Thursday, 14 May 2020

IGIHE CYO GUKIZWA AMABOKO Y'ABANZI BAWE N'IKINGIKI By Pastor M.Gaudin

Igihe cyo Gukizwa amaboko y'abanzi bawe niki.

Luka 1:74-75
[74]Ko nitumara gukizwa amaboko y'abanzi bacu,Tuzayisenga tudatinya,

[75]Turi abera dukiranuka imbere yayo iminsi yacu yose.

Imana ijya imenya abanzi b'umuntu, Imana Izi imigambi mibi abantu bakugirira rwihishwa, Iyo Uryamye yo yabona ababara bacuragura, Abaroga ndetse ijya Ikubera Mu Nama utatumiwemo, niyo Ijya itegura Imigambi yose Utegwa rwihishwa, Ijya ihangana no Gutatanya abaguye munzira Imwe, ijya inyuranya Indimi n'imigambi mibi kubuzima bwawe.

Imana Ijya Yemera Ko Unyura Mu ntamabara ariko ntizemera ko Uzitsindwa, Imana ijya igucisha mubutayu ariko Ntijya yemera ko Imyambaro yawe ninkweto bigusaziraho, Imana Imenya Abanzi bawe,Intambara zawe, ibikugoye ndetse Ikamenya nibihishwe.

*Niyo yonyine yari Izi ko Yosefu arengana igihe yaregwaga ubusambanyi

*Niyo yari ifite Ukuri Igihe Daniel yari mu mwibo w'Intare

*Niyo Yari Izi agahinda ka Hana igihe Elukana yamubonaga nkuwasinze

*Niyo yari Izi igihe Dawidi azabera Umwami nyuma y'intambara Sawuli yamugabagaho

*Niyo yarebaga Tobiya na Sanibalati igihe bacaga intege Nehemiya

Ndakubwiza ukuri ko ntagasatsi kajya kava ku mutwe itakazi, igihe Cyose imenya Igihe Izagukiriza amaboko y'abanzi.

Igihe cyose ikigushyize mu maboko y'Umwanzi iba igutoza, ibyo Ucamo rero byose bigoye ubuzima bwawe niwo mwanzi wawe, Reka kuririra ahubwo Reba neza Icyo Imana ikwigisha.

Muri gereza Yosefu yasobanuye Inzozi, bituma Akenerwa I bwami, Aho yahuriye nabakoraga Ibwami ni muri gereza, nawe icyo Ubina nka gereza gifungiyemo abakugirira umumaro, Ndakubwiza Ukuri Na Nyuma ya Zero Imana irakora.

Imana ntikorera Mugihe cyacu ariko Irakora. Dawidi yimitswe kuba Umwami nyamara byatwaye Imyaka myinshi aragira, acurangira Sawuli, Sawuli amuhiga ngo amwice nyamara igihe cye gisohoye Aba Umwami.

Reka nkubwire ngo Umunsi wakihijwe amaboko y'abanzi bawe Uzibagirwa umubabaro baguteje, Ibyo unyuramo ubu nk'Ibigeragezo nibyo Bizaguhindukira Ubuhamya bwo Gukora Kw'Imana mubuzima bwawe.

Reka Kwirwanirira, Reka Gutukana, kurakara, komeza umurava, Gira ishyaka mubyo Ukora, Shikama kurugamba Ndakubwiza Ukuri Ruzashira. 

Yesu yaje Mw'Isi, Azi neza ko azapfa,yari azi neza ko Hari igihe Umwanzi we azasa numufite mubiganza, ariko yari azi neza ko nubwo azababazwa, azabambwa kumusaraba, nubwo azapfa agahabwa, Yari azi neza ko Azazuka kandi Akima ingoma.

Mwene Data Imana iracyashyira Ikuzimu igakurayo, Ntahantu Imana itakuzura naho abantu baba baramaze kuguhamba, Hari igihe amaboko y'abantu akuvaho, Ujye Wibuka ko Ay'Imana wizeye akuriho.

Igihe Iyo kigeze Uwavugirizwaga induru avugirizwa impundu, Igihe guhindura Inmbigwari kuba Intwari, Igihe Kimika abami kikimura abandi, Imana Igiye gukoresha Ibihe, Igiti washaka gukoresha Ishoka ngo Ugiteme Imana igiye kucyigusha n'umuyaga.

Niba Wizeye Iki gitondo Umwuka wanjye arahamanya n'Uw'Imana ko Igihe cyo Gukizwa amaboko y'abanzi kigeze. 

Ugiye kwinjira mubihe byo Gusenga Imana, Gushima Imana, Byo guhamya Imana, byo Kuvuga Ineza y'Imana. Akanwa kawe kabonye inkuru, Umuhogo wawe ugiye kuzura Indirimbo, Iki si icyufuzo ahubwo numvise mpambwa iri jambo. Wowe Wizera Imana, Wowe Umaze igihe utegereje, Imana ije Gusihoza.

Hariho Igihe cyo gusezeranya Isezerano nigihe cyo kurisohoza, Kandi igihe cyo Gukizwa amaboko y'abanzi bawe ni iki!

Atura ugire Uti: Mwami Yesu, Ndagushimye ko nagutegereje Kandi nkaba niteguye kwakira Umugisha wanjye. Uzandinde kwibagirwa Ineza yawe ungiriye, Amen

Pastor M.Gaudin
New Jerusalem Church/
www.newseed4jesus.blogspot.in

Gaudin Mission International

Wednesday, 13 May 2020

LESSON ALL FISHERS OF MEN HAVE TO LEARN IN MINISTRY.

*LESSONS WE HAVE TO LEARN IN MINISTRY..*

1. Ministry is patience.

2. Ministry will test you no matter where you start from and what you start with.

3. Ministry blossoms with diligence and faithfulness.

4. Some friends will be needed at different stages but you must be ready to let go when it is time.

5. No one can succeed alone in the ministry, you need mentors & partnership.

6. Give the best at all time you are given opportunity. A well utilized opportunity can boost your ministry forever.

7. You can’t succeed in ministry without copying what has worked for others. Use only good methods after approval by the Holy Spirit to improve your ministry.

8. Some pastors will never respect your calling.

9. Some pastor friends will never accept your personality.

10. Some pastor friends will always focus on your weakness and forget what God is achieving with you.

11. You need discipline to stay alive with the word of God as a pastor.

12. There is a wisdom you will never get until the need arises in your ministry.

13. You must respect those who have gone ahead of you no matter their age.

14. We don’t use age to do ministry.

15. Your classmate can be your ministry teacher.

16. Competition is real on the ground. Up your game to stay in the game. We are fishing from the same pool.

17. Never prioritize anything above the value of a soul in your ministry.

18. Run away from Adultery, alcohol, drinking and lust

19. Put structures in place but be open hearted to the leadings of the Spirit of God.

20. Keep YOUR SECRETS TILL YOU GET A WISE LISTENER WHO NEEDS IT.

21. Every year you will lose important people in your ministry to the exodus.

22. Every year you will get some good fishes into the sheepfold.

23. Grow fast if you want to make impact in the ministry. Equipping yourself is to your own credit.

24. Holiness must be more than a desire but a life!!!!!

25. Guard your heart against money and offenses.

26. Don’t cherish preaching as guest more than staying home to feed the flock you said you love!

27. Be among the top three highest givers in your church. Pay your tithe ALWAYS!!! Redeem your pledges ALWAYS!!

28. Caring for your members is very important, pray for them, text them & visit them to ask for their welfare.

29. Humility will elevate you when others think you don’t qualify. STAY HUMBLE, STAY HUMBLE, STAY HUMBLE!!!.

30. Fasting is non negotiable element for a growing church!!!!

🕇 I felt like sharing this.
Let’s keep learning and do Jesus proud in our generation!!!

Pls send to all  men of God you know, they will surely appreciate you in response for adding value to their ministry.
(2-TIMOTHY 3 VS 16-17.)

Sunday, 10 May 2020

IGIHE NIKIGERA, ICYO UFITE UZISANGA ARICYO N'UBUNDI WARUKENEYE!By Pastor M.Gaudin

IGIHE NIKIGERA, ICYO UFITE UZISANGA ARICYO N'UBUNDI WARUKENEYE!
Kuva 4:2
[2]Uwiteka aramubaza ati “Icyo ufite mu ntoki ni iki?”Aramusubiza ati “Ni inkoni.”

Imana izi ibintu byinshi,  dutunze byatugirira umumaro! Ibyo dufite muntoni cyangwa mu mitima, naho twebwe twaba tutabizi yo izi ibyo yaduhaye, niyo mpamvu igihe cyo ku kugirira neza nikigera izahera kubyo wasuzuguraga maze utangazwe nuko ikuyemo ikintu kinini.

Mose yatunze inkoni  yaciye  mw'ishyamba, ayimarana igihe atazi icyo izakora.....ariko igitangaje nuko mu nkoni Imana yakuyemo inzoka yariye izaba konikoni zose! ndakubwiza ukuri ko niyo nkoni yarambuye ku mazi agatana! 

Igihe cyo gutabarwa, Imana yisigarije ibisa n'Inkoni, n'ibindi mubuzima bwawe, gusa hahirwa abategereza Imana kuko yo yabishatse Igitondo cyawe cyahinduka nkuko sawuli yagiye agiye gushaka intama agasanga Imana yamutegeye mu nzira ngo abe umwami!!!!!! 

Icyo ufite ndetse nicyo uricyo ushobora kuba utabisobanukiwe, ariko Imana izi impamvu yakuremye, nimpamvu yakugize uko, impamvu yaguhuje nabantu, impamvu nkuru Yatumye ITANGA UMWANA WAYO. Imana ntizabura icyo iheraho ngo ikugirire neza Humura

Nubwo twibaza ibyo tubuze kenshi, dukwiye kumenya ko nibyo dusigaranye nabyo byasigajwe n'Imana kumpamvu zayo bwite kuko iyo bitaba uko yabishatse ntituba tukibukwa!

Imana yafashe Inkoni ya mose Iyikoresha ibikomeye, Reka nkubwire ngo Nuha Yesu ubuzima bwawe, Ntuzatinda kubona ko Afata ibisuzuguritse akabihindura iby'agaciro. Iyo igihe cy'Imana kigeze ihishura ibyari muri wowe. Iyo Twirebera mundorerwamo zacu biroroshye Kwigaya, kwiciraho iteka, bitewe nuko twireba ariko iyo Imana ije mubuzima bwacu ibasha kudukoresha ibikomeye. Mose wibonaga nkutazi kuvuga, inkoni yarebaga nk'igiti gisanzwe yaje kuvamo inkoni y'igitangaza.

Akanwa K'abakuvugiriza induru nibo Imana ishobora kuzakoresha bakuvugiriza Impundu, Niyo mpamvu Ukwiye kwiringira Imana kugeza Ubonye Umwuzuro w'amasezerano. Ibyo ubona niba bidasa n'umugambi w'Imana nturambirwe gutegereza Imana.

Ndakwifuriza Itsinzi iturutse mu kuboko kw'Imana kubuzima bwawe.

Pastor M.Gaudin
New Jerusalem Church

Founder/Newseed


Gaudin Mission International

Wednesday, 29 April 2020

UMURIMO W'UBUNTU WEREKANA IMANA N'UBUMUNTU, Pastor M.Gaudin

UMURIMO W'UBUNTU WEREKANA IMANA N'UBUMUNTU.

2Abakorinto 9:12-13

[12]Kuko uwo murimo wo kugabura utamara gusa ubukene bw'abera, ahubwo utera benshi guhimbaza Imana,

[13]bayihimbaza ku bw'ubuhamya bw'uyu murimo mwitangiye, mukemera kugandukira ubutumwa bwiza bwa Kristo, mukagira ubuntu bwinshi bwo kubafasha no gufasha abandi bose.
.......................................
Hari indirimbo bajyaga baririmba, bati: Gira ubuntu nawe gira Ubuntu, Gira ubuntu nyakugira ibintu, Gira ubuntu ndakwinginze, Gira ubuntu wagiriwe ubuntu....

Ntacyo dufite tutahawe, Niyo mpamvu Iyo Turamburiye ibiganza abakeneye ubufasha bwacu, bibaremera ishimwe. Uyu munsi ushobora kuba warahiriwe nyamara kera Waratekerezaga ko bitazashoboka, Niwibuka ibyo Uzirikane ko hari abakubona nkuwabagirira umumaro,mugihe nk'iki Ubuntu bwawe butere benshi guhimbaza Imana, Ntiwafasha bose ariko hari abo wafasha. Imana ntizatubaza abo tutari duahoboye gufasha izatubaza bijyanye nibyo twari duahoboye kuko niyo izi ubushobozi bwacu aho bugadukira. Kuko niyo Iduha Imbuto zo kubiba, Umutsima wo kudutunga ikawutumenyera. 

Ubu ibihugu, Imiryango n'abantu barasiganirwa gutanga inkunga, Bamwe bagamijwe kubahwa kurishaho niyo mpamvu bamwe bahamagara abanyamakuru,abandi inkunga bakayandikaho cyangwa bagashyiraho amafoto yabo nibindi..., Ariko Ndakwinginze Wowe nutanga Uzabe Ugamije kumenyekanisha ineza y'Imana no kwitura Imana ubuntu wagiriwe, Kumenyekanisha Ubwami bw'Imana! Utere benshi guhimbaza Imana aho kuguhimbaza, no kukuramya.

Imana Yiteguye kuguha umugisha, Nawe Ukwiye kwitegura Kuyibera Ukuboko kurambuye kubandi. Ivugabutumwa rikomeye Si amasengesho nibyanditswe gusa, Kugira Ubuntu ni imitekerereze y'Ubwami.

Ibyo dukorera abato muri twe, Tuba tubikoreye Imana. Reka tube maso muri iki gihe buri mwe arebe abamuzengurutse bifuza guhazwa nibiva ku meza yacu ubwa Razaro na wamutunzi.

Uyu munsi Uwo usengera ngo Imana imukorere igitangaza, Cyangwa ngo Imana imuhe ibyo kurya, wasanga Imana ikeneye wowe ngo imwiyereke! Imirimo myiza yacu ni ibitangaza by'Imana kubo twagiriye neza.

Ubuntu bubane namwe n'amahoro Kristo atanga bituganze! Tubyaze amahirwe dufite muri ibi bihe twitoze kugira neza no kugira Ubuntu.

Pastor M.Gaudin
New Jerusalem Church
Founder/NewSeed

Gaudin Mission International

Sunday, 26 April 2020

INTWARO 7 SATANI AKORESHA AKAMURA KWIZERA IMANA MW'ISI. By Pastor M. Gaudin

INTWARO 7 SATANI AKORESHA AKAMURA KWIZERA IMANA MW'ISI. 

Rom 8:35
[35]Ni nde wadutandukanya n'urukundo rwa Kristo? Mbese ni amakuba, cyangwa ni ibyago, cyangwa ni ukurenganywa, cyangwa ni inzara, cyangwa ni ukwambara ubusa, cyangwa ni ukuba mu kaga, cyangwa ni inkota?

1.Amakuba
2.Ibyago
3.Kurenganywa
4.Inzara
5.Kwambara ubusa
6.Kuba mukaga
7.Inkota

Ibi bintu uko ari birindwi twavuga ko bigize itotezwa rikorerwa umuntu wese kwisi, bikorwa na Satani, akoresheje bagenzi bacu,ibihe, nibindi byose kugeza kurupfu. 

Satani ntamuntu akiza abo abwira ngo nibamuramya azabakiza ntabikora iyo umaze kumuramya arushaho kugutoteza, Satani agukangisha imibabaro kugira ngo wihakane Imana wamara Kwihakana Uwakakurengeye Satani akagutoteza Iteka.

Mubihe bitandukanye abizera Imana, na Kristo bagiye basabwa kwihakana Yesu, guhakana Ijambo rye, guhakana Imana yaremye Ijuru nisi, Satani yakoreshaga abantu bagatoteza abandi, bakabicisha inzara,  bakabakubita,  bakabahemukira kugeza babishe bakavanwa mumubiri, kuko ibi byose twabonye nintwaro zo kugamburuza kwizera. 

Ibi byose bijya bigera kubantu kandi bigamije gutuma abantu bihakana Imana ariko Yesu yasize avuze ati Mwisi mugira Imibabaro ariko muhumure nanesheje isi. Hahirwa Uwihangana akageza imperuka, Uwo ntacyo azatwarwa n'urupfu rwa Kabiri. Ntimugatinye Uwica Umubiri ahubwo mutinye ubasha kurimbura ubugingo. Komera Ntugamburuzwe nibyo Satani akugerageresha numara gutsinda Uzambikwa Ikamba ritangirika. 

Paulo yagize ati Niki cyadutangukanya nurukundo rwa Kristo, avuga biriya byose ntiyari yirengagije ko aribyo bigira uruhare mugutoteza abantu ahubwo yashakaga kwerekana Imbaraga zikomeye zituma tudakurwa umutima nibyo ahubwo dushira amanga tukabasha guhagarara Mugihe cyose duhuye nibiruhanya byuburyo butandukanye. 

Amahoro n'ubuntu Kristo atanga bibe muri mwe!

Pastor M. Gaudin
New Jerusalem Church/Founder,Newseed.

Gaudin Mission International

Saturday, 25 April 2020

UBWOKO 4 BW'ABUMVA IJAMBO By Dr Fidel MASENGO

UBWOKO 4 BW'ABUMVA IJAMBO
————————————
Nifashishije icyanditswe kiri muri Matayo 13:18 aho Yesu yasobanuye umugani w'umubibyi.

Icanshimishije ni ukuntu Yesu yagaragaje ko ababwirwa bose atariko bumva, ko abumva bose atariko baba bumvise koko, ko 'abumvise bose bataba basobanukiwe.
Ndetse ko n'abasobanukiwe bose Ijambo ritabaha kwera imbuto (kubahindura).

✅ Umutima ugereranywa n’ubutaka bwo ku nzira (ku muhanda). Nta bubiko uwo mutima ugira bw'ijambo. Ni indangare. Iyo riwugezemo ntiritindamo! Wumva ijambo ritambuka! Ba numva rihita! Utekereza ko yari mu materaniro ariko wamubaza ibyavuzwe ati twafashijwe. Mwafashijwe n'iki? Ati uno munsi hari umunezero! Ati higishijwe iki ntabwo mbyibuka neza. Akubwije ukuri yavuga ko ntacyo yumvise! Bahaba badahari!

✅  Umutima umeze nk’ubutaka bw'urutare/ akara. Wakira ijambo unezerewe (nawe arafashwa/ rikora ku marangamutima). Akiva aho yaryumviye ararivuga, akaritangaho ubuhamya. Bene aba bantu iyo muhuye bavuye mu materaniro bakubuza amahoro bagusubiriramo. Ariko bafite ikibazo cy'imizi. Babwiriza ku cyaha akumva aribyo ariko yahava akabura imbaraga zo kukireka. Bafata ingamba ninshi zo gukora ibyo ijambo rivuga (Noneho nzanjya ntanga 1/10, ndareka inzoga, ndagabanya amagambo mvuga, sinzongera kujya ndakara,...ariko hashyira iminsi 3 cg icyumweru ugasanga yasubiyemo mu buzima bwa mbere y'Ijambo! Ni ku kara. Nta butaka bw'Ijambo! Ntahamye! Ntiyakomera adashinze imizi!

✅ Umutima umeze nk’ubutaka bwamezeho amahwa. Ijambo riwugeramo. Rishinga imizi, rikamera. Araryumva kandi yagize amahirwe yo guhabwa inyigisho z'urufatiro ariko ikibazo cye ni "environment" akoreramo. Ijambo  ritangira gushora imizi, nyiri kuryumva agaterwa n'ibibazo bimutera guhuga,  amaganya yo muri ubu buzima! Mbese ribura uburyo ryisanzura. Aba bantu turabatunze mu matorero. Bazi neza ukuri kw'ijambo ariko ntibemera ko kubahindura. Baravanga! 

✅ Umutima ugereranywa n’ubutaka butunganye. Ugereranywa n'ubutaka buteguwe neza, bufumbiye kandi bubagariwe. Uyu mutima wahinduwe n'ijambo. Urumva kandi ugashyira mu bikorwa. Imbuto y'Ijambo yose iwugezemo irawuhindura, kandi impinduka igaragarira wese. Uku niko kwera imbuto: urukundo, ubugwaneza, ingeso nziza, kwihangana...

Nyuma yo kumva iyi mitima wisanze he? Isuzume numara usabe ko Imana ihindura umutima wawe.

Mugire umunsi mwiza mwese! 

©️📩Devotion shared by Dr. Fidèle MASENGO, Foursquare Gospel Church Kimironko



Gaudin Mission International

Friday, 24 April 2020

UBWOKO BUTATU BW'ABANTU BABA MUNSENGERO BATAZAZINJIRA MU BWAMI BW'IMANA. Pastor M. Gaudin

Yuda 1:11
[11]Bazabona ishyano kuko bagendeye mu nzira ya Kayini, bagahomboka birukanka batirinda, bakiroha mu cyaha cya Balāmu bohejwe n'ibiguzi, bakarimbukira mu bugome bwa Kōra.

Si rimwe si kabiri Imana iburira abantu kureka Ibyaha, kuko ntacyiza cyibyaha uretse kurimbuza ubungingo bwababyihebeye,  Uwiyegurira gukora nabi ntibimurinda nubwo yarara Ahiga abo yica nawe, azamera nk'igiti kigwa nawakigeze intorezo! Uwicisha abandi inkota nawe azayicishwa,  Muri make reka mvuge ko dukwiye Kwirinda Ibyaha kuko ntibibasha kurengera ababikora uretse kurimbuza ubugingo bwabo!

1.Abagendera Mu Nzira ya Kayini: Aba ni abantu bahiga ubugingo bwabagenzi babo, babaziza ubusa,Ishyari....Ni abantu bashimishwa no kumena amaraso Gusa,bica umuhisi numugenzi,  kuko ntibaziza abandi ibyo batunze, kuko aba rwose bica umukene umukire,  umusore numusaza,  aba ni abantu bihebera Uburozi, cyangwa kumena Amaraso, aba nubwo baziko batazaragwa ubwami bw'Imana bashobora no kuba munsengero bajijisha! 

2.Abantu biroha mucyaha cya Balamu: Balamu yari azwi nkumuntu wakwatura ikintu kikaba, ariko yakoreshwaga nibiguzi, akavuma abantu niyo mpamvu Yamutumyeho ngo amuvumire ubwoko bw'Imana, aba Bantu ubasanga ari abanyempano ariko bazikoresha bahemukira abantu Kurusha abo bagirira neza,kuko Imitima yabo iba Ishaka ubutunzi bahora biteguye guhemuka nubwo baba baziko ibyo bakora ataribyo,  balamu nubwo Imana yamubuzaga kuvuma ariko  we nicyo cyari cyamuzanye, Ndetse mubyahishuwe berekana ko Balamu ariwe watumye ubwoko bw'Imana bugwa mucyaha cyubusambanyi! Aba banyempano nibo bakwirakwiza imyuka mibi mumatorero bikazanira itirero kugawa, kuko aho gukoresha impano munyungu z'umurimo bakoresha ubwo bubasha munyungu zabo cyangwa kurinda ibyabo, akenshi ntibatandukanywa nabarozi kuko nubwo baba batica bagira ururimi rwatura Umuvumo Kubatariho urubanza cyangwa abo batiyumvamo aho kwatura Umugisha, reka ariko nkumare impungenge,  Igihe cyose umugisha cyangwa umuvumo bakwatuyeho,  bizagira ingaruka bitewe nuko ubanye n'Imana kuko umuvumo wubusa utumuka nk'umuyaga. 

Nubwo babizi ko batazaragwa ubwami bw'Imana babayeho munyungu zabo, abo rero bakoresha amarangamutima yabo mugukoresha Impano z'Imana kandi bariho benshi,  nawe,ushobora kuba Uheruka guhura Nabo.

3.Abantu bagira Ubugome nkubwa Kora: Mugihe abisirihali Bari mubutayu Kora nabagenzi be bigimetse kuri Mose, Aba Bantu bameze batya baba mumatorero bateza intambara baba barwanira icyubahiro ngo bashaka kuyibora,  bashaka ama title, cyangwa ibindi, bigomeka bidafite impamvu babiterwa nubugome, aba basenya amatorero, bahimba ibinyima, bateranya abavandimwe cyangwa umugore numugabo,  bahorana amakimbirane kubijyanye n'ubuyobozi bwatoranyijwe n'Imana! 

Aba ntibatinya Gushaka Uwabimika kubw'apotre kubu bishop, ubu Pastor naho baba batanze amafranga aho gutiranywa n'umwuka w'Imana bo ubwabo barwanira gutoranywa, kuburyo iyo Utabikoze nkuko babishaka baragumuka.  Ahari nawe urabazi bashinze amatorero nazaministere babitewe nuwo mwuka Wa Kora. 

Ibi byaha byose birakorwa kandi ikibabaje bikorerwa Ahera, Niyo  mpamvu Uzumva Abashumba cyangwa abiyita a b a Kris to,  bashijwa Ubwicanyi, Uburozi,Cyangwa Kwigomeka!  

Reka nkubwire ko Imana igenzura Imitima ariyo Imenya neza abantu nibyo bakorera mu murimo, Izi neza ibyo ukora nuko ubikora ndetse n'impamvu ubikora.  Imenya ibihishwe ndetse nibyo abantu batamenya kuko ibikorwa byose bibi bikorerwa mw'ibanga cyangwa mu mayeri akomeye.  Niyo mpamvu Imana izaca imanza,  kuko abantu Ntitwabasha guca Imanza zitabera,  kubera ko ntituba dufite amaso areba mu mitima nk'Imana. 


Imana Izi abarozi muturanye nubwo wowe utabazi,  Imana Izi abashumba biyimitse nubwo wowe utabazi,  Imana Izi amagambo bakwaturaho utambutse nyamara bagusuhuje baseka, Niyo mpamvu ukwiye kurushaho kuyiringira. 


Ibi byose mbabwiye nukugira ngo abizera Imana byukuri mushire amanga kuko Gushira Amanga kwanyu ni ikimenyetso cyo kurimbuka kwababandi biyitirira Izina ry'Imana, Nikoko ngo bashobora no kwisanisha nabamalayika b'umucyo nyamara ari inkozi z'ibibi. 

Kwihana Niko kuzana agakiza,  Guhemuka ntibizarengera Umuhemu Mugihe cyo gusumirwa n'amaboko y'Imana. 

Torero ry'Imana,  mukumbi mugari w'Imana,  tugeze mubihe bigoye ariko bishoboka ko twakwezwa kurushaho kuko utejejwe atazabona Imana. mwibuke ko abavuga ngo mwami mwami,twakoraga ibitangaza nibindi mwizina ryawe azababwira ko atigeze abamenya, kuko bakoresha Brand ya Yesu  munyungu zabo bwite!!!


Imana ibahe umugisha

Pastor M. Gaudin
New Jerusalem Church/Founder,Newseed.

Gaudin Mission International

Tuesday, 14 April 2020

YADUTUNGIYE MU MAKUBA YACU KUGIRA NGO TUZAGIRE ABO DUTUNGIRA MU MAHORO YACU.(Pastor M. Gaudin)

2 Samweli: 9:3
Umwami aramubaza ati “Harya nta wukiriho wo mu nzu ya Sawuli ngo mugirire imbabazi z'Imana?”

Ineza Yose Imana yatugiriye n'uburinzi yadushyizeho, muntambara, munzara, mubukene, mubushomeri, mubyago, mumakuba n'ibindi,  yashakaga ko mugihe nk'iki Tugira abo tubera umugisha muburyo bumwe cyangwa ubundi. 

Ibyo Imana yagutungishije mubutayu naho wibwira ko bitari bihagije nibyo byari bikenewe Cyane icyo gihe kuruta ibyo warurakiriye, kuko ntamuntu watungwa n'ibiryo ararikiriye adafite ahubwo atungwa nibyo Agaya Bimuri iruhande, Ujye ushimira Imana ibyo Ufite mugihe utegereje ibyo urarikiriye kuko Imana  niyo iha Umubibyi imbuto n'Umutsima wo kumutunga mugihe agitegereje umwero w'ibihe bizaza! 

Ibyo Imana yagutungishije byasaga nibidahagije mubihe bikomeye nibyo byagusunitse kugeza Muri iki gihe ufite ibihagije,  numara kurya ibyo wahinze ntuzibagirwe ko wigeze gutungwa na Manu cyangwa ngo wibagirwe ibikona byakuzaniraga umutsima ndetse nakakagezi wavomeragaho Muri cyagihe Karuta amariba wifukuriye mugihe cy'amahoro. Akagezi wavomeragaho mugihe cy'amakuba Karuta amariba wafukuye mugihe cy'amahoro, ntukibagizwe Imana nibihe byiza Ugezemo, ahubwo ujye Uyihimbariza ko Mubutayu yaguhaye amazi unyotewe. 

Imana yagutungiye munda ya Mama wawe, ntukayibagizwe Nuko Umaze kuvamo Umugabo w'intarumikwa,  ujye wibuka ko Hari ibihe wanyuzemo Uri Uruhinja rubeshejweho n'impuhwe z'abandi, bizakurinda guhutaza abahwanyije nawe ibigango aho kubahohotera witwaje Imbaraga ubarusha,  Uzabarengera mu makuba nk'uko nawe ukiri Uruhinja warengewe na benshi,  ushobora kuba ugeze aho, warahungishijwe Nka Yesu, ushobora kuba warahishwe nka Mose,Igihe cyawe cyo kugira Umumaro abanyantege nke,  ntikigahundukire Igihe Cyo guhutaza abo Uzirusha, no Gusuzugura abatarahirwa nkawe. 

Uwo Imana yagaburiye mu bihe by'amakuba, niwe ukwiye kugaburira abandi mugihe nk'iki, Uwo Imana yarokoye akwiye kurokora abandi,Uwo Imana yatabaye akwiye gutabara abandi, Uwo Imana yahaye Umugisha akwiye kugira abo abera umugisha, Reka nkubwire ko mugihe wari ukeneye Umutabazi, uwaguha amazi cyangwa ibyo kurya, Imana yahagurukije umuntu ku bwawe,Uyu munsi niguhagurutsa ku bw'abandi uyumvire kuko Nikenshi dusaba ngo Imana ikorere abandi ibitangaza yabuze abakwemera ko ibibakoresha! Igitaza cy'undi gihishwe mukiganza cyawe, nkuko igitangaza cyawe cyigeze guturuka mukiganza cy'abandi. 

Kwibuka Ineza y'Imana bituma tutikubita kugatuza,  ndetse bituma tutaba nka wa Mugani ngo Ukize ububwa abakubitira abandi"ahubwo twibuka mu gihe cyo gufashwa kuzifasha ko Imana yahabaye, natwe rero dukwiye guhaguruka tugakomeza abandi mubyo tumaze gukomeramo! Kuko Niko kuzirikana ko kubaho kwacu Imana yabigizemo uruhare!  
Ushobora kuba umaze kugwiza Imbaraga z'umutima, Ushobora kuba Umaze kugwiza Imbaraga z'Umubiri, ushobora kuba umaze kugwiza Imbaraga z'amafranga, ushobora kuba Umaze kugwiza Imbaraga zo gusenga, cyangwa Ikindi cyose cyafatwa nk'icyo urusha abandi! Si Igihe cyo kwikubita kugatuza ahubwo nigihe cyo Kugira abo wereka Imbabazi z'Imana, kuko nawe wazeretswe mu bihe bitandukanye! 

Imana Iguha umugisha,kugira ngo Numara gukomera Ukomeze abandi.Kuko icyo urusha abandi sicyo kubakandagiza ahubwo nicyo kubafashisha kubwo kwibuka ineza y'Imana wagiriwe! Uyu munsi ushobora kuba uvuga uti icyampa nkabona wawundi wangiriye neza kuko uwakuriye neza wese ahari Siko wamushaka ngo umubone, ariko nawe wagirira ineza utakuzi nkuko uwayikugiriye Atari akuzi!

Imbaraga zawe ujye uzikomeresha abandi mu ntege nke zabo, kugira ngo muntege nke zawe uzabone abagumeza mugihe cy'imbaraga zabo! Ihame nuko Imana idukomeza mu makuba yacu kugira ngo mu gihe cy'amahoro yacu Tuzakomeze Abari mu kaga nkako twabayemo!

Imana iguhe umugisha wo kubera abandi umugisha. 

Pastor M. Gaudin
New Jerusalem Church&Founder/Newseed

Gaudin Mission International

Monday, 13 April 2020

NI WOWE UZOMORA ABAGUKOMEREKEJE! (Pastor M. Gaudin)

Itangiriro: 50:20

Ku bwanyu mwari mushatse kungirira nabi, ariko Imana yo yashakaga kubizanisha ibyiza, kugira ngo isohoze ibi biriho none, ikize abantu benshi urupfu.

Ni kenshi abantu baca mubibazo, mu ntambara cyangwa Imanza bashowemo n'abandi, ni kenshi mubuzima, Ubugambanyi kubeshyerwa no guhimbirwa ibyagucisha umutwe bikorwa n'abantu batandukanye, batakwifuriza ibyiza cyangwa bagufitiye ishyari ryibyo wagezeho cyangwa bakakuziza yewe niyererwa cyangwa inzozi zitarasohora! 

Ibi byose byabaye Kuri Yosefu ubwo yangagwa nabenese, bakamugirira Ishyari kubera inzozi yagiraga maze nawe akazibarotorera numutima mwiza atazi ko bamugirira ishyari yewe no kubintu bitaraba,  ibi byose byamuviriyemo kugurishwa nk'umucakara mugihugu cya egiputa!

Ibi byose nubwo byabaye ntibyabujije umugambi w'Imana gusohora, nubwo Bari baziko azapfa ntiyapfuye, umugambi w'Imana waje gusohora kuko Imana ntibeshya. Yobu yagize ati:Nziyuko ushobora byose, kandi ntakibasha kurogoya umugambi wawe Yobu 42:2.

Intambara zose dawidi yanyuzemo ntibyamubujije kuba Umwami,  Imibabaro no gufungwa ntibyabujije Yosefu kuba ukomeye Muri Egiputa,  Ibirego bya Satani ntibyabujije yobu kugororerwa ibiruseho, Imyaka aburahamu yamaze ari ingumba ntibyamubujije kuzaba sekuruza wabizera, nubwoko bwa Isiraheli,  Amagambo ya Penina ntiyabujije Hana kugira Abana. 

Imana idukiza muri ayo makuba yose kugira ngo Nimara kutwomora, twomore abadukomerekeje! Niwowe Yosefu Muri iki gihe no mugihe kizaza! Usubije Amaso inyuma wasanga Imana yarahabaye, kuburyo Imigambi mibi y'Umwanzi itasohoye. 

Ikindi nakubwira niba haribyo unyuramo ubu umenye ko Imana izasohoza icyo yakuvuzeho,  waca mubikomeye, wakomeretswa nabantu, umenyeko igihe kizagera,  Ibyo unyuramo bigukomeretsa nibyo bizagufasha komora no kugirira neza Benshi. Komeza Wizere Imana itajya ineshwa.

Uwagambaniye Yesu yari aziko birangiye,  abamushanyaguriye Bari baziko Imana yamuretse,  abamubambye Bo bati Niba ari Umwana w'Imana niyikure kumusaraba,  abamushyize mugituro, nubwo bakirindishije abasirikare ntibyamubujije kuzuka,Inkuru yamamara hose Yuko Yazutse!  Natwe turi abagabo bo guhamya Ineza twabonye kuko Yazutse!

Kuri iyi Pasika, Imana izure ibyawe, ntiyemere ko Abamaze Kuguciraho iteka ry'Imigambi mibi baririmba intsinzi. Satan,Abadayimoni,Isi bimenyeko Yesu wawe atakiri mumva! "Hari indirimbo igira iti: Niwowe mugaba dufite,Dukubitire Satani" 

Mbifurije Pasika Nziza! 

Pastor M. Gaudin
New Jerusalem Church


Gaudin Mission International

Kurikira inyigisho ya Pasika(Pastor M. Gaudin)

Gaudin Mission International

Dutanga ihumure Twahawe na Yesu(Pastor M. Gaudin)

Gaudin Mission International

Mwihane kuko Ubwami bwo mw'ijuru buri Hafi (Pastor M.Gaudin)

Gaudin Mission International

Thursday, 26 December 2019


HARI IRINDI ITERAMBERE UKENEYE KUGERAHO MURI 2020*

*Abaheburayo 6:1*- Ni cyo gituma dukwiriye kuba turetse guhora mu bya mbere bya Kristo, tukigira imbere ngo tugere aho dutunganirizwa rwose, twe kongera gushyiraho urufatiro ubwa kabiri ari rwo kwihana imirimo ipfuye no kwizera Imana, cyangwa ngo twongere kubigisha ibyo kubatizwa no kurambikwaho ibiganza, no kuzuka kw'abapfuye n'iby'urubanza rw'iteka. 

Nyuma y'iminsi mikuru ya Noeli, numvise nakwifuriza buri wese gukomeza kwishimira kuza kwa Yesu mu isi ariko nsanga ari na ngombwa kwibutsa ko tugomba kuva ku bya mbere bya Kristo.

Abantu bo muri iki gihe bashishikajwe n'iterambere kandi ni byiza. Abatari baragize amahirwe yo kwiga basubiye mu mashuri bakuze. Aho nigisha muri za Kaminuza mpura n'abiga bafite hejuru y'imyaka 60! 

Abantu barakora cyane ngo batere imbere mu bucuruzi. Abagore n'abagabo  batagiraga akazi ubu barikorera.
Mu ikoranabuhanga nababwira iki? Abasaza barengeje 70 bafunguye accounts za Facebook, Twitter, bari kuri what's up...Nta muntu usinziriye ubu.

Ikibabaje ni uko iterambere duharanira ahandi tutarishyira no mu kumenya no kwegera Imana.
Abantu baracyari mu bya kera babwiwe...Noheli ya kera y'imihango gusa yo kurya no kunywa gusa no gutaka amazu!

HARAGEZE ko buri wese aharanira kumenya neza ukuri ku Mana ndetse no kubaka ubusabane nayo.

Ndagushishikariza iterambere mu kumenya Kristo. Va mu bya mbere wabwiwe urusheho kumenya!

Mugire Umunsi mwiza wo gufunga impano “Boxing day”!

Mugire umunsi mwiza mwese! 

© *Devotion posted by Dr. Fidèle MASENGO,* Foursquare Church Kimironko


Gaudin Mission International

Monday, 9 December 2019

LOTI YUBAHIYE IMANA I SODUMU NTUZANIRWE KUYUBAHIRA AHO URI HARIYA NAWE IZAKURENGERA.

LOTI YUBAHIYE IMANA I SODUMU NTUZANIRWE KUYUBAHIRA AHO URI IZAKURENGERA.
2 Petero 2:6-7
[6]kandi ubwo yaciriye ho iteka imidugudu y'i Sodomu n'i Gomora iyitwitse ikayigira ivu, ikayishyiraho kuba akabarore k'abazagenda batubaha Imana,[7]ikarokora Loti umukiranutsi, wagiriraga agahinda kenshi ingeso z'isoni nke z'abanyabyaha.

Ubuzima butubanisha n'abantu tudahuje Imico, imigenzo cyangwa imyifatire, hari abo mwigana, mukorana, muhurira mubintu bitandukanye ariko wowe ukijijwe. Imana yasezeranije ubugingo abayubaha. Kubahira Imana ahantu huzuye ibyaha n'ishingano zacu twese abayimenye.

Imana izi agahinda Uterwa nibyo ubona udafite kugira icyo uhindura, Buri gihe siko umuntu aba ari ahantu yahindura, Loti Imana yamurebaga I sodomu, Aho amategeko agenga Sidomu atagize uruhare mukuyatora, Muri make Igihe Majority ariyo Iyoboye Umukiranutsi mwisi ni minority! Iyo wisanze Ahantu hameze gutyo udafite ububasha bwo kuhahindura wowe Ukwiye GUHINDUKA.

Ni kenshi Ubuzima bwo gukizwa, Bamwe batubona nkaho twibabaza, kuko Uko Umubiri ushatse gukora Icyaha siko tugomba kuwemerera. Uko Ugize icyaka siko Ugotomera Inzoga, Uko Ubonye Umukobwa siko wirukira gusambana nawe, Gukizwa ni ukubaho Ubabaza kamere kugira ngo Ushimishe UMWUKA W'IMANA Uri muri wowe.

Iyo mibereho Ubayeho yo kwirinda ibyaha, Yo kwirinda kugambana, kuroga, kubeshyera abandi, gusambana nibindi byose kamere irarikira nicyo gituma Izagukiza ikagukura Aho wisanze hakubereye nka Sodoma. Nicyo gituma Yesu atadusabiye Gukurwa mw'isi ahubwo yasabye ko tuyirindirwamo. Ndakwifuriza kudasa nibikuzengurutse ahubwo ugasa n'uwo wemeye. Imana ntiduha Umugisha kubera aho turi ahubwo Uwuduhera Ikiturimo. Hari Ijambo nkunda rigira riti kuko Yankunze akaramata, Nicyo nzamukiriza, zaburi 91:14, Igihe Cyose Ubuzima bwawe Ugambiriye kubahisha Imana aho abandi bayisuzugurira, Imana Ntiyabura Kuzagutarura muri Ayo makuba.

Ndakwifuriza kubahisha Imana aho wisanze, Nubwo Wireba Ukabona Uzengurutswe n'abantu benshi batubaha Imana, kandi baba badashaka no kukumva. Imana Izagutabara Vuba bidatinze.

Gaudin Mission International
Gaudin Mission International

PRAIZY FAITH

Gaudin Mission International

Sunday, 27 October 2019

MU IJURU HARI IMANA IREBA By Bishop Fidel Masengo

MU IJURU HARI IMANA IREBA

Itangiriro 16:13
Ahimba Uwiteka wavuganye na we izina ati"Uri Imana ireba." Ati"Mbese Indeba nayiboneye na hano?" 

Mu minsi yashize naganiriye n'umuntu ucitse intege cyane kubera ibibazo by'urushako. Nyuma yo kumbwira ibibazo byinshi afite, naribajije ati koko Imana irareba uyu muntu? Kubera kubabazwa n’ibyo yambwiye nageze aho ntekereza ko akarengane n'indiri y'ibibazo arimo Imana itabireba.

Ahari wowe usoma ubu butumwa ujya ugera aho wibaza niba Imana ikureba, niba ireba ibyawe! Niba ariko bimeze, nifuje ko tuganira ku gisubizo cy'icyo kibazo urimo kwibaza binyuze mu ijambo nise "Imana ireba".

Abantu benshi bazi inkuru ya Hagari, bazi ko yari umuja wa Sarayi, umugore wa Aburamu (Aba baje guhinduka Sara na Aburahamu). Benshi bazi uburyo nyirabuja yamushingiye umugabo we kubw'inyungu zabo, amaze gusama inda, bakamufata nabi kugeza ahunze akerekeza inzira y'ubutayu.

Umuntu wese ushyira mu gaciro yatekereza akababaro n'akarengane ka Hagari. Mu magambo make dore ibyamubayeho:

- Yisanze ari umuja wa Sarayi (abaja ntibagiraga ijambo, bafatwaga nk'ibikoresho);

- Nk'umuja wese yubahaga nyirabuja n'umugabo we;

- Yari umukobwa muto utaratekerezaga ko yahinduka umugore w'umusaza w'imyaka 86 (Itangiriro 16:16);

- Hagari ntiyakunze Aburamu ahubwo bamushingiye ku gahato kuko nta jambo yagiraga kd ntawari kumuvugira;

- Hagari amaze gusama inda y'uriya musaza, yifashe nk'umugore mu rugo n'ubwo nyirabuja we yarakimubona nk'umuja...Aha niho gusuzugurana byavuye;

- Mu buryo butunguranye, Hagari yameneshejwe n'abo yibwiraga ko akemuriye ikibazo gikomeye cy'urubyaro;
- Hagari wari utwite yerekeje inzira yo mu butayu (nta nzu, nta mazi, nta biryo, ahantu hadatuwe...nta mubyaza...).

- Mu kwangara kwe, nta kindi yatekerezaga uretse akarengane n'urupfu yabonaga imbere ye. 

Ibi nibyo byatumye yibaza niba Imana imureba. Ati koko Imana irambona? Irareba aka karengane? 

Mu gihe yibazaga ibyo bibazo, nibwo yahuye na Marayika w'Uwiteka.

Ndasubiye mu biganiro byiza bagiranye, nashimishijwe n'uburyo ikibazo nyamukuru cya Hagari cyashubijwe bikamuviramo guhimba Imana izina ngo "Imana ireba".

Nifuje kukubwira wowe usoma iri jambo ko Imana yawe ireba. Ya Mana yabonye Hagari iracyareba, irakubona, irareba ibyawe, irareba ibyo unyuramo, izi neza aho uva, aho ujya n'aho ugeze. N'ubwo wibaza ko atariko bimeze, irakureba aho nyine uri n'uko uhamereye.

Mu nyigisho y'ejo nzagaruka ku mpamvu zigaragaza ko Imana ikureba. 

Mugire Umunsi mwiza.

Dr. Fidèle Masengo,
The CityLight Center, 
Foursquare Gospel Church

Gaudin Mission International

Wednesday, 16 October 2019

IMANA ISHAKA ICYIZA MU KIBI, ABANTU BASHAKA IKIBI MU CYIZA😳

IMANA ISHAKA ICYIZA MU KIBI, ABANTU BASHAKA IKIBI MU CYIZA😳

Mubuzima dufite abatwumva, Dufite abadukunda, dufite abakunda ko dutera imbere,dufite abishimira ibyo tugezeho, dufite abihanganira amakosa yacu yewe dufite nabaduha umwanya wo kwikosora ARIKO Dufite n'abadusuzugura,abataduha agaciro, abatwanga, abaturwanya, abatuvuga nabi, Yewe nabadashaka kumva aho tuvuga!

Amahitamo yacu rero Buri Umunsi niyo agenga uko twirirwa twishimiye abadukunda, duha agaciro abakunda ibyo dukora, dushimishwa nabatuvuga neza, Duha agaciro abaduha umwanya wo kwikosora, ndetse dusangira nabishimira itsinzi yacu CYANGWA tugahitamo Kwigunga, kubabara, kwiyanga kubera abataduha agaciro, Kumva Uguwe nabi  kubera gutukwa na bamwe, yewe no Kwiyahuzwa n'ibitagenda neza mubuzima!!

Ukwiriye kumenya ko mubibi byinshi tujugunya, ibyo bamwe dufata nk'umwanda abandi babibonamo Imari, Ibyo tudashaka no gureba abandi babibona nk'ibyavamo ubuzima, ni kenshi wita kucyo abantu bavuga, Uko bakubona, Uko bakwifuza Ukibagirwa kureba icyo ushaka kugeraho! Icyo turwanira kirusha agaciro abaturwanya niyo mpamvu tudacibwa intege n'umubare w'abaturwanya, ahubwo Dutumbira kugera Ku ntsinzi y'icyo duharanira!

Haranira kubaho ubuzima bufite Intego, Ntiwaba byose abandi bakwifuzaho ahubwo hari icyo Uricyo, Uri uwo Imana yaremye, kandi Buri kimwe cyikugize gifite abo gifitiye akamaro! Ibyo Ucamo, yaba intege nke, Cyangwa Ibyaha, Byose Imana ntacyo Ipfusha ubusa Iyo wayemeye, Kuko munkovu zawe Imana yakuramo Ubuhamya.

Imana Ishishikajwe n'ibyiza byawe bike mubibi byinshi Ariko abantu bashishikajwe n'ibibi byawe muri byinshi byiza!

Niyo mpamvu Imana idukunda Uko turi twaba bazima cyangwa twaba Dupfuye turi abayo! Imana yishimira Itsinzi yacu kuko ntiyatugirira Ishyari, Imana ijya ibera maso impumyi, Ikabera amaguru abatayafite, Ikavuganira abadafite Ijambo, Igasingirira abatakwikoreramo! Niho ibera Imana natwe bidutere Kuyiramya!

Ndabakunda!

Pastor M.Gaudin/NJC
www.newseed4jesus.blogspot.in

Gaudin Mission International

Wednesday, 9 October 2019

HARI IGIHE CYO GUFATA UBUSA N’IGIHE CYO GUFATISHA


HARI IGIHE CYO GUFATA UBUSA N’IGIHE CYO GUFATISHA

Luka 5:5 - 6.
Simoni aramusubiza ati"Databuja, twakesheje ijoro dukora cyane, nyamara nta cyo twafashe. Ariko kuko ubivuze reka nzijugunye." Babikoze bafata ifi nyinshi cyane, ndetse inshundura zabo zenda gucika. 

Nyuma y’inyigisho turimo kwigaho ivuga ku kumenya neza IGIHE n’uburyo bwo kugihagararamo, nifuje kubasangiza  isano riri hagati yo guhura na Yesu n’ukwakira igitangaza umuntu yifuza. 

Nasanze incuro ninshi mbere yo gukora igitangaza, Yesu yaragiye aha abantu ikizamini cyo kumvira. Ingero: Ni mukureho ibuye; Ni mujugunye inshundura mu mazi; Ni mwicaze abantu mu bagaburire; Genda wiyuhagire mu kidendezi cy'Isilowamu, etc.
Bityo rero Iyo igihe cyo kumvira gisimbuye icyo kwinangira ibintu birahinduka.

Simoni Petero na bagenzi be bari bakesheje ijoro ryose baroba ariko ntacyo bafashe. Bari bazi inyanja....bari abarobyi babimenyereye. Icyo cyari igihe cyo gufata ubusa! Ntawe kidashobora kugeraho! 
Yesu ahageze ibintu byarahindutse. Ntabwo Yesu yabasabye ikintu gikomeye cyane. Yabasabye kumutiza ubwato. Arangije kwigisha abasaba gutsura ubwato imuhengeri!  Ntabwo ubwato bwahindutse, ntabwo inyanja baroberagamo yahindutse, ntabwo inshundura zahindutse, nta n'ubwo abarobyi bahindutse,....ariko igihe cyari cyahindutse ndetse  n’imyumvire yarahindutse. Iyo igihe cyo gufatisha kigeze, Nta kintu kitumvira: Inyanja, Ifi, etc.

Petero na bagenzi be  bahoraga baroba mu Gihe cyabo...ariko noneho barobye mu gihe cya Yesu, Kubera ko yavuze! Ifi zakurikiye ibintu 2: Igihe cy’Imana no kumvira.

Ni ibiki urimo byanze? N'ibiki byakunaniye? Ubaye uri mu gihe cyo gufata ubusa ngufitiye inkuru nziza, imbere yawe hari igihe cyo gufatisha!

Igitondo cyiza kuri twese.

©️ Devotion posted by Dr. Fidele Masengo, The CityLight Center- Foursquare Gospel Church

Gaudin Mission International

Monday, 30 September 2019

GUSABWA ICYO UDAFITE NTIBIKAKUBUZE GUTANGA ICYO WAHAWE! By Pastor M.Gaudin

Ibyakozwe n'Intumwa 3:3-6
Abonye Petero na Yohana bagiye kwinjira mu rusengero, arabasaba ngo bamuhe.Petero na Yohana baramutumbira, Petero aramubwira ati “Uturebe.”Abītaho agira ngo hari icyo bamuha.Petero aramubwira ati “Ifeza n'izahabu nta byo mfite, ahubwo icyo mfite ndakiguha. Mu izina rya Yesu Kristo w'i Nazareti, haguruka ugende.”

Mubuzima bwacu duhura nabatwifuzaho ibintu bitandukanye, kuburyo iyo tudatanze ibikenewe usanga tugira agahinda ndetse bigatuma akababaro ko kuba tudashoboye gutanga ibyo dusabwe byatubera n'imbogamizi kukuba twatanga ibyo dufite.

Ndakubwiza Ukuri ntufite ibyo abantu Bose bagusaba ariko haricyo Imana yaguhaye cyagirira abantu akamaro. Ushobora Kuba udafite Ibikewe cyane aho uri nyamara Ibyo ufite hari aho bikenewe! Ntukwiye kwitekereza nk'udashoboye bitewe naho uri cyangwa nibyo usabwa gutanga udafite! Ahubwo ukwiye guha agaciro icyo ushoboye ndetse ukagiha abo cyagirira akamaro.

Petero na Yohana ntamafranga bari bafite, iyo babona ko ntamafranga bafite gusa bari kwisuzugura ntibabashe kumuha icyo bafite. Muri iyi isi dufite abantu badusaba icyo bashaka ariko bataduha umwanya wo kubaha icyo dufite cyabagirira umumaro. Reka nkubwire ko Yesu ufite ashobora kugirira akamaro benshi bagusaba ibindi udafite. 

Ni kenshi Usabwa gutanga ibyo udafite bigatera Umutima wawe, kwirengagiza gutanga icyo ufite! Ndakwifuriza Gutanga ibirenze ibiryo, gira Uwo Umenyesha Yesu nk'Umwami n'umukiza we!

Yesu aguhe Imbaraga so gutanga icyo yaguhaye cyagirira benshi akamaro, Tanga icyatuma abantu bava murumogi, tanga icyatuma abantu bareka Ubusinzi n'ubusambanyi, Tanga icyatuma Abantu bagira into nziza. Ubuzima bwawe bugaragaze Yesu wamenye!

Ndabakunda, Mwakire icyo mbafitiye!

Pastor M.Gaudin/NJC
www.newseed4jesus.blogspot.in

Gaudin Mission International

Sunday, 29 September 2019

IMANA MUBYO TUYISABA GUKORA YEMERA NO KUJYANA NATWE! By Pastor M.Gaudin

IMANA MUBYO TUYISABA GUKORA YEMERA NO KUJYANA NATWE!

2 abami 6:1-3
Bukeye abana b'abahanuzi babwira Elisa bati “Dore aho tuba imbere yawe hatubera hato. Noneho turakwinginze reka tujye kuri Yorodani umuntu wese akureyo igiti, twiyubakire aho kuba.”Arabemerera ati “Nimugende.”Umwe muri bo aravuga ati “Ndakwinginze emera kujyana n'abagaragu bawe.” Aramusubiza ati “Yee, ndaje.”

Ni kenshi dusaba Ababyeyi bacu, Cyangwa abandi badukuriye mubuzima tukabasaba gukora Ibikorwa tudasanzwe tumenyereye, iyo batadushyigikiye bidutera ubwoba gukomeza, Yewe niyo bakubwiye ko bidashoboka wumva no kugerageza wabyihorera!

Imana ishimwe ko Iduha ababyeyi bifuza ko dukura, twaguka, tugira Iyerekwa ariko cyane cyane bishimira no kudufata amaboko! Ababyeyi cyangwa undi wese wagutanze imbere wakuboneye izuba niwe BURYA wakubwira ati komeza nizibika zari amagi. 

Kimwe mubintu bikomerera abasore bagiye gushaka nukubwira Ababyeyi ko bumva bifuza gukora Ubukwe, Ariko bisaba Courage kuko Iyo babivuze hari abantu babirwanya, hakaba nababishyigikira! Ariko Umubyeyi wese Mwiza yifuriza abana gutera Imbere yewe no gutanga ikiguzi cyose cyatuma abana baba Successful. 

Elisa abana babahanuzi bamaze kubona ko aho bari hababereye hato, bakeneye kwaguka, bakeneye kugira Initiative, bakeneye gutera imbere! Igihe cyose abantu ibibatera Imbaraga birabahenda ariko ibibaca intege birizana. Niyo mpamvu ukwiye guharanira kugira Umuntu ubera Umugisha ndetse ukamutera imbaraga zo gukora neza!

Umwana ugira amahirwe yo kurerwa n'ababyeyi bamukunda bahora bamwifuriza ko yagera Kure agakora ibyo batakoze agatunga ibyo batatunze ndetse akazagera aho batageze. Ababyeyi nibo Bantu bifuriza abana ibiruta ibyo bo batunze. Abeshi dutunze amamodoka ababyeyi bacu batagize amahirwe yo kuzitunga, Dufite amazu nyamara ababyeyi batubyariye mubukode, Ubuzima bw'umubyeyi nuguhora atera Umwete Ababa be. Imana niyo mubyeyi mukuru ujya udutera imbaraga zo gukora ibyiza naho twaba twaciwe intege nababyeyi Bach bo mwisi.

Komera numara gukomera ukomeze abandi bagukikije!

Pastor M.Gaudin
www.newseed4jesus.blogspot.in




Gaudin Mission International

Saturday, 14 September 2019

NTUGAFATE NABI UWO MUSIGARANYE, KUBERA KO UFITE AGAHINDA KU WAGUKUWEHO.BY Pastor M.Gaudin


NTUGAFATE NABI UWO MUSIGARANYE, KUBERA  KO UFITE AGAHINDA KU WAGUKUWEHO.BY Pastor M.Gaudin

1 Yohana 2:19
Abo bavuye muri twe, icyakora ntibari abacu by'ukuri, kuko iyo baba abacu baba baragumanye natwe, ariko icyatumye biba bityo ni ukugira ngo bagaragare ko atari abacu rwose.

Abantu benshi bakunze kurizwa n'abantu babanze ariko ntibahe agaciro abakibakunda, abantu benshi bakunze kwihebeshwa nabo batakaje bakirengagiza Umugisha uzanwa nabo basigaranye. Nibyo koko Uwakuvuyeho, uwo mwatandukanye Yari afite umumaro, ariko niba yakuvuyeho ntukwiye kwiheba ngo Stress itume Usa naho wirengagiza abasigaye iruhande rwawe!

Abantu batuvamo muburyo bwinshi, hari abimuka, hari abatwanga, hari abadakomezanya natwe urugendo twatangiranye, hari abadashyigikira Iyerekwa ufite, ariko ntibivuze ko abo wibwiraga ko ari ab'umumaro kuri wowe iyo bagiye ukwiye kudaha agaciro abasigaye!

Iga kurekura Ibyo Utagifite byose, haba abantu cyangwa Ibintu, maze Uhe agaciro Ibyo Ufite. Imana ntikoresha abadahari ikoresha abahari. Imana ntizakoresha abatagukunda wakundaga Ahubwo Izakoresha abagukunda, uyu munsi numviswe nganirizwa Kwiga kumenya kurekura Ibyo ntafite ahubwo nkaha agaciro Ibyo Imana Insigarije.

Wowe Ni bande usigaranye? Ni ibiki usigaranye? Ni iki ufite Imana yaheraho. Imana ntihera kubyo dukeneye, ahubwo ikoresha Ibyo dusigaranye kugira NGO iduhe ibyo dushaka. Yaba amahoro, Ubuzima, ibyishimo ntibituruka mubo twabuze cyangwa Ibyo twabuze ahubwo bituruka muri bike iyo tubyeguriye Imana.

Abo Muri kumwe wige kubishimira! Ibyo Usigaranye wige kubibyaza umusaruro, Ibyo wifuza ahazaza bihishe mubyo usuzugura none! Ufite Imana, Ufite Yesu, Ufite mwuka wera ndetse Ufite n'abantu Imana yashyize mubuzima bwawe!

Mu muryango wawe, ufite abagushyigikira, munshuti ufite abagufasha, mwitorero barahari bakwitayeho, mugihugu ufite abaturanyi muhuje. Akenshi Twirukira abaduhunga Tugasiga abadushaka!!!! Imana itubabarire.

Iyo baba abawe byukuri bari kugumana nawe, Iyo baba abajjye byukuri bari kugumana najye.

Ntukwiye kubana n'Umugore wawe wakwemeye nabi kubera ko Uwo wabanje gukunda yakwanze! Ntukwiye Kuvuga ko Abantu ari babi kubera ko uwo wizeye atakubere mwiza! Haricyariho abantu Imana yagushyiriyeho NGO bagufate Amaboko!

Ndabakunda!

Pastor M.Gaudin/NJC
www.newseed4jesus.blogspot.in

Gaudin Mission International

Friday, 6 September 2019

IGIHE CYO KUTAGIRA UMUMARO BURYA KIRASHIRA! By Pastor M.Gaudin

IGIHE CYO KUTAGIRA UMUMARO BURYA KIRASHIRA!

Abacamanza 11:7
Yefuta abwira abakuru b'i Galeyadi ati “Mbese si mwe mwanyanze mukanyirukana mu bya data? Ni iki gituma muza kunshaka ubu, kuko mubabaye?”

Hari umuntu baherutse kumpa Ubuhamya, wagiye munkambi imyaka 12, maze bene wabo baramukwena, kugeza aho batamutumiraga no munama z'ubukwe kuko bumvaga ntacyo amaze! Imana yaje kumugirira neza aza Kujya muri America,  Akorera amafranga none ubu bamugize umukuru w'umuryango, kuko noneho ashobora gutanga  ibyo bakeneye!

Igihe cyawe wowe Udakenewe ubu, kubera Impamvu zitandukanye abantu bashingiraho, humura Igihe Cyo gukenerwa kiri hafi yawe, Isezerano ryawe ntirizahera kandi Imana ijya uhindura amateka y'ubuzima. Komeza kwizera no kugira Umwete mubyo Ukora! Impamvu abantu bakwirengagiza Yesu nazikoraho zizahinduka Impamvu abantu Bakwitaho!

Reka Nkubwire ko Uwakwise Ikinyendaro, Uwakwise ko ntacyo ushoboye, Uwakubwiye ko ntacyo Uzigezaho, Uwaguciye Intege, Uwagusebyaga igihe kizagera agukenere. Ukwiye kwitegura kuzagirira neza uwakugiriye nabi kuko Imana ntizatsindwa Urugamba rwo kuguhindurira amateka maze ugahabwa Izina rishya. Muri iki gitondo ndagusengera NGO Winjire mubihe byo kubera abandi Umugisha!

Urava mukudakenerwa winjira mubihe byo gukenerwa kuko Imana yawe Muri kumwe!

Shalom
Pastor M.Gaudin/ New Jerusalem Church
www.newseed4Jesus.blogspot.in

Gaudin Mission International

Popular Posts

Featured post

When Prayer Meets Fasting, Heaven Moves by Pastor M.Gaudin

When Prayer Meets Fasting, Heaven Moves. Matthew 6:16–18; Isaiah 58:6–12 Supporting Scriptures: Matthew 17:21, Joel 2:12–13, Ezra 8:21–23...