Wednesday, 13 July 2016

NINDE MUBYEYI URERERA EJO HAZAZA HEZA?

Muri iyi si ntakintu gishya munsi y'Ijuru. ibyakere byahozeho nkuko bibiliya ivuga, ariko usanga abantu benshi bariho iyo badatoje isi yabato kubaha ibyo bubahaga, no kugenda uko bagendaga birashoboka ko mu minsi iri imbere ibyo wubahaga abana bazaba batakibyubaha! kubera iki?

Impamvu nini ituma abubu birengagiza ibyo bigishwa ni iyihe? nuko ababigisha bavuga ibyo badakora! icyo wigishije umwana akura agenda nkawe! uyu munsi wakwibaza umwana ukuriye mw'Itorero se yararwanaga n'abagenzi be, we namara kuba umuyobozi w'Itorero bizagenda bite? ibaze wowe mushumba urugero uha umukristo ni uruhe? 

Ibaze wowe mubyeyi urugero uha abana ni uruhe? ese koko niba umubyeyi ari umusinzi ntibigoye gusaba umwana kuzaba umuntu muzima? uyu munsi ndashaka kukubaza wowe ufite inshingano yo kwigisha abandi cyane cyane abakiri bato, ubona byoroshye ko bagenda nkuko ugenda? ese wowe mubyeyi niba udaha agaciro ibyo ukora ubona abo ubyaye uzabasigira uwuhe murage?

ibintu bimwe byo gutekerezwaho:

1.Igihe cyose kubaka cyangwa se gushaka bizaba bihabwa agaciro nababirimo, bizakomeza kuba umuco wo kubahwa mubazavuka! uyu munsi ubanye ute n'Umugabo wawe cyangwa umugore? ese ubona abana mwabyaye bakwifuza kuzashaka nkuko washatse? wakwifuriza umukobwa wawe kuzabana n'Umugabo we nk'Uko wabanye na se? wakwifuriza umuhungu wawe kuzabana n'Umugore we nk'Uko wabanaga na Nyina? ibyo ni bimwe mubintu byo gutekereza mubyo dushaka kuraga abazadukomokaho!

2. Kuri wowe muyobozi w'Itorero runaka, wakwifuriza Umwana wawe kuzabana n'Imana nkuko wabanye nayo? wahitiramo umwana wawe kuzabana n'abandi nkuko ubanye nabo ubu? wahitiramo umwana wawe kuzagira intambara nkizo urwana ubu? uyu munsi wa none ukwiye kuba hari urugero utanga kuburyo abakureberaho bakwifuza gukomeza gukorera Imana! ese ubona ukora umurimo w'Ubwitange koko? cyangwa n'Inyungu ? nonese wakwifuriza umwana wawe kuzabaho mubuzima nk'Ubwo urimo uyu munsi?

Nikoko urakangurira abantu kuza mw'Itorero ryawe, ariko ndashaka kukubaza iki kibazo? uramutse uzi ibyo uzi mwitorero ryawe wakwifuza kuribamo? ibaze niba wakwifuriza abo ukunda kurangwa imigambi ufite mumutima! 

3. Abayobozi munzego zitandukanye, uwifuza amahoro ayategura kare akibifitiye ububasha, udashaka kurenganywa ntarenganya, ushaka ibyiza abiba ibyiza uyu munsi! uyu munsi wanone urwego rwose waba urimo ukwiye kugira imbuto nziza ubiba byatuma abakiri bato barushaho kwifuza gukora ibyiza kurushaho kuko waba warerekane ibyiza abandi bakwigiraho!

buri gihe igiti cyose cyera imbuto z'Ubwoko bwacyo! ese ubona ibyo ukora abantu bazasoroma iki? abana bawe, abo uyoboye n'abandi uyu munsi tekereza kuri ejo hazaza! maze wibaze uti ese nyuma yanjye abantu bazarushaho kuba beza cyangwa bazarushaho kuba babi!

abantu bose babi muri iki gihe ni ingaruka yabandi babaye babi ntihagire igikosorwa! hera uyu munsi kugira ngo urage isi ibyiza ndetse n'Umuryango wawe! uyu munsi hariho benshi barwana na Karande cyangwa Imivumo yo miryango! uramenye utasigira abawe umuvumo cyangwa karande!

ndabakunda!


Thursday, 7 July 2016

AMAHIRWE YO KUGARAGAZA ICYO USHOBOYE ABONEKERA MU BYANANIYE ABANDI!

1Samuel 17:17

Bukeye Yesayi abwira umungu we Dawidi ati"Gemurira bakuru bawe efa imwe y'Ingano zikaranze n'aya marobe y'Imitsima cumi, wihute  ubishyire bakuru bawe mu rugerero.

sinshaka kugutindira mu mateka cyane ya dawidi, ahubwo ndashaka kugira ngo numara gusoma ubihuze n'Ubuzima wibonamo uyu munsi maze ukaba wakwibaza uti ese gutabarwa kwanjye kuzavahe? ahari ujya wibaza uti ese aka kazi nkora gasuzuguritse, ahari nturi mubantu bahamagarwa mugihe bakeneye abantu b'Ibigango, b'abanyabwenge, n'ibindi kuko baba barebesha amaso y'Umubiri ko udashoboye.

Dawidi yari muntu ki?  Dawidi yari umuhungu w'Umuhererezi mu nzu ya se, ikindi yari afite bakuru be beza kandi b'Imbaraga. mugihe Abisiraheli barwanaga abahungu ba Yesayi ba banyambaraga nibo babanjye kugenda, Dawidi kuko yari umusore muto yasigaranye n'ababyeyi, kuko buri gihe umwana muto niwe usigara. mugihe cyo gusigara murugo rero niwe ufasha ababyeyi imirimo.

Niba nawe uri umwana muto Iwanyu wabimenya, kuko burya niwowe umenya inka n'Ibindi iyo wasigaye murugo. igihe cyaje kugera rero akajya agemurira bene se! nkuko bisanzwe abyuka nkabandi maze yerekeza aho bakuru be barwaniraga, ahasanga amakuru adasanzwe aho Goliyati yavugaga ati umugabo naze turwane natsinda turaba abacakara banyu, ayo magabo usomye yose bavuga ibyo byateye Umwami n'Ingabo ze ubwoba cyane.

Amahirwe yo kugaragaza icyo ushoboye abonekera mubyananiye abandi, Buri gihe intambwe yose utera bigusaba kwiyemeza guhangana n'Ibibazo bisa nibikurusha ubushobozi, Dawidi rero yaje kuza asanga abantu bose batinye, maze we afata umwanzuro wo kugerageza! simpamya ko Imana itari kumwe n'Ingabo za Isiraheli kuva kare hose, ahubwo abari kurugamba bose ntibari bayizeye bingana nuko dawidi ayizeye!

reka nkubwire ko Ikibazo cyagutsinze hari uwo wibwira ko atakibasha, Imana ishobora guhagarana nawe igakora ibikomeye. Dawidi yagiye agemuye ahageze ahura n'Itangazo ry'Akazi maze yiyemeza kugapiganirwa! gupiganirwa kwica igihanda n'Ikintu gikomeye. Reka nkubwire ko ufite ikintu cyaniniye abandi aho ukorera, aho wiga, aho usengera, muguhugu cyawe. igihe cyose wiyemeje kugitsinda uzagororerwa!

yewe naho yaba ari icyaha cya naniye abandi ukwiye kwiyemeza ukagitera mw'Izina rya Yesu. nikoko birakomeye ariko hamwe n'Imana ubasha gutsinda urwo rugamba. ndifuza kukubwira ko ntamuntu waguhebere gukora ibintu bisanzwe, Imana ifite intwari zanesheje, dufite abagabo n'Abagore mu bwami bw'IMANA bahora batsinda ba Goriyati, nuko mbere baba batiyambajwe, gusa iyo babonye ubutyo ntibavuga ngo reka turebe uko bigenda, biyemeza kwitanga vuba rwose maze bagakora kugira ngo amahirwe abandi ananiwe kubyaza umusaruro bo bigeragereze!

ndabifuriza kurwana n'Ibibarwanya byose mufite kwizera, yaba ibyaha, ubukene n'Ibindi, ntiwite ku majwi akubwira ko bidashoboka, kuko amajwi menshi yabwiye Dawidi, nyamara we ntiyabumviye ahubwo yumvaga uko biri kose azatahukana itsinzi, kwiyemeza kurwana na Goriyati nubwo abandi baba babinaniwe, buri muntu rero kugira ngo agire urwego agereho bimusaba guhurira ahantu na Goriyati agomba kwica kugira ngo agere kuyindi ntera!. birashoboka ko Goliyati wawe ari ubusambanyi, ubusinzi, ubujuru, amagambo n'Ibindi, maze wabwira abantu uti nyamara ndabireka bakaguseka! ariko wowe ubime amatwi ufate Umwanzu nkuwo dawidi yafashe.

Nyuma Yo gutsinda goriyati wawe, uzazamurwa muntera, uzambikwa imidali ikigeretse kuri ibyo uzahabwa ubugingo buhoraho. iyo umuntu atsinze goriyati we aba agiye kugera kurundi rwego, ukava ku kugemura ibiryo ukagera ku kuba umukuru w'Ingabo!

Pastor Gaudin
New Jerusalem Church 

Tuesday, 5 April 2016

OYA SIKO BIZAHORA KUBATEGEREZA IMANA.

Imwe mundirimbo nanditse igira iti: 

"Abasore b'Imigenda bazacogora ndetse n'Intwari zizananirwa ariko abategereza Imana bazakomera" buri munsi urugendo tugenda rusaba kwihangana, gutegereza, kurindira icyo wabwiwe n'Umuntu cyangwa Imana.
kubantu ho biragoye cyane kuko hari ibyo bavuga kubera ibyishimo bakaguha nibyo badafite ukabitegereza nyamara ntibisohore.

Buri mwe mwisi afite icyo ategereza cyangwa icyo yizeye, hari abizera Imbaraga zabo, ubutunzi, ibigango n'Ibindi byinshi bitandukanye, gusa Ijambo ry'Imana ryerekana neza ko icyo wategereza cyose iyo udategereje Imana uba ufite amahirwe menshi yo kutegereza ugaheza amaso mukirere. 

Kubantu bategereje Imana rero si uko bimera ahubwo Imana yiyerekana nk'Imana ikiranuka kuko Ikomeza isezerano ryayo ikaririnda kugeza irisohoje. ikintu kigora abantu benshi nugutegereza, kuko usanga Imana bigoranye.mugihe utegereje nibwo uhura nibintu bitandukanye birimo Amagambo y'Urucantege! 

Gutegereza uri wenyine birashoboka gusa iyo umuntu ategerereje mw'isi ituwe nabantu birushaho gukomera kuko bamwe baba bakwereka ko bidashoboka ibyo wizeye ko bitaribyo, hari abakubwira kuko ariko babonesha amaso y'Umubiri. uramutse ubwiye abantu ko hari igihe ubutayu bwa Sahara buzagwamo imvura hakamera amashyamba  n'Ubwatsi bwinshi ababyemera nibake.

Mbahaye ubuhamya buto nabonye ko Imana ishobora gukora ibirenze ibyo twibwira nibyo dutekereza kuko ifite imbaraga nyinshi ziruta izabantu. Imana yambwiye ko izankorera ubukwe, ubwo nari mugihugu cy'Ubuhinde, Ibaze nawe Imana ikubwiye ubukwe kandi bwiza, ukiri umunyenshuri wakwibaza uti ese bizaca he? ndetse uwo wabibwira wese yaguseka kuko mubigaragara biba bigoye. igihe cyaje kugera nza mu rwanda gusa nkomeje icyo Umwami yavuze kuko nizeraga ko Imana itabasha kubeshya kandi icyo yavuze cyose izagisihoza.

Muri icyo gihe njyewe na fiance wanjye twarapfukamaga tugasenga Imana tuti mwami turagutumiye mubukwe bwacu, gusa nubwo twasengaga nibwo habayeho amagambo yo kuduca intege umuntu agahurutswa no kuza kutugira Inama ati murabona ubukwe burahenda kandi ntimurabona akazi! ibyo byadukoraga kumutima tugasa nabadohotse nyamara twakongera gupfukama Imana ikatubwira ko izadukorera ubukwe bwiza.

nababwira ko ubu uyu munsi icyo twibazaga ngo kizagenda gute byarangiye twabonye ubukwe bw'Umugisha kandi Imana yahagurukije abantu tuzi nabo tutazi kuko ijambo ryayo rigira riti isi nibiyuzuye byose niby'Uwiteka. turashima Imana ko Imana yabaye Imana yo kwizerwa. yarinze isezerano ryayo. nibyo koko abantu bose bakora ubukwe, abantu bose barabyara, abantu bose bubaka amazu, abantu bose bashobora kubaho ariko ikikomeye si ukubikora ahubwo ni uko wabikora urikumwe n'Imana.

Iyo umuntu ategereje Imana arushaho gukomera naho itangira rye rishobora kuba ari rito cyane, Imana igenda Imwagura kugeza isohoje icyo yamuvuzeho kandi Imana ntikiranirwa ngo yivuguruze nk'Umwana w'Umuntu. Niba yarakumenye izina uhumure Imana izaba mubyawe kandi ntizirengagiza ineza igirira abayuba, izasohoza icyo yakuvuzeho rwose. 

nsoza nagira ngo nkubwire ko ikibazo ufite Imana ishoboye kukugirira neza, yagukiza iyo ndrwara niba uyitegereje, yagukorera ubukwe, yaguha umwana, niba koko utegereje Imana! ndashaka ko wizera uyu munsi ukabwira Imana uti mwami ndagutegereje kandi nizeye ko ushobora kungirira neza cyane. Imana ishomwe ko yadukoreye ubukwe yatumbwiye, nikoko uwashima wakumva ari ikintu gito gusa ushaka kumenya ishimwe ry'Icyo nshimye watekereza kuri kimwe Imana yagukoreye undi atahaye agaciro.

ndakwifurizwa kwibukwa n'Imana muri ibi bihe kandi ikumvire kuko wayizeye! zaburi ya makumyabiri. dushimye Imana kubantu Imana yakoresheje kuko buri gihe ibisubizo byacu bihijwe mubyo Imana yaremye kandi Imana ntijya isubiza idakoresheje abantu yiremeye. Imana nijya kugusubiza izakoresha njyewe cyangwa undi ukabona igisubizo cyawe!

ndabakunda!
.


Tuesday, 29 March 2016

IIJISHO RY'IBYIRINGIRO BYIHANGANIRA UMUBABARO N'INTAMBARA ZOSE UREBA!

Abaheburayo 12:2

Igihe kimwe naganiriye n'Umusirikare, ndamubaza nti ese buriya umuntu yihanganira Ikosi ate kandi numva ngo haba harimo ububabare? nuko mwijwi rituje arambwira ati biterwa n'Uko uba warihanganiye gufata umwanzuro wo kujya mugisirikare!

ikigutera kujya mugisirikare gishobora kuba impamvu yo kwihanganira ibyo ucamo, yagize ati ntuba wibona nkubabazwa ubawibona nkuwambaye imidali y'Ishimwe. iyo wireba wibonamo afande, ukibonamo intwari y'Igihugu kurenza kwireba nkumunyamakuba!

sinzi ibyo ucamo ariko ndashaka kukubaza nti urabona Iki cyatuma wihanganira ibyo ucamo byose? kuri iyi si igihembo cyimwe kikwinjiza muyandi marushanwa, kandi iherezo ry'urugendo rumwe usanga ariho hatangirira urundi! si igitangaza guca mubikomeye igihe cyose ufite ibyiringiro ry'ibyo ushaka kugeraho. uko wibona mubihe biri imbere bigutera Imbaraga zo kutita kubyo ucamo bisa nibikugoye.

Yesu yihanganiye umusaraba n'isoni, kubera ibyishimo byamushyizwe imbere. reka nkumbwire ko buri muntu wese aba afite ibyishimo byamushyizwe imbere ariko iyo udafunguye amaso ngo urebe biroroshye gucika intege ndetse ukaba wahitamo gushakira ubuzima mukwiyahura! 

mwene data ibyiringiro byawe nukumenya ko Imana ntahantu idagukura kandi ntahantu itakugeza. ntakibazo kuri yo cyananirana, ukwiyekwibuka ko Imana yawe yakuremye kandi mbere yo kukurema yagutekerejeho nk'uko umuntu atekereza kucyibumbano agiye kurema.

iyo witegereje neza usanga Imana izi Impamvu yaturemye kurusha uko twebwe tuyizi, izi imibereho yawe kugeza igihe uzapfira. nibyo koko umwijima utuma tutareba imbere iyo tujya gusa iyo wizeye Imana igufata ukuboko mugihe cy'Umwijima. ibyo bituma ubasha kureba aho abandi batabona. bamwe baba bareba ibibazo nyamara wowe uba ureba iherezo ryabyo. uyu munsi niwizera imbaraga ziri mukumenya Imana urahabwa ibyiringiro bishya.

1. kumenya ko Imana igukunda kurusha uko wikunda, kuko wowe uri ubutunzi bwayo cyane!
2.Kumenya ko Imana mbere yo kukurema yagufatiye Umwanya ikagutekerezaho!
3.Kumenya ko ifite ubuzima bw'Ibihumeka mukiganza, kandi ariyo ibigenera iminsi yo kurama.
4 Kumenya ko Imana ariyo iha  abatuye isi umugisha wo gutunga no gutunganirwa itongeyeho umubabaro.
5.Kumenya ko nyuma yo kubaho hariho ubuzima bundi Imana yateguriye abayizera butagira amakuba no kurira!

ndakwifuriza kugira ibyiringiro byuzuye muri Kristo kandi ukamenya ko ibyo byose ucamo ari iby'igihe gito cyane. komeza wizere kandi ugire ibyiringiro, kuko ntakure haruta gupfa kwa Yesu nyamara ntibyabujije Imana kumuzura. Imana izura abapfuye  ntiyananirwa gukiza abarwayi! ndakwinginze ongera uyihange amaso urebe igitangaza izagukorera! 

ndakwifuriza kumenya ko ibyo ucamo ari iby'igihe gito kandi wowe usoma ibi nubyakira urahabwa umunsi mushya w'Umunezero kandi ibyiringiro byawe uzabirebesha amaso numara guhambwa ibyo umutima wawe wifuza! YESU AGUHE IBYIRINGIRO MURIWE KUKO NIBYO BYUZUYE, ubashe kureba ibyishimo byagushyizwe imbere. haracyari ubutsinzi, imbaraga, icyubahiro, gukira, kwamamara, ikiruta ibindi n'UBUGINGO BUHORAHO.


Tuesday, 9 February 2016

SINEMERANYA NABAHA IMBARAGA SATANI KURUSHA IMANA YAREMYE IJURU N'ISI........ISRAEL MBONYI GUTERA IMBERE NTIBYAKAGOMBYE KWITIRANYWA NA ILLUMINATI



Abemera ibi muvuge amen!

2.Imana iracyashobora byose nabiriya utemera ko yakora!

NB: Imana yahaye dawidi kwica Goliyati, Imana yambukije abisiraheli inyanja itukura, Imana yahaye Yosuwa gutsinda Yeriko, Imana yahaye ubutunzi salomon, Imana yahesheje Yefuta kuba umucamanza wabisiraheli, Imana yakomeje ubwami bwa nebukadinezali, Imana yaduhaye Yesu, Imana yamuzuye mubapfuye, Imana yatanze manu kubisiraheli, Imana yakoze biriya byose yananirwa guha Israel kumenyekana no gukundwa?

bibiriya ivuga ko Umuntu nakorera Imana izamuha icyubahiro, kandi abashaka ubwiza n'Icyubahiro babishakishe gukora neza ubudacogora!

Komeza utere Imbere nshuti y'Imana kandi ukorere Data nawe azaguhemba, nutagwa isari uzasarura kandi ube umugabo every level brings new Devil, ubwo nukongera amasengesho udahahamurwa nibyo abantu bavuga!

ubu ntukiri icyo abantu bifuza ko uba, ahubwo uricyo Imana ishaka ko uba, niyo mpamvu abantu batanezerewe! Yesu yaguhinduriye Izina kandi yaguhaye rishya niyo mpamvu benshi bazakomeza kukugira impaka....abo Yesu yagiriraga neza bose bavugaga ko ataribo, cyangwa bakavuga ko Atari Yesu wabikoze ahubwo ari Izindi mbaraga zabimukoresheje!

Imana iganze....Uri nkuru Ukora ibikomeye ntawagereranywa nawe kuko byose urabirenze!iyo N'Imana tuvuga!

Saturday, 23 January 2016

KUKO NAWE WAYISABYE KUKURENGERA...IZAKURENGERA!

KUKO NAWE WAYISABYE KUKURENGERA...IZAKURENGERA!
2 abami 19:4
Ahari Uwiteka Imana yawe yumvishe amagambo ya Rabushake yose, shebuja Umwami wa ashuri yamutumye gutuka Imana ihoraho.Ngira ngo Uwiteka Imana yawe yanahanira ayo magambo yumvise, Nuko rero terura amasengesho yawe usabire abantu basigaye!

Umwami w'abisiraheli yatewe ubwoba namagambo umwami senekarebu wa ashuri yamubwiye....musome iyi nkuru murasanga namwe hari abantu bajya bababwira ko Imana mwiringiye itabakiza......
Ariko umwami wabisiraheri ngo abyumve atuma kuri Yesaya umuhanuzi n'Imana ngo amubarize Imana niba yumvise amagambo ya senekarebu.

Imana irahari abahinyura ko izaturengera bazabibonesha Amaso yabo. Niba hari amagambo bakuvuzeho agutera ubwoba ukwiye kwibuka ko Imana ariyo ifite ijambo rya nyuma kuri wowe!
Imana yahumurije abantu bayo ndetse batsinze batarwanye...humura kurugamba n'urw'Imana.
Senekarebu ntiyavuze bike, yewe byateye ubwoba hezekiya ariko Imana yavuguruje imigambi ya senekarebu!

Ndavuguruza amagambo yose bavuze kubuzima bwawe....ndahamagara itsinzi y'Imana ya Abraham kukubaho uyu munsi.
Abantu babone ko Imana wizeye iruta ibigirwamana. Imana ubwayo iraza kukurwanirira kugira ngo ikoze isoni ibyishyiriraho kuyambura icyubahiro kubuzima bwawe!
Ndabakunda!
Pastor M.Gaudin
New Jerusalem Church.

Friday, 22 January 2016

ISEZERANO RIKOMEYE UMUNTU YASEZERANA MURI IKI GIHE: KUBA INYANGAMUGAYO!

Yobu 27:6

"Ntibikabeho ko nabemerera ngo muvuze ibitunganye, kugeza ubwo nzapfa sinzikuraho kuba inyangamugayo. Gukiranuka kwanjye ndagukomeje ntabwo nzakurekura, ntabwo umutima wanjye uzagira icyo ushinja nkiriho"

Nsoma aya magambo nongeye gutekereza cyane, maze mbona ko isi ya none irimbuwe no kwemera ibinyoma no kwikuraho ubunyangamugayo no guhemuka ngo uramuke. uyu munsi wanone hariho abantu barimo kongera guha ubusobanuro ibintu bitandukanye. aho isi igeze abantu bamwe batakibaha gutandukanya umugabo n'Umugore, aho abantu bahimbiye uburyo bwo gukiranuka!

uyu munsi wanone dufite ikibazo cy'amagambo ubwirwa yose ugahita uyemera. ugasanga ntushobora kuvuguruza ibinyoma bakuvugaho, cyangwa umuvumo bakuvumira ubusa, ugasanga abantu kuko ari benshi icyo bise cyiza nawe ukabona ni cyiza. tugeze mw'Isi aho abantu benshi bahurije kukinyoma bihinduka. ukuri.ndavuga isi igendera kucyo bita ijwi rya rubanda nyamwishi cyangwa( majorite).

uyu munsi ndifuza ko wakongera gusubira kumahame y'Ubumana ugahakanira abantu bose bavuga ibidatunganye, ukabahakanira ntiwemere ko bavuze ukuri! bene Data igihe havuzwe ikinyoma ukacyemera ukumva ntacyo gitwaye, burya uba ugishyigikiye! ukwiye guhakana amagambo yose ndetse nibindi byose bikubuza kuba inyangamugayo.

Abantu benshi babuze ubunyangamugayo, yewe nabamwe bitwa ko basenga cyane. igihe kimwe naganiriye numusaza wakijijwe kera amaze arambwira ati: mugihe cyacu abantu bari inyangamugayo kurusha abakristo bamwe mbona bo muri iyi minsi! burya kwanga umugayo n'ukugambirira neza mu mutima! ndashaka kukubwira ko Imana ifite abantu biyemeza kwanga umugayo.

uyu mugabo Yobu yasabwaga kenshi kwihakana Imana, yaba inshuti ze ndetse n'Umugore we, ariko ntiyigeze abyemera ngo yumve yahinduka. ndakubwiza ukuri ko yaba mukazi ukora ukwiye kuba inyangamugayo, yaba murugo rwawe ukwiye kuba inyangamugayo, yaba mubuzima bwa buri munsi ntukwiye kwikuraho ubunyangamugayo!

ukwiye gukomeza gukiranuka: ubundi gukiranuka ni ukubaho mubuzima butabangamiye abandi ndegtse nawe butakubangamiye, aho utangirwa ubuhamya ko uri umuntu w'Inyangamugayo. akensho ubunyangamugayo n'Imbuto twera hanze, ariko gukiranuka nibyo nakwita ubunyangamugayo buhera mu mutima!

Imana iduhe kuba inyangmugayo igihe cyose tukiri muri iy'isi. ndakwifuriza kugambirira mumutima wawe kuba inyangamugayo no gukomeza gukiranuka! kandi Kristo icyamuzanye nugukuraho imirimo yose itubuza kuba inyangamugayo no gukiranuka!

ndabakunda!

Pastor M.Gaudin
New Jerusalem Church

IYO NTAMBARA NTABWO ARI IYAWE ARIKO INTSINZI YO N'IYAWE!

Image result for battle clipart
IYO NTAMBARA NTABWO ARI IYAWE ARIKO INTSINZI YO N'IYAWE!
2 Abami 19:14 - Bukeye intumwa zishyikiriza Hezekiya urwandiko, ararwakira ararusoma. Hezekiya aherako arazamuka ajya mu nzu y'Uwiteka, aruramburira imbere y'Uwiteka.

Muri iri joro umutima wanjye wanyuzwe n'ukuntu Hezekiya yarwanye urugamba rukomeye yari yagabweho na Senakeribu.
Hari ibintu byishi nize muri iki cyanditswe:

1) Ni byiza gutandukanya intambara dushoboye kurwana n'intambara tugomba guharira Imana. Hezekiya yari yararwanye intambara ninshi mu gihe cye ariko noneho bigeze kuri iyi, ahitamo, kwerekeza iyo mu rusengero aba ariho ajya kuyirwanira! Intambara zawe uzirwanira he? Werekeza iyihe nzira?

2) Abanzi bose badutera baduhora Imana barwana nayo. Mu by'ukuri Hezekiya yamenye ko intambara yagabweho atari iye ngo akoreshe imbaraga ze arwana urugamba, ahubwo yamenye ko igitero yagabweho kigamije gusebya Imana. Nicyo cyatumye asaba Imana kwirwanirira. Ni kangahe dushaka kurwanirira Imana aho kuyireka ngo yirwanirire?

3) Iyo turwana ku bw'Imana urugamba ruhinduka urw'Imana. Dawidi yarabimenye ubwo yarwanaga na Goliathi (1 Samuel 17:47); Yehoshafati yarabibwiwe (2 Ingoma 20:15), Zerubabeli yarabibwiwe (Zekariya 4:6). Abo bose bamaze kubimenya, urugamba baruhariye nyirarwo! Ubu narabimenye, nta bizongera kumvuna!

4) Mu rugamba rw'Uwiteka, intsinzi n'iy'Uwiteka. Iteka iyo Imana iyoboye urugamba turimo, dutahana instinzi. Abaturwanya (twe nayo) barwana bigiza nkana.

5) Abo Imana ikoresha mu kurwana urugamba rwayo bahakura icyubahiro. Hezekiya, Yoshuwa, Mose, Dawidi, Deborah, n'abandi benshi bamamajwe no kuyoborwa n'Imana mu rugamba rwayo.
Niba baguhora Imana, komera! Urugamba si urwawe ariko intsinzi ni iyawe!

Fidèle MASENGO, Foursquare Church Kimironko masengof@yahoo.fr

Tuesday, 12 January 2016

Wari uzi ko nta ntwaro bagucuriye izagira icyo igutwara?

Waruziko "Nta ntwaro bagucuriye izagira icyo igutwara "utageze aho Imana ishaka kukugeza?
Igihe kigeze ngo Abisirayeli bave muri Egiputa Satani yarabimenye, atangira gucura intwaro yo kwica abana b’impinja b’abahungu.

Kuva 1:16 - "Nimubyaza Abaheburayokazi mukabona bicaye ku ntebe babyariraho, nihavuka umuhungu mujye mumuhotora, ariko naba umukobwa abeho."
Ariko, Mose wagombaga kubakura mu buretwa we ntiyashoboraga gupfa kuko yari ataragera ku cyo Imana yamuhamagariye.

Nawe ntacyakubuza kugera aho Imana, yaguteguriye kuko nta ntwaro bagucuriye izagira icyo igutwara.
Yesu nawe akivuka satani yakoreye muri Herode ngo bice abana b’imyaka ibiri gusubira hasi, ngo Yesu nawe abigenderemo ariko ntiyari gupfa atageze kuri misiyo yamuzanye, ahubwo Herode niwe wapfuye.
Matayo 2:19 - Herode amaze gupfa, marayika w’Umwami Imana araza, abonekera Yosefu mu nzozi..... Ndakumenyesha ko ibishaka kukwica utageze ku mugambi w’Imana bizapfa mbere yawe kuberako byanditswe ko nta ntwaro bacuriye kukurwanya izagira icyo igutwara, kandi ururimi rwose ruzaguhagurukira kukuburanya uzarutsinda.

Ibyo ni byo murage w’abagaragu b’Uwiteka, kandi uko ni ko gukiranuka kwabo guturuka aho ndi." Ni ko Uwiteka avuga. Yesaya 54:17 Byizere Ubigire ibyawe!
Pastorviva.pcm@gmail.com

IBINTU 5 BYABAYE YESAYA AHURA N'IMANA

IBINTU 5 BYABAYE YESAYA AHURA N'IMANA
Yesaya 6:1 - Mu mwaka umwami Uziya yatanzemo, nabonye Umwami Imana yicaye ku ntebe y'ubwami ndende ishyizwe hejuru, igishura cyayo gikwira urusengero.
Ejo twifashishije iki icyanditswe dusobanura uburyo Uziya yagombaga gupfa. Uno munsi nashatse kuvuga ku bintu 5 byabaye Yesaya ahuye n'Imana.

1. Yabonye Imana yuzuye ubwiza n'icyubahiro. Yesaya yabonye Imana mu bwiza no mu cyubahiro cyayo. Mose yigeze abona Imana yandika amagambo akurukira:
"Kuva 15:11 - "Uwiteka, mu byitwa imana hari ihwanye nawe? Ni iyihe ihwanye nawe? Kwera kwawe ni ko kuguhesha icyubahiro, Ishimwe ryawe rituma abantu bagutinya kuko ukora ibitangaza!"
Igitangaje ni uko "Attention" na "focus" byose by'ijuru biba ku Mana. Abamalayika, ibinyabuzima...nta kindi bakora. Iyo uhuye n'Imana uyiharira icyubahiro ni nayo yonyine ugira intumbero.

2. Imana yamwiyeretse wenyine. Imana ijya yiyereka umuntu ku giti cye. Guhura n'Imana si igikorwa rusange. Yesaya niwe wenyine wabonye Imana na kiriya cyubahiro cyayo. Abandi bari mu rusengero ntaho byanditse ko bayibonye. No mu materaniro yacu muri iki gihe bikunze kubaho ko umuntu umwe cg bake basurwa n'Imana abandi bakimeze uko baje. Umwe akuzura umwuka, agapfukama, amarira agatemba, undi yibereye kuri messenger, what's up na facebook mu rusengero.

3. Yesaya yahuye n'Imana abona kwimenya ubwe. Iyo uhuye n'Imana urimenya ubwawe. Yesaya yari abayeho atiyizi kugeza umunsi ahuye n'Imana. Igihe nkijijwe abantu benshi barambazaga ngo ukijijwe iki ko usanzwe uri umwana mwiza? Ariko namenye neza uko NSA mpuye n'Imana. Yesaya yabonye ibyaha bye. Abona ukuntu yanduye, adakwiye. Niba ushaka kwimenya shaka guhura n'Imana.

4. Imbaraga zoza ibyaha zitunzwe n'Imana gusa. Iyo uhuye n'Imana irakweza. Yesaya wari wanduye, yahinduwe no guhura n'Imana. Wewe wananiwe kunesha ubusinzi, ubusambanyi, kuva mu bujura, kureka uburozi, gerageza ushake guhura n'Imana.

5. Yesaya ahura n'Imana yamenye neza isi atuyemo. Nushaka kumenya isi utuyemo n'uko imeze wegere Imana. Niyo ikwereka neza ishusho y'isi.

Ndagushishikariza guhura n'Imana muri 2016!
Fidèle MASENGO, Foursquare Church Kimironko masengof@yahoo.fr

KWISHINGIKIRIZA KU MANA YAWE!!!

KWISHINGIKIRIZA KU MANA YAWE!!!
Yesaya 50:10
Ninde wubaha wo muri mwe wubaha Uwiteka akumvira umugaragu we?Ugenda mu mwijima adafite umucyo Niyiringire Izina ry'Uwiteka,Kandi Yishingikirize Ku Mana Ye.


Sinzi aho ugeze ugenda gusa reka nkubwire ko buri muntu ahira Amanywa ye akagira n'Ijoro rye!
Ndashaka kwivuganira nabantu bageze mugicuku aho batabasha kureba Imbere iyo banjya!
Ikibazo ufite niryo joro ryawe kandi ijoro ryose ntiribamo umucyo keretse irimurikiwe. Umwijima wose ubamo ibitera ubwoba ariko abiringira Izina ry'Uwiteka bajya boyoborwa nawe aho bakandagira.
Mfata umwanya usome ijambo ry'Imana nibwo buhanuzi bwuzuye kandi buhumuriza n'abahanuzi. Komeza wirinhire Imana yawe.

Mukibazo ufite ntugire uwo wishingingikirizaho wese. Uwizera Umwana w'Umuntu avumwe...bene Data Ijoro ryawe niba utabona ndakugira Inama yo gufungura amaso y'Umwuka urebe ibyo Twiringizwa.
Ijambo ry'Imana rivuga ko nababyeyi Bacu dushobora kubasaba ntubaduhe, kubatakira ntibagire icyo bakora..Yewe twanapfa ntibatuzure!

Ndashimira Imana ko abayishingikirijeho badakorwa nisoni. Nawe ntuzakorwa nisoni niba ariyo wishing I kirin who. Kandi Imana irabizi niba ariyo wishinhikirijeho! Yesaya 50:7
Mugire umunsi mwiza.

Ndabakunda!
Pastor M.Gaudin
New Jerusalem Church

ISEZERANO RIKOMEYE MU BUZIMA BWAWE

Uziya wawe agomba gutanga Dr MasengoISEZERANO RIKOMEYE MU BUZIMA BWAWE

Luka 2:25 -30 I Yerusalemu hariho umuntu witwaga Simiyoni. Uwo yari umukiranutsi witonda kandi yategerezaga Ihumure ry'Abisirayeli, Umwuka Wera yari muri we.
Yari yarahanuriwe n'Umwuka Wera, ko atazapfa atarabona Kristo w'Umwami Imana.
(...)Simiyoni aramuterura ashima Imana ati
(...) Kuko amaso yanjye abonye agakiza kawe,
Maze gusoma inkuru ya Simeon nize ibintu byinshi bijyanye n'isezerano buri wese afite ryo guhura n'Imana:

1. Simeon yahawe Isezerano rikomeye ryo guhura na Yesu. Waba uzi ko iryo sezerano ryiza nawe ari iryawe!
2. Simeon yakoreye iryo Sezerano iminsi ye yose (umukiranutsi witondaga). Hari icyo ukora kubw'iryo sezerano?
3. Yamenye ko guhura na Yesu ariyo ntego ye y'ubuzima. Nicyo cyatumye abwira Imana ati noneho wansezerera kuko icyo nari mbereyeho nkigezeho! Mbese waba uziko guhura na Yesu ariyo ntego y'ubuzima?
4. Simeon yabaye maso mu mwuka kuburyo yashoboye gutandukanya uruhinja (Yesu) yari afite mu maboko n'izindi mpinja bamuzaniraga mu rusengero. Waba uri maso kuburyo umenya igihe Yesu akuri hafi?
5. Guhura na Yesu kwazaniye Simeon ibyishimo n'amashimwe ahoraho. Mbese nawe byakuzaniye ibyishimo?
Mugire umunsi mwiza mwese!
Dr Fidèle MASENGO, Foursquare Gospel Church Kimironko masengof@yahoo.fr

Ntiyari Uwawe by'Ukuri....kuko Uwawe yakunambyeho.


Ntiyari Uwawe by'Ukuri....kuko Uwawe yakunambyeho.

If people can walk away from you let them Go.
Niba abantu bashobora kugusiga bakumva ntacyo bibambwiye ukwiye kubareka bakagenda..kuko abo Imana yagushyiriyeho bazakunambaho naho wabasaba kwisubirira inyuma ntibazakwemerera.
Rush 1:11-14


Orupa yararize aragenda..ariko Rusi we anamba kuri nyirabukwe....Imana ikuremere abantu bazakunambaho uyu mwaka mw'Izina RYA Yesu.
Abantu bazemera kubana nawe mubyiza no mubibi...mubutunzi no mubukene...mubuzima no muburwayi....abantu bazagusengera babikuye kumutima.
Uzabere abantu umugisha kandi uzanambe kumana kugira ngo Imana yawe izabe Imana ya benshi...kandi ubwoko bwawe buzifuzwe nabenshi..
Uhumure nubwo muri iyi minsi abenshi bagenda bagusezera abasezera nibamara gushiraho bagenda harakurikiraho abakunambaho....

Ndagusabiye Kubona abantu bagukunda...abantu bakwitayeho...abantu bazababazwa nikibazo cyawe.
Babandi batanga icyifuzo cyawe mubyumba by'amasengesho bashaka gukwiza hose ikibazo cyawe bazagenda. Imana izakuremera bamwe bagusengera ntawundi ubizi.
Bamwe bajya kuguha bagatuma umuntu ngo amenye ko baguhaye bazagenda....Imana izakuzanira abaguha badakeneye inshimwe ryawe! yawe bakabikora mwibanga!
Bamwe bumva ibyawe bakarira gusa bazajyenda haze abumva ibyawe bakiyemeza kugira icyo babikoraho.

Ndakubwiza ukuri ko uyu ari umwaka WO kubona Abantu bazanywe N'Imana mubuzima bwawe abizanye bazagenda...
Ndakwifuriza kwibukwa n'Imana uyu mwaka. Kandi ndakubwiza ukuri ko Imana ikwibutse abantu nibo bazana ayo makuru...Imana yibutse morodekayi umwami azana Amakuru...
Imana yibutse Nehemiya Umwami azana Amakuru...
Imana yibutse Yosefu farawo ararota...

Imana yibutse Mefibisheti dawidi abaza Amakuru....
Nawe iri joro nikwibuka hazaza intumwa!
Abagenda bazagenda ariko abakunambaho nibo bazakugirira umumaro.
Yesu niwe nshuti Nziza igukunda ukuri...itumva amabwire...kandi Itazagutererana muri byose...Niba wizera ko Muri kumwe uvuge uti amen!

Ndabakunda!


Pastor Gaudin
New Jerusalem church

Friday, 27 November 2015

ISHEMA RYO KUBA MU MURYANGO W'IMANA

Uno munsi natekereje ku Itorero nk'umuryango w'Imana abizera bose bisangamo nsanga, tugomba kwiga neza icyo kuba mu Itorero bisobanura. Mu buhanuzi bwa Malaki Imana yari yarasezeranije Isiraheri ivuka ry'umuhanuzi Eliya uzongera gusanganya imitima y'abana niya ba se, bivuga ko yagombaga kongera kurema 
umuryango. Iri ni iyerekwa ry'uburyo Imana yifuzaga kubaka umuryango nk'uko byari mu bitekerezo byayo kuri Isirayeri. Kuko aho umuryango uri umugisha urahaba. Na none aho umuryango utari umugisha wose nta gaciro ugira.

Nyuma y'ubuhanuzi bwa Malaki, Isezerano rishya ritangira ryerekana umuryango mushya, ariwo muryango w' ijuru ariwo ugizwe n'Imana data n'umwana wayo Yesu Kristo (Yohana 3:16-17). Ikinejeje kurushaho nuko uwo ariwe wese wemeye uwo mwana akizera izina rye nawe 
ahabwa ubushobozi ndetse uburenganzira bwo kuba umwana w'Imana (Yohana 1:12-13) .N'ukuvuga ko uwo nawe aba umwe muri uwo muryango w'ijuru utarabyawe n'ubushake bw'umugabo n'umugore ahubwo wabyawe n'Imana.
Yohana yasobonuye cyane ku buryo turi abana b'Imana ( 1 Yohana 3:1-3; 5:1-4), abana mu muryango.
Itorero nyaryo ni umuryango. Ryubatse mu buryo busa n'umuryango wubakitse. Muri buri muryango haba ababyeyi, haba abana, haba abavandimwe. Muri buri muryango buri wese agira uburenganzira n'inshigano. Hatangirwa inyigisho, uburere...discipline. ikibabaje n'uko benshi batagikunda gucyahwa...kurerwa...kumvira...ahubwo bashaka kuba mu Itorero nk'ibyigenge! Wamubwira ikosa akaba acyiyeho! Ibi bigaragara cyane ku bantu bafite impano runaka! Ndashima Imana ko hari abanyetorero bumva umumaro wo kuba umuryango mu Itorero.
Icyampa ukisanga mu muryango ubamo.
Fidèle Masengo, Foursquare Church Kimironko masengof@yahoo.fr

Tuesday, 10 November 2015

UMUGORE W’UMUNYABWENGE AZI KURINDA URUGO RWE KUNYAGWA! 1Samweli 25:4 Pastor M.Gaudin

Abigayeli yari umugore wa Nabali, iyo urebye iyi nkuru usanga, Nabali iyo atagira abigayeli, yari apfuye pe. Abagabo bose siko bazi kwitura ineza ababagiriye neza, Yewe siko banashoboye gukora neza.

Igihe Dawidi yabaga mu mashyamba, ntiyigeze agirira nabi Nabali, yari umutunzi ariko Dawidi akabuza abantu ku murira amatungo. Hanyuma dawidi aza gutuma kuri Nabali ati: nta nabi twakugiririye  rero abahungu bawe bakugirire ho umugisha 1samweli 25:4.
Nabali yasubije intumwa za Dawidi nabi kuburyo byatumye Dawidi afata umwanzuro mubi wo kuzamuka akanyaga byose. 

Maze umugore wa Nabali abyumvise, ashaka uko yakemura icyo kibazo kuko bari bagiye kurimbukana nabo murugo bose, nibyo batunze. Maze yigira Inama yo gusanganira Dawidi ataragaruka kumara abantu. Niko kumushyira amaturo maze ati: nyagasani ntiwirirwe ugirira umujinya umugaragu wawe kuko uko izina rye riri niko ari. 1samweli 25:23. Igihe cyose Imana ishyigikira abantu ibicishije mu bandi, nawe ushobora kuba ufite umugore cyangwa umugabo uzi intege nke zawe.

Uyu munsi ukwiye kugira umutima nku wari muri Abigayeli, buri gihe iyo umuntu abuze ubwenge arisenyera. Benshi barimo barasenya ingo, abandi imiryango kubera kutagira ishyaka. Ariko uko biri kose ukwiye kubwira Imana ikaguha ubwenge bwatuma urengera na bamwe wakwita ibigoryi, kuko iyo ubikoze uretse kurengera abo gusa ahubwo uhosha n’uburakari bw’abandi.


Abigayeli yagiriye inama Dawidi, ati ntampamvu yo kwishyiraho amaraso, kandi uri umwami. Dawidi iyo yica Nabali nawe yari kuba yishe isezerano ririnini Imana yari yaramuhaye. Kandi Imbabazi ziruta ibitambo. Niyo mpamvu Abigayeli yabwiye Dawidi ati: Imana ntizabura kukubakira Inzu Idakuka. 1samweli 25:28.

ndabakunda! 
pstgaudin@gmail.com

IBYO IMANA YIBWIRA KUBANTU BIRUSHA AGACIRO IBYO ABANTU BIBWIRA KUBANDI NO KURIBO UBWABO! Pastor M.Gaudin

Imana ni Imana natwe tukaba abantu. Imana yaraturemye kandi yaturemye ifite umugambi. Ibi iyo mbitekereje nsanga ko Imana ifite ububasha bukomeye kuri jye. Ibi bintera kumenya neza ko Imigambi y’Imana ari myinshi kandi myiza kuri jye. Kuko ntakintu nakimwe Imana yaremye ntamugambi igifiteho.

Twibaze iki: Igihe Imana yafataga gahunda yo kurema ijuru n’isi ntaruhare umuntu yabigizemo, Yewe umuntu nawe ari muri iryo remwa ry’Ibiriho. Buri gihe kwibaza ibintu Imana yakagukoreye bisa no gusa no guhinyuza Imana yakuremye kuko mbere yo kuyibaza Ibyo igutekerezaho wakibutse neza ko no kugira ngo ubeho ariyo yabishatse.  Zaburi 139:14

Uyu munsi abantu benshi kw’isi baribaza uko babayeho nuko bazabaho, aha niho haturuka ibintu byinshi ndetse n’Ibyaha byinshi, ubwoba bw’Ubuzima n’Ibindi bitandukanye. Ariko ibi byose biterwa nuko umuntu yataye Imana ndetse tukirengagiza uruhare Imana ifite mubuzima bwacu.

Uyu munsi ubeshejweho niki? Muri iyi isi abantu benshi bafite uburyo bavuga ko wakora ukagera kutsinzi y’Ubuzima, ariko nshuti yanjye ndagira ngo nkumenyeshe ko igihe cyose umuntu yimuye Imana, naho wowe wakwimenyaho Imigambi myinshi ntibyayifasha gusohora. Ikindi kandi naho iyo migambi yakunda kuko iba idaturutse ku mana ntiramba cyangwa ikuzanire amahoro. Buri gihe rero abantu bashakisha iki?
Ubwiza n’Icyubahiro. Ibi bintu uko ari bibiri biruhije umuntu, buri gihe umuntu abashaka ubwiza, hariho abantu bamwe bambara neza, maze mwahura ntubimubwire akababara cyane, niko abantu bashaka ubwiza, hari abasigaye bitukuza, abandi baribagisha, kuko uburyo bwo kunyurwa nuko Imana yabaremye ntibiriho kuko bimuye Imana.

Igihe cyose Umenye ko Imana ariyo ifite uruhare mukubaho kwawe umenya neza ko Imana ifite impamvu yakuremye gutyo, ahari ushobora kwibona nk’Umuntu utuzuye cyangwa ukibona nk’Umuntu ufite ibiruta iby’abandi, ariko ibi byose bitangwa N’Imana yaremeye umuntu umugambi kandi ukomeye. Sinzi wowe uko wibona, ariko ndagira ngo nkubwire ko uko wibona nuko abantu bakubona Atari ibyo bikomeye ahubwo uko Imana yakuremye ikubona nicyo gifite agaciro.

Imana ntiyakuremye kubw’Inyungu zawe: buriya Umuntu wese ukora ikintu ntagikora kubw’Inyungu zicyo akoze, niyo mpamvu ikibumbano umuntu akibumba atitaye kuri icyo abumba ahubwo yitaye kucyo ashaka kugeraho, kizamunogera mu maso. Buri gihe Imana iba ifite impamvu ikomeye mubyo irema.

Igihe cyose rero ushaka ubwiza ukwiye kwemerwa n’Imana kuko naho waba mwiza mu bantu ariko Imana ikubona ko uri mubi ndahamya ko ntacyo byakumarira. Uyu munsi umububyi ukora ibibumbano iyo akoze ikibumbano hanyuma abantu bakagishima ariko we ntagishime ntashobora kukijyana kw’Isoko. Kuko aba ashaka kurinda izina rye, n’Imana niko bimeze uko Yemeye niko kuyihesha icyubahiro naho wowe waba wumva bitameze nkuko ushaka.

Icyubahiro: ndahamya ko Intambara nyinshi zaba mw’Isi, mu muryango ndetse no mu matorero hajemo kurwanira icyubahiro, aho umuntu ageraho akumva ariwe, ariko Ijmbo ry’Imana rigira riti nuko ushaka kuba umukuru abe umugaragu w’abandi. Kubahwa ntibivuze ko abantu bose bagupfukamira, ariko igihe cyose Imana yifuza ko tuyubahisha, icyubahiro Imana itanaga kiruta icy’abantu. Aha ndagira ngo nkubwire ko abantu bakubashye Imana ntikubahe ntacyo byaba bimaze.

Abantu bashobora kukubahira ibyo ubarusha, bashobora kukubahira imbaraga, amafaranga, kumenyekana, kuba uri icyamamare n’Ibindi, ariko Imana yo izakubaha kuko uyubaha, ibi rero bizanwa nuko ubayeho mubuzi bwibuka Imana ndetse ubuzima buzirikana ko Imana ariyo ikura umuntu kurwego rumwe ikamujyana ahandi.
Mukutibaza ku Mana cyane Imana idusaba kwibaza uko twayubaha no kuyubahisha, ibi nibyo buri munsi tuba dusambwa cyane. Uyu munsi ushobora kuba wibaza ku migambi y’Imana igufitiye ariko Imana ntiyifuza ko ureba cyane kuri ibyo ahubwo yifuza ko wa kwita kucyo wowe igusaba gukora.

Buri gihe Imana idusaba kubanza gushaka ubwami bwayo no gukiranuka kwayo ibindi byose tukabyongerwa (mat 6:33). Ubwiza icyubahiro, n’Ibindi harimo n’Ubutunzi no gukiranuka bituruka kuri yo.

Reka nkubwire nti igihe cyose umuntu atimuye Imana, Imana yiteguye gusohoza Imamvu yamuremye. Hari Impamvu waremwe rero kandi rero Impamvu waremwe niyo Imana yitayeho cyane, iyo mpamvu rero akenshi Uzasanga wowe utayifitemo uruhare, ahubwo ukwiye kwizera Imana ikakurengera.
Niba umuntu mukuru ateruye umwana akamunaga hejuru, umwana ntaba akwiye kugira ubwoba bwuko batari bumusame, ahubwo umwana iyo akomeje kuba umwana akorerwa ibyo akwiriye gukorerwa. Reka rero nawe uyu munsi ushyitse umutima hamwe maze wemerere Imana kugukoresha.

Igitangaje: ubu naho abantu baryohewe no gukorera Imana no kurushaho kubikangurira abandi ariko dukwiye kumenya ko nabyo ari umugambi w’Imana kuko Inama zo gucungura Umuntu nta mwana w’Umuntu wigeze azitumirwamo ahubwo ubu turi mubyo Imana yatekereje kera maze ikabishyira mu bikorwa. Ndahamya ko Imana yaduhaye agakiza tutari tubikwiriye ariyo idufiteho umugambi uruta ibyo twe twakwibwira.

Ndabakunda!

Pastor M.Gaudin
pstgaudin@gmail.com

Popular Posts

Featured post

When Prayer Meets Fasting, Heaven Moves by Pastor M.Gaudin

When Prayer Meets Fasting, Heaven Moves. Matthew 6:16–18; Isaiah 58:6–12 Supporting Scriptures: Matthew 17:21, Joel 2:12–13, Ezra 8:21–23...