Wednesday, 22 May 2019

HARI IMIRIMO IMANA YAKOZE By Dr.Bishop Fidel MASENGO

HARI IMIRIMO IMANA YAKOZE

1Samuel 7:12
"Maze Samweli yenda ibuye arishinga hagati y'i Misipa n'i Sheni, arihimba izina Ebenezeri ati"Uwiteka yaratuzahuye kugeza n'ubu."

Ku nyubako zikomeye dukunze gusangaho ibuye ry'uwibutso. Iri buye ritandukanye n'ibuye rw'urufatiro. Ibuye ry'urufatiro rishyirwaho inyubako itangizwa ku mugaragaro. Naho ibuye ry'urwibutso rigashyirwaho inyubako yuzuye, inyubako itahwa. Dukunze gusanga handitsweho amagambo anyuranye harimo ngo"iyi ngoro yubatswe ku butera nkunga bwa....itahwa ku mugaragaro na...ndetse n'Itariki".

Muri iki gitondo Facebook yanjye inyibukije iryo jambo ryo muri Samuel.
Ni ijambo rigaragaza kuzirikana imirimo y'Imana.

Hari ibintu byinshi rinyigisha:

1) Abantu bose Imana ikorera ibikomeye siko bakomeza kwibuka imirimo yayo. Abantu benshi barangije gukorerwa ibikomeye, babonamo uburenganzira bwabo, n'ubushobozi bwabo. Ni bake babonamo ukuboko kw'Imana. Ndetse ababonamo Imana bose siko bibuka kuyishima. Mwibuke ba babembe 10 Yesu yakijije. Umwe gusa niwe wagarutse gushima.

2) Gushima Imana si amagambo gusa. Abantu benshi bakunze gushima Imana mu magambo bikarangiriraho. Ngo nari narabuze urubyaro none naramubonye,....ngo muzamurire Imana amaboko...., umuntu agasubira mu mwanya we akicara. Ati Imana ishimwe mperutse kubona akazi...muyikomere amashyi... Imana ishimwe twari turwaye none twarakize,...mumfashe dutange Haleluya....Yooo ntibihagije! Iyo aburahamu yatabarukaga urugamba yatangaga kimwe mu icyumi (Itang. 14:17-20). Ruriya rwibutso rwatwaye Samuel ikiguzi. Yaguze iryo buye kuko si buri buye ryakoreshwaga nk'urwibutso. Yatanze umutungo abona Ciment, ahemba abakozi....Kubera kuzirikana!

3) Ishimwe nyaryo ni urwibutso. Imwe mu mpamvu idutera kwubaka inzibutso ( "Memorial") ni ukugira ngo dutange amasomo ku kinyejana kiri imbere. Ibyo Imana yadukoreye ntibigomba kumenywa natwe gusa! Ni amasomo akomeye ku bana bacu n'abazukuru bacu. Ariko ayo masomo aba nyayo tubigizemo uruhare. Iyo tuvuga ngo Imana yagaragaye I Gahini, Imana y'Inganji, Imana yo kuri Kanyarira,...ni uruhe rwibutso twubaka? Birangirira mu magambo?

4) Hari uburyo bwinshi bwo kubaka inzibutso. Abantu bose ntibazubakisha amabuye. Ushobora kwishyurira umwana w'impfubyi ishuri,...uba wubatse urwibutso mu buzima bwe n'ubw'abazamubona,...ushobora kugura igikoresho gikomeye kizashyirwa mu rusengero rw'Imana (Urugero: ibyuma bicuranga, Camera, intebe, imodoka ikoreshwa n'Itorero,...). 

5)Imana yacu ikwiriye gushimwa. Samuel yatanze urugero rwiza dukwiriye gukurikira. Ibuka ibyo yagukoreye, ibuka uburyo yagutabaye, ibuka aho yagukuye, ibuka...hanyuma uzirikane!

Mugire umunsi mwiza mwese! 

© Devotion posted by Dr Fidèle MASENGO, Umushumba Foursquare Gospel Church Kimironko

Gaudin Mission International

You Can’t Keep A Man With God’s Favor Down by Pastor Dr.Solomon Chengo

You Can’t Keep A Man With God’s Favor Down  

There are many times where the lowest points in your life are actually launching pads to God’s greatest promotion in your life. It was so for Joseph in the Bible!

If Joseph had not been betrayed by his brothers, he would not have been sold as a slave. If he had not been sold as a slave, he would not have been in Potiphar’s house. If he was not in Potiphar’s house, he would not have been thrown into an Egyptian prison meant specifically for the king’s prisoners. If he was not in that specific prison, he would not have interpreted the dreams of Pharaoh’s officers. 

If he had not interpreted their dreams, he would not have been summoned to interpret Pharaoh’s dream two years later. If he had not interpreted Pharaoh’s dream, Pharaoh would not have promoted Joseph to become his prime minister over the entire Egyptian empire!

God’s presence with Joseph and His unmerited favor caused Joseph to be promoted from the pit to the palace, from the dunghill to state house from the outhouse to the  HISHouse. So stop looking at your circumstances and stop allowing them to discourage you. The same Lord who was with Joseph is with you right now. You cannot fail! You can expect to see success beyond your present circumstances because of His unmerited favor!

Dr. Solomon
New Jerusalem Church /Kenya

Gaudin Mission International

Tuesday, 21 May 2019

Does Adam and Eve's original sin have to do with sex?

Great question. Original sin has nothing to do with Adam and Eve having sex. 

God created them not only with the ability and freedom to have sex, but with the instruction to do so!... "So God created man in his own image, in the image of God he created him; male and female he created them. God blessed them and said to them, 'Be fruitful and increase in number...."

Have you ever read Genesis (first book in the Bible), chapter 2? It says in sentences (verses) 16 & 17: "the LORD God commanded the man, 'You are free to eat from any tree in the garden; but you must not eat from the tree of the knowledge of good and evil, for when you eat of it you will surely die.'"

Adam and Eve one day listened to Satan (disguised as a serpent) who lied to them and told them: "'You will not surely die,' the serpent said to the woman. 'For God knows that when you eat of it your eyes will be opened, and you will be like God, knowing good and evil.'"2
Satan told Adam and Eve a lie. He contradicted God's Word and said it was okay to eat from the forbidden tree.

The sin of Adam and Eve was disobeying God and doing what they wanted...instead of listening to God. They listened to Satan and their own reasoning, thinking God was keeping something wonderful from them, which He was not. And that's just like all of us. We think we know better than God. We think God is restricting us, keeping something from us, and we have a better way. 

Just like Adam and Eve, we are tempted to choose to believe Satan rather than believe God. Here it is: "When the woman saw that the fruit of the tree was good for food and pleasing to the eye, and also desirable for gaining wisdom, she took some and ate it. She also gave some to her husband, who was with her, and he ate it."3

From that moment they became spiritually separated from God -- He sent them out of the Garden of Eden, banned them from the tree of life, and instead of living forever, they eventually died. Death was not part of the Garden of Eden. The Bible says, "The penalty of sin is death." 

This is why Jesus came...to carry for us the penalty of our sin, so we would not die eternally separated from Him. When Jesus died on the cross, He fully paid for all of YOUR sin, and today offers you complete forgiveness and eternal life. The Bible says, "The penalty of sin is death, but the free gift of God is eternal life in Christ Jesus our Lord."4




Gaudin Mission International

Saturday, 18 May 2019

UMURYANGO WOSE UFUNGUKANA N'INTAMBARA ZAWO By Pastor M.Gaudin


UMURYANGO WOSE UFUNGUKANA N'INTAMBARA ZAWO By Pastor M.Gaudin

1Abakorinto 16:8-9
Ariko nzatinda muri Efeso kugeza kuri pentekote,kuko nugururiwe irembo rinini rijya mu mirimo ikomeye kandi abandwanya bakaba benshi.

Burya iyo umeze nkabo, Uri kumwe nabo, wubashywe nkabo, Uvugwa nkabo,Usangira nabo,Ubayeho nkabo, Ukora nkabo ntibakugirira ishyari, ntibakundwanya rwose.

Abantu benshi Usanga bakubwira ngo nukuri kukazi nabonye Promotion ariko ishyari rimeze nabo pe! Abandi bati nukuri mfite ubukwe ariko birankomereye abantu barashaka kubwica! Undi ati Itorero ryanjye rirakura ariko ishyari ryazamutse, nibindi.

Reka nkubwire ko Igihe cyose Imana idufunguriye irembo, abantu baba bashaka kubyiganiramo, icyubahiro ufite hari abandi bagishaka, Ubutunzi ufite hari benshi babushaka, Kuvugwa ufite hari benshi babishaka, umugisha ufite hari benshi bawushaka.

Ikibazo kibaho nuko abantu batugirira ishyari kubera umugisha twagize ariko ntibibukeko Imana yaduhaye umugisha dufite uko tubanye. Reka nkubwire ko abantu bakurwanya kubera Irembo ryafungutse baba barwana nuwafunguye. Kuko Imana iyo ifunguye ntawafunga!

Umuryango Imana ifunguye ntufungwa nishyari, ntufungwa no kugambanirwa, ntufungwa n'amagambo yo kuguteranya, ntufungwa nuko akagezi gakamye, kuko nubwo akagezi kakama Imana yagutegekeye ahandi Uzavoma.

Bibaho ko Imana ifungura abantu bagashaka gufunga kubera impamvu zabo bwite! Ntugahagarike umutima,ukwiye kumenya ko inzugi zose zikingwa n'abantu Imana Yacurishije Urundi rufunguzo rwaho, ntamuntu wabasha kuguhagarara imbere iminsi YOSE! 

Ushobora kuba Ubona hari UMURYANGO wafungutse ariko ukawutinyishwa no gutinya intambara uwubonamo. Ukwiye kugirira Imana icyizere kuko Imana niyo yonyine yo kubana nawe muri ibyo. Ntukwiye gutinya amagambo,ishyari, n'ibindi byose byatuma usubira inyuma. 

Ukwiriye gushira amanga yo gusingira umugisha. Hari umuntu waciye umugani ati:Udashaka kuvugwa yanga no gukora! Undi agira ati# when you are at the top, you become a TOPIC# Ukwiye kwihanganira inzuki zakurya igihe cyose ushaka kurya ubuki!

Imana iguhe umugisha!

Gaudin Mission International

Tuesday, 14 May 2019

ISRAEL MBONYI - NZARIRIMBA



Gaudin Mission International

NUBWO IBINTU BIBI BIJYA BIBA KUBANTU BEZA IMANA IKOMEZA KUBANA NABO. By Pastor M.Gaudin

NUBWO IBINTU BIBI BIJYA BIBA KUBANTU BEZA IMANA IKOMEZA KUBANA NABO.

2 Abami :4:1
"Bukeye umugore umwe wo mu bagore b'abahamuzi asanga Elisa aramutakambira ati: Umugaragu wawe ari we Mugabo wajye yarapfuye,kandi Uzi ko Uwo mugaragu wawe yubahaga Uwiteka.None Umwishyuza araje arashaka kujyana abana bajye bombing ngo abagire Imbata ze."

Sinzi ibihe urimo kunyuramo, Sinzi Ibibazo ufite ariko icyo ni kimwe nuko burya Hari ibintu bibi biba kubantu BEZA, nko gupfusha, gukena, guterezwa cyamunara n'ibindi kuko hari igihe ibyo unyuramo hataboneka Uwaguhumuriza,wareba ukabona abo mubana barasa nabagusinga Ariko Humura Imana izatabara!

Uyu umugore twabonye haruguru, yari afite umugabo w'Umukozi w'Imana, wakundaga umuryango we, kandi agahora ashaka uko babaho, igihe byangaga yanga kuraza abana ubusa agafata n'imyenda, rimwe narimwe agafata n'imyenda yo gukoresha umurimo w'Imana no kwakira abamugana bashobewe!

Igihe cyaje kugera urupfu rumutwara atiteguye nkuko rutwara benshi bari badufitiye akamaro, batwitagaho,bamenyaga uko tubayeho, abantu bajya babura abantu bari babafitiye akamaro. Ibaze nawe kuba uyu mugore hari mugahinda ko gupfusha, ariko Umwishyuza akaza! Isi nuko imeze nubwo Umugabo yapfuye urasabwa kugurisha inzu wabagamo ngo wishyure Ideni rya Bank,Niko ibintu byubatse mw'isi.

Uyu mugore muguhura n'ibibazo byinshi,hiyongereyeho n'ideni, ideni rishobora no gutuma utwana twe tuba abaretwa! Ariko kuko Uwo mugabo yakoreye Imana, Umugore Asanga Elisa.

Burya Hari ibibazo byatuma ujya gushaka umuhanuzi, Hari ibyakunjyana gusenga, Hari igihe ubona abantu basenga ukabaseka, Ukavuga ko basaze, ariko Ntiwajya kwiyuhagirira aho Namani yiyuhagiriye utararwara ibibembe, Ntiwasaba Yesu kuguhumura utarahuma, ariko nshuti hari ibihe, Ushobora kuba warabiciyemo, cyangwa Utarabicamo,ibyo bihe bijya bimarwa n'Imana gusa.

Ndashaka kukubwira ko Ibyo unyuramo byose Imana irabireba, kandi Niba ugize amahirwe yo gusoma iri Jambo ndakubwira ko Imana izakubera Icungu ya Vuba, kuko niyo yumva Umubabaro wawe, niyo Mufasha utabura kuboneka mu byago no mu makuba! Reka nkubwire ngo wowe wagize ibyago, Imana yawe Izakomeza kubana nawe. 

Nabonye Imana ibeshaho impfubyi, nabonye Imana ibeshaho abapfakazi, nabonye Imana yishyura Imyenda, nabonye Imana ikiza indrwara zananiranye! Ibihe urimo kunyuramo hari abagusengera nubwo utabazi, kuko abo dufaganyije imibabaro ya Kristo, dufatanyije n'imibabaro yacu, niyo Mpamvu Ukwiye gukomera.

Inkuru yose yaje kurangira, Imana itubuye utuvuta, Nawe Ndagira ngo nkubwire ko Imana iri buhere kubyo ufite bike ikakugirira neza. Imana yayumye bimwe ubibura niyo yagusigarije ibyo ufite! Ndagusengera wowe ufite ikibazo ubona kikurenze,ndagusabira guhura n'Imana. Nawe udafife ikibazo wibuke bene Data bafite ibibazo bikomeye kandi batiteye!

Ndakwifuriza Umugisha w'Imana



Gaudin Mission International

Friday, 10 May 2019

IYO IGIHE KIGEZE IMANA IFATA IBISANZWE IKABIBYAZAMO IBIDASANZWE? By Pastor M.Gaudin

IYO IGIHE KIGEZE IMANA IFATA IBISANZWE IKABIBYAZAMO IBIDASANZWE? 

Kuva 4:2-4
Uwiteka aramubaza ati "icyo ufite mu ntoki in iki? Aramusubiza ati " Ni inkoni."
Aramubwira ati "Yijugunye hasi." Ayijugunya hasi ihinduka inzoka.Mose arayihunga.Uwiteka aramubwira ati "Rambura ikuboko uyifate umurizo." Arambura ukuboko arayifata,irongera iba inkoni mu ntoki ze.

Imana izi ibintu byinshi,  dutunze byatugirira umumaro mugihe igihe kigeze! naho twebwe twaba tutabizi yo izi ibyo yaduhaye, niyo mpamvu igihe cyo ku kugirira neza nikigera izahera kubyo wasuzuguraga maze utangazwe nuko ikuyemo ikintu kinini.

Mose yatunze inkoni  yaciye  mw'ishyamba, ayimarana igihe atazi icyo izakora.....ariko igitangaje nuko mu nkoni Imana yakuyemo inzoka yariye izaba konikoni zose! ndakubwiza ukuri ko niyo nkoni yarambuye ku mazi agatana! 

Igihe cyo gutabarwa, Imana yisigarije ibisa n'Inkoni, n'ibindi mubuzima bwawe, gusa hahirwa abategereza Imana kuko yo yabishatse Igitondo cyawe cyahinduka nkuko sawuli yagiye agiye gushaka intama agasanga Imana yamutegeye mu nzira ngo abe umwami!!!!!! 

Icyo ufite ndetse nicyo uricyo ushobora kuba utabisobanukiwe, ariko Imana izi impamvu yakuremye, nimpamvu yakugize uko, impamvu yaguhuje nabantu, impamvu nkuru Yatumye ITANGA UMWANA WAYO. Imana ntizabura icyo iheraho ngo ikugirire neza Humura

Nubwo twibaza ibyo tubuze kenshi, dukwiye kumenya ko nibyo dusigaranye nabyo byasigajwe n'Imana kumpamvu zayo bwite kuko iyo bitaba uko yabishatse ntituba tukibukwa!

Uyu munsi ushobora kwireba ukabona Impano ufite ntacyo irakumarira, diplome ufite ntacyo is a nikumariye, Inshuti cyangwa umuryango ukabona ntacyo bikumariye, abaturanyi, cyangwa abo muziranye Bose! Nibyo igihe cy'Imana iyi kigeze yakoresha aba hafi cyangwa aba kure, yakirisha bake cyangwa benshi, gusa icyo nakubwira nuko Imana umunsi yahagurutse izahera kubyo wafataga nk'ibisanzwe maze ikabihindura ibintu by'Umumaro. Kuva 4:17, Imana ibwira mose iti kandi ujye Witwaza iyo nkoni niyo uzakoresha bya bimenyesto byose!

Iyo ubuzima bwawe ubweguriye Imana, ukayiha imigambi yawe hose, ukayiha igisebo n'icyubahiro cyawe, ukayereka abagukunda nabakwanga, ukayereka ibyo utunze bisa nibitagufiye akamaro, Yo kuko ariyo Izi Impamvu zibyo tunyuramo byose, Ikamenya Impamvu zo kubaho wacu, Izi uko Izabigenza ngo Uwari kucyavu imwicazanye n'ibikomangoma, Izi uko izabigenza imfumbyi igagira umuryango, Izi uko Izabigenza Impano yawe ikagera kuri benshi, Izi uko Izabigenza kugira NGO ubeho Uyihesha icyubahiro.

Imana yagukoresha ibidasanzwe naho wowe waba usanzwe, Imana yakoresha ibyo utunze ibidasanzwe nubwo byaba visa nibisanzwe! Ndakwifuriza kwireba no gutangira guha agaciro byinshi bikuzengurutse Imana Yahera kuri ibyo igihe cyose.


Gaudin Mission International

Wednesday, 8 May 2019

IBYIFUZO BYACU BISHINGIRA KURI BIMWE MUBISUBIZO DUFITE By Pastor M.Gaudin

IBYIFUZO BYACU BISHINGIRA KURI BIMWE MUBISUBIZO DUFITE 

Bimwe mubyo dusengera biterwa na bimwe mubyo dufite dukwiye kumenya ko Imana isubiza, Niba Dufite icyifuzo cyo kwambara inkweto nziza, ukabona bigoye,satani arakubeshya kuko Imana yaziteguye kera ubwo yaguhaga ibirenge kuko hariho benshi badafite amaguru". Kuko ntamuntu wagira icyifuzo cy'inkweto atagira amaguru# 

Niyo Mpamvu nujya usengera ibiryo ujye umenya ko Imana yabanje kuguha inda nzima# Nibyinshi dusengera ariko Satani akatwereka ko ntashimwe dufite#Niba ufite ishimwe Vuga uti :Ndagushima Yesu.

Satani ntagukange, Imana yaguhaye Gutwita niyo itanga kubyara, Imana yaguhaye ibirenge ntizakwima Inkweto, Imana yaguhaye umubiri ntizakwima Imyambaro, Imana yaguhaye umurima no kweza uzeza, Imana yaguhamagaye no kugukomeza izagukomeza, Imana yaguhaye iyerekwa no kurisohoza izarisohoza#

Ubuzima tubayemo igisubizo dufite kibyara ikibazo ndetse n'ikibazo dufite kibyara igisubizo, ibibazo byose abantu bibajije byagiye bibyara ibisubizo. Niyo mpamvu ukwiye kwizera Imana yabayeho mbere y'ibibazo ndetse n'ibisubizo biri kuri yo.

Ntushidikanyishwe nibyo ubona bisa nibiri kure, cyangwa bihishwe amaso. Ahubwo wizere Imana ishobora no gukora nyuma yuko wabuze n'ibimenyetso. Hari ubwo dusenga tugasaba ibimenyetso ngo tumenye ko koko Imana izasohoza ibyo yatuvuzeho! Uko Niko duteye ariko Ndashaka kukwibutsa ya Mana yagukoreye byinshi, imwe yagushije imvura kandi ntabicu byabanje gukuba ndetse n'izuba ricanye! 

Ushobora Kuba Ufite ibyifuzo ariko wakwitegereza ugasanga bishamikiye kuri bimwe abandi bakureba bafata nk'umugisha, mbere yo kwiheba banza ushime Imana kandi iyibwire uti nizereye mu mugambi wawe mwiza kuri Jye.

Imana igufitiye abantu bazashyigikira Umuhamagaro wawe, Imana yaguhaye Imbuto niyo izazigwiza ikaguha umwero ukwiriye, Imana yaguhaye amatwi ntizabura kukuganiriza kandi Iyaguhaye amaso Uko by agenda kose igihe kimwe Uzayibonera ndetse Umunwa yaguhaye yateguraga ko Uzabasha kuvuga Ishimwe benshi bakayimenya ko Yagukoreye ibikomeye.

Ibyo Imana yaguhaye byose, yateguraga ibyo ikigufitiye tuza! komeza Uyiringire.

Pastor M.Gaudin



Gaudin Mission International

Thursday, 2 May 2019

BYUKA URYE KUKO URUGENDO NI RURERURE BY Pastor M.Gaudin

Byuka Urye kuko urugendo ni Rurerure. Hari ingendo zisaba kuba wariye, Hari ahantu uca ugatungwa nibyo wibitsemo. Hari igihe kigera Ugasanga iyo uba utarariye wari kuba warabivuyemo! 
1Abami 19:
Marayika w'Uwiteka aragaruka Ubwa kabiri,Amukoraho aramubwira ati "Byuka urye kuko urugendo ari runini Rugukomereye."

Nuko arabyuka ararya aranywa, Iyo nda ayigenderaho Iminsi mirongo ine namajoro mirongo ine , agera I horebu kumusizi w'Imana.

Niki Twakura muri iri jambo?

1.Naje gusanga abantu benshi bakeneye kurya Ijambo ry'Imana kugira ngo bakomere mugakiza...kandi bakomeze urugendo rujya mw'Ijuru.

2.Abantu benshi baryamishijwe n'Inzara kandi bafite urugendo. Kugukangura nikimwe ariko no kurya nikindi...abanebwe iyo babahaye ibiryo bananirwa kwitamika. Imana yatanze Kristo ariwe jambo ry'Imana Uyu munsi ukwiye kubyuka ukarya.

3.Imana yaduhaye ibiryo byatuma tugera I horebu kumusozi wayo...keretse twanze kubirya cyangwa ugakomeza mubitotsi byawe!

4.Iyo wariye ushobora kubigenderaho igihe kinini....ariko abenshi bamaze kugwa isari! Amasengesho usenga uzayagenderaho, ijambo usoma uzarigenderaho...igihe kiragera umuntu agatungwa n'Ibitaramo yataramye.

Ndashaka kukubaza..Ese wumva umaze kurya ibinganiki? Byatuma utava mubyizerwa? 

Hahirwa abafite inzara n'inyota byo gukiranuka...bene data dukwiye kuba abantu bafite Inzara kugira umutsima w'Imana utugirire umumaro kandi tukaba abantu bafite inyota kugira amazi Imana iduhaye atugirire umumaro!

Uyu mwaka ndagusabira kurya umutsima  mwishi (gufata igihe kinini wiga ijambo ry'Imana kandi unasenga) kugira ngo ibyo bizakurengere mugihe ukeneye 

*Guhumurizwa
*Gukomezwa
*Kunesha icyaha
*Guhamya aho bikomeye
*Gutsinda ubwoba no gushidikanya
*Gukomeza abandi bacitse intege

Igihe imfatiro zindi zashenywe...uzakomezwe nuko wubatse kurutare!

Ivomere amazi azagutunga mugihe cy'amapfa....wihunikire ibizagutunga mugihe cy'Inzara.

Ndabakunda!

Pastor M.Gaudin
New Jerusalem Church

Gaudin Mission International

Thursday, 18 April 2019

IMIZI YAWE IZATUMA WONGERA GUSHIBUKA By Pastor M.Gaudin

IMIZI YAWE IZATUMA WONGERA GUSHIBUKA

Ibyiringiro nibyo bituma umupfakazi atiyahura, Bituma ipfubyi itiheba, bigatuma Uwanzwe n'abantu nawe atiyanga! Ibyiringiro bidutandukanya Nimbaraga ziduheza hasi, Imbaraga zibuza umuntu kureba ko hari iminsi myiza iri imbere. Ibyiringiro ntitubihabwa nuko ibintu bimeze neza, ahubwo Twiringizwa nubasha kutubwira ati haracyari ibyiringiro naho igiti cyatemwa kirongera kigashibuka.

Ubuzima bwawe nibushorera imizi  mu Mana, Isi izatema amashami ariko imizi izakomeza kubaho kandi andi mashami azakura. Naho wakwakwa ibyo wari utunze, nabo wahawe, Iyabiguhaye cyangwa uwabaguhaye mugifitanye umubano, humura Uzongera gushibuka.

Sinzi icyo watakaje,ariko Ndahamya ko niba ushoreye Iminsi mu mana ibyiringiro byawe ntibizagukoza isoni, Niba warabaye impfubyi humura Imana niyo yaremye na wawundi wakubyaye, Niba hari icyo watakaje uzirinde gutakaza uwakiguhaye, Muri byinshi wabura Uzabure ibyo ufite ariko Uzasigarane n'uwabiguhaye.

Muri ibi bihe twibuke urupfu rwa kristo, duterwa ishema nuko yazutse, maze Satani agakorwa n'isoni. Ubuzima bwa muntu iyo habayeho gupfa no kuzuka birakurikira,iyo habayeho guhomba no kunguka birakurikira, igihe cyose ugihanze amaso uwaguhaye ibyo watakaje niwe uzagushumbusha. Wibuke Yobu nubwo yababajwe igihe cyarageze aratabarwa.

Kuko Uwiteka atazagira ubwo areka umuntu iteka.Naho yababaza umuntu ariko azamugirira ibambe,nk'uko imbabazi ze nyinshi zingana.kuko atanezezwa no kubabaza abantu cyangwa kubatera agahinda! (Amaganya ya yeremiya 3:31-33).

Komera kandi numara gukomera ukomeze abandi.

Ushaka ubujyanama 
Twandikire kuri email:pstgaudin@gmail.com
WhatsApp +250788319339


Gaudin Mission International

Monday, 8 April 2019

INKOMOKO Y'IHUMURE DUTANGA MU BANDI! Pastor M.Gaudin

INKOMOKO Y'IHUMURE DUTANGA MU BANDI!

2Abakorinto 1:3-4
Hashimwe Imana y'Umwami wacu Yesu Kristo ari yo na Se, ari na yo Data wa twese w'Imbabazi n'Imana ny'iri ihumure ryose.iduhumuriza mu makuba yacu yose kugira ngo natwe tubone uko duhumuriza abari mu makuba yose,tubahumurisha ihumure twahawe n'Imana.

Yesu ajya kujya mw'ijuru yasize abwiye intumwa ze ati mbasigiye amahoro ariko si nkayo isi itanga! Mwisi mugira umubabaro ariko muhumure nanesheje isi. Ihumure Yesu yadusigiye ntirishingiye gusa ko isi irimo amahoro ahubwo rishingiye ko Nyuma y'ubu buzima hari ubundi buzima.

Kwegera Imana ikaduhumuriza bijya bituma natwe tubasha guhumuriza benshi bahura nibyo duhura nabyo Cyangwa bahura nibikomeye kurushaho. Igihe Cyose dusanze Imana bitera Umutima kumva ihumure kuko hari aho umuntu agera agahinda afitwe nikabe kamarwa na mugenzi we!

Ariko iyo Imana iguhumurije nibwo wabasha gukomeza abandi, kuko Yesu ahora atwingingira kugira ngo dukomere nitumara gukomera dukomeze n'abandi. Umuntu wese Imana yahumurije yaba umugabo wo guhamya ko ihumure Imana itanga rishobora kuvamo niryo twahumurisha abandi bari mu makuba.

Imana yiteguye kuguha ihumure kugira ngo ubashe guhumuriza abandi, Ndasenga ngo muri ubwo burwayi, mu bukene, mukubura abawe, mugutabwa, mugusuzugurwa no mubindi bitandukanye Imana izane ihumure maze ubashe guhumuriza abandi.

Hari cyari ibyiringiro rero yuko naho igiti cyatemwe iyo cyumvishe amazi cyongera gushibuka, Ndasaba Imana ngo yongere ishibure ibyiringiro, amahoro,umunezero, kwaguka n'ubuzima bwiza muri wowe.

Numara guhumurizwa maze nawe uhumurize abandi, ihumure rituruka ku Mana ribasha guhindura byinshi mubuzima bwacu. Kuko iyo Imana ihageze ibera imfubyi umubyeyi, ikabera Umupfakazi Umugabo, ndetse ikatubere indishyi.

Nkwifurije umugisha w'Imana

Pastor Gaudin
www.newseed4jesus.blogspot.in




Gaudin Mission International

Tuesday, 2 April 2019

NTA DAWIDI UTAGIRA SAWULI, ARIKO NTABURA NA YONATANI By Pastor M.Gaudin



#1Samuel 18:1 
Nuko Dawidi amaze kuvugana na Sawuli,Umutima wa Yonatani uherako uba agati gakubiranye n'uwadawidi, kandi Yonatani akamukunda nk'uko yikunda#

Ni kenshi tugira abadukunda kuko twakoze indirimbo nziza, bakadukundira ko dufite ubwenge, bakandukundira ko twigisha neza, bakadukundira ko hari ibyo tubafasha mubuzima n'ibindi..

Ariko kuko bene urwo rukundo rushira, iyo duhagaritse kubaho nkuko abadukunda bashaka, narwo rurashira, Imana ijya itanga abantu bazakomeza kugukunda nubwo uzaba utakibwiriza, utakiririmba, utagikora ibi byose.

Ukwiye gusenga uti mwami Wajye uzampe inshuti nziza nyuma yo gukundirwa ibyo nkora!

Twese turi kururu rubuga dukwiye kwibaza iki, tuti ese mubuzima bwacu dufite abantu badukundira uko turi?

Niba Uri Pastor ushobora kuba hari abo usengera bakabigukundira , ndakwifuriza kubona abagusengera!

Niba Uri umuririmbyi Ukaririmbira abantu bakabohoka ndakwifuriza kubona undi wakuririmbira!

Niba ubwiriza abantu bakareka ibyaha, ndakwifuriza kubona inshuti yabasha kugucyaha nyuma yo kuva kugatuti.

Ndakwifuriza Inshuti nka Yonatani kuri Dawidi, Kuko Ba Sawuli muri ubu buzima ntitubihamagarira, Upfa kuba ugize Impano Y'Imana barizana kubera ishyari. Ndabifuriza umugisha w'Imana.

Pastor M.Gaudin
www.newseed4jesus.blogspot.in

Monday, 1 April 2019

NTUKEMERE KUBA MW'IKARITO Y'IMITEKERERE By Pastor M.Gaudin

NTUKEMERE KUBA MW'IKARITO Y'IMITEKEREREZE.

#Luka 9:49-50
Yohana aramusubiza ati" Databuja,twabonye umuntu wirukana abadayimoni mu izina ryawe turamubuza kuko atadukurikira. Yesu arabwira ati:Ntimumubuze kuko Utari umwanzi wanyu aba ari muruhande rwanyu."#

Dukwiye kwishimira umurimo wose Imana yahitamo gukoresha abandi batari muri twe cyangwa batabarizwa aho tubarizwa. Itorero rya Kristo ntirigarukira munkuta enye zurusengero usengeramo, "mw'ikarito"

Ukwiye kumenya ko nubwo uhamagarirwa gukora ariko hari n'ibindi Imana yashima guhamagarira abandi, ntugatangazwe rero nuko umuntu udasengana nawe nawe yakoreshwa n'Imana igukoresha kuko mwese muri abantu b'Imana.

Ni keshi abantu  bagira intambara igihe cyose bahuye nabandi bakora umurimo ariko batari mukigare cyabo, Yesu ukoresha bose niwe wakorera muri bose kandi akabakoresha ibyo ashaka byose.

Ukwiye kwakira Impano, n'umugisha Imana yashimye gucisha mubaturanyi bawe, utakurwanya ntaba ri umwanzi wawe, Umwanzi w'itorero rya Kristo ni Satani Si umupasitori, si umuririmbyi cyangwa umuvugabutumwa udaturuka mw'itorero usengeramo. 

Kristo akwiye kuba ariwe nshingiro, akaba n'umuhuza, akatubera umutwe  

Yesu afite benshi akoresha batabarizwa aho tubarizwa, badakorera muri limitations dukoreramo.
www.newseed4jesus.blogspot.in

Gaudin Mission International

Friday, 29 March 2019

IMANA IGUHE YONATANI IMBERE YA SAWULI By Pastor M.Gaudin

IMANA IGUHE YONATANI IMBERE YA SAWULI

1Samuel 18:1 
Nuko Dawidi amaze kuvugana na Sawuli,Umutima wa Yonatani uherako uba agati gakubiranye n'uwadawidi, kandi Yonatani akamukunda nk'uko yikunda.

Ni kenshi umuntu abaho yitegereza abanzi bamurebera kure, amaso ye akayarenza abakunzi be bamuzengurutse. Uzengurutswe n'abagukunda ntukwiye gutinya amaso yabakurebera kure. Ubuzima ntitunanizwa nuko tudafite abadukunda, ahubwo tunanizwa nuko abatwanga badutera ibikomere byo kutizera ko hari uwadukunda!

Ni kenshi umuntu agira Umwanzi umwe ariko nabandi benshi bakabigenderamo, ugasanga umuntu aravuga ngo sha uri muntu wampemukiye najye mbonye umwana we nahemuka, ariko Bene uwo mutima uterwa no kutamenya ko mubakwanga benshi Imana iguhamo abagukunda by'ukuri.

Ibaze Sawuli urwango yanze Dawidi, agerageza kumwica kenshi, ariko Yari afite umuhungu witwa Yonatani akunda dawidi. Bibiliya itubwira ko yakunze dawidi nkuko yikunda. Ibi ni Imana ibikora, kuko nubwo wakwangwa, warengana, watotezwa, iyo wizeye Imana igutegurira ameza.

Ndakwifuriza kwitegereza muri benshi bakugose, kumenyamo abo Imana yaguhaye ngo bagukunde! Iyi si yuzuye urwango tuyishobozwa no kuyigendamo dufite abadukunda. Kandi rero nkubwire ko naho imiryango, abavandimwe n'ishuti bakureka Yesu we ntazakureka! 

Mubuzima Dawidi wese agira abantu babiri, harimo Sawuli uhora aguhiga, hakabamo na Yonatani uhora ashaka ko wabaho, watera Imbere, waba Umwami, akwifuriza ibyiza pe. IMANA IGUHE YONATANI.

Ndashaka kukubwira ko ingabo ziturwanirira ziruta iziturwanya, Kandi aho kubona abadayimo ukwiye kureba abamalayika! Maze ugatuza umutima. Nubwo wakwagwa n'abantu bose Imana ikigukunze, uruhande rw'Imana ni majori


Gaudin Mission International

Thursday, 7 March 2019

NI IRIHE TEGEKO UBONA RYAGUHANA ? Pastor Gaudin


NI IRIHE TEGEKO UBONA RYAGUHANA ? Pastor Gaudin

1Timoteyo 1:9

Kandi tuzi ko amategeko amategeko atashyiriweho umukiranutsi,keretse abagome n'ibigande,n'abatubaha Imana,n'abanyabyaha,n'abatari abera, n'abatita ku by'Imana, n'abakubita ba se na ba nyina,n'abicanyi,n 'abasambanyi n'abagabo bendana,n'abanyaga abantu bakabagura,n'ababeshyi,n'abarahira ibinyoma,N'ibindi byose bidahura n'inyigisho nzima,zihuje n'ubutumwa bwiza bw'ubwiza bw'Imana ihimbazwa,ubwo nahawe.

Mu bigo by'amashuri haba abantu babyutsa abanyeshuri, bakabibutsa ko amasaha yo kurya ageze, bakabibutsa amasaha yo gukina, ayo kuryama no gusubira mu masomo. Si aho gusa ahantu henshi mubihugu hajyaho amategeko arengera abantu cyngwa ibintu kuberako bamwe mubo tigendana, duturanye bigoye ko bagenda nkuko bikwiriye kuko baba batarahinduka.

Ubuzima bwo kwakira Yesu akakubera umwami n'umukiza bugukura kugukoreshwa ibintu nuko ubitegetswe n'amategeko ukabikoreshwa n'umutima ukunze, Nubwo ibihugu bigerageza guca urumogi bagashyiraho n'amategeko akomeye yo guhana abarunywa utangazwa no kubona abantu batarurekeshwa nuko bafuzwe kuko no mu magereza habamo abarucuruza. Ariko iyo wahuye na Yesu neza arugukuraho bidasabye ko Polisi igufata.

Kumenya Imana no kwakira Imbabazi za Yesu by'ukuri nibyo bidukura mu byaha, no gutinya amategeko. Ninde utatinya itegeko ? Ni umuntu wese itegeko ritagiraho ububasha! Ninde itegeko ritagiraho ububasha? Ni umuntu Wumvira Imana kurusha amategeko.

Ntamuntu wumvira Imana wakubita se cyangwa nyina, Uwo itegeko rihana abakubisw ba se ntiryamufata,ntamuntu wumvira Imana wakwica mugenzi we, uwo itegeko rihana abicanyi ntirizamufata, ntamuntu wakiriye Yesu neza ngo asambane, Uwo amategeko ahana abasambanyi ntamufata.....

Reka nkubwire ko uko umuntu akunda Imana kubahiriza amategeko bimworohera, kuko Yesu yagize ati ni munkunda muzubaha amategeko yanjye, amategeko ye ni urukundo, ntiwakundana na Yesu ngo Uhemukire abo akunda! Ubuzima bwacu bubaturwa ku mategeko kuberako twemeye kuba Imbata z'Imana by'ukuri. Reka nkwibarize wowe kuva wakwakira Yesu wumva ari iki irihe tegeko ugifitiye ubwoba? 

Niba hari Itegeko ufitiye ubwoba,Uhora wikanga ko muzacakirana, ukwiye kwisuzuma mbere yuko muhura naryo, Ufitiye ubwoba itegeko rihana abasambanyi? Irihana abajura? Irihana abicanyi? Irihana abakubita base? Niba ujya ukora bene ibyo wihishe ndashaka kikubwira ko hari amategeko abihana, nubwo ayibihugu atabihana, Imana izaguhana kuko wanze kumvira iguhamagarira kuba umucyo wikundira Umwijima.

Ukwiye kwisuzuma wakumva hari itegeko ugifitiye ubwoba, ukabwira Yesu uti mwami nkuhaye ubuzima bwanjye bwose, Kwihana bizatuma agushoboza no gukiranuka, bizagushoboza gutera Intambwe, mugakiza turakura, kandi iyo dukuze tugera kurigero rwo kutanga icyaha gusa ahubwo tuba bamwe bafatanyije na Kristo kukirwanya nk'abari kurugamba rumwe.

Ubuntu bw'Imana nibwo bwadukuye mu mwijima, murumogi, mubusambanyi, mubujura, no mubusinzi kuko twemeye Yesu.

Pawulo yagize ndashimira Yesu Umwami wacu wambashishije,yuko yatekereje ko ndi uwo kwizerwa,akangabira umurimo we,nubwo Nabanje kuba umutukanyi n'urenganya,n'umunyarugomo.ARIKO Narababariwe kuko nabikoze mubujiji ntarizera.(1Tim1:12-13)

Nyuma yaho Pawulo yaretse kurenganya, ibikorwa by'urugomo byose ahindukaufatanyije na Kristo. Amategeko ahana abanyarugomo yose ntiyaba akimufiteho ububasha kuko ibyo yakoranye ubujiji byose yarabibabariwe kuko yizeye umwami Yesu.

Nawe niba hari ibyo wakoranaga ubujiji sigaho Izere Imana ishobora kuguha ubuzima buhindutse kandi buhindura n'abandi.

Ndabakunda!


Gaudin Mission International

Tuesday, 5 March 2019

IBINTU BINE BY'INGENZI BISABWA ABAGABO BUBAHA IMANA KOKO! Pastor Gaudin

IBINTU BINE BY'INGENZI BISABWA ABAGABO BUBAHA IMANA KOKO!

1Timoteyo 2:8
Nuko ndashaka ko abagabo basenga hose barambuye amaboko yera,badafite umujinya kandi batagira Impaka.

1.GUSENGA: Abagabo benshi gusenga babiharira abagore n'abana, uzasanga batinda kumva ibintu muri rusange, ni gake kugira ngo umugabo yihutire kumva ibintu byo gusenga nk'umugore we! Urugo rugira umugisha ruba rurimo umugabo usenga kuko burya Satani iyo akubise umutwe intama ziratatana. Umugabo iyo asenga abo murugo rwe baba bafite umutekano rwose.

2.AMABOKO YERA: Muri byinshi abagabo bakora bashakisha ubuzima, habamo no gukora ibyangwa n'Imana, abagabo kurwana biraborohera, ni gake twumva umugore ukubita umugabo we ariko abagabo benshi amaboko yabo yanduzwa nibyo bayakoresha. Amaboko akora ibyaha ntiwayamanikira Imana. Imirimo y'amaboko yacu izahabwa umugisha kubera dufite amaboko yera!

3.KWIRINDA UMUJINYA: Umujinya w'abagabo nawo ugira ingaruka nyinshi, igihe cyose Satani yurira mu mujinya tugira, nubwo nabandi bagira umujinya kuko uturuka muri kamere mbi y'icyaha, abagabo dusabwe kwirinda umujinya mu ngo zacu, mubo tubana nahandi. Umujinya wabagabo uvamo intambara idashira. Burya Umudamu ufite umujinya aravuga ariko umugabk ufite umujinya arakora, kandi ibyo akora bikanduza amaboko ye.

4.KWIRINDA IMPAKA: Bajya bavuga ngo amafuti y'umugabk nibwo buryo bwe, kwemera ikosa bigora abagabo benshi aribyo biteza n'Impaka, yaba murugo nahandi. Burya hari n'impaka za ngo turwane. Abagabo rero dusabwa kwirinda muri ibi bintu nubwo hari nibindi twasabwa ari ibi uramutse ubikoze wakubahisha Imana nawe ubwawe, urugo rwawe nabazagukomokaho.

Imana ibahe umugisha mubyo mukora byose uyu munsi. 

Pastor Gaudin.
www.newseed4jesus.blogspot.in

Gaudin Mission International

Monday, 4 March 2019

UMUTIMA UDAFITE IBYIRINGIRO NIYO UWUBWIYE IBYIZA NTIWEMERA Pastor Gaudin


UMUTIMA UDAFITE IBYIRINGIRO NIYO UWUBWIYE IBYIZA NTIWEMERA Pastor Gaudin

2Abami 7:11.  7:1- 2
Elisa aravuga ati nimwumve  ijambo ry'Uwiteka.Uwiteka avuze ngo Ejo nk'iki gihe ,ku irembo ry'isamariya indengo y'ifu  y'ingezi izagurwa shekeli imwe, kandi indego ebyiri za Sayiri na zo zizagurwa shekeli imwe.ARIKO Umutware  umwami Yegamiraga asubiza uwo muntu w'Imana ati"Mbese n'aho Uwiteka yakingura amadirishya yo mu ijuru,bene ibyo byabaho?"

Ni kenshi ubuzima bw'indwara ubutindana, Ubushomeri, amakimbirane yo mungo, kwanga, gutsindrwa no guhomba bigutindaho ukabona bisa naho bitazashira. Ni kenshi uca mubukene, mubibazo, mu nzara ukabona ntibizashira kuburyo nuje kukubwira inkuru nziza ati humura ushobora ku mwuka inabi bigasa naho kukubwira ko ubukene, indrwaea zizashira bidashoboka. 

Abisiraheri barashonje cyane, inzara yarateye imara iminsi, kuburyo abanti batangiye no kurya abana babo,ndavuga kubica, bakabarya. Hari aho abantu bagera bigasa nibigoye, ushobora kubaseka uti bari bakabije ariko 
nawe ushobora gusanga udafite umwana ariko ujya utanga ubukumi bwawe, ugasambana kubera ibibazo wanyuzemo, ariko abizera Imana ijya ibatabara batarya abana babo kuko izi neza ko twiyemeje tukavuga tuti Imana yacu ibasha kudukizaariko naho itadukiza ntampamvu yo kwiyicira abana ngo turashaka kurya!

Igitangaje muri iyi nkuru nuko abantu kubera gutotezwa cyane nubukene bukabije kubabwira ngo ejo bishobora guhinduka bisa no guvurangira abahetsi, ariko ndakubwira ko ahari kurira kwararira umuntu bwacya impundu zikavuga

Imana irareba ibyo unyuramo, urabona ntanzira yo gutabarwa, ukabona ntibishoboka ko warya, wakwambara, wabona akazi, urugo rwakomera, abana bakwiga, wakweza, cyangwa watunga bikomeye, wakira indrwara urwaye imyaka myinshi, kuburyo kukubwira ko Imana yagutabara bisigaye bigusharirira ukumva wazinutswe abakubwira ngo bizahinduka.

Abantu benshi kubera kunyura mubigeragezo bikomeye, ntibihanganira kumva inkuru nziza, ahubwo bakwemera ubabwira ko ejo bazapfa kurusha ubabwira ko ejo bazakira, abantu bakwemera cyane ubabwira ko urugo rwabo rugiye gusenyuka kurusha ubabwira ko urugo rwabo Imana iruhaye kubera izindi ngo urugero. Abanti bakwemera ubabwira ko ejo batazarya kurusha ubabwira ko ejo bazarya, ntakindi kibitera nukubana n'ibikomere bitakize.

Imana niyo ituvura, nikoko ushobora kuba ntakazi, ariko Imana niyo izaguha akazi Ejo, Ushobora kuba Utarabyara ariko Imana niyo igitanga urubyaro, Ushobora kuba Ucuruza ubomba ariko Imana ishobora kuguha inyungu nyishi ejo, Ntukwiye gutakaza ibyiringiro mugihe cyose ubugingo bwawe bushobora kugera ejo. Ejo hahishe byinshi nkuko mu magi hahishemo inkoko, niko ejo hawe Imana ihagufitiye byishi.

Ntukwiye kwemera amajwi akwereka ko bizaba bibi kurushaho, ahubwo ukwiye kwemera ko naho wagera ikuzimu wazurwa kubera Umugambi Imana igufiteho. Ndahamya ko abantu benshi kubera ibikomere byahajize, bamaze kuvuga ko Batazashaka, batacuruza, batakorera Imana, batakora ibi nibi, batasuhuza barunaka, ariko Reka nkubwire Ko Imana ishobora byose. Nubwo wababaye siko bizahora.Ijwi ry'Imana uyu munsi rikugerehk riguhumurize rikubwire ko nubwo washonje uzarya uhage,nubwo wabuze akazi uzikorera kandi utere imbere, nubwo utarabyara Imana niyo gisubizo, uko biri kose wabyemera utabyemera icyo Imana yakugambiriyeho kuko ari cyizasohora! 

Iga guha imina ibya gukomerekeje maze ikomore, utangire ubuzima bushya, kuko Irabishoboye. Nubwo hari abaguhemukiye ariko Imana ifite benshi bagushyigikira nukomeza kuyubaha izakubera aho abandi bataba no murupfu muzajyana kandi ninayo Izatuzura ku munai nyawo.Yesu ajya yomora ibikomere tukabasha kwizera imbabazi ze!

Gaudin Mission International

Popular Posts

Featured post

Faith, Hope, and Love: The Foundation of a Victorious Life

Faith, Hope, and Love:  The Foundation of a Victorious Life 1 Corinthians 13:13 "And now these three remain: faith, hope and love. Bu...