Wednesday, 30 November 2016

IMANA IZI IBIDUKWIRIYE, NTIDUHA IBYO DUSABYE GUSA!

Image result for Gaudin mIyo urebye ubuzima bw'abasenga benshi bagera igihe bagasa n'abatinya gusaba Imana, akeshi baba batinya guhura no kutabona icyo basabye! noneho bagahitamo gusaba ibintu kuri bamwe bita ko bishoboka! uzasanga umuntu asenga abandi bamwumva bati nawe ibyo ni ukugindoza Imana! ariko ntibiba ari ukugondoza Imana igihe cyose wibwira mu mutima ko Imana izaguha icyo ukeneye cyane kurusha icyo wasabye.

Mu byakozwe n'Intumwa ibice 3 harimo inkuru z'umuntu wavutse aremaye! kandi wari umaze kunyurwa nuko ari kuburyo ntahantu batubwira ko yigeze asaba gukira nari mwe, ahubwo yasabaga abantu kumuterura bakamwicaza ahantu kwirembo ryitwa ryiza! iri rembo koko ryari ryiza kuko ryari irembo binjiriramo bajya murusengero, ntago batubwira ko akimugaye yigeze agera murusengero! kuko ibyo  yasaba byari ibyoroheje kuburyo yabiboneraga ku muryango!

abantu benshi babayeho mubuzima bw'Uburwayi aho gusaba gukira wumva asengera kubona amafranga yo kujya mubuhinde, cyangwa yo kugura Imiti, uyu munsi nubwo utarimo gusaba gukira ndagutangariza ko Imana ibasha kugukiza, kuko ibasha kuduha ibirenze ibyo twayisabye n'Ibyo twibwira. abantu benshi bamaze kuba ibikange kuburyo bumva amajwi ababwira ko byarangiye bakwiye kwigumira kwirembo ry'Urusengero.

Kwirembo ry'Urusengero nihagati y'Ikicyifuzo n'Ishimwe, ndakubwira ukuri yuko Imana yagukura hagati aho ukinjirana n'abandi murusengero ugiye kuyishima, akenshi kwirembo umuntu ashima abantu niyo mpamvu uyu munsi niba wizeye Imana ntitaye kukibazo ufite Imana igiye kukuremera ishimwe aho  gushima abantu ukagerana nabandi murusengero ukajya gushima Imana.

sinzi nawe icyo umaze iminsi usengera, ndashaka kugutangariza ko Imana itareba gusa urutonde rw'Ibyo wasibya ahubwo ifite urutonde runini rw'Ibidukwiye, Imana iragira iti nzi ibyo nibwira kubagirira, ndakubwiza ukuri ko uyu mwaka nuhanga amaso Imana uzabona ibintu byinshi biruta cyane ibyo wayisabye kuko Ibasha gukora ibiruta cyane ibyo dusaba! abefeso 3:20.

Ndakwifuriza kwizera Imana ishobora kugutunga ubu ndetse n'ejo hazaza hawe harashinganye, akira igitangaza cyawe mw'Izina rya Yesu, Imana uyu munsi niba wasabaga amafranga yo kurya iguhe aguze imirima no guhingisha, niba wasaba itike iguhe imodoka, niba sabaga abaguterura igukize ubumuga n'ibindi wowe wizere Imana ishobora kuguha ibirenze!

Pastor Gaudin
New Jerusalem Church

ndabakunda!

Friday, 25 November 2016

Potential Is Never Given for Itself

Image result for myles munroe
Therefore, as we have opportunity, let us do good to all people, especially to those who
belong to the family of believers (Galations 6:10).

When I was in college, I went on a tour of Europe. After several days, I lost interest in all I was seeing because my fiancée, who is now my wife, was not there to share it with me. On that trip I learned
the truth of this principle: Potential is never given for itself. Whatever God gives to you, He gives for others. Even as a solitary instrument cannot produce the majestic music of a symphonic orchestra, so human beings cannot glorify their Creator in isolation. 

I need your potential to maximize mine, and you need my potential to maximize yours. All we have been given is meant to be shared. After man had finished naming all the animals and no suitable
helper for him was found among them, God performed another significant act of creation. Why? “It is not good for the man to be alone” (Genesis 2:18). God did not make woman because man asked for a wife, nor
because a helper for man was a good idea. Man needed a companion because he could not realize his potential without sharing it with someone. His solitary existence was not good. To be solitary or alone is not the same as being single. To be alone is to be isolated and cut off from others. Communication is impossible because you have no one like yourself to share with. This is what God says is not good. To be single is to be unmarried. Marriage is not a requirement or a prerequisite for the fulfillment of your potential. You do not necessarily need a husband or a wife. 

What you do need, however, is someone with whom you can share your potential. This is true because your personal satisfaction is connected to your fulfilling God’s purpose for your life, and your purpose cannot be achieved in isolation. You need those people who will call forth your potential and into whom you can pour your life. You may be wired to be single, but you are not designed to live isolated and alone. You need someone with whom you can share your potential.

From Late Myles Munroe

Friday, 11 November 2016

ITANGIRIRO 2:18-25
Kandi Uwiteka Imana iravuga iti “Si byiza ko uyu muntu aba wenyine, reka muremere umufasha umukwiriye.”.Uwiteka Imana irema mu butaka amatungo yose n’inyamaswa zo mu ishyamba zose, n’inyoni n’ibisiga byo mu kirere byose, ibizanira uwo muntu ngo imenye uko abyita, kandi uko uwo muntu yise ikintu cyose gifite ubugingo, aba ari ryo riba izina ryacyo.Uwo muntu yita amatungo yose n’inyoni n’ibisiga byo mu kirere n’inyamaswa zo mu ishyamba zose, ariko umufasha umukwiriye yari ataraboneka.

Uwiteka Imana isinziriza uwo muntu ubuticura arasinzira, imukuramo urubavu rumwe ihasubiza inyama,urwo rubavu Uwiteka Imana yakuye muri uwo muntu, iruhindura umugore imushyira uwo muntu.Aravuga ati “Uyu ni igufwa ryo mu magufwa yanjye, Ni akara ko mu mara yanjye, Azitwa Umugore kuko yakuwe mu Mugabo.”.Ni cyo gituma umuntu azasiga se na nyina, akabana n’umugore we akaramata, bombi bakaba umubiri umwe.Kandi uwo mugabo n’umugore we bombi bari bambaye ubusa, ntibakorwe n’isoni.

Dusomye neza muri iki gice, dusobanukirwa uburyo bukwiye abantu bakwiye kwitwara mugihe cyose bumva bafite ibyifuzo byo gushinga urugo. umuntu wese utarashaka kandi witwa ko ari umukristo yakabaye ahugijwe n'Umurimo w'umwami Imana imuha gukora. hanyuma igihe cyose Imana iba izi neza ibyo dukeneye. aha unyumve neza sinkubuza kubenguka no kubengukwa, ariko ndabaza nti ese uhugiye mubiki?

Adamu yari ahugijwe no kubana n'Imana yewe ibyo byari binamunejeje, Imana yonyine niyo yashoboraga kumenya ko Adamu hari ikintu abura, Hanyuma iramusinziririza imuzanira umuntu maze atangira  kuvuga byinshi.

Hari abantu bavugishwa amagambo menshi n'abantu Imana itabazaniye,ukmara kumubwira amagam amagambo asa nayo adamu yavuze ati: uyu ni igufwa ryo mu magufwa yanjye! ugasanga wabibwiye abantu barenga umwe! Ese nshuti yanjye umaze kubwira bangahe ayo magambo? sinshaka ngo unsubize ahubwo ndashaka ko ubitekerezaho!

Igihe cyose kubana n'Imana bikurutira kubana n'Umugore cyangwa umugabo, Imana ibona ko nawe umukeneye. Imana ngo ibona ko atari byiza ko Adamu aba wenyine! Uyu munsi Abantu benshi bahugijwe no gushaka inshuti aho gushaka Imana! ariko nkubwize ukuri, Inshuti nziza uyibonera mu mana. Inshuti ukuye hanze y'Imana ukayizanira Imana izagusubiza hanze ikujyane kwa sobukwe usange ari kwa Satani.

Uyu munsi ndagira ngo dufatikanye kwibaza iki kibazo: Ese Imana ko idategeka abantu bose Gushaka, igihe cyose nshatse bitandukanye n'Ijambo ryayo ntahabwa umugisha? hari abantu benshi bagirwa Inama mbere yo gushaka, aho usanga umukobwa w'umwizerwa ashakanye n'umupagani ngo azamuhindura, ariko Imana ntiyigeze ituremera abantu bo guhindura ahubwo ikuremera uzaguha umunezero.

Igihe cyose uhugiye ku by'Imana izita ku byawe, niba uyu munsi ikikurangaje ari ugukora umurimo w'Imana, niba ikikurangaje ari ukubaha Imana , gukiranuka no Kwirinda Imana izaguha umufasha ugukwiye. kandi uwo uzabona aje kugushyigikira mu muhamagaro kurenza kuwugukuramo. abantu benshi bararira ngo abagore cyangwa abagabo babo ntibabemerera no gusenga! ariko nkwibarize nti ese wamushatse ute?

Ntushobora kwica amahame y'Imana mu byo kubaka urugo ngo wizere ibisubizo biturutse ku mana, ndahamya ko Imana yo ifite uko ivuga, niba uri umukristo, ugashakana n'Umuntu utizera Imana, kandi Imana yarabikubujije, ndahamya ko uba wiyemeje kureka Imana ugasanga umugabo cyangwa umugore.

Uyu munsi Imana ishaka ko duhugira mukwimenya no kumenya Imana , aho guhugira mu kumenya abo tuzashaka n'ibindi turarikiriye! igihe cyose utakaje uwo uriwe kugirango wakire undi muntu mubuzima bwawe uba uhombye ikintu kinini.

igihe cyose wumva ko uhagijwe nuko uri wenyine, kandi wowe n'Imana muhagije kubanaho ubuzima bwiza nibwo Imana ibona ko ukeneye umufasha. icyo gihe gushaka bizaba ari umugisha kuruta ko byakubera umutwaro. ukwiye kuba wihagije mu mitekerereze, kuko Imana yita kubugingo cyane kuruta ibigaragara.

Hari abantu bajya bavuga ngo:Unyanze napfa! uko biri kose umuntu wicwa nuko bamwanze abeshejweho nuko bamukunze? icyo cyaba ari ikinyoma! abantu bashobora ku kwanga ariko Imana mwatangiranye urugendo niyo murusozanya iyo ukomeje kuyibera umwizerwa. Uyu munsi ukwiye kumenya ko Ubuzima bwo gushaka uwo muzabana, bukwiye kubanzirizwa n'Ubuzima bwo gushaka Imana yamuremye, hanyuma mubiganza byayo niho wakura uwo Imana yakugeneye kandi akagufasha kuzuza ibyo Imana yakuremeye.

Uyu munsi, hari abantu benshi, binkira mubyo bita urukundo ugasanga niba yari akomeye nibwo aguye, nonese ubwo uwo ni umufasha? umufasha aho agusanze akuriza indi ntambwe, akongerera icyubahiro, arakubahisha, kandi yishimira ko Imana yakomeza kukuzamura!Kuko icyo azira mubuzima bwawe si ikindi ahubwo aza kugushyigikira.

Hano ukwiye kwibuka ibi:

1.Abantu bose ntibashaka; hariho abavutse ari ibiremba, abandi bakonwe n'abantu, hariho n'Inkone zikona ubwazo ku bw'Ubwami bwo mw'Ijuru. matayo 19:11

2. Ukwiye guhanga amaso Imana aho kuyahanga uwo wifuza gushaka, kuko umuntu muzima uzamukura murugendo rugana ku Mana, abandi bose batari muri iyo nzira  bashobora kukurangaza. nuwo wakura ahandi hatari aho ukwiye gushishoza cyane.

3.Gushaka si amaranga mutima ahubwo n'icyemezo, kuko amarangamutima ahindukana n'ibihe, imyaka n'Ikimero. umuntu wifuza gushaka ujye wibuka ko ari we muzabana ibihe byose, arwaye, akennye,akize,mu bibi no mu byiza. ntukwiye kumushakira ibyo atunze.

4. Igihe cyose umuntu atanyuzwe no kubana n'Imana, ntiyiteguye kubana n'umuntu munzu!

5. Ukwiye kwita kucyo Imana iguhamagarira gukora kw'isi nibwo Imana izaguha Umufashaka ugukwiye. ariko niwita ku mufasha ugatakaza impamvu, uzazana umuntu wo kujugunyira izahabu zawe ingurube kuko atazi ibyo wahamagariwe.

5. Igihe  cyose Imana iguhaye umugisha, biguhesha amahoro. Igihe cyose  ubuze amahoro uba wakiriye ikitari icyawe.

6. Ubuzima bw'Umuntu ntibushingira ko afite inshuti y'umukobwa cyangwa y'Umuhungu, ahubwo bushingiye ko ufite Imana ikuzi na nyuma yo gupfakara. Ukwiye kwita Kucyo Imana ikuvugaho kuruta kwita kuko wifuza kumera.

7. Ukwiye kubanza kuba wikunda bihagije byatuma uzakunda nuwo muzabana. Ese wifuza ko watwara inda? wifuza gushaka udakoze ubukwe? wifuza kugwa kubera ubusambanyi? igihe ibyo byose utabyifuza ntiwabyifuriza nuwo ubwira ko ukunda! 

8.Ukwiye kwibuka ko ibyo umuntu abiba aribyo asarura: Ese wifuza kuzumva abana bawe babana n'abagabo cyangwa abagore utabizi batarasezerana? uyu munsi ukwiye kwibaza uti ese kuki njye nakora ibi mw'izina ry'Urukundo.

Icyitonderwa: Uyu munsi Isi igeze aho ibona ubwizerane nko kwemera kuryamana n'Umuntu (Gusambana mbere yo kwemerwa n'Imana n'abantu). kuburyo ibyo bitabaye hariho bamwe bumva ko mutizeranye. ariko ubusambanyi ntibuvuga kwizerana! ubihakana agende abaze abantu bigurisha, ese hari ubwizerane bagira?

Umuntu wese umuhungu ashuka, cyangwa umukobwa ati nitutaryamana sinzamenya ko unyizera, uzamenyeko ahubwo uwo muntu ashaka kukurimbura. naho akarimi ke kaba ari keza rwose. imigani 5:3-23, uyu munsi kwizerana bikwiye kugushingira ku byo mwibwira n'ibyo mutekereza kurenza ibyo mukora.

Kwizerana naho bihuriye n'Igikorwa, ahubwo bikomezwa no kwibwira kumwe, mu migambi, inzozi, ibyo mwemera n'ibindi. abantu babanza imibonano mpuzabitsina nk'Ikimenyetso cyo kwizerana bari mu mwijima kuko Satani ashaka kubarimbura. Imigani 7:1-27

Uyu munsi niba wifuza urugo rwiza ukwiye kurutegura UBANA N'Imana aho kwiruka inyuma yabo ushaka kuzaba nabo, niwiruka ushaka Imana, muri iyo nzira uzabonamo umufasha, nugwa azakubyutsa, nusubira inyuma azagusengera, azagushyigikira mukuzuza ibyo Imana ishaka ko ukora. aho kukubohera mubyo we yifuza.

Yesu agira ati nuko nimumenya ukuri niko kuzababatura: Uyu munsi ntukwiye kuba imbata y'Umuntu uwo wari we wese ahubwo ukwiye kuba Imbata ya Kristo hanyuma ugakorera abantu nkuziko azahembwa na Kristo. niba uri umugabo, umenye ko n'uba umugabo mwiza murugo ukarerera Imana neza Imana izaguhemba. niba uri umugore ugafasha neza umugabo wawe kuzuza inshingano Imana imuha Imana izaguhemba. Ibihembo bikuru bizahambwa abantu bitaye kuby'Imana aho kwita kubyabo. kuko Imana yo yita kubyacu cyane.

Pastor M.Gaudin
New Jerusalem Church

Contact: +250788329339
Email: pstgaudin@gmail.com

Wednesday, 19 October 2016

Life and Power Is in the Seed

Image result for seed
For as the soil makes the sprout come up and a garden causes seeds to grow, so the Sovereign Lord will make righteousness and praise spring up before all nations (Isaiah 61:11).

God created seeds to guarantee the fulfillment of future generations. Every plant, animal, bird, reptile, and insect possesses within itself the ability and potential to reproduce itself and to continue the propagation of its species. Consider then the prospect if every seed decided to germinate, develop into a beautiful tree, and have juicy, sweet, seedless fruit. What would be the result? A natural tragedy! Chaos would ensue and ultimately the genocide of mankind would follow as oxygen disappeared from the atmosphere for the lack of
trees.

Please note that the seed in this example did fulfill part of its purpose. It germinated, grew, developed, and even bore fruit. Yet the totality of its potential was not fulfilled because it did not extend itself to the maximum potential of releasing seeds. Because the seed failed to reproduce itself, the next generation of trees was robbed of life, consequently affecting the entire human race and all creation. This is the impact when one element in nature withholds its true potential and refuses to maximize itself. Tragically, there are millions of people who exist in “seedless lives.” They are conceived, grow, develop; they dress up, smell good, and look good; and they even pretend to be happy. 

Yet everything they are dies with them because they fail to pass on everything God gave them. They have no sense of generational responsibility. They have no idea of their duty to the future. No man is born to live or die to himself. When a seed maximizes its potential, it not only feeds the next generation but also guarantees it through the seeds in the fruit. God gave you the wealth of your potential—your gifts, talents, abilities, energies, creativity, ideas, aspirations, and dreams—for the blessing of others. You bear the responsibility for activating, releasing, and maximizing this potential as a deposit for the next generation

"No man is born to live or die to himself"

Tuesday, 11 October 2016

Urugendo rw’Umukristo: Eliya na Elisa(Igice cya 2)

Desire Habyarimana's Profile Photo
2. Urugendo barukomereje i Beteli:

Beteli bisobanura mu nzu y’Imana. Muribuka Yakobo ahunze Esau, Imana ikamwiyereka yiseguye ibuye ? Akangutse yasize amavuta ibuye, arangije ararishinga yita aho hantu i Beteli aravuga ngo nungarukana amahoro, ukampa ibyo kurya n’ibyo kwambara nzahakubakira inzu (Itangiriro 28:18-22). Aho ngaho ni ho Yesu yaje kuvukira.

Nyuma yo gukebwa noneho wageze mu nzu y’Imana, uri Amukristo mwiza. Imana ishimwe. Mu nzu y’Imana nagira ngo nkumenyeshe ko habera ibyiza utabona ahandi : hari imigisha yose Imana itanga kuko Salomo umunsi ataha inzu y’Imana yabwiye Imana ngo ngwino winjire muri iyi nzu ikubere ubuturo (1 Abami 8 : 22-53). Igituma abapfakazi, impfubyi bagera mu nzu y’Imana bakanezererwa Imana ni uko inzu y’Imana ari uburuhukiro bw’abantu bayo. Iyo uyijemo ufite ibikugoye, wizera kuruhuka.

Ikibazo rero ni abaje mu nzu y’Imana batarakebwa, bagasanga turashima ko Imana yaduhaye imigisha na bo bagasaba imigisha batarakebwa. Ni cyo kibazo gituma haba uruvange mu nzu y’Imana, kandi muribuka ko Abisirayeli bahaguruka mw’ Egiputa bahagarukanye n’ikivange cy’abanyamahanga, ni bo babakururiye akaga mu nzira bamwe ntibagera mu gihugu cy’amasezerano (Kuva 12 : 38).
Kuko abo bantu rero basabye imigisha batarakizwa ngo bige kubana n’imigisha, iyo babonye imigisha bashakaga bahita basubira inyuma cyangwa iyo migisha baboneye mu nzu y’Imana ikabatera ubwibone. Wambaza ngo kuki Imana ibaha imigisha kandi batarakizwa?

Yego nyine irayibaha kuko ubuntu bwayo bwuzuye isi yose, ivubira imvura ababi n’abeza, no mu mirima y’abarozi na ho ikagwamo, n’uwahinze itabi n’urumogi na ho ikagwamo kuko ubuntu bw’Imana ni bwinshi cyane kandi urukundo ikunda umuntu ni rwinshi, iba imutegereje ngo yenda azakizwa. Kandi umuntu afite uburenganinzira bwose, ashobora gukizwa cyangwa akinangira umutima. Ariko kuko Imana ari umutunzi w’imbabazi, yifuza ko bose bakizwa bakamenya ukuri.

Kandi gusenga ugasubizwa ntibivuga ko uri kumwe n’Imana, ahubwo uhore wisuzuma ko wakebwe mu mutima. Muribuka ko Yakobo yagiye yibye umugisha wa mukuru we (izina Yakobo risobanura umuriganya), ariko mu myaka 20 yamaze kwa sebukwe intama zaragwiriye, abona imigisha myinshi irimo abana n’abagore, ariko icyaha yacyihaniye mu nzira ataha (Itangiriro 32:22-32). Ni ko bimera, ushobora kugira imigisha y’i Beteli ariko utarakebwa.

Ahubwo nubona ibyawe bigenda neza, uhore wisuzuma ubaza Imana uti «Ko uri kumpa umugisha mu bugingo bwanjye ni hazima ? Ubu impanda ivuze nayumva ? » Bizatuma ukomeza kubana n’Imana akaramata, mubane nk’umubyeyi n’umwana. Kandi muzi ko Bibiliya ivuga ku bantu bahawe umugisha n’Imana, ikavuga ngo « Nimumara kurya mugahaga, mukubaka amazu mukayabamo, muzirinde ntimuzibagirwe Uwiteka Imana yanyu» (Guteg. 8:11-19).

Mbifurije kuryoherwa n’imigisha yo mu nzu y’Imana, kandi impamvu abantu benshi batagikunda kuza mu nzu y’Imana ni uko batazi ibyiza bihari. Ariko nta wabarenganya kuko ijambo ry’Imana rivuga ngo «Aho ubutunzi bw’umuntu buri n’umutima we ni ho uba.» Uzi ko Abakristo benshi baza mu rusengero ku Cyumweru, ariko kandi n’ubwo waba utaje mu rusengero uribuka ko wowe ubwawe nawe uri urusengero.

Mbese iyo ugenda uba uri mu mwuka wo kubaha Imana, cyangwa uyubaha iyo uje mu rusengero ? Ikindi gihe upfa ibyo wivugiye upfa uko wifashe ? Ariko niba Yesu atihanganiye abacururizaga mu rusengero kandi yari inyubako yubatswe n’abantu, n’abacururiza mu rwo yiyubakiye ubwe ntazabihanganira. Menya uwo uriwe n’agaciro kawe, Imana izaguha imigisha yose itangira mu rusengero. Amen. Pastor Desire@agakiza.org

Thursday, 6 October 2016

UMWICANYI WA KERA NIWE MUVUGABUTUMWA MWIZA: UKO IMANA IKUBONA.

Image result for pastor Gaudin
Iki gitondo ndashaka kugaruka ku mugabo w'Umwicanyi ruharwa ugaragara muri bibiriya, uwo yishe benshi, kandi benshi baramutinyaga, iyo bamubonaga bibukaga abo yishe bagahindishwa umushyitsi nuko ariwe ugarutse. yishe beshi ababuza gukurikira inzira ya Yesu, yahohoteye benshi kandi benshi bakutse imitima kubwe, yise ababyeyi kuburyo imfubyi zitamwiyumvagamo, yishe abana kuburyo ababyeyi batamwiyumvagamo.

Amateka ya kera amugira mubi cyane , nkuko nawe wibutse ayawe wakumva hari abo yateye agahinda ndetse bakubona bakakwishisha, kuko uzi uko wabagiriye! uyu tucuga ni Sawuli Imana yaje guhindurira izina akaba Pawulo, uwo tuzi wabwirije benshi, wabatije benshi, wakoze imirimo itangaje kuko nubwo yari umwicanyi Imana yamurebagamo umuntu izakoresha ibikomeye nko kwandika, ibitabo byishi birusha muri bibiliya!

Uyu munsi nkufitiye inkuru nziza! iyo umuntu ari muri Kristo Yesu aba abaye icyaremwe gishya. IMANA buri gihe ntiyibuka ibyacu bya kera ahubwo iturebera ejo hazaza kuko izi neza ko ejo hacu ari heza cyane kuruta ahazaza! Imana ntiyitaye kubyo wakoze bibi igihe cyose witeguye gukora ibyo igusaba ubu! niyo mpamvu Imana atarebeye mumateka ya kera Pawulo, ngo aho ajya hose ivuge ko ari umwicanyi, uyu munsi ndashaka ko ubaho mubuzima bwiza bwo gutekereza ko Imana iguhaye amahirwe yo kubaho mubuzima bwiza ntampamvu yo kwitekerereza mubyahise! 

ndashaka kukubwira ko uyu munsi satani akomeza akongorera akwereka ibyahise, ariko ukwiye kumubwira ko udakeneye kuba muri gereza ya kera ahubwo ushaka kubaka umurwa w'Ibintu bishya, hariho amahirwe yuko umwicanyi, umusambanyi, umujura, umusinzi, n'Aabandi abantu babona bakabona batahinduka , Imana ikibafiteho umugambi mwiza kuko  Imana itaturebera mu mateka. akenshi usanga abantu kugira ngo baguhe akazi bakubaza aho wabanje gukora, gusa Imana ntibibona gutyo kuko ibyo wabanjemo ntahantu bihuriye nibyo ujyiye gukora.

ugiye kuba umuntu udasanzwe kuko ibyakera numara kubyibagirwa, uratangira kwagura inzozi, birashoboka ko wakongera ugasubira mw'Ishuri, byashoboka kongera kuba umwizerwa, wakongera gutera Imbere kuko Imana ikubonamo byishi  cyane, kandi bitarasohora nubwo wowe wireba nk'Umuntu watsinzwe, wibuka amateka mabi gusa, ndashaka kukubwira ko pawulo yari afite uruhande rwiza abantu batari bazi, kuko Imana yamuhaye uburyo bwo gukora neza, ndababwira ukuri yuko abo yakirishije ubutumwa bwiza baruta ubwishi cyane abo yishe umubiri gusa! ntimutinye uwica umubiri, ahubwo mutinye uwica ubugingo.

uyu munsi ndakumenyesha ko hakiri amahirwe menshi niba ukiriho, ahubwo ukwiye kurushah kureba ibiri imbere, Pawulo agera ahantu aravuga ati nibagira ibiri inyuma nkasingira ibiri imbere, ndasiganirwa gufata icyo Kristo yamfatiye. niba ukeneye gutera Imbere ukwiye kwibagirwa ibihe byo gutsindwa wanyuzemo, ibihe byo kuguca intege, ahubwo ukwiye kongera kwegera Imana kuburyo ikwereka ahazaza heza aho abantu bose batakubona ahubwo Imana ikubona!

Ndakwifuriza umugisha utangwa n'Imana!

Pastor M.Gaudin
New Jerusalem Church.

Wednesday, 5 October 2016

Gukizwa ni ugutera intambwe! Pastor Desire Habyarimana

Desire Habyarimana's Profile Photo
« Sigara aha »* 2 Abami 2:1-11
Gukizwa ni ugutera intambwe kuko tuva mu bwiza tujya mu bundi.
Iyo ukijijwe ntutere intambwe buri gihe ugana imbere, biba ari ikibazo kuko ni nko kubyara umwana ntakure. Uri umubyeyi wababara cyane ari nta cyo utakoze ngo akure, ariko bikanga. Nkeka ko ariko Imana ibireba iyo ibona umwana wayo amara umwaka yumva ijambo ry’Imana ariko ntakure ngo atere intambwe, areke ibyaha byamuneshaga kera atarakizwa.


Mu buzima bwa Gikristo duhura na byinshi bitubwira ngo «Sigara hano, ntutere intambwe.» Indirimbo y’108 hari aho igera ikavuga ngo «Jye ndi Umukristo, ndakomeje mu rugendo rwanjye. Iby’ino mu isi ndabihinyuye, nsigaye nifuza ibyo mu ijuru.» Bivuga ngo iyo iby’isi utabihinyuye (aho kugira ngo ubitegeke byo bikagutegeka) birakudindiza ntibitume utera intambwe ujya mu ijuru. Kandi muzi yuko turwana n’isi, n’umubiri na Satani. Ibyo byose ni ibigambiriye kudusigaza. Baca umugani mu Kinyarwanda ngo « Umuntu asiga ikimwirukankana, ntasiga ikimwirukamo. »
Gutsinda abandi biroroshye, ariko kwitsinda birakomeye. Kwigisha abandi biroroha, ariko kwiyigisha birakomeye. Bishatse kuvuga ko isi ari yo tugendamo, umubiri turawambaye ibyo byose kubitsinda birakomeye, bisaba gufata icyemezo cyo kudasigara nka Elisa kuko iyo apfa gusigara aho abonye ntiyari kubona umwitero wa Eliya.
Muribuka ko na Pawulo yageze aho akavuga ngo « Ndiruka kugira ngo mfate icyo Kristo yamfatiye. » Ntukwiriye gusigara utaragera kumpera y’umuhamagaro wawe. Ibigeragezo ducamo, 90% biba bigamije kudusigaza. Ariko ntitugomba gusigara n’ubwo dufite inzitizi nyinshi mu nzira ijya mu ijuru.
Hari ubwo n’Imana igucisha mu bigeragezo, kugira ngo irebe ko uzi uwo wakurikiye kandi ko urukundo uyikunda ari urw’ukuri cyangwa ari urumamo. Yesu mu mugani w’umubimbyi yasobanuye ko hari abantu batotezwa kubw’ubwami bw’Imana bikabasitaza bagasubira inyuma (Matayo 13:21).
Aburahamu Imana yamuhaye umwana w’ikinege, hashize iminsi imutegeka kujya kumutambaho igitambo (Itangiriro 22:1). Ariko nyuma Imana ibonye atsinze icyo kigeragezo (adasigaye aho ngo atsindwe), Imana iramubwira ngo « Kuko ukoze icyo, nanjye nzaguha umugisha, uzabe umugisha…
Naomi yagerageje abakazana be, Orupa yisubirirayo ariko Rusi yihambira kuri nyirabukwe (Rusi 1:6). Rusi rero byamuhesheje kuba mu gisekuruza cya Yesu, kandi n’ibyo yari yigomwe yarabibonye, atsinda icyo kigeragezo neza ntiyasigara nka Orupa.
Gideyoni Imana yaramubwiye ngo « Abantu (ingabo) baracyakabije kuba benshi. Manukana na bo mujye ku mugezi mbakugeragerezeyo, uzamenya abo uzatabarana na bo (Abacamanza 7: 4). Yasigaranye ingabo 300 gusa, aba ari bo batsinda ku bw’Uwiteka na Gideyoni.
Burya umuntu wese utarageragezwa yakwemeza ko ari umukiranutsi, ariko Umukristo w’ukuri. Uzamumenyera mu makuba no mu bibazo, ni ho umuntu yerekana Yesu yizeye kuko benshi iyo babinyuzemo ntibabivamo. Nyamara Yakobo 1:12 haravuga ngo « Hahirwa uwihanganira ibimugerageza, kuko namara kwemerwa azambikwa ikamba ry’ubugingo. »
Ntuzacikwe n' igice cya 2........

Pastor Desire@agakiza.org

Thursday, 29 September 2016

The World Needs Your Potential

Image result for pastor Gaudin Esther 4:14
For if you remain silent at this time, relief and deliverance for the Jews will arise from
another place, but you and your father’s family will perish. And who knows but that you
have come to royal position for such a time as this?” 

God created all men to dominate the earth, not one another. Therefore, every human possesses the ability and the potential to dominate, rule, govern, and manage the earth. Each one has within him the spirit of leadership and the aspiration to determine his own destiny. This sacred spirit must be respected, protected, and properly related to God, the Creator, or its power will be turned toward other men to oppress them. This has been the plight of all Third World people. They have fallen victim to the ignorance of men concerning the equality and purpose for mankind. We have all been created to serve the purposes of God as partners in dominion over creation, for the purpose of manifesting God’s nature and Kingdom on earth as it is in Heaven. 

Jesus the Christ came into the world for this reason: to restore us back to our Creator/Father God through His atoning work so that we can rediscover our rightful place within His will for His creation—not to create a religion. This great message, called the gospel, has been contaminated by many for their personal motives and has even been used to justify oppression and suppression in many cases. Therefore, it is imperative that we in this generation commit ourselves, our resources, and our energies to destroying the ignorance and error that cloud the truth concerning mankind, God’s crown of creation. You are so valuable and necessary to the destiny of the human race that God chose to come to earth Himself to redeem you to your
purpose and true potential. What you were born to do and be caused Jesus Christ to come to give His life for your reconciliation. 

The world needs your potential. Nothing is more tragic than the waste, denial, abuse, and suppression of human potential. The millions of Third World people in Europe, Asia, Africa, and the Americas, including those who are quietly buried within the walls of the industrial states, must now determine to loose themselves from the mental shackles of the oppressor; to honor the dignity, value, and worth of their brothers; and to provide an environment within which the corporate will and energy of the people may be developed. We must chart a new course based on the principles of the Kingdom of God that will harness the intellectual resources, spiritual virtues, and economic industry of our people and will provide a national incubator that will encourage the max imization of the potential of generations to come.

Pastor M.Gaudin
New Jerusalem Church

BOOK QUOTE: Maximizing Your Potential [Chapter 10]/source

Thursday, 15 September 2016

Your Source/Creator Determines What You Can Do

Your Source/Creator Determines What You Can Do

Jesus gave them this answer: “I tell you the truth, the Son can do nothing by himself; he
can do only what he sees his Father doing, because whatever the Father does the Son
also does (John 5:19).

What you can do is related to where you came from. God is serious when He says, “Without Me you can do nothing.” It’s not a matter of being spiritual, it just plain business sense. He created and made you. You came from Him. Therefore, the quality of your abilities is defined by God’s abilities. If you want to know what you can do, find out what God can do. God, who is omnipotent, created you to share His potential. When He took you out of Himself, He automatically gave you the ability to be creative and imaginative. You share God’s potential to plan, design, and bring dreams into reality. God is full of more projects, ambitions, and proposals than you can imagine. He’s the God of the impossible.

But He has tied the revelation of His potential to your dreams, aspirations, and prayers. That’s why God is constantly challenging you to ask Him for the impossible. The possible is no fun for God. He’s already done that. It’s the ideas, plans, and objectives the world hasn’t seen yet that God wants to do. You are the key to God’s creative expression. You can do anything God demands of you because your Creator will never demand more of you than He’s already built into you. God’s saying to you, “Go ahead. Imagine anything you want. There’s nothing you can imagine that I don’t already have. I need your imagination to demand it. Your potential is related to My potential, and I am omnipotent.” God designed you to operate like He does. Faith is going into the realm where you demand out of God what’s in Him that no one has seen yet.

Are you in a situation that completely baffles you so that you don’t know where to turn? You are the perfect candidate through which God can reveal His glory. God gets the glory when you make demands on Him. If you want to glorify God, make Him do things He hasn’t done yet. Go out on a limb and stretch your faith.
That’s how He created you to function. Without faith you cannot please God (see Hebrews 11:6). He demands you to perform the way He does, and He operates by faith. 

"God has tied the revelation of His potential to your dreams, aspirations, and prayers".

Friday, 9 September 2016

The Enemy of Your Potential

The Lord is exalted, for He dwells on high; He will fill Zion with justice and righteousness.
He will be the sure foundation for your times, a rich store of salvation and wisdom
and knowledge; the fear of the Lord is the key to this treasure (Isaiah 33:5-6).

When God placed man in the Garden, He commanded him to work the garden and take care of it. This requirement of God is given to man before he breaks fellowship with God through disobedience. Man is in his ideal environment, being filled with God’s power and anointing, living in perfect holiness and purity, and enjoying God’s fellowship and presence. Thus, this commandment implies that something or someone was waiting to take or attack what man had been given to keep. John 10:9-10 warns us of this thief. 

Satan is our enemy. He wants to destroy the power of God within us so that God’s glory is not revealed in us. He’s out to destroy all we could be because he knows that those who become rerooted in God have the ability to act like God, showing His nature and likeness. Consequently, satan comes as a thief to steal our potential because he cannot boldly challenge God’s power within us. Our outward container, which is our body, reveals nothing of the treasure inside us. This all-surpassing treasure is God’s power and wisdom. In other words, the key to releasing God’s power within you is reverencing Him, which is living with Him in a relationship of obedience and submission. 

You are filled with heavenly wisdom, but you have to follow God’s program to benefit from it. Jesus spoke of this need to live in relationship with God in John 15:4-7. No wonder satan tries to steal our potential. He fears God’s power within us because it is greater than he is. Therefore, our dreams, plans, and ideas are targets of his evil forces. The minute we have a good idea, the deceiver will send someone to criticize our dream because he cannot permit us to accomplish our vision. As long as we are only dreaming, he is safe and he’ll let us alone. When we begin to act on our dream, he’ll hit us full force. You are responsible to guard your dream and bring it to reality by safeguarding and protecting it from injury and loss. To do so you
must understand how satan seeks to rob you of your destiny

God bless you!

Thursday, 8 September 2016

URUKUNDO MWAKUNDANYE RUZAGUKIZA.

Zaburi 91:14 "Kuko Yankunze akarama ni cyo 
nzamukiriza,Nzamushyira hejuru kuko yamenye Izina ryanjye.Azanyambaza najye mwitabe, Nzabana nawe mu makuba no mubyago,Nzamukiza muhe icyubahiro, Nzamuha uburame,Kandi nzamwereka agakiza kanje."

Benshi mubakundana, bakiyemeza no kubana, bagira Indahiro barahira maze bagahitamo kubana mu byiza no mubibi, mu gihe cya cyera n'icyubu abiyemeza kubana, bahitamo indahiro barahira ndetse nabyita ko ari ISEZERANO BASEZERANA. bamwe basezerana AKARAMATA,abandi bagahana IGIHE maze ngo barambirana ejo BAGATANA. 

Umukobwa umwe w'umutunzi, yari afite ubutunzi bwishi cyane kuko yavukiye ibwami kandi avuka ari umukobwa, nubwo atari gusimbura se, ariko umusore yajyaga gusha yari kuba Umwami, maze mw'Irahira kugirango babane nuwo yakunze, yamusabye ikintu kimwe ati rwose mugabo mwiza, urabizi ko ntakintu kindi nkushakaho usibye urukundo, maze ndakwinginze ubwire urukundo unkunda, maze umusore kubera ubukene yari afite abitekerezaho yibaza mu mutima maze ati nzagukunda akaramata! umukobwa biramunezeza cyane kuko yumvaga aricyo gisubizo yifuza kuko ntakindi yari akeneye uretse umuntu uzamukunda urukundo rw'ukuri nkuko nawe yashakaga uwo akunda byukuri.

Igihe cyaje kugera rero umukobwa asezerana n'umugabo we, maze umugabo amaze guhabwa inzu, imodoka, n'ibindi bintu byo gutuma asubirana agaciro nk'umuntu ushatse ibwami, yibaza ko birangiye maze atangira kuzajya yitwara uko ashaka! ubwo niko gutagaguza urukundo maze amafaranga ayanyanyagiza muri rubanda bakuranye, ataretse no guca inyuma uwo bashakanye!

umusore yaje kwigira Inama ati ariko se ubu nahorana nuyu mugore gusa, maze ashaka undi murusisiro aba agize umugore wa kabiri, kandi rwose yari yarakoze isezerano ryo kubana n'umugorewe akaramata kandi ko atazigera amubangikanya n'undi. Igihe kigeze aribaza ati ariko se ko maze gutunga, mfite byose, uwatandukana nuyu mugore? nuko afata icyemezo cyo gutana n'umugore we wamukunze ntacyo amuciye kugirago abane nabamushakaho indamu!

umugabo niko kwaka gatanya, maze umugore we aringinga ariko umugabo aranga, maze umugore batana afite agahinda Kenshi kuko abuze umuntu yari yaremereye gukunda akaramata!

Uku niko Imana ijya ibura abantu bayisezeranije ko bazayikunda akaramata, nukuri Imana ntacyo yaguca ngo igukunde, ahubwo yifuza ko uyiha umutima wawe gusa maze ukemera kuyikunda AKARAMATA mukazabana ibihe byose, yo yaravuze iti no Murupfu tuzabana, Ndakwinginze ngo urebe urukundo ukunda Imana? niba utarayikundiye ibyo itunze, ngo ahari numara kubigeraho uzayireka? ndababwiza ukuri ko Imana idufitiye byinshi kuko Hariho no kuzimana na Kristo.

Uyu mugabo rero amaze gutandukana n'umugore umugore we yamuhaye urwandiko rwerekanaga ko Umugabo we aba afite uburenganzira nk'Ubw'Umwami, maze  umugabo ashaka kugarukira umugore ariko kuko yari yamubabaje cyane ntibyaba bigishobotse, maze abaho arya bwa butunzi ariko nabwo buza gushira, nuko mw'isi bigenda, ariko Imana yo ijya itubabarira ikatubwira iti nimungarikire nzabababarira Yesaya 1:16-18

Buri gihe Imana yo Urwo yadukunze ni Akaramata ariko twe ntitwihanganira kurukomezamo, ariko uyu munsi ndakwinginze ngo wisuzume maze uyegere uyisabe Imbabazi maze uyikunde urwo igusaba!

Niba ukunda Imana akaramata dore icyo iguteganyiriza: 


  1. Izagukiza mu byago no mumakuba yawe. Zaburi ya 20
  2. izagushyira hejuru y'amahanga. 
  3. Uzayambaza ikwitabe.
  4. Izabana nawe ibihe byose.
  5. Izagukiza kandi iguhe icyubahiro
  6. Izaguha kurama
  7. Izakwereka agakiza kayo.
Nshuti yajye ndanezerewe ku kumenyesha ko Imana yiteguye kugukorera ibyo byose igihe cyose uyihaye umutima wawe, ntakinti igusaba uretse kuyikunda maze ikanjya igukiza, ndabizi neza ko Imana itazabura kukurwanirira ariko wowe umutima wawe uwuyihe.

Igihe niki ko ubaho utaryarya Imana, utayishakaho inyungu, kuko yo ntazo igishakaho ahubwo yifuza ko uyikunda akaramata! akaramata si ibikorwa ahubwo n'ukuyiha igihe cyawe cyose, maze ukayemerera kubana n'umutima wawe! 

Sinabura kukubwira ko niba uyikunda urukundo rutari urwo, wahombye, kuko ahari uzabona ibindi, ariko nawe wazaba nka wamusore wabwiwe ko yari afite ububasha nk'Umwami kuko yari yarashatse umukobwa w'Umwami. niyo mpamvu kwibutsa ko naho warya ugahaga, ukambara ukaberwa , bidakwiye gusimbura umunezero wo kuzimana ingoma na Kristo. 

Ndabakunda!

Popular Posts

Featured post

When Prayer Meets Fasting, Heaven Moves by Pastor M.Gaudin

When Prayer Meets Fasting, Heaven Moves. Matthew 6:16–18; Isaiah 58:6–12 Supporting Scriptures: Matthew 17:21, Joel 2:12–13, Ezra 8:21–23...