Thursday, 8 September 2016

URUKUNDO MWAKUNDANYE RUZAGUKIZA.

Zaburi 91:14 "Kuko Yankunze akarama ni cyo 
nzamukiriza,Nzamushyira hejuru kuko yamenye Izina ryanjye.Azanyambaza najye mwitabe, Nzabana nawe mu makuba no mubyago,Nzamukiza muhe icyubahiro, Nzamuha uburame,Kandi nzamwereka agakiza kanje."

Benshi mubakundana, bakiyemeza no kubana, bagira Indahiro barahira maze bagahitamo kubana mu byiza no mubibi, mu gihe cya cyera n'icyubu abiyemeza kubana, bahitamo indahiro barahira ndetse nabyita ko ari ISEZERANO BASEZERANA. bamwe basezerana AKARAMATA,abandi bagahana IGIHE maze ngo barambirana ejo BAGATANA. 

Umukobwa umwe w'umutunzi, yari afite ubutunzi bwishi cyane kuko yavukiye ibwami kandi avuka ari umukobwa, nubwo atari gusimbura se, ariko umusore yajyaga gusha yari kuba Umwami, maze mw'Irahira kugirango babane nuwo yakunze, yamusabye ikintu kimwe ati rwose mugabo mwiza, urabizi ko ntakintu kindi nkushakaho usibye urukundo, maze ndakwinginze ubwire urukundo unkunda, maze umusore kubera ubukene yari afite abitekerezaho yibaza mu mutima maze ati nzagukunda akaramata! umukobwa biramunezeza cyane kuko yumvaga aricyo gisubizo yifuza kuko ntakindi yari akeneye uretse umuntu uzamukunda urukundo rw'ukuri nkuko nawe yashakaga uwo akunda byukuri.

Igihe cyaje kugera rero umukobwa asezerana n'umugabo we, maze umugabo amaze guhabwa inzu, imodoka, n'ibindi bintu byo gutuma asubirana agaciro nk'umuntu ushatse ibwami, yibaza ko birangiye maze atangira kuzajya yitwara uko ashaka! ubwo niko gutagaguza urukundo maze amafaranga ayanyanyagiza muri rubanda bakuranye, ataretse no guca inyuma uwo bashakanye!

umusore yaje kwigira Inama ati ariko se ubu nahorana nuyu mugore gusa, maze ashaka undi murusisiro aba agize umugore wa kabiri, kandi rwose yari yarakoze isezerano ryo kubana n'umugorewe akaramata kandi ko atazigera amubangikanya n'undi. Igihe kigeze aribaza ati ariko se ko maze gutunga, mfite byose, uwatandukana nuyu mugore? nuko afata icyemezo cyo gutana n'umugore we wamukunze ntacyo amuciye kugirago abane nabamushakaho indamu!

umugabo niko kwaka gatanya, maze umugore we aringinga ariko umugabo aranga, maze umugore batana afite agahinda Kenshi kuko abuze umuntu yari yaremereye gukunda akaramata!

Uku niko Imana ijya ibura abantu bayisezeranije ko bazayikunda akaramata, nukuri Imana ntacyo yaguca ngo igukunde, ahubwo yifuza ko uyiha umutima wawe gusa maze ukemera kuyikunda AKARAMATA mukazabana ibihe byose, yo yaravuze iti no Murupfu tuzabana, Ndakwinginze ngo urebe urukundo ukunda Imana? niba utarayikundiye ibyo itunze, ngo ahari numara kubigeraho uzayireka? ndababwiza ukuri ko Imana idufitiye byinshi kuko Hariho no kuzimana na Kristo.

Uyu mugabo rero amaze gutandukana n'umugore umugore we yamuhaye urwandiko rwerekanaga ko Umugabo we aba afite uburenganzira nk'Ubw'Umwami, maze  umugabo ashaka kugarukira umugore ariko kuko yari yamubabaje cyane ntibyaba bigishobotse, maze abaho arya bwa butunzi ariko nabwo buza gushira, nuko mw'isi bigenda, ariko Imana yo ijya itubabarira ikatubwira iti nimungarikire nzabababarira Yesaya 1:16-18

Buri gihe Imana yo Urwo yadukunze ni Akaramata ariko twe ntitwihanganira kurukomezamo, ariko uyu munsi ndakwinginze ngo wisuzume maze uyegere uyisabe Imbabazi maze uyikunde urwo igusaba!

Niba ukunda Imana akaramata dore icyo iguteganyiriza: 


  1. Izagukiza mu byago no mumakuba yawe. Zaburi ya 20
  2. izagushyira hejuru y'amahanga. 
  3. Uzayambaza ikwitabe.
  4. Izabana nawe ibihe byose.
  5. Izagukiza kandi iguhe icyubahiro
  6. Izaguha kurama
  7. Izakwereka agakiza kayo.
Nshuti yajye ndanezerewe ku kumenyesha ko Imana yiteguye kugukorera ibyo byose igihe cyose uyihaye umutima wawe, ntakinti igusaba uretse kuyikunda maze ikanjya igukiza, ndabizi neza ko Imana itazabura kukurwanirira ariko wowe umutima wawe uwuyihe.

Igihe niki ko ubaho utaryarya Imana, utayishakaho inyungu, kuko yo ntazo igishakaho ahubwo yifuza ko uyikunda akaramata! akaramata si ibikorwa ahubwo n'ukuyiha igihe cyawe cyose, maze ukayemerera kubana n'umutima wawe! 

Sinabura kukubwira ko niba uyikunda urukundo rutari urwo, wahombye, kuko ahari uzabona ibindi, ariko nawe wazaba nka wamusore wabwiwe ko yari afite ububasha nk'Umwami kuko yari yarashatse umukobwa w'Umwami. niyo mpamvu kwibutsa ko naho warya ugahaga, ukambara ukaberwa , bidakwiye gusimbura umunezero wo kuzimana ingoma na Kristo. 

Ndabakunda!

Friday, 2 September 2016

How to Work Out Your Potential

The plans of the diligent lead to profit as surely as haste leads to poverty (Proverbs 21:5).

Are you hungry to accomplish something? Are you so committed to a vision that you will do anything to see that vision come to life? Then make plans and follow them. There’s a difference between plans and haste. Haste is trying to get something for nothing. Haste leads to poverty. But the hard worker make plans and expends the effort to see those plans pay off. Do you want to be a lawyer, a doctor, a teacher, a carpenter, a policeman, a minister, a secretary, an accountant, or a politician? Put some work behind that dream. Burn the midnight oil and study. 

Make the acquaintance of a person who is working in your chosen field and work with him to learn the trade, business, or profession. The completion of your plans is related to your willingness to work, as is your prosperity. Likewise, the release of your potential is dependent upon your expenditure of the necessary effort to change your thoughts into visible realities. Work of your own initiative. Don’t wait for life to force you to work. Work is the key to your personal progress, productivity, and fulfillment. Without work you can accomplish nothing. God assigns you work so you can release your possibilities and abilities by putting forth the effort to accomplish each task.

The responsibilities God gives you are presented to provoke your potential and to challenge you to try new things. Until you stop being a reluctant worker, you will miss the vitality and meaning that God intended work to bring to your life. Accept today God’s gracious gift of work. Refuse to allow a pessimistic attitude toward work to rob you of your potential. Then look forward to the joy of accomplishment and the delight of discovering all God put in you for the world. You will truly find that work is a blessing.

"Work is the key to your personal progress, productivity, and fulfillment".

God Bless you

Email us On : pstgaudin@gmail.com

Wednesday, 31 August 2016

Your Potential is Dependent Upon God



The grace of our Lord was poured out on me abundantly, along with the faith and love that are in Christ Jesus (1 Timothy 1:14).

What does it mean when Jesus told His disciples that they would do greater works than He had done? Some people believe that God is afraid we’re going to take His job. When we start talking about what we’re going to do for God or what we’re going to dream, some people say, “You’d better not think bigger than God.” Well, you can never be bigger than your Source. You can’t think or plan or imagine something greater than God, because God is the source of your imagination.

He leaked part of His potential into you when He pulled you out of Himself. It’s like owning a Sony video cassette recorder with multiple features. It cannot fulfill its purpose or potential until it is plugged into an electrical source. So it is for every man. We must plug into our Source. It is imperative, then, that you understand the characteristics and qualities of God, as well as the provisions He has made to enable you to fulfill the purpose for which He created you. Your ability to release your potential is directly related to your knowledge of God and your willingness to stay within the parameters He has established
for your relationship with Him.

Plug into your Source.

God Bless you!

Monday, 29 August 2016

Live for Tomorrow

One generation will commend your works to another; they will tell of your mighty acts  (Psalm 145:4).

The greatest threat to being all you could be is satisfaction with  who you are. What you could do is always endangered by what you have done. There are millions of individuals who have buried their latent talents, gifts, and abilities in the cemetery of their last accomplishment. They have settled for less than their best. I believe that the enemy of best is good, and the strength of good is the norm. The power of the norm is the curse of our society. It seems like the world is designed to make “the norm” comfortable and “the average” respectable. What a tragedy!

A quick glance at history reveals that the individuals who impacted their generations and affected the world most dramatically were individuals who, because of a circumstance, pressure, or decision, challenged the tide of convention, stretched the boundaries of tradition, and violated the expectations of the norm. Few great things have ever been done within the confines of the accepted norm. In essence, history is always made by individuals who dare to challenge and exceed the accepted norm. Why follow a path when you can make a trail? It is incumbent upon each of us to ask ourselves the following questions: Have we become all we are capable of? Have we extended ourselves to the maximum? Have we done the best we can do? Have we used our gifts, talents, and abilities to their limit? Just as a seed has a forest within it, so we contain much more than is evident at birth. 

Everything is designed by God not only to reproduce itself but also to transfer its life and treasure to the next generation. Potential is not fully maximized until it reproduces itself in the following generation. An old Chinese proverb that states, “the end of a thing is greater than its beginning,” rings true for our lives. King Solomon concurred with this truth: “The race is not to the swift or the battle to the strong…” (Ecclesiastes 9:11b). Every individual is therefore responsible to live to the fullest for the sake of the following generation. King Solomon states it this way: “A good man leaves an inheritance for his children’s children” (Proverbs 13:22a).

To live for today is shortsighted; to live for tomorrow is vision.

God bless you!

Friday, 19 August 2016

Don’t Die With My Things

Do not neglect your gift, which was given you through a prophetic message when the
body of elders laid their hands on you (1 Timothy 4:14).

Suppose…
Suppose Shakespeare had died before he wrote his poems and  plays—the potential of Macbeth would have been buried. Suppose Michelangelo had died before he painted the Sistine Chapel or DaVinci the Mona Lisa—the beauty of their paintings would have been lost. Suppose Mozart had died with all that music in his bosom Suppose Moses had died before he saw the burning bush…Paul before he met Jesus on the Damascus Road…Abraham before Isaac was born. How different the pages of Scripture and history would be. Suppose Martin Luther had died without writing the thesis…Charles Wesley without penning the hymns…John Wycliffe without translating the Bible into English. How different the history of the Church
might have been.

Can you imagine how many great works of art, music, and literature are buried in the graveyard near your house? Can you imagine how many solutions to the problems we face today are buried with someone you knew? People die without getting out their full potential. They fail to use all that was stored in them for the benefit of the world. I wonder what would have happened if your father had died before you were conceived or your mother before you were born. 

What would the world have lost if you had not been born? What will the world lack because you fail to live out your potential? Will you carry songs, books, inventions, cures, or discoveries to your grave? What would the world have lost if you had not been born? Our teens are committing suicide. I wonder who they were supposed to be and what they were supposed to do that we will never know. Have we lost some great leaders? Was your grandchild’s professor or another Martin Luther King among them?

"What will the world lack because you fail to live out your potential?

God bless you!

Don’t Settle for What You Have

So we fix our eyes not on what is seen, but on what is unseen. For what is seen is temporary,
but what is unseen is eternal (2 Corinthians 4:18 NIV).

Potential is always present, waiting to be exposed. It demands that you never settle for what you have accomplished. One of the greatest enemies of your potential is success. God wants you to maximize the potential He has given to you. You are not yet what you are supposed to be—though you may be pleased with what you now are. Don’t accept your present state in life as final, because it is just that, a state. Don’t be satisfied with your last accomplishment, because there are many accomplishments yet to be perfected. Since you are full of potential, you should not be the same person next year that you are this year.

Never accept success as a lifestyle—it is but a phase. Never accept an accomplishment as the end—it is but a mark in the process. Because you are God’s offspring, there are many selves within you that lie dormant, untapped and unused. Your primary problem is that you do not think like God does. There are many selves within you that lie dormant, untapped and unused. God is always looking for what is not yet visible.

He expects to find inside each person and thing He created more than is evident on the outside. On the other hand, man is often satisfied with what he has—or at least if not satisfied, he thinks there is nothing better. Thus he settles for what he has. Therein lies the tragedy of life. The minute we begin to settle down and be satisfied with what we have, we lose the possibility of revealing what is really inside us. Too often we die without exploring the gifts, abilities, and successes that lay hidden within us. Our thoughts, ideas, and possibilities are not used. We fail to realize the vast potential that is stored within us. We are like batteries in a radio that is never played—our potential is wasted.


"Since you are full of  potential, you  should not be the same person next year that you are  this year".

God bless you!

Wednesday, 17 August 2016

Potential Defined


Now it is God who has made us for this very purpose and has given us the Spirit as a

deposit, guaranteeing what is to come (2 Corinthians 5:5 NIV).


It is a tragedy to know that with over five billion people on this planet today, only a minute percentage will experience a significant fraction of their true potential. Perhaps you are a candidate for contributing to the wealth of the cemetery. Your potential was not given for you to deposit in the grave. You must understand the tremendous potential you possess and commit yourself to maximizing it in your  short lifetime. What is potential, anyway? Potential is…dormant ability…reserved power…untapped strength…unused success…hidden talents…capped capability.  All you can be but have not yet become…all you can do but have not yet done…how far you can reach but have not yet reached…what
you can accomplish but have not yet accomplished. 

Potential is unexposed ability and latent power. Potential is therefore not what you have done, but what you are yet able to do. In other words, what you have done is no longer your potential. What you have successfully accomplished is no longer potential. It is said that unless you do something beyond what you have done, you will never grow or experience your full potential. Potential demands that you never settle for what you have accomplished. One of the great enemies of your potential is success. In order to realize your full potential, you must never be satisfied with your last accomplishment. It is also important that you never let what you cannot do interfere with what you can do. The greatest tragedy in life is not death, but a life that never realized its full potential. You must decide today not to rob the world of the rich, valuable, potent, untapped resources locked away within you. Potential never has a retirement plan.

"The greatest  tragedy in life is not death, but a life that never  realized its full potential." by Myres Munroe

God bless you!

Tuesday, 16 August 2016

The Wealthiest Spot on Earth.

Now to Him who is able to do immeasurably more than all we ask or imagine, according

to His power that is at work within us (Ephesians 3:20 NIV).
The wealthiest spot on this planet is not the oil fields of Kuwait, Iraq, or Saudi Arabia. Neither is it the gold and diamond mines of South Africa, the uranium mines of the Soviet Union, or the silver mines of Africa. Though it may surprise you, the richest deposits on our planet lie just a few blocks from your house. They rest in your local cemetery or graveyard. Buried beneath the soil within the walls of those sacred grounds are dreams that never came to pass, songs that were never sung, books that were never written, paintings that

never filled a canvas, ideas that were never shared, visions that never became reality, inventions that were never designed, plans that never went beyond the drawing board of the mind, and purposes that were
never fulfilled. Our graveyards are filled with potential that remained potential. What a tragedy!
Only a minute percentage of the five billion people on this planet will experience a significant portion of their true potential. Are you a candidate for contributing to the wealth of the cemetery?

Ask yourself the following questions.
Who am I?
Why am I here?
How much potential do I have? 
What am I capable of doing?
By what criteria should I measure my ability?
Who sets the standards?
By what process can I maximize my ability?
What are my limitations?

Within the answers to these questions lies the key to a fulfilled, effective life. One of the greatest tragedies in life is to watch potential die untapped. Many potentially great men and women never realize their potential because they do not understand the nature and concept of the potential principle. As God has revealed to me the nature of potential, I have received a burden to teach others what I have learned. There’s a wealth of potential in you. I know, because God has shown me the vast store He placed in me. My purpose is to help you understand that potential and get it out. You must decide if you are going to rob the world or
bless it with the rich, valuable, potent, untapped resources locked away within you. You are more than what you have done.

"One of the greatest tragedies in life is to watch potential  die untapped."

God Bless you.

source/Myres munroe's Book

Saturday, 13 August 2016

MU GIHE IMFATIRO ZASENYUTSE By Dr Bishop Fidele Masengo

Zaburi 11:3 - Niba imfatiro zishenywe, Umukiranutsi yakora iki?
Muri iki gitondo nibajije cyane kuri iki kibazo numva kigoye gusubiza.
Natekereje ku mfatiro z'abantu nsanga ari ninshi harimo: ubuzima(santé), ubukungu, umuryango, akazi, igihugu, inshuti, urugo cg urushako, etc.
Nibajije ngo mu gihe izi mfatiro zisenyutse umuntu yakora iki?
Nasanze abantu basenye zimwe muri izo mfatiro bajya bakora byinshi: kwiheba, kwimuka, kwiyanga, kwiyahura, guhungabana, kubyakira, kwiganyira...Wewe usoma iyi nkuru uzi ubwawe uko wabyitwaramo cg wabyitwayemo!
Maze gutekereza nasanze hari igisubizo kimwe cyonyine gihagije, gikwiye. Dore ngiki:
Imigani 18:10 - Izina ry'Uwiteka ni umunara ukomeye, Umukiranutsi awuhungiramo, agakomera.
Ahandi hose uhungira, ikindi cyemezo ufata ntacyo gihindura.
Kubera kumenya ubu bwihisho, ndakugira inama yo gukora ibi bintu 5 mu gihe imfatiro zawe zasenyutse:
1) Gushaka Imana;
2) Guhungira ku Mana;
3) Gusenga Imana;
4) Kwiringira no kwizera Imana;
5) Kuguma mu Mana;

Monday, 1 August 2016

USHAKA KU KUBUZA GUTERA IMBERE AKUBUZA GUTANGIRA!

Yobu : 8:7 

"Nubwo itangira ryawe ryari rito, amaherezo yawe wakunguka cyane"

Buri muntu wese usanga afite inzozi, zo kugera kubintu runaka, uko niko rimwe narimwe ubiganiriza inshuti, abavandimwe, ababyeyi n'abandi batandukanye ushaka ko bakugira Inama! muri bimwe nabonye ko Satani arwanya n'itangira, burya itangira ry'Ikintu cyose riba rihishemo itsinzi yose.

Iyo umuntu akubujije gutera imbuto, si imbuto aba arwanyije, ahubwo aba ashaka kurwanya umusaruro wose muri rusange, niba ari ibiti abashaka kurwanya ishyamba, niba ari ugukuramo inda, abashaka kurimbura umuntu ukomeye imbere!

Igihe cyose itangira niryo rigira intambara, ariko ukwiye gusengera itangira ry'inzozi zawe, hari abo Satani azitira itangiro kuburyo bahora bavuga bati twe si ibyacu, mbese akabinanirwa mbere yuko abitangira, umuntu akaba yananirwa kwiga mbere yo kugera mw'ishuri, umuntu agahomba ataracuruza, umuntu agafunga urubyaro ataragira umugabo, umuntu akumva ko ntacyo ashoboye!

Imana yahise iherezo rya buri kintu mw'Itangira ryacyo, igihe cyose ufite iyerekwa runaka, Imana ntakindi igusa kereka gutangira ukagira icyo ibikoraho, reka mbabwire umubibibyi arahinga, ibikurikiraho bikaba iby'Imana kuko ariyo Ikuza. 

Ntushobora Gusoza urugendo utatangiye, buri kerecyezo twifuza kujyamo usanga bidusaba guhaguruka tugatera, urutambwe rugana aho tugiye, nyuma yaho tukabona Imbaraga cyangwa na lift, ibaze ko bigoye ko umuntu yaguha lift agusanze murugo cyangwa wicaye akibwira ko ugiye. Rimwe na rimwe tugira imbaraga zo gusha uko tugera iyo twagiye bitewe nuko hari ahao twavuye.

Sinzi icyo wibaza, sinzi impano ushaka ko ikura muri wowe, igihe cyose utayikoresheje ntushobora kubona ikura cyangwa ngo itere imbere, Satani mubintu arwanya n'Itangira, iyo umuntu ashoboye gutangira ikinti burya naho we atagisoza gisozwa n'abandi, ariko ntawasoza ikintu kitaratangira. Ushobora kuba wibaza uti ese nahera ko nta bushobozi mfite bwo gutangira? tangirira kuri wowe, Burya amafranga ni umuterankunga w'uwo uriwe. hera aho ugeze, hera kubyo ufite, tekereza ko ukwiye guhaguruka, tekereza kujya ahantu utigeze ugera mbere!

umwuka w'Ubwoba wereka umuntu ko ikitarakozwe n'abandi kidashoboka, ubundi ukakwereka ko ubwo abandi bagikoze wowe kitazaguhira, ariko ndashaka ku kubwira ko ntamuntu wahamagariwe gukora umurimo wawe nkuko wowe wahamagariwe kuwukora, umuntu mushobora kuba mukora bimwe ariko mutabikora kimwe, wahamagariwe kuzana impinduka, niba rero ushaka kuzana impinduka mubuzima bwawe, Imana igusaba gutangira uyu munsi, renga imipaka y'abaguca intege, egera imbere aho watinyaga kugera, egera abantu bakubwiye ko bategerwa!

uyu munsi wanone ukwiye guhindura imyumvire ugatangira, abantu benshi Satani abereka ko nibatangira batazakomeza, reka nkubwire ko igihe cyose utangiye ntuba ukiri aho wari uri, niyo udakomeje uba wageze kucyo utari wakagezeho, gerageza utangire, gira icyo ukora kuri izo ndirimbo wahimbye, gira icyo ukora kuri uwo mushinga ufite, tangira ubikoreho, bivuge, reka nkubwire ko iyo udatangiye kugira icyo ukora ntago abantu bashaka gufatanya nawe baba bazi ko ibyo bintu bihari! 

ntago byatinze, uyu munsi ushobora gutangira, ushobora gusubira mw'ishuri niba ari inzozi zawe, ushobora kuririmba niba zari inzozi zawe, watangira gukina filime, watangira gufasha imfumbyi, wagira icyo ukora! igihe kimwe mother tereza yiyemeje gufasha abahinde b'abakene, maze abantu baramuseka bati ubuhinde bufite abakene benshi ntuzabivamo, ariko ntiyacika intege asubiza abantu ati: ngiye gutangirira kuri umwe" nawe ushobora gutangirira kuri Umwe, ushobora gutangirira kugishoro gike, ushobora gutangira ukora bike, iherezo ryawe Uzunguka cyane.

Ukwiye guca umugozi ukubuza gutangira uyu munsi, ntutegereze, kubikora umwaka utaha, igihe ufite n'iki, kuko wahawe uyu munsi, iherezo ryawe Uzunguka. Satani ntakubuze gutangira. akazi ke ni ukwiba inzozi, kwica inzozi, no kurimburana izozi na nyirazo. uri hano kubw'Impamvu kandi satani arabizi, niyo mpamvu agutera kumva ko ntacyo wabikoraho! 

hindura imyumvire Imana iri kumwe nawe kuko niyo yaguhaye Umwuka wo guhumeka!

Ndabakunda!

Pastor Gaudin Mutagoma
New Jerusalem Church.

Thursday, 28 July 2016

HUMURA IBYANANIYE ABA PASITORI, ABA BISHOP, ABA APOTLE, N'ABANDI YESU ARABISHOBOYE.

Usomye inkuru ziri mu butumwa bwiza bwa Matayo igice cya 17:14, herekana umugabo waje afite Umwna urwaye igicuri, wari ufite abadayimoni bamukubitaga hasi, maze ngo amuzanira abigishwa ba Yesu ntibabasha kumukiza! gusa ntiyacitse intege ahubwo Yateye intambwe Yegera Yesu ubwe maze amubwira uko byagenze! ati namuzaniye abigishwa bawe birabananira.

Birashoboka ko nawe hari igihe wagiye kureba umukozi w'Imana runaka , bakubwiye wagerayo ukamureba ariko ugasanga cya kibazo cyawe kiracyahari kandi ahari nawe yaragisengeye ariko biranga. Nimvuga ibi ntihagire untera ibuye sinshaka gupfobya abakozi b'Imana bahamagawe, Uwo wasengeye agakira ashobora kuzana undi wamusengera ntakire, nonese ibyo bizatume Imana yitwa inyatege nke? oya ntibikabeho. 

Abaheburayo 5:1-2
Umutambyi mukuru wese Iyo atoranijwe mu bantu, ashyirirwaho gukora ibyerekeye Imana ku bw'abantu kugira ngo ature amaturo, atange n'Ibitambo by'Ibyaha, Kandi abasha kwihanganira abatagira ubwenge n'abayobye , kuko nawe agoswe n'Intege nke.


Ntawakwirengagiza umumaro w'Abakozi b'Imana, abashumba, abavugabutumwa, abahanuzi, abigisha n'intumwa. abo bose bariho kubw'Umurimo w'Imana kugira ngo itorero rya Kristo rikomeze gukurira mu Rukundo kandi rirusheho kurindwa kuko nibo bari bera maso nk'abazaribazwa. Abaheburayo 13:17

Imana ntihamagara abashoboye ahubwo burya uwo Ihamagaye iramushoboza. Rwose hari indwara zirukanwa Imana ikoresheje abakozi bayo, ariko hari n'Izindi ishobora kugukiza usa nuwarambiwe gusenga, yo ubwayo ikakwibwirira ko igukijije. Kuba Imana itoranya abayikorera ntibikuraho ubushobozi bwayo kugira ngo ahari bamwe batazahinduka Imana zabamwe. ahari nawe ushobora kuba uzi abantu basengeye abantu bakazuka ariko yasengera undi ntanakire indwara, ibyo bishatse kuvuga iki?

1. Hari imirimo Ikorwa n'Imana, niba waranyuze mubantu batandukanye bizera wifuza ko wagirirwa neza binyuze muri bo iki ni igihe cyawe cyo kongera kureba Imana. Ibyananiye abana b'abantu ku Mana birashoboka.

2. Imirimo yahawe abo Imana yatoranyije Ntikuraho ko Imana ikiri Imana, abantu bakaba abantu. rimwe narimwe ukwizera kw'abantu kuba guke. usomye neza Ukwizera kwa se w'Umwana kwari guke, ndetse n'Ukwabigishwa kwari guke. ibaze nawe icyajyaga kuvamo cyari iki?

Ndashaka kukumenyesha ko kuba, umushumba yarakumbwiye ko bidashoboka, ukwiye kwegera Imana nayo ikakubwira ko bidashoboka. Rwose ntawiyima umwima ahari. ongera uvuge nka dawidi uti nduburira amaso yanjye kumisozi....Gutabarwa kwajye kuva kuwiteka.

Nibyiza kumenya ko Imana igikoresha abakozi bayo, ariko ni nabyiza kumenya ko nayo igikora umurimo wayo ndetse ari nayo ifite ijambo rya nyuma kuri wowe. Nibyiza kubaha ubuyobozi Imana yaguhaye, nibyiza guca munzira ugomba kubanza gucamo, ariko iyo ibintu bikomeje kwanga, Imana nayo wibuke ko igihari kugira ngo igire icyo Igukorera!

Uyu munsi ushobora kuba wibaza icyo wakora nyuma yo kujya mubyumba, kumisozi, kureba abahanuzi batandukanye, abanyamavuta nabandi, ibyo byose byaranze ndagukangurira kongera kwegera Imana, hari abantu bamwe Imana yitegereza ikabona ko nibasubizwa binyuze mubakozi bayo, batazamenya ko ariyo yabikoze, hanyuma igafunga imiryango, ugasanga ikiganza cyazuye umuntu kinaniwe kugukiza indwara. kugeza igihe wowe uzayishakana umwete wose.

Ibaze umuntu udakunda guterana, udakunda inzu y'Imana, uwo iyo akorewe igitangaza binyuze mu muntu ntamenya gutandunya Imana n'abantu.  rimwe narimwe rero Imana ikaba yareka gukoresha abakozi bayo ibyo waje ubitezeho kuko nubwo bahawe ububasha, ariko ntibyemewe ko batekereza nkabasimbura Umwami wabo.

Ndakumenyeshako, Imana Itanga umugisha wayo, igikoresha abakozi bayo ibitangaza, ariko si aho gusa, kuko Imana ubwayo ishoboye no kwikorera, ukwiye kuyizera kuri iyi nshuro, igihe kwa muganga byanze, mubyumba by'amasengesho, Imana iracyahari. wowe uzaze nkuko Hana yagiye i shilo akahasanga Eli, nyamara nubwo eli atamenye neza ikibabaje Hana, Imana yo yarakimenye. kandi iramusubiza. 1samuel 1:9

Ukwiye kwibuka ko icyo abakozi b'Imana bafite bagitanga mw'Izina rya Yesu, iyo Yesu ahibereye birushaho kuba akarusho. nibyiza gusengerwa, nibyiza kurambikwaho ibiganza, ariko cyane cyane nibyiza kumenya ko ibyananiye abantu Yesu aba agifite ijambo rya nyuma, niwe utajya uhindagurika kandi niwe mutambyi utameze nk'abandi. hari ibyo abatambyi b'abantu bakora, ariko ibibananiye ntibivuga ngo Imana nayo yananiwe! ndakwifuriza kumaramaza mukwizera Imana uyu munsi.


Pastor Mutagoma Gaudin
New Jerusalem Church- Kicukiro Kagarama.







Friday, 22 July 2016

AMASEZERANO ABIRI AKOMEYE: BAZAKURWANYA, ARIKO NTIBAZAKUBASHA!


Yeremiya 1: 19

"Bazakurwanya ariko ntibazakubasha kuko  ndi kumwe nawe kugira ngo nkurokore."ni ko Uwiteka avuga.

Muri iki gitondo nibajije kumasezerano abiri cyangwa atatu ashobora guhambwa umuntu kandi icyarimwe. Imana ntiterwa ubwoba n'Urugamba ucamo uyu munsi ko izi ko iherezo ryaryo zizarangira utsinze! igutsindishirije.

Kimwe n'undi muntu wese uhamagawe n'Imana mugihe cye ngo ahaguruke ayikorere, munzego zose, ahura n'Ingorane nyishi zizanywe n'Umuhamaro. icyo gihe nibwo abanyamagambo bahaguruka, abakurwanya bakiyongera, abagutega iminsi bakabikora , ahari nawe ubigera ukibaza uti ese ubu ibyo Imana yavuze ni ukuri!

Ndashaka ko tuganira kumasezerano azana n'Isezerano ryo gutera Imbere muburyo bwose, yaba Kubaka urugo, akazi ukora, kuyobora, ubutunzi, n'Ibindi byinshi. burya amasezerano yose agira icyitonderwa kuko hatabayemo kukubwira ibyo uzacamo ntiwazihangana.

1. Bazakurwanya:  nshobora kuvuga iki ukibwira ko byoroshye gusa iyi ni intwaro ikoreshwa na Satani nabamukorera bashaka ko wowe utagera k'umugisha w'Imana. reka nkumbwire ikintu kimwe ntabushobozi abantu bafite bwo kugusenyera ariko bagira ubushobozi bwo kukurwanya byakuviramo kwirwanya! ndashaka kuvuga ko akenshi uzasanga ushaka kugusenyera urugo ahera kuri wowe, ushaka kurwanya umuhamagaro ntahandi yaca ataguciyemo, rero ube maso witegure urugamba bazakurwanya! niba koko ushaka gutera imbere muburyo bw'Umwuka uzahura n'Intambara ariko hahirwa uwihangana akanesha.

Ntibazakubasha: Iri sezerano rya Kabiri Imana iritanga igamije guhumuriza umuntu no kumwereka ko ibyo acamo byose bizarangira afite itsinzi kandi iyo umuntu akomeje kwizera Imana akima amatwi ibimuca intege bitandukanye, Imana iragutsindishiriza! burya urugamba rwose rutsindwa na Morale, mugisirikare iyo badafite morale baratsindwa! morale ituma muririmba itsinzi mukiri mu myitozo, mukumva indirimbo z'Ubutwari muri kurugamba! 

Iwacu ni mw'Ijuru, nubwo ubona hari ibikugoye, uracyarwana n'Ibyaha kandi ugerageza kwibuza inama mbi, ndetse ubayeho wera imbuto z'umwuka wera! reka nkubwire ko ibyo ubona uyu munsi nk'Intambara Imana irazizi, ariko icyo ikubwira ni ukurushaho kuyizera no kuyemerera ikazajya igukomeza umutima muri uru rugendo. tukiri mw'Isi dufashe igihe mu ntambara ni koko abantu bahura na byinshi. ariko ndashaka kuguhamiriza ko Impamvu ubona uca mubikomeye nuko ingororano ari nyinshi! burya irushanwa ryose rikomezwa n'Ibihembo biririmo! 

Ibaze nawe amakipe ahanganye kugira buri mukinyi azahabwe imodoka, ntibihwanye nuko yahanganira ngo bazabagurire inkweto, buri gihe ubutunzi ufite bugomba guhura n'Intambara, gusa icyiza gihari nuko Yesu yadusezeranije ubutsinze nituguma muri we. uyu munsi Kuba hari ibikurwanya si uko Imana yakuretse ahubwo nuko yakugiriye icyizere cy'Uko wahaguruka ukarwanira icyo Imana yaguhaye kugeza ku mperuka.
ndakwifuriza ubutsinzi mw'Izina rya Yesu kandi urwanire mu tsinzi kuko Yesu yaranesheje! 

Imana ikube hafi mu ntambara yose waba ucamo itewe n'Isezerano, wibuke aho Yosefu yaciye, ariko ntibyamubujije kugera kucyo Imana yavuze! Imana irinda Ijambo ryayo ngo irikomze! ntutinye kandi ntukuke umutima wihangane ugeze kumperuka! kandi kumunota wa nyuma uzumva bamamaje itsinzi yawe kumugaragaro mu maso ya Satani n'abadayimoni, ndetse nabakunze kumukorera bose. Imana izatwara intsinzi kandi amaso yawe azabyibonera!

Pastor M Gaudin 
New Jerusalem church





Thursday, 21 July 2016

UKURI GUHORA KWIRENGAGIZWA, AMAKURU NYAYO KUMPERUKA Y'ISI : Pastor Gaudin

Ibyakozwe n'Intumwa 1:7
Arabasubiza ati"Si ibyanyu kumenya iby'Iminsi n'ibihe Data yagennye, ni Ubutware bwe wenyine.

Iyo umuntu avuze imperuka, abantu benshi batangira kwibaza umunsi utarabaho aho abantu bavuga bati uzaba ari umunsi wuzuyemo ibyago, gusenyuka kwa mazu maremare ndetse no gutakaza ubuzima kubatuye isi, aho bitazaba bikiryoshye kwicara hafi y'Amazi cyangwa kujya muri parike kureba inyamanswa!

icyo gihe abantu kibatera ubwoba cyane kuburyo iyo habonetse uvuga umunsi w'Imperuka ndetse habaho nabadatinya kugaragaza amatariki n'iminsi ndetse n'amasaha bizabera nyamara ugasanga ibyo bavuze bitabaye! nonese kukba abantu bahanura imperuka ntibe nibyo biyikuraho? Oya ! ahubwubwo bitwereka neza ukuntu uwo munsi uhora wikangwa n'amahanga!

Ntiwikangwa nabatazi Imana gusa ahubwo wikangwa nababa munsengero buri munsi! si igitangaza ariko kuba umuntu uba murusengero yakwibaza ukuntu uwo munsi uzaba umeze ahubwo byaba igitangaza aramutseatabyitayeyo! Kubera iki Yesu yabwiye intumwa ze ko batagomba kwibaza igihe uwo munsi uzazira!

Yagize ati uwo munsi ntamuntu uwuzi keretse data! kandi ati si ibyanyu kubimenya, ibyacu nukumenya ko umunsi w'Imperuka urahari kandi igikuru si umunsi w'Imperuka igikuru ni ikizakorwa kuri uwo munsi! uwo munsi hazabaho kurangira kw'isi n'abayituye muburyo rusange, ariko rero hari benshi uwo munsi uzagera bo bararangije urugendo rwabo kw'isi. ndakubwiza ukuri ko Yesu natinda kugaruka wowe uzamusanganira kuko azagutumaho! 

mwibaze ko uwo munsi ba Pawulo, Petero, nabandi bawutegereje, nyamara ntibigeze bavuga ngo bahanze amaso amatariki runaka ahubwo buri gihe bakoraga nkabajya gucirwa urubanza! hari igihe cy'Urubanza, aho buri wese azamurikira imbere y'Imana ibyo yakoze maze agahabwa ingororano zimukwiriye. mwene Data ndagukangurira kutita ku munsi gusa ahubwo ukita kucyo uzasobanurira umwami Imana!

Uyu munsi ndagukangurira kwakira Kristo neza, umwuka wawe ugahamanya n'Uw'Imana ko uri umwana w'Imana, ndakwinginze ngo utekereze cyane kubana n'Imana neza ugihumeka kandi urusheho kwitegura kugendana nayo ibihe byose. hanyuma umunsi w'Imperuka nugusanga, ijambo ry'Imana rimbwira ko tuzahindurwa tugasa nawe, nyamara abanyabyaha nabakunda kubeshya bakabikora bazaba hanze y'Urugo rw'Isumba byose. uyu munsi uracyafite amahirwe yo gukizwa, kuburira bandi, kurushaho kwitegurira kuzinjira muri rwa rurembo rwiza rw'Imana yacu.

Ndagusabira amahoro, ni koko kubaho bikubere inyungu kandi no gupfa bikubere iyindi , kuko hahirwa abaramira mu mwami, ndetse nabapfira muri we, ndakwifuriza kurushaho kumenya Imana no kuyikorera ukiri muzima , kuko Hariho imperuka ya buri mwe! nubwo burya abantu bose bapfira icyarimwe, buri muntu aba afite urupfu apfuye kugiti cye! kandi buri muntu azahagarara imbere y'Intebe y'Imana ngo atsindishirizwe nuko yizeye Yesu cyangwa nuko yamwihakanye! 

Imana ikugirire neza!

KIMWE MU BINTU BY'AGACIRO UMUNTU YATUNGA GIFITE UMUMARO NGIKI!

Image result for Talking other people
Abantu bafite ibintu byinshi baharanira mu buzima birimo nko kumeneyekana, gutunga byinshi, icyubahiro, kubaka amazina mu buryo butandukanye n’ibindi kandi byose byiza.

Iyo umuntu ashaka umukozi mu kigo cye cyangwa ahandi hantu bimusaba kumumenya. Agomba kuba yarubatse izina ariko mu buryo bwiza.

Si kenshi iyo umuntu agiye kuba ahantu abanza gutekereza inkuru azahasiga igihe azaba ahavuye. Gusa iyo birangiye igihe cye kirangiye hari ubwo yibuka ibyo atakoze byari bikwiye n’ibyo yakoze bitari bikwiye.

Iyo ushaka kumenya umuntu utamuzi urabaza bakakubwira uko bamuzi. Amakuru avugwa ku muntu afitanye isano n’uko bamufata, uko yitwara, uko avuga n’ibyo avuga, uko yambara, n’ibindi byinshi.
Mu bintu bitajya bigaruka mu buzima harimo igihe n’ijambo. Ibi byombi iyo bigucitse ntibigaruka kandi byose biragaruka bikagirana isano n’uko uzavugwa. Isura usigiye abantu niyo ibatera kubona icyo bakuvugaho.

Salomo nk’umuntu w’umuhanga yitegereje isi n’ibiyirimo, areba ibintu bifite agaciro kurenza ibindi, ibyo abantu baharanira byose, arangije afata umwanzuro, yemeza ko kuvugwa neza ari ikintu gihenze cyane.

Salomo yaravuze ubwe ati ‘’biruta amavuta atamye y’igiciro cyinshi.’’
Kuvugwa neza biruta amavuta atamye y’igiciro cyinshi,…. Imigani 7:1

Bibaho ko umuntu ashobora no kukuvuga ibitari byo, wenda yakuvuga neza kandi atari ko kuri, ariko mu buzima bwose ku isi nta cyiza nko kuvugwa neza. Iyo bigeze ku mukristo noneho biba ibindi bindi.
Nubwo abantu baharanira byinshi mu isi ariko kuvugwa neza ni iby’igiciro cyinshi. Hari ighe winjira mu kigo runaka aho umukristo akorana n’abandi wababaza uti mundebere runaka w’umurokore bakaguseka, wagera muri karitsiye (Quartier) runaka ukabaza umukozi w’Imana ukabona abantu barumiwe bakakubwira ibitandukanye.

Iki gihe kirababaza kuko bishobora no gutuma wumva umutu akubwira ati ‘’aho gukizwa nka runaka nabireka’’. Ibi akenshi biterwa n’izina yubatse mu mitima yabo n’ibyo yagiye akora bikabatera kukuvuga nabi.

Umusore ashobora kujya kurambagiza umukobwa yagira uwo abaza akamubwira ati ‘’twara uzaba utubwira, azagutwikira mu nzu, uriya muryango ntibavugirwamo’’, n’ibindi byinshi bidakwiye kuvugwa k’umuntu wahindutse icyaremwe gishya muri Kristo Yesu.
Imana ijye idufasha guharanira kuvugwa neza kuko byo ubwabyo bivuga ubutumwa. Birababaza mu buzima iyo ubwiye umuntu udakijijwe ngo akizwe akajya aguha ingero z’abarokore badafite icyo bamurusha.

Amakuru y’umuntu arivugira agatuma imbaga y’abantu babona ko hari icyo abarusha kuko afite Yesu. Imana itwambike imbaraga tubeho dufite inkuru nziza n’amateka meza.

Friday, 15 July 2016

GUTINDA KW'IMBUTO MU BUTAKA NTIBISOBANUYE GUHERAHO KWAYO!

Imbuto yose itewe mubutaka ifata iminsi yo gukurira mubutaka, ahantu hatarebwa n'Abantu, rimwe narimwe ushobora kwibaza uti ese koko irimo gukura? ariko wabyibaza utabyibaza iba irimo gukura, gukeza igihe izazamukira mubutaka abantu bagatangira kuyibona!

ibintu dushobora Kwigira ku mbuto:

imbuto ikurira aho itewe: Cyera tukuri abana hari igihe twashakaga gutera nk'igiti cya avoka, maze kuko twari abana aho watabye imbuto ugahora uyitabururura ngo urebe ko yakuze, bimwe mubintu bitinza imbuto ni uguhora utabururwa reka byite gutyo, abakristo benshi nibagira ahantu bashinga ikirenge yumve ko yahakurira! guhora umuntu ahingurwa hamwe agashingwa ahandi ntibishobora gutuma akura. 

Uyu munsi hari ibyiringiro ko ushobora gukomerera aho uteye nubwo usa numaze igihe uri mubutaka, ariko imbuto niyo iri mubutaka iba ikura! wisuzugura uwo murimo muto , witekereza uti njyewe nta mpano nkiya runaka mfite, ibyo ufite ukomeze wibere mubutaka igihe cyawe nikigera abantu bose bazakubona uhingutse, ndetse rimwe na rimwe ukura abantu bataziko wakuze! reka nkubwire ngo igihe cyawe cyo gukurira mubutaka kirenda kurangira ubundi ukamurikurikira abantu bose.

Imbuto Ikurura abayibonye: Kuva igihe naboneye sindabona imbuto zisanga inyoni, ahubwo inyoni zisanga imbuto, nawe ukwiye kwita kucyo ufite ubona abantu bashobora kugusoromaho aho kwirirwa uzenguruka amatorero ushakisha aho wemerwa, reka nkubwire ko abantu bakwemeye Imana itakwemeye uba urushywa n'Ubusa! ariko ni wera imbuto nziza abantu bose bazaza gusoroma kuri izo mbuto. ni igihe cyawe cyo kwita kucyo ufite icyo kizakubahisha, kizatuma benshi baza bagana aho uri gusarura uburyohe bw'Ibyo ufite.

Imbuto Iryoha Yeze neza: nta kintu cyibiha nko kura urubuto runaka ruteze neza, ibaze nk'amapera, muri iyi minsi abantu benshi ararota agatangira gushaka gushinga itorero, undi akerekwa akava muryo yabarizwagamo, ariko nibyiza kumenya ko Imana ubwayo itaduhamagarira gukora umurimo gusa ahubwo iduhamagarira no kuwukora neza! Mwibuke ko nubwo Yesu yabanye n'Intumwa igihe kinini yazitoje gukora ibitangaza, ariko yagize igihe ababwira ko bagomba kumara igihe bategereje umufasha! burya mugihe cyose utegereje urashishoza, wiga uko bikorwa, umenya imbogamizi ndetse wiga kubaha! biragoye ko umuntu utazi kubaha yazubahwa! icyo ubibye nicyo usarura.

Imbuto Yeze irihungura: igihe cyose imbuto iyo Yeze neza irihungura, aho ivuye ntihasigara amakakama, niko n'Igihe cyose umuhamagaro uri mu muntu umaze gukura rwose, bene uwo iyo asezeye abashumba bamuhesha umugisha bakamukorera ibirorii byo gushyigikira umuhamagaro kuko aba ageze igihe cyo kurushaho kwagura ubwami no gukwiza hose uburyohe! bene uwo abantu bose bazamugana bazasanga aryoshye, kuko imbuto ze zamaze kwera neza!

Ndakwifuriza kurushaho kwera imbuto kugeza igihe abantu bose bazakureba bagahimbaza Imana, nubwo wibwira ko wibagiranye Imana ntiyibagirwa abayo, ahubwo irabakuza naho yabakuriza mubutaka, ariko iyo igihe kigeze irabagaragaza bagahagrara bemye bakamamaza ineza kandi bakera imbuto ndetse nyinshi! cfr(bible).

Ndabakunda!

Pastor M.Gaudin
New Jerusalem Church

Thursday, 14 July 2016

DORE IMPAMVU ZITUMA ABANTU BAGANA IMANA KUVA ISI YAREMWA!

Zaburi 65:3

Niwowe wumva ibyo usabwa, abantu bose bazajya aho uri.

Nsoma aya magambo yanyibukije inkuru z'Umugabo bita Elukana, umugabo wa Hana. ukuntu yajyaga ajya i shilo gutamba ibitambo buri gihe ndetse yabaga ari kumwe nabagore be bombi. umugore we bitaga Hana ntarubyaro yari yarabonye maze, igihe kimwe nawe yiyemeza kwijyana!

Iyo usomye mugitabo cya samweli berekana ukuntu Elukana ariwe wajyanaga abagore be ndetse n'Imigabane yo gutamba niwe wayibahaga! igihe kimwe Hana yigira Inama yo kwijyana i Shilo, ahari igicaniro cy'Uwiteka. nuko agezeyo kuko yari yagiyeyo mubihe bidasanzwe kandi byerekana ko yagiye atarahura n'Umutambyi we atangira gusenga.

Bibiriya yerekana ko umutabyi yabonye Hana hashize umwanya kuburyo yasengaga ijwi ntirisohoke, kubera agahinda no kumara umwanya abwira Imana ye! ibyo byatumye Eli umutambyi ubwe yitiranya Hana n'abagore b'abasinzi kazi kuburyo yamubwiye ati uzagezahe isindwe ryawe! nuko abantu bateye bashobora kukwitiranya igihe cyose ukiri mubibazo, ariko uhumure uko abantu bakubona siko Imana ikubona.

Icyemezo cyo Gusanga Imana nicyo cyemezo gikomeye umuntu yafata, aho kuganyira abantu cyangwa guhora uganya! igihe cyose ibibazo byawe uhisemo kubyereka Imana, udahisemo kwibwira ko abantu bamwe aribo ba nyirabayazana, Imana iragusubiza. Usomye neza berekana ukuntu agahinda kari karishe Hana kubera kutabyara kandi aturanye na mukeba we Penina! 

iyo uhora ureba abafite ibyo bakurusha, ugahora wita ukuntu bagusuzuguye, ugahora witaye ku mubabaro wawe, ntushobora kwibuka ko Imana ariyo Yonyine isubiza ibyo isabwa! Soma aya magambo naje gusanga niba Imana ari yonyine isubiza ibyo isabwa sinkwiye kubabazwa na Oya z'abantu kuko zo ni ibisanzwe.

Imana niyo yonyine isubizwa ibyo isabwa, waba Urimo kuyisaba iki muri iyi minsi? ese ikifuzo cyawe cyari cyaguhagurutsa aho utuye ukajya gusenga? wari wiyemeza kubaho mubuzima utareba abantu ukareba Imana? Imana niyo yonyine isubiza ibyo isabwa! ndaguhwiturira kwerekeza ahantu hasa n'I ishilo maze ugende bucece utagize uwo ubwira nkuko Hana yabikoze, urebe ngo Imana iragusubiza.

Mana koko menye ko ari wowe usubiza ibyo usabwa, ndakwinginze ngo abantu bose basoma ubu butumwa basubizwemo imbaraga, kandi bongere bamenye ko ibyo abantu babahakaniye ari wowe wenyine usubizwa ibyo usabwa! ndakwinginze ngo cya kibazo wabwiye abaganga ntibagire icyo bakumarira, bimwe wahamagaje umuryango ntugire icyo ukumarira, yewe n'abashumba bawe bagufata nk'Umusazi cyangwa Umusinzi, ndakwinginze uhange amaso Imana maze urebe ko itakuzanira agakiza! 

Niba wizeye, ufate akanya keza k'igiciro, maze werekeze umutima wawe kucyo usaba Imana, maze Imana kuko ariyo yumva ibyo isabwa, izagusubirisha ineza yayo nyinshi. kandi ndahamya ko ubuzima bwawe buzahinduka kuko wahisemo kwizera Imana! Ijambo ryayo rizakurutira andi magambo Yose abantu bimbwira kandi uzarushaho kubona ukuboko kw'Imana mubihe byose usigaje kuri iy'isi.

niba utarakira Yesu uyu munsi , ndagushikariza kumwakira kuko niwe wenyine usubiza ibyo asabwa abandi bose bazaguhakanira, bazakubwira ko batanabishoboye ariko muri we Byose Birashoboka! ndakwifuriza umugisha w'Imana mubyo ukora byose, Imana yumve gusenga kwawe muri byose kuko ariyo Mana yumva ibyo isabwa Yonyine!

Pastor M.Gaudin
New Jerusalem Church
pstgaudin@gmail.com

Wednesday, 13 July 2016

NINDE MUBYEYI URERERA EJO HAZAZA HEZA?

Muri iyi si ntakintu gishya munsi y'Ijuru. ibyakere byahozeho nkuko bibiliya ivuga, ariko usanga abantu benshi bariho iyo badatoje isi yabato kubaha ibyo bubahaga, no kugenda uko bagendaga birashoboka ko mu minsi iri imbere ibyo wubahaga abana bazaba batakibyubaha! kubera iki?

Impamvu nini ituma abubu birengagiza ibyo bigishwa ni iyihe? nuko ababigisha bavuga ibyo badakora! icyo wigishije umwana akura agenda nkawe! uyu munsi wakwibaza umwana ukuriye mw'Itorero se yararwanaga n'abagenzi be, we namara kuba umuyobozi w'Itorero bizagenda bite? ibaze wowe mushumba urugero uha umukristo ni uruhe? 

Ibaze wowe mubyeyi urugero uha abana ni uruhe? ese koko niba umubyeyi ari umusinzi ntibigoye gusaba umwana kuzaba umuntu muzima? uyu munsi ndashaka kukubaza wowe ufite inshingano yo kwigisha abandi cyane cyane abakiri bato, ubona byoroshye ko bagenda nkuko ugenda? ese wowe mubyeyi niba udaha agaciro ibyo ukora ubona abo ubyaye uzabasigira uwuhe murage?

ibintu bimwe byo gutekerezwaho:

1.Igihe cyose kubaka cyangwa se gushaka bizaba bihabwa agaciro nababirimo, bizakomeza kuba umuco wo kubahwa mubazavuka! uyu munsi ubanye ute n'Umugabo wawe cyangwa umugore? ese ubona abana mwabyaye bakwifuza kuzashaka nkuko washatse? wakwifuriza umukobwa wawe kuzabana n'Umugabo we nk'Uko wabanye na se? wakwifuriza umuhungu wawe kuzabana n'Umugore we nk'Uko wabanaga na Nyina? ibyo ni bimwe mubintu byo gutekereza mubyo dushaka kuraga abazadukomokaho!

2. Kuri wowe muyobozi w'Itorero runaka, wakwifuriza Umwana wawe kuzabana n'Imana nkuko wabanye nayo? wahitiramo umwana wawe kuzabana n'abandi nkuko ubanye nabo ubu? wahitiramo umwana wawe kuzagira intambara nkizo urwana ubu? uyu munsi wa none ukwiye kuba hari urugero utanga kuburyo abakureberaho bakwifuza gukomeza gukorera Imana! ese ubona ukora umurimo w'Ubwitange koko? cyangwa n'Inyungu ? nonese wakwifuriza umwana wawe kuzabaho mubuzima nk'Ubwo urimo uyu munsi?

Nikoko urakangurira abantu kuza mw'Itorero ryawe, ariko ndashaka kukubaza iki kibazo? uramutse uzi ibyo uzi mwitorero ryawe wakwifuza kuribamo? ibaze niba wakwifuriza abo ukunda kurangwa imigambi ufite mumutima! 

3. Abayobozi munzego zitandukanye, uwifuza amahoro ayategura kare akibifitiye ububasha, udashaka kurenganywa ntarenganya, ushaka ibyiza abiba ibyiza uyu munsi! uyu munsi wanone urwego rwose waba urimo ukwiye kugira imbuto nziza ubiba byatuma abakiri bato barushaho kwifuza gukora ibyiza kurushaho kuko waba warerekane ibyiza abandi bakwigiraho!

buri gihe igiti cyose cyera imbuto z'Ubwoko bwacyo! ese ubona ibyo ukora abantu bazasoroma iki? abana bawe, abo uyoboye n'abandi uyu munsi tekereza kuri ejo hazaza! maze wibaze uti ese nyuma yanjye abantu bazarushaho kuba beza cyangwa bazarushaho kuba babi!

abantu bose babi muri iki gihe ni ingaruka yabandi babaye babi ntihagire igikosorwa! hera uyu munsi kugira ngo urage isi ibyiza ndetse n'Umuryango wawe! uyu munsi hariho benshi barwana na Karande cyangwa Imivumo yo miryango! uramenye utasigira abawe umuvumo cyangwa karande!

ndabakunda!


Thursday, 7 July 2016

AMAHIRWE YO KUGARAGAZA ICYO USHOBOYE ABONEKERA MU BYANANIYE ABANDI!

1Samuel 17:17

Bukeye Yesayi abwira umungu we Dawidi ati"Gemurira bakuru bawe efa imwe y'Ingano zikaranze n'aya marobe y'Imitsima cumi, wihute  ubishyire bakuru bawe mu rugerero.

sinshaka kugutindira mu mateka cyane ya dawidi, ahubwo ndashaka kugira ngo numara gusoma ubihuze n'Ubuzima wibonamo uyu munsi maze ukaba wakwibaza uti ese gutabarwa kwanjye kuzavahe? ahari ujya wibaza uti ese aka kazi nkora gasuzuguritse, ahari nturi mubantu bahamagarwa mugihe bakeneye abantu b'Ibigango, b'abanyabwenge, n'ibindi kuko baba barebesha amaso y'Umubiri ko udashoboye.

Dawidi yari muntu ki?  Dawidi yari umuhungu w'Umuhererezi mu nzu ya se, ikindi yari afite bakuru be beza kandi b'Imbaraga. mugihe Abisiraheli barwanaga abahungu ba Yesayi ba banyambaraga nibo babanjye kugenda, Dawidi kuko yari umusore muto yasigaranye n'ababyeyi, kuko buri gihe umwana muto niwe usigara. mugihe cyo gusigara murugo rero niwe ufasha ababyeyi imirimo.

Niba nawe uri umwana muto Iwanyu wabimenya, kuko burya niwowe umenya inka n'Ibindi iyo wasigaye murugo. igihe cyaje kugera rero akajya agemurira bene se! nkuko bisanzwe abyuka nkabandi maze yerekeza aho bakuru be barwaniraga, ahasanga amakuru adasanzwe aho Goliyati yavugaga ati umugabo naze turwane natsinda turaba abacakara banyu, ayo magabo usomye yose bavuga ibyo byateye Umwami n'Ingabo ze ubwoba cyane.

Amahirwe yo kugaragaza icyo ushoboye abonekera mubyananiye abandi, Buri gihe intambwe yose utera bigusaba kwiyemeza guhangana n'Ibibazo bisa nibikurusha ubushobozi, Dawidi rero yaje kuza asanga abantu bose batinye, maze we afata umwanzuro wo kugerageza! simpamya ko Imana itari kumwe n'Ingabo za Isiraheli kuva kare hose, ahubwo abari kurugamba bose ntibari bayizeye bingana nuko dawidi ayizeye!

reka nkubwire ko Ikibazo cyagutsinze hari uwo wibwira ko atakibasha, Imana ishobora guhagarana nawe igakora ibikomeye. Dawidi yagiye agemuye ahageze ahura n'Itangazo ry'Akazi maze yiyemeza kugapiganirwa! gupiganirwa kwica igihanda n'Ikintu gikomeye. Reka nkubwire ko ufite ikintu cyaniniye abandi aho ukorera, aho wiga, aho usengera, muguhugu cyawe. igihe cyose wiyemeje kugitsinda uzagororerwa!

yewe naho yaba ari icyaha cya naniye abandi ukwiye kwiyemeza ukagitera mw'Izina rya Yesu. nikoko birakomeye ariko hamwe n'Imana ubasha gutsinda urwo rugamba. ndifuza kukubwira ko ntamuntu waguhebere gukora ibintu bisanzwe, Imana ifite intwari zanesheje, dufite abagabo n'Abagore mu bwami bw'IMANA bahora batsinda ba Goriyati, nuko mbere baba batiyambajwe, gusa iyo babonye ubutyo ntibavuga ngo reka turebe uko bigenda, biyemeza kwitanga vuba rwose maze bagakora kugira ngo amahirwe abandi ananiwe kubyaza umusaruro bo bigeragereze!

ndabifuriza kurwana n'Ibibarwanya byose mufite kwizera, yaba ibyaha, ubukene n'Ibindi, ntiwite ku majwi akubwira ko bidashoboka, kuko amajwi menshi yabwiye Dawidi, nyamara we ntiyabumviye ahubwo yumvaga uko biri kose azatahukana itsinzi, kwiyemeza kurwana na Goriyati nubwo abandi baba babinaniwe, buri muntu rero kugira ngo agire urwego agereho bimusaba guhurira ahantu na Goriyati agomba kwica kugira ngo agere kuyindi ntera!. birashoboka ko Goliyati wawe ari ubusambanyi, ubusinzi, ubujuru, amagambo n'Ibindi, maze wabwira abantu uti nyamara ndabireka bakaguseka! ariko wowe ubime amatwi ufate Umwanzu nkuwo dawidi yafashe.

Nyuma Yo gutsinda goriyati wawe, uzazamurwa muntera, uzambikwa imidali ikigeretse kuri ibyo uzahabwa ubugingo buhoraho. iyo umuntu atsinze goriyati we aba agiye kugera kurundi rwego, ukava ku kugemura ibiryo ukagera ku kuba umukuru w'Ingabo!

Pastor Gaudin
New Jerusalem Church 

Tuesday, 5 April 2016

OYA SIKO BIZAHORA KUBATEGEREZA IMANA.

Imwe mundirimbo nanditse igira iti: 

"Abasore b'Imigenda bazacogora ndetse n'Intwari zizananirwa ariko abategereza Imana bazakomera" buri munsi urugendo tugenda rusaba kwihangana, gutegereza, kurindira icyo wabwiwe n'Umuntu cyangwa Imana.
kubantu ho biragoye cyane kuko hari ibyo bavuga kubera ibyishimo bakaguha nibyo badafite ukabitegereza nyamara ntibisohore.

Buri mwe mwisi afite icyo ategereza cyangwa icyo yizeye, hari abizera Imbaraga zabo, ubutunzi, ibigango n'Ibindi byinshi bitandukanye, gusa Ijambo ry'Imana ryerekana neza ko icyo wategereza cyose iyo udategereje Imana uba ufite amahirwe menshi yo kutegereza ugaheza amaso mukirere. 

Kubantu bategereje Imana rero si uko bimera ahubwo Imana yiyerekana nk'Imana ikiranuka kuko Ikomeza isezerano ryayo ikaririnda kugeza irisohoje. ikintu kigora abantu benshi nugutegereza, kuko usanga Imana bigoranye.mugihe utegereje nibwo uhura nibintu bitandukanye birimo Amagambo y'Urucantege! 

Gutegereza uri wenyine birashoboka gusa iyo umuntu ategerereje mw'isi ituwe nabantu birushaho gukomera kuko bamwe baba bakwereka ko bidashoboka ibyo wizeye ko bitaribyo, hari abakubwira kuko ariko babonesha amaso y'Umubiri. uramutse ubwiye abantu ko hari igihe ubutayu bwa Sahara buzagwamo imvura hakamera amashyamba  n'Ubwatsi bwinshi ababyemera nibake.

Mbahaye ubuhamya buto nabonye ko Imana ishobora gukora ibirenze ibyo twibwira nibyo dutekereza kuko ifite imbaraga nyinshi ziruta izabantu. Imana yambwiye ko izankorera ubukwe, ubwo nari mugihugu cy'Ubuhinde, Ibaze nawe Imana ikubwiye ubukwe kandi bwiza, ukiri umunyenshuri wakwibaza uti ese bizaca he? ndetse uwo wabibwira wese yaguseka kuko mubigaragara biba bigoye. igihe cyaje kugera nza mu rwanda gusa nkomeje icyo Umwami yavuze kuko nizeraga ko Imana itabasha kubeshya kandi icyo yavuze cyose izagisihoza.

Muri icyo gihe njyewe na fiance wanjye twarapfukamaga tugasenga Imana tuti mwami turagutumiye mubukwe bwacu, gusa nubwo twasengaga nibwo habayeho amagambo yo kuduca intege umuntu agahurutswa no kuza kutugira Inama ati murabona ubukwe burahenda kandi ntimurabona akazi! ibyo byadukoraga kumutima tugasa nabadohotse nyamara twakongera gupfukama Imana ikatubwira ko izadukorera ubukwe bwiza.

nababwira ko ubu uyu munsi icyo twibazaga ngo kizagenda gute byarangiye twabonye ubukwe bw'Umugisha kandi Imana yahagurukije abantu tuzi nabo tutazi kuko ijambo ryayo rigira riti isi nibiyuzuye byose niby'Uwiteka. turashima Imana ko Imana yabaye Imana yo kwizerwa. yarinze isezerano ryayo. nibyo koko abantu bose bakora ubukwe, abantu bose barabyara, abantu bose bubaka amazu, abantu bose bashobora kubaho ariko ikikomeye si ukubikora ahubwo ni uko wabikora urikumwe n'Imana.

Iyo umuntu ategereje Imana arushaho gukomera naho itangira rye rishobora kuba ari rito cyane, Imana igenda Imwagura kugeza isohoje icyo yamuvuzeho kandi Imana ntikiranirwa ngo yivuguruze nk'Umwana w'Umuntu. Niba yarakumenye izina uhumure Imana izaba mubyawe kandi ntizirengagiza ineza igirira abayuba, izasohoza icyo yakuvuzeho rwose. 

nsoza nagira ngo nkubwire ko ikibazo ufite Imana ishoboye kukugirira neza, yagukiza iyo ndrwara niba uyitegereje, yagukorera ubukwe, yaguha umwana, niba koko utegereje Imana! ndashaka ko wizera uyu munsi ukabwira Imana uti mwami ndagutegereje kandi nizeye ko ushobora kungirira neza cyane. Imana ishomwe ko yadukoreye ubukwe yatumbwiye, nikoko uwashima wakumva ari ikintu gito gusa ushaka kumenya ishimwe ry'Icyo nshimye watekereza kuri kimwe Imana yagukoreye undi atahaye agaciro.

ndakwifurizwa kwibukwa n'Imana muri ibi bihe kandi ikumvire kuko wayizeye! zaburi ya makumyabiri. dushimye Imana kubantu Imana yakoresheje kuko buri gihe ibisubizo byacu bihijwe mubyo Imana yaremye kandi Imana ntijya isubiza idakoresheje abantu yiremeye. Imana nijya kugusubiza izakoresha njyewe cyangwa undi ukabona igisubizo cyawe!

ndabakunda!
.


Popular Posts

Featured post

When Prayer Meets Fasting, Heaven Moves by Pastor M.Gaudin

When Prayer Meets Fasting, Heaven Moves. Matthew 6:16–18; Isaiah 58:6–12 Supporting Scriptures: Matthew 17:21, Joel 2:12–13, Ezra 8:21–23...