Saturday, 13 August 2016

MU GIHE IMFATIRO ZASENYUTSE By Dr Bishop Fidele Masengo

Zaburi 11:3 - Niba imfatiro zishenywe, Umukiranutsi yakora iki?
Muri iki gitondo nibajije cyane kuri iki kibazo numva kigoye gusubiza.
Natekereje ku mfatiro z'abantu nsanga ari ninshi harimo: ubuzima(santé), ubukungu, umuryango, akazi, igihugu, inshuti, urugo cg urushako, etc.
Nibajije ngo mu gihe izi mfatiro zisenyutse umuntu yakora iki?
Nasanze abantu basenye zimwe muri izo mfatiro bajya bakora byinshi: kwiheba, kwimuka, kwiyanga, kwiyahura, guhungabana, kubyakira, kwiganyira...Wewe usoma iyi nkuru uzi ubwawe uko wabyitwaramo cg wabyitwayemo!
Maze gutekereza nasanze hari igisubizo kimwe cyonyine gihagije, gikwiye. Dore ngiki:
Imigani 18:10 - Izina ry'Uwiteka ni umunara ukomeye, Umukiranutsi awuhungiramo, agakomera.
Ahandi hose uhungira, ikindi cyemezo ufata ntacyo gihindura.
Kubera kumenya ubu bwihisho, ndakugira inama yo gukora ibi bintu 5 mu gihe imfatiro zawe zasenyutse:
1) Gushaka Imana;
2) Guhungira ku Mana;
3) Gusenga Imana;
4) Kwiringira no kwizera Imana;
5) Kuguma mu Mana;

No comments:

Post a Comment

God bless you for Reading, May you be blessed

Featured post

How the Church Can Use AI Without Losing Its Soul

How the Church Can Use AI Without Losing Its Soul A Kingdom Approach to Technology in the Age of Artificial Intelligence By Pastor M. Gaud...