Thursday, 29 August 2019

UBUZIMA BWO KURAMYA IMANA BUZANWA NO KUMENYA NEZA IMANA.

Yobu 42:5
Ibyawe nari narabyumvishije amatwi,ariko noneho amaso yanye arakureba!


Wari Uziko Imana ibera Hose icyarimwe?
*Murugo
*Kurusengero
*Kumusozi
*Mubibaya
*Murwobo rw'Intare 
*Mw'itanura
*Muri gereza n'ahandi henshi?

Gusa Imana n'Imana igira Impamvu, Aho wisanga hose hashobora kuba Impanuka kuri wowe ariko Ku Mana si Impanuka. Nubwo Imana ibera hose Icyarimwe, aho Uri hose siho kuba mufitanye gahunda. Ntukwiye kujya aho abandi bayibonera Kuko nawe ufite aho Izakwihishurira, Ahubwo aho Uba hose Ukwiye kumenya ko Yakwihishurira igihe ibishakiye. Imana yacu ibera hose Icyarimwe ariko Itwihishurira kudusozi dutandukanye. Ibihuru byose mose yacagaho siko Imana yabyirekaniyemo, Nawe Icyo nkusabira nuko Imana yakwihishurira Mubihe urimo kugira NGO nawe Uyihimbe Izina rikwiranye nibyo bihe.


Wari Uziko Imana Izi byose?

Imana Izi byose, ariko Ihitamo kutubwira bike, Izi byose ariko ihitamo kutivanga mu mahitamo yacu rimwe narimwe, Izi byose ariko ihitamo ko tuyibwira ibyihutirwa muri twe, Izi byose ariko Idusaba no gusenga, Gushaka, no gukomanga! Imana kuba Izi ibyo nkeneye ntibikuraho Uruhare rwajye two kugirana ubuusabane nayo. UMUBANO wacu n'Imana Uyitera kuduha ibirenze Ibyo dusaba, nawe Ubirebye neza Ntutunzwe namasengesho yawe gusa! Kuko Usaba bike muri byinahi by'ingenzi ukeneye.

Wari uziko Imana Ifite Imbara zirya Izindi Mbaraga?

Kuba itakurwanya wakoze Ibyaha si integer nke, Kuba idahana abayituka Ku Manywa Si intege nke! Kuba Idahaniraho Si integer nke, Kuba Ireba Urengana n'urenganya Si integer nke ahubwo nuko Izi iherezo ry'intege z'abantu.

Imana Izi iherezo ry'abanyamaboko bo mw'isi, Izi iherezo Ryabagira Urwango, Izi iherezo ry'abarozi, Izi iherezo ryabafite Imbaraga z'umubiri n'abirata ubutwari. Imana Izi intege nke z'umuntu kuburyo Idakangwa na Filme zirimo Montage, Zerakana umuntu nk'ukomeye, Ubuzima bwacu buried mubiganza byayo. Umuntu nuwo guhabwa agaciro ariko Si uwo gutinywa, Imbaraga z'Imana ntago zihuye Ni za Farawo, Nebukadinezari, Sadam Hussein, Kadafi, nawe najye! Imana ifite Imabaraga Kuko Itegeka Inzuzi, Igategeka munda Y'Isi. Yakamya Isi amazi yashiraho, abakomeye bakagwa umwuka! Ariko kubw'Imbaraga zayo nyinshi ituyobozanya Urukundo, n'abahemuka ikabaha amahirwe yo Kwisubiraho ngo ahari nibibuka ko ari abantu buntu bace bugufi bayihimbaze.

Imana n'Imana! Niyo yaturemye natwe Yuri abantu bayo, Ntacyo twakora ngo tuyirwanye Kuko biragatsindwa Gusumirwa n'amaboko yayo. Ntamunyembaraga, nta ntwari, Ntawukomeye, Urenganya n'urengana Imbere yayo Bose basa nabapfiriye rimwe, ahasigaye Bagategereza Urubanza! Uwicwa nuwishe basa nabahagaze Imbere y'Imana murubanza Kuko Uwica n'ukora Ibibi ntibimukiza Urubanza! Gukora nabi no guhemukira abandi kubifuriza Gupfa no Kubica ntibibuza Umwicanyi ruharwa nawe Gupfa ntawamuramburiye amaboko mubo yahemukiye!

Ndakwifuriza Kumenya Imana, Iraguha ntimugura muguze wahendwa, Uribuke abanyantege nke, Kuko Iyaguhaye Niyo uimye abandi, Icyubahiro baguha bakimye abandi, Yimura abami ikimika abandi Kuko Imberebyayo Umwami n'Umuja ni bamwe, Umugaragu na Shebuja ni bamwe.

Kuramya Imana bikwiye guturuka murukundo tuyikunda, ndetse bigaturuka no mubumenyi tuyifiteho, Kuko Witegereje ntawundi Ukwiriye guhabwa Ikuzo nicyubahiro Uretse Umuremyi w'Isi n'Ijuru. 

Zaburi 150: 6 Ibihumeka byose Bishime Uwiteka(Imana Ishimwe ko nawe Usoma ibi Uhumeka, Kandi Umwuka utawuguze Kuko Uwuguze waguhenda).

Gaudin Mission International

Monday, 26 August 2019

NINDE WABAYE INTUMWA Y'IMANA KURI WOWE? WOWE URI INTUMWA Y'IMANA KURI NDE?

Ninde wagufashe Ukuboko? Ninde Waguhaye agaciro? Ninde Wahaye agaciro Impano yawe? NINDE wakubashye? Ninde wakwigishije gusenga? Ninde wakweretse aho ABANDI barangurira, ninde wakweretse Inzira, ndinde wagufashe ukuboko akakuzamura, Ninde Wagusengeye? Ninde Wigeze kumenya ko hari yo ubuze, ninde Waba waraguhaye Icyo kurya, I ticket cyangwa Wakurihiye ishuri, Ninde Waguhaye Platform bwa mbere, Ninde waguhuje nuwo wajyaga wifuza guhura nawe? Ninde Wifotozanije nawe ukumva wishimye n'ibindi byose mvuze ushobora kuba warabyifuzaga ariko Igihe kimwe Imana ikaguhuza n'Umuntu wakugiriye akamaro mubuzima.

Ibi byose Iyo Ubyibutse, Iyo wamaze Kubera kucyo washakaga, Iyo wamaze guhura n'abakomeye,Iyo wamaze guhabwa Ijambo, Iyo wamaze kuba Icyitegererezo muri benshi, bamwe bifuza kukugisha inama, ABANDI bifuza Kwifotozanya nawe, ABANDI bifuza kumenya Uko bacuruza, ABANDI bifuza kumenya uko bakwinjira ahakameye, benshi bifuza kumenya aho baca, ABANDI bakeneye Gufatwa ukuboko, bakeneye Uwakumva Impano zabo, akabafasha kugera kunzozi zabo, abantu benshi baduhanze amaso nkuko natwe tuyahanze ahandi.

Ibintu byose dusaba Imana ikoresha abantu kugira NGO Idusubize, abantu ni ukuboko gukomeye, Imana yagiye ikoresha abantu kugira NGO tugere aho tugeze twifuzaga, Niyo mpamvu dukwiye kwitegura ko yadukoresha kugira ngo tube Igisubizo cyabandi benshi bifuza Kugera aho twe twarenze. 

Imana ikoresha abantu kandi njye nawe Yuri abantu, Ibisubizo byacu bihishe mubantu kandi ibyifuzo byabandi bihishemossi Twe, Ndahamya ko hari Umuntu wakubereye Umugisha, ariko nawe Ukwiye kubera abandi Umugisha. Uwakwigishije Gucuruza ibyunguka, Uwagusengeye Kugira NGO ube Umushumba, Uwakwihishije gutwara Imodoka, Uwaguhaye ikiganiro muri Television, Uwahaye agaciro Impano yawe, Uwakubwiye ngo Courage uzagerayo, Uwakubwiye ko Bishoboka, Uwagukomeje mugihe wari ugiye kubivamo, Uwaguteye Imbaraga ngo Ukomeze Urugendo. Abo Bose n'Imana yabaga yagutumyeho kugira ngo ikugeze aho yashakaga kukugeza.

Nawe uyu munsi gira Uwo kubera Umugisha, kugira ngo nawe Hagire abandi bakubera Umugisha. Buri MWe kwisi AFITE uwo Arusha kandi akagira nabamurusha. Hari bimwe twifuza kugeraho abandi bagezeho, hari nibyo abandi bakeneye dugitiye ibisubizo. Kandi nkwibutse ko nubwo Dutegereza ko Imana ikora, Akenshi Imana itinzwa no Kubura abemera ko Ibakoresha!

Ndakwifuriza guhabwa Imbaraga zo kumenya Icyo Uhamagarirwa Gukora kubwa bene so bakeneye wowe. Burya naje kumenya ko Imana ikoresha abantu. Nawe nureba uraza Gusanga Uruhare rwabo Imana yakoresheje ari runini. Nawe nishaka kugukoresha ntukinangire?

Hari Icyo Imana ikubwira kubaturanyi? Hari Icyo ikubwira kumpfubyi nabapfakazi? Haricyo ikubwira Ku Impano zikiri nto? Hari Icyo ukubwira kubacuruzi badafite amakuru? Hari Icyo ikubwira Kubakiri mubyaha? Hari Icyo ikubwira gukora kumurimo wayo? Muri bene wanyu?

Morodekayi yabereye Umugisha Esther, Esiteri abera Umugisha abayuda Bose. Ababyeyi ba Mose baramuhishe, mose abera Umugisha abisiraheli. Nawe Uwakubereye Umugisha bizatume kubera benshi Umugisha. Uwagukuye murwobo Uzamwiture gukura benshi Murwobo. 

Pastor M.Gaudin
New Jerusalem Church.

Gaudin Mission International

Wednesday, 14 August 2019

MURI BENSHI BAVUGA OYA KU BUZIMA BWAWE, HARI UWAVUZE YEGO BIGUTERE GUSHIMA By Pastor M.Gaudin

2Abakorinto 1:20
Ibyo Imana yasezeranije byose,muri we ni mo "Yee"iri.Ni cyo gituma ari we udutera kuvuga ngo "Amen",Ngo Imana ihimbazwe natwe.

Mubyo Imana yasezeranije byose, harimo Yee, cyangwa se Yego. Ubuzima bwacu bwa buri munsi nubwo hari ibyo dushaka tutabona, ariko ibyo dufite byose bidufitiye umumaro byaturutse muri Yego y'Imana.

Reka mvuge ko Yego y'Imana ariyo igize Yego z'ababyeyi, abashumba, inshuti, abaturanyi, kuko iyo Imana ihamagaye ntawanga kwitaba! Umugisha wawe wose Imana yawuhishe muri Yego yayo muri byabindi byose yagusezeranije ijambo ryatubwiye ko harimo "Yee" Kandi Yego yose Yaturutse ku Mana ikuremera Ishimwe.

Naganiriye n'Umwana wavutse Se yaramutaye, nyina amubyara ntabushobozi, ariko yanga gukuramo Inda. Iyo umubyeyi avuze Yego kinda atwite ntago yayikuramo ahubwo yizera ko ituma batwita izatuma babyara kandi Imana niyo ikomeza kuduheka kugeza Imvi zibaye uruyenzi.

Yego y'Imana ivuze ubuzima, niyo mpamvu n'ubu Yabivuze, uyu munsi usoma ibi yavuze Yego kuko hari benshi Uzi batabashije gukomeza urugendo uyu munsi. Muri Yego y'Imana hahishemo umugambi wayo wo kutugirira neza!

Iyo twiganye Imana tukagira Imfubyi tubwira Yego, abaofakazi tubwira yego, tukavuga Yego kubibazo biba bikeneye ibisubizo, tuba turimo gusohoza umugambi w'Imana. Ariko Ntiwaguga Yego Utazi ubushake bw'Imana. Imana niyo isezeranya igasohoza kugira ngo Ijambo ryayo ridutere gushima.

Igihe cyose wakomanze ugakingurirwa, igihe cyose wasenze ugasubizwa, igihe cyose Imana yatanze icyo Umutuma wifuzaga burya Imana yabaga ivuze YEGO kubyo yasezeranije uhugingo bwawe.

Shima Imana kuri Yego ya mama wawe, utarakuyemo Inda, nshima Imana kuri Yego ya mwarimu wemeye kukurera ntakwicire mw'ishuri, Nshima Imana kuri Yego kuwagufashe akaboko, shima Imana kuri Yego kuwaguhaye amazi, Ibuka Yego Yose itumye ugera aho ugera. 

Ntakindi twakwitura Imana uretse kwemera Tukaba akanwa kayo maze Ikavuga Yego kubantu batuzengurutse bakeneye igisubizo kubibazo dushoboye gukemura byose. Yego yawe yatera benshi guhimbaza Imana .

Buri gihe Ijambo Yego rishobora gufungura Umubare w'Ibanga wose muri iyi isi, Igihe cyose Nyiramabanga avuze Yego Password it a agaciro. Shima Imana kumasezerano yose yaguhaye kandi ukomeze wiringire ko muri Yesu harimo Yego.

Uyu munsi ndakwifuriza Kuza kumva Ijambo yego ahantu wadepoje, aho wasabye Visa, aho utegereje Igisubizo, ibyo Imana yagusezeranije byose Imana igukingurire umuryango wo Kumva YEGO. Ahari kurira kwaba kwa kurariye ari Yego y'Imana iraza kuguhumuriza kugira ngo Ubashe Kuvuga ngo Amen. Kugira ngo Imana ibashe guhimbazwa n'Umutima wawe!

Uyu munsi irengagize abaguhakaniye Bose, wongere wiringire Imana yavuze Yego ukabaho, ugahumeka, ukavuka ugakura, Imana yavuze Yego ifite muri yo Yee, Nubwo wababajwe na OYA mubuzima ariko ukwiye kwibuka Yego nyinshi zatumye ubuzima bwawe bwishimira Imana.

Ndabakunda kandi mbifurije umugisha

Pastor M.Gaudin
New seed Generation for Jesus


Gaudin Mission International

Wednesday, 10 July 2019

IYO IMANA IKUGARUTSEHO ABANTU BARAKUGARUKIRA.By Pastor M.Gaudin


IYO IMANA IKUGARUTSEHO ABANTU BARAKUGARUKIRA.

Daniyeli 4:33

Icyo gihe nsubizwamo Ubwenge Ubwiza bwanjye burabagirana nahoranye bungarukamo.maze abajyanama banjye n'abatware bajye baza kunshaka ,mperako nkomezwa mu bwami bwanjye ndetse nongerwa icyubahiro cyinshi.

Ni Kenshi Umuntu abina yanzwe, Atibukwa n'abavandimwe, adahabwa agaciro nabo ayobora, cyangwa ukabona ntawitaye no kubyo akora,muri make ugasa nuwibagirana kugeza aho ntanumuntu wakenera kumenya amakuru yawe.

Burya hari n'Igihe umuntu aba agezweho reka abariko mvuga, abantu bakuganiraho, bavuga ibyo wakoze, bavuga uko wambara, Ikintu cyose ukoze bakagiha impamvu igaragaza ubuhangange n'ubukaka wabikoranye. Dukunda kubyita ngo umuntu ari mubihe bye.

Sinzi ibihe urimo, ariko Ndashaka kuvugana n'Umuntu ubona ko yibagiranye, Ufite Impano ariko waribagiranye, ugira umutima mwiza ariko waribagiranye, Usa nuwatawe kuburyo naho usengera badahangayikishwa nuko utaje, Birashoboka ko kera abantu bakubazaga bati ko wabuze none ubu ntanukubaza wibyibazaho byinshi kuko iyo Imana ikugarutseho abantu barakugarukira.

Imana ijya igaruka kubantu ITE? Ijya ibinjiza mubihe byabo. Nzi abantu Imana yagiriye neza ikabubahisha mubabasuzuguraga, Wakwibagirana uri umugaragu nka morodekayi,ibyo wakoze Imana izi igihe izabyibukiriza abami, wakwibagirana uri Umwami, nka Nebukadinezari, Imana izi igihe izibukiriza abajyanama n'abagaragu ko Udahari, bakaza kugushaka.

Nebukadinezari Amaze Kuburira amaso ye mw'Ijuru, Imana yamugiriye neza, Daniyeli 3:31, Nawe si igihe cyo gutongana ngo ntibakubaha, sigihe cyo kuvugana nabi ngo waribagiranye, Sigihe cyo kuvunga urarwanira uburenganzira gusa. Uburenganzira bwawe n'Imana ibufite mukiganza, abandi bose bazashyira mubikorwa icyo Imana itegetse. Kandi Iyo ivuze ntawayivuguruza, naho yaba Satani nabadayimoni ntibabasha guhindura icyo Imana yakuvuzeho. Yobu yagize ati Nziyuko ushobora byose kandi ntakibasha kurogoya Imigambi yawe.yobu 42:2.

Impamvu wibagiranye yaba yaraturutse kuri wowe cyangwa abandi uyu munsi usoma ibi ugarukire Imana, Uyibwire byose niyo Ibasha kugutegurira ameza Imbere y'abanzi nawe, niyo Ishobora kugukiriza mubintu bidafatika, niyo yahesha agaciro diplome yawe, niyo yashyira Izina ryawe kugitare wowe utakwigezaho, niyo yaguhuza nabo Utatekerezaga! Nikwibuka abantu bazakugarukira kandi abagusekaga nibo bazagutaramira mubirori byo kwambikwa ubwiza!

Nukomeza guhanga amaso Imana, Abantu bazaguhanga amaso igihe kimwe.
Ndabakunda!

Pastor M.Gaudin
New Jerusalem Church

Gaudin Mission International

Tuesday, 4 June 2019

AHO IMANA YAGUKOMEREKEJE NUHASHYIRA UMUNTU AZAHATONEKA GUSA! By Pastor M.Gaudin

AHO IMANA YAGUKOMEREKEJE NUHASHYIRA UMUNTU AZAHATONEKA GUSA!

Hoseya 6:1
Nimuze tugarukire Uwiteka,kuko ari we wadukomerekeje kandi niwe uzadukiza,niwe wadukubise kandi niwe uzatwomora.

Abantu Bose wabwiye igikomere byawe siko bakugiriye impuhwe, siko bagusengeye, siko bakugiiriye umutwaro ahubwo bamwe wabaheye breaking news! Ushobora kuba warabwiye abantu bamwe ko ubanye nabi n'umygabo wawe ugasanga ahubwo bahise bamwigarurira umutima bitewe namakuru wabahaye.

Abantu Bose bahurura iyo impanuka impanuka ibaye, Bose si abatabazi, bamwe nabavuga inkuru, abandi N'abatangabuhamyamya, abandi n'abashaka kureba Ibyabaye, abandi nabashungera, nabavuga ko wababaye cyane, bati yewe disi yari akiri muto, abandi ni abapolisi, ariko abandi ni abaganga akenshi banana nawe mukibazo kugeza gikemutse cyangwa kibananiye!

Mubuzima bwacu rero hari ibikomere abantu bagira kuburyo bagenzi bawe Bose batabasha kukomora rimwe narimwe batabitewe nuko batabishakaga ahubwo harimo n'ubumenyi buke. Bene Data dufite ubumenyi buke cyane kubikomere by'abantu kuburyo akenshi kugerageza kubivura ushingiye kubyo ubonesha aya maso y'umubiri abo wibwira ko washakaga gufasha ubatoneka kurushaho.

Nibyiza kwiga kubana n'abafite umusonga, yakubwira ko ataka ntiwongereho byinshi, ahubwo ukamusengera kandi ukizerana nawe Imana muri ibyo bibazo arimo. Abantu benshi bakunda kubana natwe iyo tukigira ibibazo, ariko iyo ibibazo butinze k'umuntu abantu batangira kwibuka ko bafite byinshi byo gukora!

Ndashaka kukubwira ko ntawamenya icyo agukorera igihe cyose atariwe wagukomerekeje, rimwe narimwe ushobora no gutekereza Imana nabi uti ese Imana ntibireba! Reka nkubwire ko Imana itumva kwiganyira ahubwo yumva gusenga. Imbaraga ukoresha ni amagambo ukoresha witotombera Imana ukwiye kubibyazamo amasengesho no kwinginga kuko nibyo Imana yumva, nibyiza kujya kumuganga wa nyawe kuko abandi abaganga batazi ibijyanye n'uburwayi bwawe bazagutoneka.

Mwibuke wa mubyeyi, wari umaze imyaka cumi n'ibiri ari I mugongo, abaganga bamuriye ibye, abandi bamwumviye ubusa, abandi bamukoreyeho ubushakashatsi, abandi bagendaga bavuga ko anywa nabi imiti, abandi bati nibyaha bye, abandi bati Imana yaramuhanye, abandi bati nagende ategereze gupfa n'ibindi. 

Ariko umunsi yibwiye kujya gukora kumwenda Wa Yesu habonye igisubizo. Ntakintu Imana itabyazamo ubuhamya igihe cyose igikomere cyawe ugihaye Yesu. Abantu benshi bazana ibikomere byabo kubashumba, no mwitorero ariko bakibagirwa kubiha Yesu, Niyo mpamvu bajya bavuga ngo bakomerekeye no mw'itorero.

Ibibazo byakemurwa n'abantu akenshi abantu babikemura batagukomerekeje, ariko ibyakemurwa n'Imana, abantu baragukomeretsa kurushaho iyo ubibashyiriye!

Abantu benshi bazareka kujya batonekwa n'abantu igihe cyose bemeye kwivuriza aho indwara zabo zizwi neza! Aho rero ni Ku Mana. Imana niyo Izi impamvu yibyo ucamo, kandi niyo yabifata byose ikabibyazamo ubuhamya.

"Ibikomereye wagize iyo ubihaye Imana irabyomora ikabivanamo ubuhamya, ariko iyo ibihaye abantu barabitoneka bakabibyazamo inkuru ishyushye"Hanyuma wazayisoma ugakomereka kurushaho!

Pastor M.Gaudin
Pastor at New Jerusalem church

Gaudin Mission International

Friday, 31 May 2019

#IBYO KWIZERA NTIBYIGANWA# By Pastor M.Gaudin


#IBYO KWIZERA NTIBYIGANWA# 

Abaheburayo 11:29
Kwizera ni ko kwatumye baca mu nyanja Itukura nk'abaca Ku musozi.abanyegiputa nabo babigerageje bararengerwa#

Muri iki cyanditswe naje kwigamo amasomo menshi yo kumenya neza ko Ukwizera kwanjye ntawabasha kukwigana cyangwa ngo najye hagire unyigana igihe cyose adafite amabwiriza wahawe nutanga uko kwizera.

Imana Niyo tubanza kwizera mbere yo kwizera ibyo yadukoresha. Ntukwiye kwizera gusa ahubwo ugomba kwizezwa nuwo wizeye. Uwo twizeye adutera gukora, ababonye dukora iyo batwiganye naho baba bashoye nkayacu, naho baba banyuze aho twanyuze, naho bakurusha gukoresha Imbaraga, Uwo wizeye yakugeneye uko ugomba kubigenza.

Abantu Bose bakora batabitewe no kwizera, bigana ibikorwa byo kwizera! Ntukwiye gucuruza kuko runaka nawe abikora, ntukwiye kuririmba kuko na runaka abikora, ntukwiye kujya Dubai kuko runaka abikora, ntukwiye kwambara kuriya kuko runaka abikora, ibintu byose ukoze wigana abandi, ntubasha guhangana n'ingaruka zibikorwa wakoze wigana abandi.

Kwizera Gutuma abantu batekereza kukiguzi cyo gukora ibyo bakora, bituma abantu bihamgana nubwo baba batunguka, bituma umuntu akomeza gutegereza icyo Imana yavuze, ukwizera kwacu Niko kutwereka inzira aho abandi batayibona, Niko kuduhesha imbaraga zo gukomeza Imbere mugihe tuba tuabonesha amaso aho tugana.

Ukwizera kwawe kuzakubeshaho mubyica abandi, ukwizera kwawe kuzagutunga mugihe inzara yamaze abandi, ukwizera kwawe kuzatuma ucuruza ibyo abandi bacuruza ariko wowe wunguke. Reka nkubwire ko muri Isiraheli hari ababembe benshi ariko Elisa ntiyatumwa kuribo ahubwo atumwa kuri Namani w'isiriya.

Uyu munsi ushake Imana, kandi icyo yakubwiye iyo ugihagazeho ibasha kugisohoza, inzira zayo zirenga ibihumbi. Reka nkubwire ko Abantu bizera Imana badashukwa nibisigaye byunguka, Cyangwa badakangwa nibisigaye bihomba, bo bagenda mucyerekezo Imana ibayoboye.

Niba ushaka kwaguka ukagera kucyo Imana yakugeneye, ukwiye guhagararana n'Imana, ukemerera Yesu ukwizera aho akuyobora aho kuyoborwa n'ibyo wabonanye abandi. Imana niyo ijya ica inzira aho zitari, abantu rero iyo bakubonye bakavuga bati natwe twabasha kuvuga, twabasha kuhaca, reka nkubwire ntawakora neza icyo Imana yaguhamagariye gukora nkawe!

Wowe komeza kwizera, komeza inzira Imana ikunyuza, ibyo wita ibyoroshye kubandi ni amabuye, kandi ibyo wita ibikomeye abandi babona byoroshye kubera iki? Kubera ko ufite kureba nk'ukwakristo. Nubwo kubandi icyaha ari ibisanzwe kuri wowe kwizera Kristo ukomeza kugifata nk'umwanzi. Abandi Bose naho bakora Inama yo kwiyunga na Satani uzibuke ko kwizera kwawe kugusaba kumurwanya.

#Ibyo mukora byose mubikorane kwizera, Kuko Kwigana ibikorwa byo kwizera ntibizaguhira#
Abaheburayo 10:38-39
Ariko umukiranutsi wanjye azabeshwaho no kwizera.Nyamara nasubira inyuma umutima wanjye ntuzamwishimira.Ariko twebwe ntidufite gusubira inyuma ngo turimbuke ahubwo dufite kwizera kugira ngo tuzakize ubugingo bwacu.

Ibintu byinshi dukora bisaba ko tuba dufite kwizera k'Umwimerere! 

Umunsi mwiza!
www.newseed4jesus.blogspot.in
Pastor M.Gaudin


Gaudin Mission International

Thursday, 30 May 2019

NUBWO HARI ABAKUZINURA GUKORERA IMANA HARI N'ABANDI BAGUTERA ISHYAKA! By Pastor M.Gaudin

NUBWO HARI ABAKUZINURA GUKORERA IMANA HARI N'ABANDI BAGUTERA ISHYAKA!
1Samuel : 2:17
Nuko rero icyaha cy'abo basore kirakomera cyane imbere y'Uwiteka,kuko cyateye abantu kuzinukwa igitambo cy'Uwiteka.

Igihe cyose Uri umuyobozi ukwiye kumenya ko Imana iba yaguhisemo kugira ngo ufashe abandi gukunda umurimo no kumenya ko umurimo w'Imana ukwiye gukorwa abantu bakiranuka Kandi bubahisha Imana. Ijambo ry'Imana rivuga ko Imana yaduhaye Umurimo wo kuyunga n'abandi.

*Ushobora Kuba umuhanuzi
*Ushobora kuba Umuriribyi
*Ushobora kuba Umucuranzi
*Ushobora kuba umuvugabutumwa
*Ushobora Kuba Umushumba
*Ushobora kuba Umudiyakoni
*Ushobora kuba Uvuga izina rya YESU
*Ushobora kuba Ufite Impano 
*Ushobora no kuba umunyabuntu

Ibi byose Imana iduhamagarira gukorana nayo kugira ngo twerekane gukiranuka kwayo, kwera kwayo, nibyiza ko kwera kw'Imana n'urukundo rwayo bigaragarira muri the abavuga Izina ry'Imana.

Igihe Cyose abantu basubizwa inyuma n'Ubuhamya bubi bwawe Kandi uvuga ko ukorera Imana icyaha cyawe kiba kiremereye Imbere y'Imana. Uyu munsi ukwiye kumenya ko Kuba Imana yaraguhamagaye yashakaga ko werekana ukwera kwayo Kandi abantu benshi bareba imirimo yawe myiza, n'imbuto bagaherako bashima Imana.

Nubwo bimeze bityo, abahungu ba Eli bazinuraga abantu, Samweli yatumye benshi bongera gukunda Imana, Nubwo Kayini yazinuye benshi, Abeli yabaye icyitegererezo, nubwo Kora na Dotani bazinuye benshi, mose yakomeje kutubera urugero, nubwo abatasi icumi bazinuye abandi, yosuwa na Caleb na Yosuwa batubereye urugero, nubwo Ananiya na Safira bakuzinura wibuke ko Petero na Yohana bakomeje UMURIMO, Ba Yobiya barahari ariko hari na ba Nehemiya, nubwo Yuda ahari ariko Kristo twizeye Yarazutse kandi niwe Twigiraho kurisha abo Bose!

Ndabyemera ko Ufite urutonde rw'abashumba bananiwe, ariko hari nurwabakomeje umurimo, Ufite urutonde rw'abaririmbyi b'abapagani, ariko hari nabatariyanduza, Ufite urutonde rw'abakuzinuye gusenga ariko Yesu gusenga we Ntahinduka nk'uko abavugabutumwa bahinduka. Ndagukomeza ngo komera Nutagwa isari uzasarura.

Nawe Uzi neza ko ibyo ukora, Bidatuma abantu bubaha Imana yawe, umenye ko icyaha cyawe gikomeye mu maso y'Imana,niba hari abo wagushije wabishyizemo n'imbaraga zawe, kugira ngo Basambane,basenye amago, n'ibindi bibi kandi witwa ko uhagarara ahera ukavuga Imana, Ndashaka kukumenyesha ko Imana yitandukanije nawe Uyu munsi. Umuntu wese uvuga izina ry'Imana ave mubidatunganye.

Pastor M.Gaudin
New Jerusalem Church/Founder@Newseed


Gaudin Mission International

Wednesday, 29 May 2019

IBIKOMERE WATEWE N'ABO UKUNDA YESU AZABIKOMORA NUKOMEZA KUBAKUNDA! By Pastor M.Gaudin

IBIKOMERE WATEWE N'ABO UKUNDA YESU AZABIKOMORA NUKOMEZA KUBAKUNDA! By Pastor M.Gaudin

#2Corinthian 12:15
Ku bwanjye nanezezwa cyane no gutanga ibyanjye ndetse no kwitanga rwose nitangira ubugingo bwanyu,nubwo uko ndushaho kubakunda ari ko urukundo mwankundaga rurushaho kugabanuka#

Inshuro nyishi dukomeretswa nabo dukunda, ariko bigasa naho batabiha agaciro, Dukomeretswa nuko ibyo dukorera abandi bo batabidukorera, uzasanga abantu bavuga bati runaka namugiriye neza ariko we nyiyabyitayeho, Ibi rero bigatera imitima ya bamwe kuzinukwa kugira urukundo, ariko reka mvuge ko ntidukunda abadukunda gusa, kuko natwe tudakundwa nabo dukunda gusa.

Imana yadukunze cyane, ikaduha umwana wayo si uko twayikundaga, rekera guha abo wibwira ko bagomba kuzakwitura, ahubwo wemerere Imana kuzitura ibikorwa byose byiza uyikorera Ugaragaza urukundo mubo yaremye!

Ntukwiye gucibwa Intege nuko abo urushaho gukunda bo urukundo rwabo kuri wowe rugenda rugabanuka. Iyo ugize abo ukunda kubwa kristo uri muri wowe uhembwa nuwagutumye kumukundira abantu. Yesu ntiyadutumye gukunda abantu kugira ngo nabo badukunde! Ahubwo yadutumye gukunda abantu mw'Izina rye.

Niyo Mpamvu abo wakunze ukabitangira Utazahembwa nabo, ahubwo Uzahembwa nuwo wagutumye kubikora mukimbo cye!
Yesu nubwo yaje Kwitangira abantu, ngo yaje mube ntibamwemera, ntiyigeze ategereza urukundo kubo yakunze ahubwo yategereje ibihembo kuwo yumviye.

Niyo mpamvu kubera igikorwa cyo kwitanga agakunda abo Imana yamutumyeho byatumye Imana imuha izina risumba ayandi. Nawe Niba Urukundo, kwitanga witangira abantu batabibona si igitangaza ukwiye kumenya ko Uwagutumye aruta abo yagutumyeho, hanyuma kumwumvira nicyo kizaguhesha ibihembo.

Ingororano zawe ntuzazisanga mubo wagiriye neza ahubwo ziri mubiganza by'uwagutumye kubagirira neza.

Ntukwiye Guhagarikwa umutima nabatabona ineza wabagiriye, ntukwiye guhagarikwa nuko batagukomeye amashyi, ahubwo ukwiye gukora umurimo w'Uwagutumye hakiri kumanywa, abantu babishima batabishima uzahembwa nuwagutumye! 


Pastor M.Gaudin
www.newseed4jesus.blogspot.in

Ndabakunda!

Gaudin Mission International

Wednesday, 22 May 2019

IBYO IMANA YAGUHAYE IBISHINGIRAHO IGUHA IBYO UYISABA! By Pastor M.Gaudin

IBYO IMANA YAGUHAYE IBISHINGIRAHO IGUHA IBYO UYISABA! By Pastor M.Gaudin 

"Niba dusengera inkweto dukwiye kumenya ko Imana isubiza, kandi igisubizo cyawe cyo kuziguha yagiteguye kera ubwo yaguhaga ibirenge kuko hariho benshi badafite amaguru". Kuko ntamuntu wagira icyifuzo cy'inkweto atagira amaguru# 

Niyo Mpamvu nujya usengera ibiryo ujye umenya ko Imana yabanje kuguha inda nzima# Nibyinshi dusengera ariko Satani akatwereka ko ntashimwe dufite#Niba ufite ishimwe Vuga uti :Ndagushima Yesu.

Satani ntagukange, Imana yaguhaye Gutwita niyo itanga kubyara, Imana yaguhaye ibirenge ntizakwima Inkweto, Imana yaguhaye umubiri ntizakwima Imyambaro, Imana yaguhaye umurima no kweza uzeza, Imana yaguhamagaye no kugukomeza izagukomeza, Imana yaguhaye iyerekwa no kurisohoza izarisohoza#

Ubuzima tubayemo igisubizo dufite kibyara ikibazo ndetse n'ikibazo dufite kibyara igisubizo, ibibazo byose abantu bibajije byagiye bibyara ibisubizo. Niyo mpamvu ukwiye kwizera Imana yabayeho mbere y'ibibazo ndetse n'ibisubizo biri kuri yo.

Ntushidikanyishwe nibyo ubona bisa nibiri kure, cyangwa bihishwe amaso. Ahubwo wizere Imana ishobora no gukora nyuma yuko wabuze n'ibimenyetso. Hari ubwo dusenga tugasaba ibimenyetso ngo tumenye ko koko Imana izasohoza ibyo yatuvuzeho! Uko Niko duteye ariko Ndashaka kukwibutsa ya Mana yagukoreye byinshi, imwe yagushije imvura kandi ntabicu byabanje gukuba ndetse n'izuba ricanye! 

Ibyo Imana yaguhaye byose, yateguraga ibyo ikigufitiye tuza! komeza Uyiringire.

Pastor M.Gaudin
New Jerusalem Church & Founder of New Seed 


Gaudin Mission International

HARI IMIRIMO IMANA YAKOZE By Dr.Bishop Fidel MASENGO

HARI IMIRIMO IMANA YAKOZE

1Samuel 7:12
"Maze Samweli yenda ibuye arishinga hagati y'i Misipa n'i Sheni, arihimba izina Ebenezeri ati"Uwiteka yaratuzahuye kugeza n'ubu."

Ku nyubako zikomeye dukunze gusangaho ibuye ry'uwibutso. Iri buye ritandukanye n'ibuye rw'urufatiro. Ibuye ry'urufatiro rishyirwaho inyubako itangizwa ku mugaragaro. Naho ibuye ry'urwibutso rigashyirwaho inyubako yuzuye, inyubako itahwa. Dukunze gusanga handitsweho amagambo anyuranye harimo ngo"iyi ngoro yubatswe ku butera nkunga bwa....itahwa ku mugaragaro na...ndetse n'Itariki".

Muri iki gitondo Facebook yanjye inyibukije iryo jambo ryo muri Samuel.
Ni ijambo rigaragaza kuzirikana imirimo y'Imana.

Hari ibintu byinshi rinyigisha:

1) Abantu bose Imana ikorera ibikomeye siko bakomeza kwibuka imirimo yayo. Abantu benshi barangije gukorerwa ibikomeye, babonamo uburenganzira bwabo, n'ubushobozi bwabo. Ni bake babonamo ukuboko kw'Imana. Ndetse ababonamo Imana bose siko bibuka kuyishima. Mwibuke ba babembe 10 Yesu yakijije. Umwe gusa niwe wagarutse gushima.

2) Gushima Imana si amagambo gusa. Abantu benshi bakunze gushima Imana mu magambo bikarangiriraho. Ngo nari narabuze urubyaro none naramubonye,....ngo muzamurire Imana amaboko...., umuntu agasubira mu mwanya we akicara. Ati Imana ishimwe mperutse kubona akazi...muyikomere amashyi... Imana ishimwe twari turwaye none twarakize,...mumfashe dutange Haleluya....Yooo ntibihagije! Iyo aburahamu yatabarukaga urugamba yatangaga kimwe mu icyumi (Itang. 14:17-20). Ruriya rwibutso rwatwaye Samuel ikiguzi. Yaguze iryo buye kuko si buri buye ryakoreshwaga nk'urwibutso. Yatanze umutungo abona Ciment, ahemba abakozi....Kubera kuzirikana!

3) Ishimwe nyaryo ni urwibutso. Imwe mu mpamvu idutera kwubaka inzibutso ( "Memorial") ni ukugira ngo dutange amasomo ku kinyejana kiri imbere. Ibyo Imana yadukoreye ntibigomba kumenywa natwe gusa! Ni amasomo akomeye ku bana bacu n'abazukuru bacu. Ariko ayo masomo aba nyayo tubigizemo uruhare. Iyo tuvuga ngo Imana yagaragaye I Gahini, Imana y'Inganji, Imana yo kuri Kanyarira,...ni uruhe rwibutso twubaka? Birangirira mu magambo?

4) Hari uburyo bwinshi bwo kubaka inzibutso. Abantu bose ntibazubakisha amabuye. Ushobora kwishyurira umwana w'impfubyi ishuri,...uba wubatse urwibutso mu buzima bwe n'ubw'abazamubona,...ushobora kugura igikoresho gikomeye kizashyirwa mu rusengero rw'Imana (Urugero: ibyuma bicuranga, Camera, intebe, imodoka ikoreshwa n'Itorero,...). 

5)Imana yacu ikwiriye gushimwa. Samuel yatanze urugero rwiza dukwiriye gukurikira. Ibuka ibyo yagukoreye, ibuka uburyo yagutabaye, ibuka aho yagukuye, ibuka...hanyuma uzirikane!

Mugire umunsi mwiza mwese! 

© Devotion posted by Dr Fidèle MASENGO, Umushumba Foursquare Gospel Church Kimironko

Gaudin Mission International

You Can’t Keep A Man With God’s Favor Down by Pastor Dr.Solomon Chengo

You Can’t Keep A Man With God’s Favor Down  

There are many times where the lowest points in your life are actually launching pads to God’s greatest promotion in your life. It was so for Joseph in the Bible!

If Joseph had not been betrayed by his brothers, he would not have been sold as a slave. If he had not been sold as a slave, he would not have been in Potiphar’s house. If he was not in Potiphar’s house, he would not have been thrown into an Egyptian prison meant specifically for the king’s prisoners. If he was not in that specific prison, he would not have interpreted the dreams of Pharaoh’s officers. 

If he had not interpreted their dreams, he would not have been summoned to interpret Pharaoh’s dream two years later. If he had not interpreted Pharaoh’s dream, Pharaoh would not have promoted Joseph to become his prime minister over the entire Egyptian empire!

God’s presence with Joseph and His unmerited favor caused Joseph to be promoted from the pit to the palace, from the dunghill to state house from the outhouse to the  HISHouse. So stop looking at your circumstances and stop allowing them to discourage you. The same Lord who was with Joseph is with you right now. You cannot fail! You can expect to see success beyond your present circumstances because of His unmerited favor!

Dr. Solomon
New Jerusalem Church /Kenya

Gaudin Mission International

Tuesday, 21 May 2019

Does Adam and Eve's original sin have to do with sex?

Great question. Original sin has nothing to do with Adam and Eve having sex. 

God created them not only with the ability and freedom to have sex, but with the instruction to do so!... "So God created man in his own image, in the image of God he created him; male and female he created them. God blessed them and said to them, 'Be fruitful and increase in number...."

Have you ever read Genesis (first book in the Bible), chapter 2? It says in sentences (verses) 16 & 17: "the LORD God commanded the man, 'You are free to eat from any tree in the garden; but you must not eat from the tree of the knowledge of good and evil, for when you eat of it you will surely die.'"

Adam and Eve one day listened to Satan (disguised as a serpent) who lied to them and told them: "'You will not surely die,' the serpent said to the woman. 'For God knows that when you eat of it your eyes will be opened, and you will be like God, knowing good and evil.'"2
Satan told Adam and Eve a lie. He contradicted God's Word and said it was okay to eat from the forbidden tree.

The sin of Adam and Eve was disobeying God and doing what they wanted...instead of listening to God. They listened to Satan and their own reasoning, thinking God was keeping something wonderful from them, which He was not. And that's just like all of us. We think we know better than God. We think God is restricting us, keeping something from us, and we have a better way. 

Just like Adam and Eve, we are tempted to choose to believe Satan rather than believe God. Here it is: "When the woman saw that the fruit of the tree was good for food and pleasing to the eye, and also desirable for gaining wisdom, she took some and ate it. She also gave some to her husband, who was with her, and he ate it."3

From that moment they became spiritually separated from God -- He sent them out of the Garden of Eden, banned them from the tree of life, and instead of living forever, they eventually died. Death was not part of the Garden of Eden. The Bible says, "The penalty of sin is death." 

This is why Jesus came...to carry for us the penalty of our sin, so we would not die eternally separated from Him. When Jesus died on the cross, He fully paid for all of YOUR sin, and today offers you complete forgiveness and eternal life. The Bible says, "The penalty of sin is death, but the free gift of God is eternal life in Christ Jesus our Lord."4




Gaudin Mission International

Saturday, 18 May 2019

UMURYANGO WOSE UFUNGUKANA N'INTAMBARA ZAWO By Pastor M.Gaudin


UMURYANGO WOSE UFUNGUKANA N'INTAMBARA ZAWO By Pastor M.Gaudin

1Abakorinto 16:8-9
Ariko nzatinda muri Efeso kugeza kuri pentekote,kuko nugururiwe irembo rinini rijya mu mirimo ikomeye kandi abandwanya bakaba benshi.

Burya iyo umeze nkabo, Uri kumwe nabo, wubashywe nkabo, Uvugwa nkabo,Usangira nabo,Ubayeho nkabo, Ukora nkabo ntibakugirira ishyari, ntibakundwanya rwose.

Abantu benshi Usanga bakubwira ngo nukuri kukazi nabonye Promotion ariko ishyari rimeze nabo pe! Abandi bati nukuri mfite ubukwe ariko birankomereye abantu barashaka kubwica! Undi ati Itorero ryanjye rirakura ariko ishyari ryazamutse, nibindi.

Reka nkubwire ko Igihe cyose Imana idufunguriye irembo, abantu baba bashaka kubyiganiramo, icyubahiro ufite hari abandi bagishaka, Ubutunzi ufite hari benshi babushaka, Kuvugwa ufite hari benshi babishaka, umugisha ufite hari benshi bawushaka.

Ikibazo kibaho nuko abantu batugirira ishyari kubera umugisha twagize ariko ntibibukeko Imana yaduhaye umugisha dufite uko tubanye. Reka nkubwire ko abantu bakurwanya kubera Irembo ryafungutse baba barwana nuwafunguye. Kuko Imana iyo ifunguye ntawafunga!

Umuryango Imana ifunguye ntufungwa nishyari, ntufungwa no kugambanirwa, ntufungwa n'amagambo yo kuguteranya, ntufungwa nuko akagezi gakamye, kuko nubwo akagezi kakama Imana yagutegekeye ahandi Uzavoma.

Bibaho ko Imana ifungura abantu bagashaka gufunga kubera impamvu zabo bwite! Ntugahagarike umutima,ukwiye kumenya ko inzugi zose zikingwa n'abantu Imana Yacurishije Urundi rufunguzo rwaho, ntamuntu wabasha kuguhagarara imbere iminsi YOSE! 

Ushobora kuba Ubona hari UMURYANGO wafungutse ariko ukawutinyishwa no gutinya intambara uwubonamo. Ukwiye kugirira Imana icyizere kuko Imana niyo yonyine yo kubana nawe muri ibyo. Ntukwiye gutinya amagambo,ishyari, n'ibindi byose byatuma usubira inyuma. 

Ukwiriye gushira amanga yo gusingira umugisha. Hari umuntu waciye umugani ati:Udashaka kuvugwa yanga no gukora! Undi agira ati# when you are at the top, you become a TOPIC# Ukwiye kwihanganira inzuki zakurya igihe cyose ushaka kurya ubuki!

Imana iguhe umugisha!

Gaudin Mission International

Tuesday, 14 May 2019

ISRAEL MBONYI - NZARIRIMBA



Gaudin Mission International

NUBWO IBINTU BIBI BIJYA BIBA KUBANTU BEZA IMANA IKOMEZA KUBANA NABO. By Pastor M.Gaudin

NUBWO IBINTU BIBI BIJYA BIBA KUBANTU BEZA IMANA IKOMEZA KUBANA NABO.

2 Abami :4:1
"Bukeye umugore umwe wo mu bagore b'abahamuzi asanga Elisa aramutakambira ati: Umugaragu wawe ari we Mugabo wajye yarapfuye,kandi Uzi ko Uwo mugaragu wawe yubahaga Uwiteka.None Umwishyuza araje arashaka kujyana abana bajye bombing ngo abagire Imbata ze."

Sinzi ibihe urimo kunyuramo, Sinzi Ibibazo ufite ariko icyo ni kimwe nuko burya Hari ibintu bibi biba kubantu BEZA, nko gupfusha, gukena, guterezwa cyamunara n'ibindi kuko hari igihe ibyo unyuramo hataboneka Uwaguhumuriza,wareba ukabona abo mubana barasa nabagusinga Ariko Humura Imana izatabara!

Uyu umugore twabonye haruguru, yari afite umugabo w'Umukozi w'Imana, wakundaga umuryango we, kandi agahora ashaka uko babaho, igihe byangaga yanga kuraza abana ubusa agafata n'imyenda, rimwe narimwe agafata n'imyenda yo gukoresha umurimo w'Imana no kwakira abamugana bashobewe!

Igihe cyaje kugera urupfu rumutwara atiteguye nkuko rutwara benshi bari badufitiye akamaro, batwitagaho,bamenyaga uko tubayeho, abantu bajya babura abantu bari babafitiye akamaro. Ibaze nawe kuba uyu mugore hari mugahinda ko gupfusha, ariko Umwishyuza akaza! Isi nuko imeze nubwo Umugabo yapfuye urasabwa kugurisha inzu wabagamo ngo wishyure Ideni rya Bank,Niko ibintu byubatse mw'isi.

Uyu mugore muguhura n'ibibazo byinshi,hiyongereyeho n'ideni, ideni rishobora no gutuma utwana twe tuba abaretwa! Ariko kuko Uwo mugabo yakoreye Imana, Umugore Asanga Elisa.

Burya Hari ibibazo byatuma ujya gushaka umuhanuzi, Hari ibyakunjyana gusenga, Hari igihe ubona abantu basenga ukabaseka, Ukavuga ko basaze, ariko Ntiwajya kwiyuhagirira aho Namani yiyuhagiriye utararwara ibibembe, Ntiwasaba Yesu kuguhumura utarahuma, ariko nshuti hari ibihe, Ushobora kuba warabiciyemo, cyangwa Utarabicamo,ibyo bihe bijya bimarwa n'Imana gusa.

Ndashaka kukubwira ko Ibyo unyuramo byose Imana irabireba, kandi Niba ugize amahirwe yo gusoma iri Jambo ndakubwira ko Imana izakubera Icungu ya Vuba, kuko niyo yumva Umubabaro wawe, niyo Mufasha utabura kuboneka mu byago no mu makuba! Reka nkubwire ngo wowe wagize ibyago, Imana yawe Izakomeza kubana nawe. 

Nabonye Imana ibeshaho impfubyi, nabonye Imana ibeshaho abapfakazi, nabonye Imana yishyura Imyenda, nabonye Imana ikiza indrwara zananiranye! Ibihe urimo kunyuramo hari abagusengera nubwo utabazi, kuko abo dufaganyije imibabaro ya Kristo, dufatanyije n'imibabaro yacu, niyo Mpamvu Ukwiye gukomera.

Inkuru yose yaje kurangira, Imana itubuye utuvuta, Nawe Ndagira ngo nkubwire ko Imana iri buhere kubyo ufite bike ikakugirira neza. Imana yayumye bimwe ubibura niyo yagusigarije ibyo ufite! Ndagusengera wowe ufite ikibazo ubona kikurenze,ndagusabira guhura n'Imana. Nawe udafife ikibazo wibuke bene Data bafite ibibazo bikomeye kandi batiteye!

Ndakwifuriza Umugisha w'Imana



Gaudin Mission International

Friday, 10 May 2019

IYO IGIHE KIGEZE IMANA IFATA IBISANZWE IKABIBYAZAMO IBIDASANZWE? By Pastor M.Gaudin

IYO IGIHE KIGEZE IMANA IFATA IBISANZWE IKABIBYAZAMO IBIDASANZWE? 

Kuva 4:2-4
Uwiteka aramubaza ati "icyo ufite mu ntoki in iki? Aramusubiza ati " Ni inkoni."
Aramubwira ati "Yijugunye hasi." Ayijugunya hasi ihinduka inzoka.Mose arayihunga.Uwiteka aramubwira ati "Rambura ikuboko uyifate umurizo." Arambura ukuboko arayifata,irongera iba inkoni mu ntoki ze.

Imana izi ibintu byinshi,  dutunze byatugirira umumaro mugihe igihe kigeze! naho twebwe twaba tutabizi yo izi ibyo yaduhaye, niyo mpamvu igihe cyo ku kugirira neza nikigera izahera kubyo wasuzuguraga maze utangazwe nuko ikuyemo ikintu kinini.

Mose yatunze inkoni  yaciye  mw'ishyamba, ayimarana igihe atazi icyo izakora.....ariko igitangaje nuko mu nkoni Imana yakuyemo inzoka yariye izaba konikoni zose! ndakubwiza ukuri ko niyo nkoni yarambuye ku mazi agatana! 

Igihe cyo gutabarwa, Imana yisigarije ibisa n'Inkoni, n'ibindi mubuzima bwawe, gusa hahirwa abategereza Imana kuko yo yabishatse Igitondo cyawe cyahinduka nkuko sawuli yagiye agiye gushaka intama agasanga Imana yamutegeye mu nzira ngo abe umwami!!!!!! 

Icyo ufite ndetse nicyo uricyo ushobora kuba utabisobanukiwe, ariko Imana izi impamvu yakuremye, nimpamvu yakugize uko, impamvu yaguhuje nabantu, impamvu nkuru Yatumye ITANGA UMWANA WAYO. Imana ntizabura icyo iheraho ngo ikugirire neza Humura

Nubwo twibaza ibyo tubuze kenshi, dukwiye kumenya ko nibyo dusigaranye nabyo byasigajwe n'Imana kumpamvu zayo bwite kuko iyo bitaba uko yabishatse ntituba tukibukwa!

Uyu munsi ushobora kwireba ukabona Impano ufite ntacyo irakumarira, diplome ufite ntacyo is a nikumariye, Inshuti cyangwa umuryango ukabona ntacyo bikumariye, abaturanyi, cyangwa abo muziranye Bose! Nibyo igihe cy'Imana iyi kigeze yakoresha aba hafi cyangwa aba kure, yakirisha bake cyangwa benshi, gusa icyo nakubwira nuko Imana umunsi yahagurutse izahera kubyo wafataga nk'ibisanzwe maze ikabihindura ibintu by'Umumaro. Kuva 4:17, Imana ibwira mose iti kandi ujye Witwaza iyo nkoni niyo uzakoresha bya bimenyesto byose!

Iyo ubuzima bwawe ubweguriye Imana, ukayiha imigambi yawe hose, ukayiha igisebo n'icyubahiro cyawe, ukayereka abagukunda nabakwanga, ukayereka ibyo utunze bisa nibitagufiye akamaro, Yo kuko ariyo Izi Impamvu zibyo tunyuramo byose, Ikamenya Impamvu zo kubaho wacu, Izi uko Izabigenza ngo Uwari kucyavu imwicazanye n'ibikomangoma, Izi uko izabigenza imfumbyi igagira umuryango, Izi uko Izabigenza Impano yawe ikagera kuri benshi, Izi uko Izabigenza kugira NGO ubeho Uyihesha icyubahiro.

Imana yagukoresha ibidasanzwe naho wowe waba usanzwe, Imana yakoresha ibyo utunze ibidasanzwe nubwo byaba visa nibisanzwe! Ndakwifuriza kwireba no gutangira guha agaciro byinshi bikuzengurutse Imana Yahera kuri ibyo igihe cyose.


Gaudin Mission International

Popular Posts

Featured post

Faith, Hope, and Love: The Foundation of a Victorious Life

Faith, Hope, and Love:  The Foundation of a Victorious Life 1 Corinthians 13:13 "And now these three remain: faith, hope and love. Bu...