranuka, niyo mpamvu we yiyemeje kuba umushinja cyaha mukuru, aho waba uri mu makosa cyangwa utayarimo umushinja cyaha ntacyo bimubwiye we arahaguruka akagushinja. Ariko nanone Yesu we ariho ku ushinjura buri mwe wese uri muruhande rwe.

buri gihe iyo ingingo Kristo atanze zihagije ubarwa nk'Umwere, kandi ntagihe nakimwe ajya abura icyo kugushinjura, kuko iyo ahereye kunkoni yakubiswe, amacandwe yaciriwe, umusaraba yabambweho, gupfa no kuzuka ibyo biduhesha amahoro ku Mana Abaroma 5:1

Zekariya 3:3

Maze anyereka Yosuwa Umutambyi Mukuru ahagaze imbere ya malayika w'Uwiteka, na Satani ahagaze iburyo bwe ngo amurege.................3Kandi Yosuwa yari yambaye imyenda y'ibizinga, ahagaze imbere ya malayika. Malayika abwira abari bamuhagaze imbere ati: Nimumwambure iyo myenda y'ibizinga.......komeza usome icyo gice!

Bene Data abizeye Kristo ntateka bazacirwaho, si uko tudafite ibyatujyana murubanza, ahubwo nuko ibyo Kristo Yesu adushinjurisha birusha cyane imbaraga ibimenyetso  byo satani aturegesha! ariko Umwami Yesu ashaka ko umwemerera ukabana nawe, kuko muzi mwese ko umuntu wese ahitamo umwunganira cyangwa ntamuhitemo kubushake bwe.

sinzi icyo wahisemo, niba wabaho nta mwunganizi mub'uru rugendo, cyangwa wabaho Yesu ariwe mwunganizi! Ndababwiza ukuri Yesu icyo adusaba nukubana nawe no kumwaturira ibyaha uko twabikoze maze ibisigaye si ibyacu we akaburana urubanza.

abantu beshi badatsindishirizwa usanga babeshya abunganizi babo, ariko si igihe cyo kwiha Yesu Igice ahubwo umwegere umubwize ukuri uti, Ndaregwa ubusambanyi, ubujura, ubusinzi, n'ibindi byinshi ariko njye ngo undengere nzabone ubugingo!

sishidikanya ko niba wizeye ko Yesu azagukiza, akaguhesha gutsindishirizwa, ntakabuza nawe uzaragwa ibyo abera bose bazaragwa. ariko nubyanga ndahamya ko ntamuntu uriho wabura na Satani ngo amutsinde, niyo mpamvu dukeneye umwunganizi mu rubanza nka Yesu Kristo kuko uwo niwe murengezi dufite!

Yaba mubinyoma, cyangwa mukuri, usambwa wowe kumubwiza ukuri maze akiga urubanza, ndababwiza ukuri ko we afite ingwate ye abenshi ubu tuburana turi hanze kandi amaherezo ni ugutsinda urubanza! abantu mwese Imana yabaye ifunguye kubw'Ingwate y'amaraso Yesu yatanze mufashe Dushime Imana.

2 Yohana 2:1.

Monday, 8 September 2014

IBYINGIRO MU GUHAZWA N'IMANA UKO BUKEYE...!

Intangiriro

Iyo twizeye Yesu Kristo nk'Umukiza wacu, duhinduka abana b’Imana, babyawe kandi bakemerwa mu muryango w'Imana. Bityo, duhinduka abagomba kwitabwaho n'Imana nka Data wa twese wo mu ijuru udukunda.
Yohana 1:12-13 "Icyakora abamwemeye bose, bakizera izina rye, yabahaye ubushobozi bwo kuba abana b'Imana. 13 Abo ntibabyawe n'amaraso, cyangwa n'ubushake bw'umubiri, cyangwa n'ubushake bw'umugabo; ahubwo babyawe n'Imana."
Abaroma 8:15-16 "Kuko mutahawe Umwuka w'ububata ubasubiza mu bwoba; ahubwo mwahawe Umwuka ubahindura abana b'Imana, udutakisha tuti: Aba, Data! 16 Umwuka w'Imana ubwe ahamanya n'Umwuka wacu, yuko turi abana b'Imana:
Abagalatiya 3:26 "Mwese muri abana b'Imana, mubiheshejwe no kwizera Kristo Yesu:"
Matayo 7:7-11 "Musabe, muzahabwa: mushake, muzabona: mukomange ku rugi muzakingurirwa. 8 Kuko umuntu wese usaba ahabwa; ushatse abona; n'ukomanga akingurirwa. 9 Mbese muri mwe hari umuntu umwana we yasaba umutsima, akamuha ibuye? 10 cyangwa yamusaba ifi, akamuha inzoka? 11 Ko muri babi, kandi mukaba muzi guha abana banyu ibyiza, none So wo mu ijuru ntazarushaho guha ibyiza ababimusabye?"
Nkuko Imana itunganye, no kutwitaho kwe ni ko gutunganye kandi kwuzuye. Ibikurikira byerekana uburyo bw'ingenzi bw'uko Imana yita ubwayo ku bizera Kristo nk'abana bakundwa bayo. Aya ni amahame y'ingenzi by'umwihariko ku bizera bashya.

Isezerano ry'uko Imana itwitaho

Nk'abana b'Imana, abizera bose bahinduka abitabwaho by'umwihariko n'Imana izi byose, yo, nka Data wo mu ijuru wita mu buryo buturenze kwumva, kuri buri mwana wayo. Isezerano ryo muri 1 Petero 5:7 rituruka mu guhugura kwo mu murongo wa 6 kandi rishobora kwumvikana no gukoreshwa mu bivugwa aha. 
1 Petero 5:6-7 "Nuko mwicishe bugufi muri munsi y'ukuboko gukomeye kw'Imana, kugira ngo ibashyire hejuru mu gihe gikwiriye. 7 Muyikoreze amaganya yanyu yose kuko yita kuri mwe."

Sunday, 7 September 2014

UWASHOYE MU MANA NTACYO YAHOMBYE, INGINGO ZAWE UZIHE IMANA ZIBE INTWARO ZO GUKIRANUKA!

Abaroma 6:12

Noneho ntimukimike ibyaha mu mibiri yanyu izapfa, ngo mwumvire ibyo irarikira. Kandi ibyaha ingingo zanyu kuba intwaro zo gukiranirwa, ahubwo  mwitange mwihe Imana nk'abazuke n'ingingo zanyu muzihe Imana kuba intwaro zo gukiranuka.

Buri munsi ukwiye kubyuka ugafata icyemezo cyo kongera kwiha Imana, ibi ukwiye kubitekereza nk'umuntu ukorera ikigo runaka, iyo yumva yabihararutswe , abyuka nk'ibisanzwe ariko ntagahunda yo gukomeza akazi afite. rimwe narimwe natwe niko tujya tumera, ugasanga twihaye Satani ngo adukoreshe.

Imana igira iti:Yeremiya 51:20, Uri intorezo yanjye ndwanisha, Uri 'Intwaro z'Intambara, kuko ari wowe nzacagaguza amahanga, kandi ni wowe Nzarimburisha ibihugu.

Mubiganza by'Imana turi intwaro zo gukiranuka ndetse Imana ijya idukoresha mukuyunga n'abandi, aha ijambo ry'Imana rimbwira neza ko ku bwa kristo twahawe akazi ko kuyunga n'abandi kuko turi intumwa mu cyimbo cya Kristo. mwene Data, Imana iragushaho ko Uyiha ingingo zawe zikaba izo kuyubahisha no kuyikorera, hanyuma ukazirura Izina ryayo mu batayubaha bakamenya ko Imana yawe Yera kandi Ikiranuka.

abant ntituri nk'ibyuma, cyangwa inyamanswa Imana ishaka ko tuyiha tubikunze maze ikadukoresha, niyo mpamvu Imana ishaka ko abantu tuyikorera tuyikunze kandi tubishaka kugirango itaba Imana yagahato. ntamuntu Imana ihata iyo bigeze mukuguhata umenya uruhanyije nayo kandi nawe witegura ingaruka! ariko Yesaya we yagize ati: "Ni jye barijye utuma" yesaya 6:8

Nawe uyu munsi wabwira Yesu uti ndabyemeye mwami guhera uyu munsi, nemeye kuba igikoresho mu ntoki zawe, ndakwihaye. Impamvu Imana itubwira ngo twitange nk'Ibitambo bizima Kandi bishima n'Imana, nuko ishaka gukoresha abantu babikunze kandi bahitamo gukurikira Yesu babikuye kumutima, kubera kumenya agaciro k'ikiguzi yabatanzeho. ubwa wamuriribyi ati: Nkukunze kwitura urwo wabanje kunkunda" Kwiha Imana n'icyemezo ukwiye gufata buri munsi ndetse buri gihe kuko Imana ntagihe igufungirana. niyo mpamvu Pawulo yagize ati: nibagirwa ibiri inyuma nkasingira Ibiri imbere. Yewe Mwene Data nari umugabo wo kubaha Imana, kuyikorera ntihabwa Intebe kuko ukiri mw'isi Satani ashaka ko ibyo wakoreye byose wazabura ingororano ariko komeza icyo wahawe! ibyahishuwe 3:11

Mwene Data ntawabibye mu mana ngo asoze nabi niyo mpamvu ukwiye kwibwira uti ese uyu munsi ndabiba he?

niba ubiba ibyaha uzasura Urupfu kuko ibihembo by'ibyaha ni urupfu kandi si urupfu abantu bose bapfa kuko urwo nabatakoze ibyaha barapfa ahubwo ni rwa Rupfu rwica ubugingo. uyu munsi mwese muzi ko iyo umuntu apfuye twizera ko umubiri ariwo bahamba, kandi ni ukuri ariko urupfu rwa Kabiri rwo ni wowe bwite rwagiraho ingaruka kurenza umubiri gusa: Niyo mpamvu Imana Yesu yagize mutinye uwica umubiri n'ubugingo ntimutinye abica umubiri gusa!

uyu munsi biba ingingo zawe zibe izo gukiranuka, nukuri naho warwana urugamba rumeze rute ngo ureke icyaha nturageza aho kumena amaraso nka Kristo, n'intumwa ze, ariko wowe ushobora kwanga icyaha uyu munsi maze ukiha Imana ikagukoresha mukuyunga n'abandi. uyu munsi ingingo zawe uzikoresha he?

uyu munsi hari benshi bakoresha Iminwa yabo mugusebanya, ibitutsi no kubeshya,n'ibindi ariko ukwiye guha umunwa wawe gukiranuka maze ukajya uremera abantu ibyiza kubera Kwatura neza. abefeso 4:29

Uyu munsi wakoresha amaboko yawe ukareka kwiba maze ukabona icyo ufashisha abakene, uko biri kose Imana yifuza ko waba umuntu wo kuyubahisha kurenza kwifatanya na Satani. SATANI yaje Kwiba Kwica no Kurimbura, iyo ukoze ibisa nibyo uba ubaye umwe na Satani.

Uyu munsi ingingo zawe si izo gusambana ahubwo wakwiha Imana maze ukabaho wubashywe, niba ushatse kuryamana kwabashatse gukwiye kubahwa na bose, ariko niba abubatse arimwe mubisuzuguje ninde uzubaha igikorwa Imana yaremye kumpamvu zayo bwite. Uyu munsi abantu bakoresha imibiri yabo uburyo butandukanye nuko Imana yayiremye baba bigometse  kubushake bw'Imana kandi ntizabura kubahana. abaroma: 1:26-27

nshuti mwene Data ushaka gukurikira Imana ukwiye kumenyako atari urugendo rw'umunsi umwe ahubwo ko ari uguhozaho, buri gitondo ugasaba ko Umwuka w'Imana ukubaho ngo ukore ubushake bwayo, kandi Imana ikaguha umugisha kubw'uko wemeye kuba igikoresho cy'Imana.

Uyu munsi ongera uhe umubiri wawe wose Imana, maze wemere igukoreshe iby'ubutwari, ibyo kuyubahisha no kuyiramya kubw'icyubahiro cyayo. nugira ishyaka ryo kubahisha Imana nawe uzubahwa, ariko niwibwira ibyo kwigomeka uzagawa nabose! uko biri kose dukwiye kwigira kubatubanjirije, maze tukareba iby'iherezo ryabo! abo bagabo b'Intwari bemeye gupfa, no kugira amakuba menshi ariko bagakomeza gukorera Imana mubibi no mu byiza, abo bose Imana ntikorwa Isoni no kuvugako ari Imana yabo. abaheburayo 11:13-16, abaheburayo 11:38

Uyu munsi niba wumva ushaka gukurikira Yesu, Sengana najye uti: Mwami Yesu, ndakwemereye ngo unyuhagize amaraso yawe, maze ukoreshe ingngo zanjye ibyo kukubahisha no kubahisha Data, umpe umutima Uhindutse kandi ugutunganiye kuko ni wowe uzi urugero ushakaho, umpe imbaraga zitsinda icyaha ibihe byose. mw'izina rya Yesu nsenze Amen!

Ndabakunda!

Saturday, 6 September 2014

Ni iki wakora mu gihe baguhatira gukora imibonano mpuzabitsina kandi ukijijwe?

Ushobora kwibaza uti “ese mbyemere?” Ubundi se hari utabikora? 




Banza utekereze
Icyo ugomba kumenya: Si ko buri wese abikora.
Ni iby’ukuri ko ubushakashatsi bushobora kugaragaza ko hari benshi babikora. Urugero, ubushakashatsi bwakorewe muri Amerika bwagaragaje ko muri icyo gihugu abanyeshuri 2 kuri 3 barangije amashuri yisumbuye, baba barakoze imibonano mpuzabitsina. Ariko nanone ibyo bisobanura ko hari 1 muri 3 utabikora, kandi uwo mubare si muto.
Bite se ku bayikora? Abashakashatsi babonye ko abenshi mu rubyiruko bakora imibonano mpuzabitsina bagerwaho n’ingaruka zibabaje zikurikira:
Umutimanama ubacira urubanza. Abenshi mu rubyiruko bishoye mu mibonano mpuzabitsina, bavuze ko nyuma yaho bicujije icyatumye babikora. yesaya 48:22
utakarizwa icyizere. Iyo abantu bamaze kuryamana, buri wese atangira kwibaza ati “ariko ubu nta wundi baryamanye ra?” yaba wowe musore cynagwa mukobwa ndahamyako naho wakomeza kumwizera Satani ashyira mu matwi yawe ko uko yakwemereye ariko yagenza no kubandi.

ahari wazabaza kubo byabayeho bakubwira, ariko niba byarakubayeho ukwiye kwegera Imana ukayisaba imbabazi kuko uwo Imana yizeye abantu nabo bongera kumwizera 1timoteyo 1:12-13
Kumanjirwa. Abakobwa benshi bakunda umuntu ubitaho, aho kubangiza gusa. Nanone ku bahungu, iyo umukobwa yemeye kuryamana na bo bumva batakimukunze.
Icyo wazirikana: Umubiri wawe ufite agaciro ku buryo utagombye kuwupfusha ubusa. Garagaza ko ufite ubushake bwo kumvira itegeko ry’Imana ryo kwirinda ubusambanyi. Ushobora kuzakora imibonano mpuzabitsina numara gushaka. Icyo gihe noneho uzaba ushobora kuyishimira mu buryo bwuzuye, udahangayitse kandi uticuza, nk’uko bijya bigendekera abishora mu mibonano mpuzabitsina batarashaka.

Imigani 7:22-23    1abakorinto 7:3

Ndabakunda!

Popular Posts

Featured post

When Prayer Meets Fasting, Heaven Moves by Pastor M.Gaudin

When Prayer Meets Fasting, Heaven Moves. Matthew 6:16–18; Isaiah 58:6–12 Supporting Scriptures: Matthew 17:21, Joel 2:12–13, Ezra 8:21–23...