Thursday, 7 July 2022

Monday, 26 July 2021

URUKUNDO RWIHANGANA RUKAGIRA NEZA RUBA RUTURUKA MU KWIZERA IMANA. By Pastor M Gaudin

Matayo 24:12-13
[12]Maze kuko ubugome buzagwira, urukundo rwa benshi ruzakonja.
[13]Ariko uwihangana akageza imperuka ni we uzakizwa.

Ni Ubuhe Bugome bwakonjesheje Urukundo wagiraga? 

Ko Wafashaga abantu, Wacumbikiraga abashyitsi,lift, Wafashaga abana bo mu muryango, Wasuranaga ndetse bakugaburira ugafungura byagenze bite? Uyu munsi Ubugome bumaze Kumara Kwizerana mu Bantu!

Twashatse Ingufuri kumazu kubera abaturanyi tutizeye, Twanga Gufatanya n'abantu kubera Guhemukirwa kenshi, Ntukiguriza abantu Kubera kwamburwa, Mbese Warakomeretse ndetse Urukundo rwawe rwarakonje!  

Ntugisaba ubufasha kubera abagufashije bagucira mu maso, Ntugifasha kuko abo wafashije baguhemukiye, Ntugitwerera kuko abo wabikoreye batakwituye?

Uyu munsi Ndashaka kukubwira ko Ineza Yose n'Urukundo Ugira rudakwiriye Gushingira Kubugome bw'abantu ahubwo bikwiriye gushingira kurukundo Yesu yagukunze akakwitangira! Urukundo rwacu iyo dushaka kurwereka abantu dushingiye ko nabo barutwereka buradukomeretsa ariko iyo turwerekana dushingiye ko Dukorera Imana ndetse Twiringiye ko Imana Itibagirwa Imirimo myiza dukora, Bituma tutaruha, ngo twumve ko  ubusa.

Komeza Ukore neza, Yosefu nubwo yahemukiwe n'abavandimwe nkuko nawe bashobora kuguhemukira, abaturanyi, nabandi...Mugihe gikwiriye kimusaba Kugira neza ntiyibutse Inabi ahubwo yibutse Ineza Y'Imana Kubuzima bwe.


Urukundo rurihangana rukagira neza! Ntibishoboka ko Utizera Imana ayinezeza, Ukeneye Kwizera Kugira ngo Ukore neza, Mugihe Ubugome bwagwiriye. Biragusaba Kwizera Imana aho Kwizera abo Ushaka kugirira neza nibwo Uzahabwa Ingororano zibyo Ukora mugihe cya None.

Niba Ushaka Gukorana n'Imana Ukwiye Kumenya Ko bigusaba Kubabarira abaguhemukira, Guhitamo gukomera nubwo wakomerekejwe, Kwihangana ukagirira neza Abantu nubwo Hari abaguhemukiye. DAWIDI ntiyitaye ku Nabi ya Sawuli mugihe cyo Kugirira neza Mefibosheti, Yosefu ntiyitaye ku nabi yagiriwe nabavandimwe mugihe cy'Inzara, Nawe Ushobora kuba Uri mugihe usabwa Kongera Kugira neza, Kongera kubana n'abantu, Kongera Gukora Umurimo wose mwiza, Izere Imana Nibwo Uzabibasha.


Gaudin Mission International

Thursday, 24 June 2021

BIRASHOBOKA KONGERA GUKUNDA UMURIMO W'IMANA? By Pastor M.Gaudin

1 Sam 2:12,17

[12]Kandi bene Eli bari ibigoryi, ntibari bazi Uwiteka. [17]Nuko rero icyaha cy'abo basore kirakomera cyane imbere y'Uwiteka, kuko cyateye abantu kuzinukwa igitambo cy'Uwiteka.

Muri Iki gihe Uhura n'abantu bamwe bakomerekejwe n'Abashumba, bakomerekejwe nabo baririmbanaga, bakomerekejwe nabo bakoranaga protocole, bakomerekejwe nabo basenganaga mu byumba, Nahandi...

Nimvuga gukomereka Wumvemo ko iyo umuntu yakomerekejwe Umubwirwa nuko yazinutswe gukorera Imana nkuko byahoze kuko aba yarazinutswe igitambo, Yarazinutswe Kwitangira Umurimo, Gutanga icyacumi n'amaturo, azinukwa ishingano, Kuburyo Hari nabazinukwa burundu guterana kwera, ababishoboye nabo bakirinda Kugira Umurimo bakora munzu y'Imana waba muto cyangwa munini ahubwo bagahora bavuga amakuru yibyabakomerekeje....

Wazinutswe iki? Wazinutswe gucumbikira abashyitsi, Icyacumi, Gushaka,wazinutswe Kuguriza abandi, wazinutswe gutanga lift, wazinutswe kuba Umwinginzi, wazinutswe Kwizera Ubuhanuzi, n'ibindi?...

Uyu munsi nkufitiye inkuru nziza, Imana iruta abakuzinuye Umurimo wayo, Gukomereka bigutere gukomerera mu murimo no kuzirikana icyo wavuganye n'Imana. Igihe bene Eli barimo Kuzinura abantu Imana yarimo guhagurutsa Samweli, Shikama ku murimo, Imana igiye guhagurutsa abantu batuma abandi bamenya Imana Kandi nawe muri abo Wabamo kuko Umuntu niyiyeza akitandukanya nibidatunganye azahinduka igikoresho kugirira nyiracyo akamaro.

Guhitamo Kwawe kujyana no Kwizera Imana kwawe, Ntukwiye gucika intege Ukwiye kubaza Imana uti Mwami Imana Urashaka ko nkora Iki? Ntukwiye Gucibwa intege nabakubwira ko Kugira Urugo rwiza bidashoboka kubera ko Izabo zabananiye, Ntukwiye kuzinukwa Gucuruza kubw'abamaze guhomba n'abanyeshyari, Ntukwiye Kureba ababivuga nabi, Ahubwo Ukwiye Gutuza Ukumva icyo Imana ikuganiriza muri Iki gihe.

Yesu Yabwiye Intumwa ze ati nibabirukana mu mudugudu umwe muzajye muwundi ariko ntimuzahagarike ivugabutumwa. Icyagukomerekeje cyose nuhitamo gukomera uzasanga ko byose bufataniriza hamwe kutuzanira ibyiza iyo Dukunda Imana koko. 

Ndakwifuriza Kongera Kwizera Imana yaguhamagaye no Kuyikorera Utitaye kubikurwanya n'ibiguca intege cyane ko bitazabura ariko Imana izagukiza muri byose ndetse mwuka Wera niwe mufasha wahawe Kugira ngo agufashe murugendo rwo Kwizera Imana no gukora iby'Ubutwari mu gihe nk'Iki.

Pastor M.Gaudin




Gaudin Mission International

KUBONERA IMANA AHO ABANDI BAYIBURIYE

Heb 11:6
[6]ariko utizera ntibishoboka ko ayinezeza, kuko uwegera Imana akwiriye kwizera yuko iriho, ikagororera abayishaka.



Luka 4:25-27

[25]“Ariko ndababwira ukuri yuko hāriho abapfakazi benshi mu Bisirayeli mu gihe cya Eliya, ubwo ijuru ryakingwaga imyaka itatu n'amezi atandatu, inzara nyinshi igatera mu gihugu cyose.

[26]Nyamara Eliya ntiyatumwa kuri umwe muri bo, ahubwo atumwa ku mugore w'umupfakazi w'i Sarefati mu gihugu cy'i Sidoni.

[27]Kandi hāriho ababembe benshi mu Bisirayeli mu gihe cy'umuhanuzi Elisa, nyamara ntihakizwa n'umwe muri bo keretse Nāmani w'Umusiriya.”

Imana Ibonerwa aho abandi bayiburira kuko Uwiteka Ni Imana yihisha, Yihisha imitima iyiryarya, Ishaka ko ahari tuyibona dukabakabye, Abantu bamwe ntibabasha kumvira byatuma bumvirwa, Abantu bamwe ntibabasha gutanga byatuma bahabwa, abantu bamwe ntibabasha Kwihana byatuma babarirwa, abantu bamwe ntibabashaka Kwihangana byatuma banesha.

Bene Data Tugeze Mugihe abantu bamwe bahamya ko baboneye umugisha aho abandi bawuburiye, bamwe bahombeye aho abandi bungukiye. Hari abantu bakibonera Imana murusengero, Mukwiyiriza, Mugutanga icyacumi, mugusura abarwayi, Mukwitanga, mugusengera abashumba, ....

Ntugatinzwe n'abavuga ko baburiye Imana mubyo ukora ahubwo Jya ukora Ibyatuma Ubonera Imana aho abandi bayiburiye. Kuko Impamvu Idutera gukora niyo mpamvu Ituma Imana itwihishurira cyangwa I katwihisha.

Obededomu yabonye Umugisha Uturutse kwisanduku Yishe Uza......

Thursday, 23 July 2020

IKI N'IGIHE CYAWE CYO KUBAHISHA IMANA! Pastor M.Gaudin

Pastor M.Gaudin
IKI N'IGIHE CYAWE CYO KUBAHISHA IMANA!

1 Sam 2:12,17
[12]Kandi bene Eli bari ibigoryi, ntibari bazi Uwiteka. [17]Nuko rero icyaha cy'abo basore kirakomera cyane imbere y'Uwiteka, kuko cyateye abantu kuzinukwa igitambo cy'Uwiteka.

Udashoboye Kwigishwa nawe yazabasha kwigisha, Udashoboye Kuyoborwa ntawe yazabasha kuyobora, Uko biri kose Ufite Uwo Wakwigiraho Kubaha Imana ndetse Nawe Hari abakwigiraho Kuyikunda no Kuyubaha! 

Iyo Dukijijwe tuba dufite abatuzengurutse, Tuba dufite Abo Twigiraho nabandi batwigiraho, Buri wese Akwiye Kwibaza ati Ese Abanyigiraho banyigiraho Iki? Ese Abasore bandeba Banyigiraho Iki? Ese abagabo bandeba banyigiraho iki? Abagore batarakizwa se banyigiraho iki? Ubuzima bwawe Ukwiye Kumenya ko Ari Ubuhamya bugenda(Niwowe Ugaragaza ishusho Y'Imana iyo Wemeye Kwakira Kristo).

Abakozi b'Imana muri iki gihe bakwiye Kugira Imyitwarire Itarimo ubugoryi, Bakwiye Kwirinda Ibyaha, Bakwiye Kugaragaza Imana kuko benshi batarakizwa bifuza kumenya icyo wabarushije Igihe Wafataga Umwanzuro wo gukizwa! Imyitwarire y'abahungu ba Eli, Yatumaga abantu bazinukwa Imana, Gusa ndashaka kukumenyesha ko Nubwo Wazinurwa Imana Udakwiye Kuyizinukwa, kuko Kristo Niwe Ukwiye Kwigana, ukazagera Kucyigero cya Cye. 

Imana Itabare Itorero kubw'abashumba barwana, Baroga, batukana,Babeshya,Bambura, Bagambana,Imana Ibabarire Itorero ryayo Kubw'abakristo bagira Ishyari,Amahane n'Inzangano,  Iki gihe dukeneye ba Samweli, kuko Bene Eli Bishe Umurimo,batukishije Izina Ry'Imana isumba byose, icyampa njye nawe tukaba mubo Ihaye Imbaraga zo Kuyubahisha.

Ijambo ry'Imana rigaragaza neza Ko Umuntu niyiyeza akitandukanya n'ibidatunganye azaba Igikoresho kigirira nyiracyo Akamaro. Uyu munsi Urebe aho Imana yaba Ikurega Ubugoryi, Urebe aho Ikunenga Kuyizinura abandi maze Uce Bugufi Wihane maze Urababarirwa.

Imana y'Amahoro Iduhe Umutima wo Kuyubaha no Kuyubahisha, Kuko Umurage w'abizera uhishwe mukubaha Imana!


Pastor M.Gaudin
New Jerusalem Church
www.newseed4jesus.blogspot.in


Gaudin Mission International

Wednesday, 15 July 2020

UWITEKA AKUZIHO IBYO ABANTU NDETSE NAWE UBWAWE UTIYIZIHO By Pastor M.Gaudin

UWITEKA AKUZIHO IBYO ABANTU NDETSE NAWE UBWAWE UTIYIZIHO

Abacamanza 6:12
[12]Marayika w'Uwiteka aramubonekera aramubwira ati “Uwiteka ari kumwe nawe wa munyambaraga we, ugira n'ubutwari.”

Burya Hari ibyo Wiyiziho, Hari ibyo abantu bakuziho ariko hari n"ibyo Uwiteka akuziho, Burya Abantu bari bazi ko ari Yesu mwene Yosefu W'Umubaji, Abantu bajya batumenya bakamenya n'icyiciro cy'ubudehe tubamo, Bakamenya aho dukomoka, bakamenya ko Iwanyu ntagare mwatunze, Bakemeza bashingiye no kuribyo ntacyo mwakwigezaho nyamara ibyo abantu bakuziho Sibyo bifite Ijambo rya nyuma kuri Wowe.

Hari ibyo Nawe Ubwawe wiyiziho, Mose yamenye ko Adidimanga, Yari yiyiziho intege nke ubwe yumvaga ibyo bihagije ngo Inana ishake Uzi kuvuga ariko Ibyo wiyiziho Cyangwa intege nke zawe Sizo Imana ireba kuko mwiremwa ryawe yari ifite ubushobozi bwo kuguha ibyo Udafite ariko Kuko Ikuzi kurusha uko wiyizi izi neza Ko Munetege nke zawe ariho Imbaraga zayo Zizagaragarira! 

Hari Uko Imana Ikuzi rero, Uko niko kujya gutungura abantu bari bakuzi, Kugatungura abamaze kuguciraho Iteka, kugatungura abibwiraga ko bakugurishije muri egiputa, Kugatungura abagutaye Murwibo rw'Intare, kugatungura Ba Hamani bari bamanitse igiti, Kugatungura Satani wari Uziko Yesu yaofuye nyamara akazuka. Ndashaka kukubwira ko Umugambi Imana idufiteho ariwo Ishingiraho Iduha Imbaraga mugihe gikwiye!

Sinzi Igihe Urimo gucamo ariko Ibyo Unyuramo umenyeko Imana Ukureba bitandukanye Nibyo bakuvugaho yewe nibyo wiyiziho, kuko waremeweyo mugihe gikwiriye Izerekana Ibyo yahishe muri wowe maze nawe Ubwawe Uzatangara! 

Imana Ikuziho Ubutwari, Ndetse n'Imbaraga kuburyo nawe Utabyiyiziho, Ariko Ndashaka kukubwira ngo Niwemerera Imana, Ukayiha Ubugingo bwawe Uyu munsi, Ukayiringira kugera ku munita wanyuma ntuzakorwa n'Isoni, Ntarugamba Imana ijya irwana ngo Iruvemo idatahukanye intsinzi, Iki ni igihe cyo Kongera kwiringira Imana, Ukamenya ko Wifitemo Byinshi Byagirira abandi Umumaro naho kuri wowe Wibona ndetse n'abantu bakakubona nk'udashoboye! Umenyeko Uwiteka Ariwe Ukuzi kuruta Uko wiyizi ndetse nuko abantu bakuzi! Imana Iraje Mukorane iby'Ubutwari bizibukwa n'Isi yose nkuko yakoranye Na Gidiyoni Bagatsinda abamidiyani!


Umwami Imana akwereke ibyo yakubitsemo bitume Ugira Imbaraga zo Kwizera ko Icyo yakuvuzeho kizasihora ndetse n'Umugambi we azakomeza kuwukurikirana kuri wowe.

Yesu aguhe Umugisha!

Pastor M.Gaudin
New Jerusalem Church

www.newseed4jesus.blogspot.in


Gaudin Mission International

KWIHANA NIRYO TANGIRIRO RYO GUHINDUKA by Pastor M.Gaudin

Gaudin Mission International

KUGUMA MU BYIZERWA Pastor M .Gaudin

Gaudin Mission International

Wednesday, 1 July 2020

UKWIYE KUGWIZA IMBARAGA Z'UMUTIMA WO KWIRINDA IBYAHA BIKORWA HASHAKISHWA UBUTUNZI! Pastor M.Gaudin

UKWIYE KUGWIZA IMBARAGA Z'UMUTIMA WO KWIRINDA IBYAHA BIKORWA HASHAKISHWA UBUTUNZI!
.....................................................



Ubugambanyi
Ubusambanyi
Ubwicanyi
Ubujura, .......

Ibi ni bimwe mubyaha bikorwa hakoreshejwe amafranga(Impongano). Ubona ari amafranga angahe yatuma Wirengagiza Gukiranuka n'ubumuntu, Ukaba muri ba Mpemuke ndamuke nyamara Wishuka, Kuko Uwahemutse ngo aramuke nawe hari Umunsi uba umutegereje naho we atahemukirwa! Ni angahe Wemeye?Wemer Cyangwa Wumva wakwemera?

$1000? 
$10.000?
$100.000?
$1000.000?
$10.000.000?
$100.000.000?
$1000.000.000?
.................................

Iyo Bibiliya ivuga ko Impiya ari Umuzi w'Ibibi iba ishaka kwerekana Iki? Amafranga ayoboye Imibereho ya Muntu, ndetse afite uruhare mumihindagurikire n'imyirwarire yabayafite cyangwa abatayafite mugihe Badashyize Imbere Imana.

Yaba Intambara hagati y'abantu, Amatsinda ndetse n'ibihugu, ashingira Kubutunzi(bubarwa mu mafranga)

Ibaze Imibanire yawe no gushaka ubutunzi, Tekereza Icyatuma Utakaza Ubugingo bw'iteka maze Usabe Imana imbaraga.

Ushobora kuba waremeye angahe ngo Ushnjure umunyabyaha  kandi Ubizi?

Ese Wemeye angahe kugira ngo ushinje ibinyoma abatariho Urubanza?

Wakiriye angahe Kugira ngo Uvushe amaraso atariho Urubanza? 

Wemerewe angahe kugira ngo Wiyicire Umwana?Umugore?umugabo?Umuturanyi? 

Wemerewe Angana iki Kugira ngo Ukore Ibyaha?

Ni iki wasezeranijwe Kijyanye n'Ubutunzi cyatumye Utita ku mahame yo kuba inyangamugayo ,Kugira ubumuntu,Kuvuga ukuri nibindi byiza wagombaga gukora?

Uyu munsi Ndashaka kukumenyesha ko Satani ari Umuterankunga Murugendo ruganisha abantu kurimbuka! Ntacyo atiteguye kuguha Kugira ngo Utakaze Ubusugi, Usenye Urugo,Wice cyangwa Ugambane, Ubeshyere abandi.........Ukwiye Kwanga ibihendo by'ibyaha Ukemera Kurwanya Ikibi, Ukemera Kurenganura Urengana, Ndetse Ugaharanira Kuzahagarara Imbere y'Imana wemye.

Uhemuka ntibimubuza Gupfa ndetse Ushaka gukiza amagara Ye Ntibimuhwanira no kurama. Uyu munsi Ukwiye kumenya ko Ubutunzi Urwanira Igi Ibiguzi wahawe bikuburire umumaro nk'uko Yuda wagambaniye Yesu kubice 30, bitamubujije Gupfa.

Isuzume  kuko Niba Udaharanira kubahisha Imana Muri bike yaguhaye , Satani Yiteguye Kugushoramo Imari Kugira ngo Utukishe Imana, Kuko Ubugome bwose nicyaha, kandi Icyaha nukugayisha Imana.

Nongere Nkwibarize wowe Ubona ari iki Cyagutandukanya Cyangwa Cyagutandukanije na Kristo? Ubunyangamugayo ndetse n'Ubumuntu? Uyu munsi Ndakwinginze Jugunya ibiguzi wahawe, Renganura Uwarenganye, Kwihana nyako Nukwanga Satani n'ibihendo bye Ukabimusubiza! 

Mureke Dutumbire Ijuru! Turwanye Satani nawe Azaduhunga! Mwibuke ko Uwagerageje Yesu atazananirwa Kugerageza abamwizeye(abigishwa)

Uwanyu Ubakunda kandi Ubifuriza ubugingo buhoraho n'amahoro biva ku mwami wacu Yesu Kristo no Kuri Data wa twese.

Pastor M.Gaudin
New Jerusalem Church

Gaudin Mission International

Monday, 8 June 2020

NTARUKUMBUZI UKWIYE KUGIRIRA IBYAHA.

1 Pet 4:3-5

[3]Kuko igihe cyashize cyari gihagije gukora ibyo abapagani bakunda gukora, no kugira ingeso z'isoni nke, n'izo kurarikira no kunywa inzoga nyinshi, no kugira ibiganiro bibi no gusinda, n'imigenzo izira cyane y'abasenga ibishushanyo.

[4]Basigaye batangazwa n'uko muri ibyo mudafatanya na bo gushayisha no gukabya ubukubaganyi nka bo bakabasebya,

[5]nyamara bazabibazwa n'uwiteguye guca imanza z'abazima n'abapfuye.
..................................................................................

Ubu bakwise indindagizi, Kuko Usigaye ujyana na Madamu gusenga, bakwise Umubabiloni kuko waretse Urumogi, Bakwita inganzwa kuko Usigaye Utaha kare ngo Ubane n'umuryango aho kugirobereza mu kabari, wabaye Umuturage kuko Utakimenya Night Club igezweho, Mbese Ntukiri Sharp kuko Utakigendera mubusambanyi nandi mazina menshi bakwita kuko Wemeye Kwihana no Kwakira Umwami Yesu!

Ndashaka kukwibwirira udakwiye guterwa ipfunwe nuko wavuye Murupfu ukaba umuntu, Uyu munsi Ukomere Ushikame kuko Imana yakurobanuye mu magana menshi y'abanyabyaha Ngo Ube Ishuti yayo, Ubwo ni Ubuntu bwagukuye Hahandi wari warazimiriye, Ubuntu bwakurokoye ujye Ubuha agaciro, Bukwigishe kudakumbura ibyaha byahahise, ahubwo ubukuriremo Ugende usa na Kristo kurushaho.

Ndakwifuriza Umugisha nihirwe murugendo rwo Rwo gukizwa no Kwanga Ibyaha. Abaheburayo 1:9.

Yesu aguhe Umugisha

Pastor M.Gaudin
www.newseed4jesus.blogspot.in


Gaudin Mission International

Thursday, 14 May 2020

IGIHE CYO GUKIZWA AMABOKO Y'ABANZI BAWE N'IKINGIKI By Pastor M.Gaudin

Igihe cyo Gukizwa amaboko y'abanzi bawe niki.

Luka 1:74-75
[74]Ko nitumara gukizwa amaboko y'abanzi bacu,Tuzayisenga tudatinya,

[75]Turi abera dukiranuka imbere yayo iminsi yacu yose.

Imana ijya imenya abanzi b'umuntu, Imana Izi imigambi mibi abantu bakugirira rwihishwa, Iyo Uryamye yo yabona ababara bacuragura, Abaroga ndetse ijya Ikubera Mu Nama utatumiwemo, niyo Ijya itegura Imigambi yose Utegwa rwihishwa, Ijya ihangana no Gutatanya abaguye munzira Imwe, ijya inyuranya Indimi n'imigambi mibi kubuzima bwawe.

Imana Ijya Yemera Ko Unyura Mu ntamabara ariko ntizemera ko Uzitsindwa, Imana ijya igucisha mubutayu ariko Ntijya yemera ko Imyambaro yawe ninkweto bigusaziraho, Imana Imenya Abanzi bawe,Intambara zawe, ibikugoye ndetse Ikamenya nibihishwe.

*Niyo yonyine yari Izi ko Yosefu arengana igihe yaregwaga ubusambanyi

*Niyo yari ifite Ukuri Igihe Daniel yari mu mwibo w'Intare

*Niyo Yari Izi agahinda ka Hana igihe Elukana yamubonaga nkuwasinze

*Niyo yari Izi igihe Dawidi azabera Umwami nyuma y'intambara Sawuli yamugabagaho

*Niyo yarebaga Tobiya na Sanibalati igihe bacaga intege Nehemiya

Ndakubwiza ukuri ko ntagasatsi kajya kava ku mutwe itakazi, igihe Cyose imenya Igihe Izagukiriza amaboko y'abanzi.

Igihe cyose ikigushyize mu maboko y'Umwanzi iba igutoza, ibyo Ucamo rero byose bigoye ubuzima bwawe niwo mwanzi wawe, Reka kuririra ahubwo Reba neza Icyo Imana ikwigisha.

Muri gereza Yosefu yasobanuye Inzozi, bituma Akenerwa I bwami, Aho yahuriye nabakoraga Ibwami ni muri gereza, nawe icyo Ubina nka gereza gifungiyemo abakugirira umumaro, Ndakubwiza Ukuri Na Nyuma ya Zero Imana irakora.

Imana ntikorera Mugihe cyacu ariko Irakora. Dawidi yimitswe kuba Umwami nyamara byatwaye Imyaka myinshi aragira, acurangira Sawuli, Sawuli amuhiga ngo amwice nyamara igihe cye gisohoye Aba Umwami.

Reka nkubwire ngo Umunsi wakihijwe amaboko y'abanzi bawe Uzibagirwa umubabaro baguteje, Ibyo unyuramo ubu nk'Ibigeragezo nibyo Bizaguhindukira Ubuhamya bwo Gukora Kw'Imana mubuzima bwawe.

Reka Kwirwanirira, Reka Gutukana, kurakara, komeza umurava, Gira ishyaka mubyo Ukora, Shikama kurugamba Ndakubwiza Ukuri Ruzashira. 

Yesu yaje Mw'Isi, Azi neza ko azapfa,yari azi neza ko Hari igihe Umwanzi we azasa numufite mubiganza, ariko yari azi neza ko nubwo azababazwa, azabambwa kumusaraba, nubwo azapfa agahabwa, Yari azi neza ko Azazuka kandi Akima ingoma.

Mwene Data Imana iracyashyira Ikuzimu igakurayo, Ntahantu Imana itakuzura naho abantu baba baramaze kuguhamba, Hari igihe amaboko y'abantu akuvaho, Ujye Wibuka ko Ay'Imana wizeye akuriho.

Igihe Iyo kigeze Uwavugirizwaga induru avugirizwa impundu, Igihe guhindura Inmbigwari kuba Intwari, Igihe Kimika abami kikimura abandi, Imana Igiye gukoresha Ibihe, Igiti washaka gukoresha Ishoka ngo Ugiteme Imana igiye kucyigusha n'umuyaga.

Niba Wizeye Iki gitondo Umwuka wanjye arahamanya n'Uw'Imana ko Igihe cyo Gukizwa amaboko y'abanzi kigeze. 

Ugiye kwinjira mubihe byo Gusenga Imana, Gushima Imana, Byo guhamya Imana, byo Kuvuga Ineza y'Imana. Akanwa kawe kabonye inkuru, Umuhogo wawe ugiye kuzura Indirimbo, Iki si icyufuzo ahubwo numvise mpambwa iri jambo. Wowe Wizera Imana, Wowe Umaze igihe utegereje, Imana ije Gusihoza.

Hariho Igihe cyo gusezeranya Isezerano nigihe cyo kurisohoza, Kandi igihe cyo Gukizwa amaboko y'abanzi bawe ni iki!

Atura ugire Uti: Mwami Yesu, Ndagushimye ko nagutegereje Kandi nkaba niteguye kwakira Umugisha wanjye. Uzandinde kwibagirwa Ineza yawe ungiriye, Amen

Pastor M.Gaudin
New Jerusalem Church/
www.newseed4jesus.blogspot.in

Gaudin Mission International

Popular Posts

Featured post

When Prayer Meets Fasting, Heaven Moves by Pastor M.Gaudin

When Prayer Meets Fasting, Heaven Moves. Matthew 6:16–18; Isaiah 58:6–12 Supporting Scriptures: Matthew 17:21, Joel 2:12–13, Ezra 8:21–23...