Thursday, 20 November 2014

IYO UHANIRWA IBYAHA WAKOZE NTIWARI KUBA UKIBUKWA....NTUKONGERE GUKORA ICYAHA UKUNDI UTAZABONA ISHYANO RIRUTA IRYA MBERE...M.Gaudin

Yohana 5:14

Hanyuma y'Ibyo Yesu amubona murusengero aramubwira ati: :"Dore ubaye muzima, ntukongere gukora icyaha utazabona ishyano riruta irya mbere."

Ahari Imana yagukuye :

-Mu buraya
-mu businzi
-mu bujura
mu bwambuzi
mukutumvira
no mubindi bibi nawe ubwawe uzi! ikwicazanya n'abandi ubu nawe wahindutse icyaremwe gishya kuko uri muri Kristo. ntukibarizwa mukabari, no murumogi, Yewe ufite amaho, hari abo yakijije sida, igituntu, n'izindi rwara nyinshi, Yesu yakoze byinshi ngo ubabarirwe, ariko nawe hari byinshi ugisabwa ni kwita kugakiza wahawe ngo udatembanwa ukabivamo. abaheburayo 2:1

Uyu munsi ndashaka kuvugana nawe, wababariwe ibyaha, wowe uzi ko Yesu yagugucunguye kandi akagukiza ibyago byawe. Ndahamya neza ko niba warakijijwe wakijijwe kubw'ubuntu ntacyo utanze, ubuntu bwa Kristo bwatumye agukiza kandi burakurokora.

Uyu munsi hariho inyigisho nyishi udakwiye guha amatwi, ibyaha byawe byarangije kubabarirwa hanyuma ugasanga ubayeho mubuzima bw'Ibyaha biruta ibyo wakoraga mbere. unyumve neza kuko niba koko Imana yaragukijije uzi icyo wari urwaye, simpamya ko niba umuntu akize indwara yakwifuza kongera kuyirwara! ahubwo rwose yahora asaba Imana ngo imurinde kongera guhura n'ibyo byago.

Buri gihe abantu iyo bagiye kwigisha ku buntu cyangwa (grace) bafata ibyanditswe bimwe bagasimbuka ibindi ariko dukwiye kuba maso tukumva icyo Yesu avuga nyuma yo kutwakira kub'wubuntu, adutegeka kutongera kugenda nk'Uko kera twagendaga, yohana:8 hagaragaza umugore wafashwe asmbana, hanyuma bakamuzana...bamugeza Imbere ya Yesu, bakamubaza bati amategeko ya mose avuga ko ufashwe asambana aterwa amabuye! ibyo koko byari byo ariko Yesu yari azi amategeko kurusha abo bafarisayo, Yesu yagombaga gukemura ibibazo byinshi byari aho icya 1.yagombaga kongera kwerekana ko abacamanza badakwiye guca urwa Kibera
2.Kwerekana ko ariwe ukiranuka
3 Gushyiraho urufatiro rwo gukiranuka kurenza amategeko

aha ushobora kwibaza uti ese koko abafarisayo bari mu kuri? Oya kuko amategeko avuga ko umugabo n'Umugore bafashwe basambanabose bakwiye kwicwa! hanyuma bo bazana umugore gusa, Yesu yagombaga gukemura ikibazo gikomeye cy'abacamanza baca imanza zibera agashyira urufatiro rw'Imanza nzima. gutegeka kwa kabiri 22:22. Yesu ntiyigeze yihanganira uburyarya bw'abigisha mategeko ndetse n'abafarisayo. yagombaga gushyiraho urufatiro ruzima rero.

Ikindi abwira abo bose ati ngaho udafite icyaha muri mwe abanze amutere ibuye, habura numwe bose baromboka baragenda, hanyuma yubura amaso abaza uwo mugore ati ntamuntu uguciriyeho iteka? umugore ati "ntawe," maze Yesu aramubwira ati najye sinkuciriyeho iteka genda ntukongere gukora icyaha.yohana 8:11

Imana y'Imbabazi ihora iri hamwe natwe, akenshi usanga itubabarira ariko abantu benshi bahabwa imbabazi hanyuma ugasanga , basubiye inyuma muri byabindi bahozemo. none se mugenzi wanjye agakiza k'Imana ugafata ute? ndahamya ko Yesu hari byinshi yakubabariye, nawe wakwibuka, ahari byari kuba byaraguhejeje kuburiri, cyangwa byaraguresheje amabuye, ariko ubu warababariwe, kandi waruhagiwe n'amaraso y'umucunguzi wacu Yesu. Igihe n'icy'iki ngo uhe agaciro Imbabazi wagiriwe ariko cyane cyane wirinde utazabona ibyago biruta ibya mbere.

umuririmbyi umwe araririmba ari mu mwuka ati: n'Igitangaza n'igitanga....kuko nahawe agakiza k'ubuntu.....n'igitangaza n'igitanga jye munyabyaha nahawe agakiza! uyu munsi wowe najye turaririmba agakiza twaherewe ubuntu ariko ni ahacu ngo tukarinde, ndetse duhore twiyambaza Umwami.

nonese wakwibaza uti birashoboka ko nabaho ntacumura? igisubizo ni Yego mugihe cyose umutima wawe uciye bugufi ugasaba Imana imbabazi, kandi ukihanira kureka, 1yohana 2:1 uko biri kose Yesu niwe murengeze wacu. kandi ibyaha dukora ajya atubabarira iyo tumuhungiyeho n'Imitima iciye bugufi.

Uyu munsi waba uri umusambanyi, umujura,n'ibindi byinshi bikurega ariko waca bugufi ukakira kubabarirwa, hanyuma ukabana n'Imana amahoro. kuko ntakintu kiza nko kubaho wumva Imana mubanye amahoro. ikikubwira ko mubanye amahoro n'Imana nuko uba wumva Amaraso ya Yesu yaraguhesheje kubaho amahoro. abaroma 5:1

Ndakwinginze rero mu rukundo rwa Yesu ngo wongere uzirikane agakiza wahawe, maze udatembanwa ukabivamo, ukazarimbuka kubera ko wasubiye inyuma. ariko pawulo arandika ati twebwe ntidufite gusubira inyuma ngo  abaheburayo 10:39

Mukomeze ubushizi bw'amanga,kandi mukomeze guhamya ibyiringiro no gushimira Umwami Yesu Imbabazi agirira abantu be! ubuntu bwe bugumwe kuri mwe kandi muhagarare mu mirimo myiza twaremewe muri we. 

Ndabakunda!


Wednesday, 19 November 2014

YESU AGUTEGETSE GUTIRA IBINTU BIRIMO UBUSA MUBATURANYI BAWE BAGUTIZA? ESE WOWE WATINYUKA KUBATIRA? M.Gaudin

2Abami 4:3 

Aramubwira ati:"Genda utire ibintu birimo ubusa mu baturanyi bawe bose, ariko ntutire bike.Maze winjire mu nzu n'abana bawe ukinge, utwotuvuta udusuke  muri ibyo bintu byose, ikintu cyose uko cyuzuye ukibike."


Sinzi ibibazo ufite ibyo aribyo, ariko icyo nibuka nuko Yesu yagize ati: mbere yo gutura ituro ryawe ukibuka ko hari mugenze wawe mufite icyo mupfa, ubanze ugende wikiranure nawe. bene data mu minsi ya none biratangaje kubona abantu basengana, baririmbana, cyangwa se banaturanye, ywe hari n'ababana munzu, ariko ugasanga buri muntu ni nyamwigendaho.

Uko biri kose twese usanga dushaka igikundiro ku Mana, ndetse ugasanga naho twirengangiza amategeko yayo turashaka kuza imbere yayo. Imana ntiyifuza abantu batazi kubana n'abagenzi  babo kuko muri mugenze wawe niho hari igitangaza cyawe. uko biri kose ushobora gusuzugura umuturanyi wawe kuko adafite amavuta ariko afite utugunguru twavuyemo amavuta!

Ndashaka kuvuga iki hano, buri gihe iyo dusaba Imana, kumpamvu zacu bwite iduha n'Ibyo tuzaha abandi, ariko iba ishaka kumenya ukuntu tubanye n'abandi. uyu munsi uburyo ubanye n'abaturanyi bawe, Imana ikubwiye kugira icyo ubatira ahari ntiwajyayo kuko uri umuhemu: hari abantu bamwe bagurizwa ntibishyure aho kwishyura agahindura amayira! nonese Imana ni gutuma aho uzajyayo? buri gihe ukwiye kwibwira mu mutima ko Imana ntikoresha ibiti cyangwa amabuye, ahubwo ikoresha uwo ushobora kubona ukamusuzugura uyu munsi, nyamara ejo ukamukenera.

Uyu mupfakazi yari afite umugabo wapfuye afite umwenda, hanyuma baza kwishyuza umugore, kuko uko biri kose igihe ufite urugo umwenda wanawusangira n'umuryango, ibyo sishaka kubitindaho, hanyuma Yegera umugaragi w'Imana Elisa ati ndengera: elisa niko kumubaza niba hari ikintu afite maze umugore amubwira ko asigaranye utuvuta, uyu mugire yahawe ikizami cyo kureba uko abanye n'abandi. kuko usanga rimwe narimwe hari abantu bapfusha abagabo cyangwa abagore guhera uwo munsi bakiyangiza.

Ndakubwiza ukuri iyo wikeka mu mutima, naho abantu baba biteguye kugutiza wowe ntiwanjya kubatiza kuko Umutima uba ugushinja ko ubanye nabo nabi, hari abantu benshi bagira ikibazo ariko agatinya gusaba uwo yimye, uyu munsi sinzi uko ubanye n'abaturanyi bawe, sinzi uko ubanye n'abo mwigana, abo musengana, ariko icyo ukwiriye kumenya nuko ibisubizo byawe byose Imana ibicisha mu bantu. uyu munsi rero ushobora kuba hari umuntu utekereza ko utasaba n'amazi, ariko Imana ishobora kuba itegereje ko Umubabarira ngo nawe ubone igisubizo cyawe. nkwibutse ko igisubizo Imana itanaga kiba gisaba ibintu binshi kuko ntikizira umuntu umwe ahubwo kizira abantu benshi.

Aya mavuta, yarokoye abana, ikiza umwenda uyu mudamu, yishyura umwenda, ndetse aranasaguka, ibaze rero abo watiye ibikoresho nabo uko bakwibaza ubahaye ibikoresho birimo ubusa? ndahamya ko uyu mudamu yabahayeho kuko bari banabanye neza. niba ugize umugisha ukwiye no gusangiza abaturanyi bawe. n'abandi mubana kuko Imana iba yagukoreye igitangaza hanyuma ugatanga ishimwe ibyo bituma abantu barushaho kwizera Imana no kuyikorera bataryarya.

Nkibarize ese hari umuntu ujya ucaho ukumva ntiwanamusuhuza? mubapagani hari igihe ujya kumva umuntu arirahiye abwiye mugenzi ngo niyorora inkoko azatunga agaca, kandi ubwo ngo ni abaturanyi, none se nawe wamenye Kristo ni ko ushaka kubaho? uyu munsi umenye ko umugisha wawe uri mubikoresho birimo ubusa mubaturanyi, ariko uko mubanye nibyo bizatuma ugira gushira amanga yo kubatira.

ikindi muri iyi nkuru, hagaragaramo kugeragezwa ngo harebwe ubwibone bwo mu mutima umuntu ashobora kugira, hari abantu bamwe, bakwibaza iki kibazo, uyu mugore yari umugire w'Umuhanuzi, ahari yari akomeye umugabo we akiriho, ariko igihe kiragera Imana imusubiza hasi kugera aho bashaka kumwaka abana kubw'Ingurane y'Umwenda. ariko guca bugufi agatira no mubakene baturanye n'ikimenyetso cyo guca bugufi. uyu munsi nawe ushobora kuba kera wari ukize hanyuma ukaba wumva ibyawe bizamenywa n'Imana gusa.ariko Imana ijya ishyira hanze abantu kuko niba utira anacuma, abantu bose babanza kumenya ko wakennye pe! Ukiga gucira bugufi abakene bifitiye amadebe yashizemo ubuto.

Uko biri kose, sinzi icyo ukuyemo ariko tukiri mw'Isi, abantu bazahora bakeneye abandi, ahari wumvise ntamuntu ukeneye ubu ariko ejo ni wowe, kuko mw'Isi niko ubuzima  bumera. icyo udafite gifitwe n'Undi ariko wibuke ko Uko mubanye bituma Imana irushaho ku kugirira neza, iciye muri we cyangwa mubyo abaturanyi batunze. ubu hateye ibipangu, usanga abantu baturanye bataziranye, ariko iki n'Igihe cyo kongera kumenya agaciro kabantu wisanze bagukikije, abo wisanzemo, aho hantu wisanze si impanuka, kuri wowe byaba impanuka ariko ku Mana ntibyayitungura!

Nongere nkubaze nti ese uwo muturanye yagutiza? cyangwa se watinyuka kujya kumutira?

Icyantangaje nuko uyu mugore yahawe itegeko ryo gutira ibintu kandi bakongeraho ngo ntutire bike! ibyinshi ntibyaboneka mubo hafi gusa ahubwo byaboneka no mubo mudahuje, hari igihe umuntu usanga afite inshuti nke kubera inyungu bahuriyeho, ariko ndakubwira ngo ukwiye kubana n'abantu bose amahoro. kugirango igihe cyo gutira nikigera nawe uzabatire kandi bazagutize.

Ibaze iyo abo bantu bose banga kumutiza, bamurega ubwambuzi, ubusinzi, uburozi n'Ibindi bibi! ayamavuta yari kuyabona? uyu munsi hari ibintu utazabona kubera ko abantu muturanye bagutangira ubuhamya, ibyo ubatira byemeza uko mubanye, uko bakuzi kuko ntawagutiza ikintu atakuziho ubunyangamugayo! 

Imana y'Umwami wacu Yesu ibahe kubonera imbabazi mu maso yayo ndetse ibahe no kubana n'abantu bose amahoro, kuko mu bantu bayo niho yahishe ibisubizo by'abandi. uwo muturanye abitse ibintu birimo ubusa byinshi kandi igihe cyo gutira ndabona cyegerereje ukwiye kubana nawe amahoro.

Ndabakunda!

Sunday, 16 November 2014

IBYIRINGIRO BYACU NTIBIRI MUBYO DUTUNZE, CYANGWA ABO TUZIRANYE....BIVA K'UMUREMYI W'ISI N'IJURU. M.Gaudin


Uyu munsi ukure amaso kubyo utunze cyangwa wishingikirijeho, sinzi icyo umutima wawe wibwira cyawukiza, ahari urareba ukabona urejeje, uratunze uratunganiwe nibyiza, ariko ntibikwiye kukuyobya umutima ngo wibagirwe ko IMANA ariyo yaguhaye imbuto mukiganza cyarimo ubusa.

Ndagirango uyu munsi twongere twizerane Imana, niba waragiye mubaganga bikanga, niba waragerageje munshuti n'abavandimwe, niba wariyambaje abo muziranye ngo ahari hari icyo bagufasha, uyu munsi wizere Imana. Imana utegereza amaso yayo ari kuri wowe, impamvu yose yatuma wumva wihebye  uyikureho wemerere Imana kuguha indirimbo mu mutima, nkimwe pawulo na sila baririmbye, ntibayiririmbye bashaka gusohoka muri gereza, ahubwo bayirirmbye kuko bari bafite umunezero, maze Imana ibakorera ibyo batayisambye.

Uyu munsi wemerere Imana ibe umugenga w'Ubuzima bwawe. nayo ntizaguterana. ikindi yanasezeranije ko no murupfu tuzabana. aho abantu benshi niho batinya kuko buri mwe ahanjya wenyine, ntanshuti yaguherekeza, ntamwana ntamuvandimwe, ariko Yesu we tuzabana iteka kuko yanesheje urupfu ndetse n'Ikuzimu. icyo umukristo ahora yibwira nuko akiri mw'isi afashe ibihe mu ntambara ariko ahumurizwa n'umugaba w'urugamba, utari kumwe nawe impande zose n'amakuba n'umubabaro udashira.

Ubuntu n'amahoro bibane namwe mwese mwiringiye agakiza kava ku Mwami, kandi Amahoro atangwa na yesu abane namwe mukunda Umwam wacu mutaryarya.

.....Gutabarwa guturuka ku Mana....
(ps)Zaburi 33: 16
Nta mwami ukizwa n'ingabo ze nyinshi
Intwari ntikizwa n'imbaraga zayo nyinshi
Ifarashi nta mumaro igira wo gukiza
Ntizakirisha umuntu zayo nyinshi.
Dore ijisho ry'Uwiteka riri kubamwubaha
Riri kubategereza IImbabazi ze,
Ngo akize ubugingo bwabo urupfu
Abarinde mu nzara badapfa
Imitima yacu itegereza Uwiteka
Niwe mutabazi wacu n'Ingabo idukingira
Imitima yacu izamwishimira
Kuko twiringiye izina rye ryera.
Uwiteka imbabazi zawe ziwe kuri twe
nk'uko tugutegereza.



Ndabakunda!

Saturday, 15 November 2014

KUBA UMUKIRANUTSI MUGIHE CYAWE, INZIRA IJYA MW'IJURU NTIHAKORA UBWIGANZE BW'AMAJWI....WAHISEMO IYIHE? M.Gaudin

Itangiriro: 6:9

Uru nirwo rubyaro rwa Nowa. Nowa yari umukiranutsi, yatunganaga rwose mu gihe cye. Nowa Yagendanaga n'Imana.


Buri gihe mw'isi abantu dukunda kugira inshuti, ndetse dukunda kugira abantu tugendana, usanga abo tugendana aribo twanga guhemukira kuko ntamuntu ukunda gutakaza inshuti keretse iyo asanzwe ari umuhemu. buri gihe ishuti zacu zihindura imivugire yacu, imirebere y'ibintu n'imyumvire. usanga niba inshuti zawe mugendana zidakunda kwambara T-shirts usanga nawe usigaye wambara nkabo, ntayindi mpamvu akenshi biterwa nuko abantu bose bakunda kuba ahantu bemewe.

Kwemerwa: buri muntu wese afite impamvu ashakisha kubana nabantu abanye nabo ibyo sinabitindaho cyane, gusa niba inshuti zawe zikunda inzoga, inshuro nyinshi ushobora kuba wanywa inzoga atari uko uzikunda ahubwo kugirango batakubona nk'umuntu utanjyanye n'imyumvire yabo hanyuma bakaba bakwigizayo. abantu benshi barashaka uko bakwinjizwa mu mubandi kandi bigatuma abaho yumva Yemewe. ibi bitera abantu benshi kubaho mubuzima nakwita bubi cyangwa bwiza, kuko buri gihe iyo udahindutse uba mubi uhinduka uba mwiza, ntahantu hari hagati aho habaho. 

Abantu mw'Isi ntibabayeho muburyo bifuza ahubwo babayeho muburyo bifuzwa, Impamvu nuko Imana ariyo yashyize icyo kintu mu bantu cyo gushaka kugira icyo ukora ngo wemerwe. urugero: Imodoka abantu benshi ntibazigurira kubajyana aho bashaka kugera! kuko Aho Carina igenda niho na Benz yagera ariko Impamvu nyinshi zituma abantu batagura bimwe baba bashaka ko bemerwa murwego baherereyemo. uyu munsi nawe uzi ibyo ujya ukora ngo ugaragare neza mu maso yabo mugendana, cyangwa mubana.

Ariko Ijambo ry'Imana rimbwira ko igihe isi yanduraga cyane, Nowa yafashe icyemezo cyo kutagendana n'abandi ahubwo agendana n'Imana, ibyo byamufashije ko ibyo yakoraga byose yabikoreraga kwemerwa n'Imana. buri gihe umuntu aba yiteguye gukora ibishoboka ngo anezeze uruhande yemeye kugenderamo naho yababaza abamubona bose. hari abantu bamwe bababaza abashumba babo, ababyeyi , abagore cyangwa abagabo babo kuko bashaka kunezeza urundi ruhande. nibwira ko nko kubantu bubatse ingo niho habonekera ikibazi cyo gufuha. kuki umuntu afuhira undi...nuko igihe cyose uwo mubana akora ibijyanye no kukubabaza ariko aba afite urundi ruhande asa nuwanejeje..!

Nowa rero yabaye Umukiranutsi mugihe cye, igihe abantu bo mw'Isi barushagaho kuba babi we yafashe umugambi wo kutabanezeza ahitamo kugendana n'Imana. uwo uhisemo kugendana nawe niwe ushaka kunezeza, cyeretse ugiye wenyine! kandi mw'Isi Imana yaremye umuntu irangije ibona atari byiza kuba wenyine. niyo mpamvu uko biri kose uwo uhisemo kugendana nawe wikanga wamunejeje, kuko igihe cyose udashaka kugendana nawe naho utabimubwira witwara bitandukanye no ku munezeza, nawe akuvaho muburyo bworoshye.

buri gihe uwo uhisemo kugendana nawe nuko aba akurusha imbaraga, kuko uwo uzirusha nawe ashaka kugendana nawe, iyo muzinganya nimushobora kugendana, buri gihe umwe aba ari umufasha w'undi! ese ninde ugufasha? Imana niba ariyo ifite Imbaraga dukwiye kwemera kugendana nayo duciye bugufi, buri gihe murugendo abantu batanywa nuko aho uwo ukurikiye agiye iyo uhisemo kutahanjya uba utakaje ubushuti nawe. none se ubona Imana ukurikiye mujyana cyangwa ufite nawe ahantu ushaka kubanza guca? 

Mugihe cyawe nawe ushobora kuba, uri umusore, inkumi, umugabo cyangwa umugore, ndahamya ko nawe ufite igihe cyawe, kandi mu gihe cyawe naho harimo amahitamo yo kugendana n'Imana cyangwa kugenda uko abantu mw'Isi bagenda. igihe uri umusore Imana mugendana igusiga kugiranuka, ndetse nawe uzisanga mubikorwa bituma wemerwa, simvuga ibitambo ahubwo kugendera ku mabwiriza yayo''...muri inshuti zajye ni mukora ibyo mbategeka...yohana 14:23

Buri gihe icyo ukunda nicyo wumvira, hari igihe umuntu akunda abantu bakorana bishobora kumutera gutandukana n'Umugore yakunze cyangwa umugabo, kuko buri gihe ujya kukazi bakakumvisha uburyo bagukunda ariko umugore wawe cyangwa umugabo wawe abasebya, iyo ubumviye uhitamo hagati y'Umugore n'abo mukorana... abantu benshi tubayeho mubuzima Bwo kwemerwa niyo mpamvu abenshi bashaka kwemerwa n'abantu bahora bahindurirwa ibipimo. 

Abantu barahinduka, ibipimo byo kwemerwa rimwe, biba ari byiza ubundi bikaba bibi, rimwe biba byoroshye ubundi bikaba bikomeye, ariko Imana yo ntihinduka, uko yahoze niko ikiri, kandi niko izahora. Niba uhisemo kujyana n'Imana yo ntizaguhindurira imideli, ntizaguhindurira izuru, n'Ikibuno  nkuko mw'Isi abantu bibagisha bashaka kwemerwa. Ahubwo igushakaho ko wihana, kuko ubwami bwayo butandukanye n'ubw'abana b'abantu

Kubana n'Imana ni ukwemera kutanjyana n'abantu, kuko rimwe narimwe abantu bo iyo batubuzemo umumaro badushakagaho bagira ngo ntanubwo tuzawugirira Imana" Ariko ibyo ni ukwibeshya kuko buri gihe abiyemeje kujyana na Yesu bamwe bataye ingo ariko ubu ubwami bw'Imana burabirata, uyu munsi rero ntukwiye kwishushanya nab'iki gihe ahubwo ukwiye  gutungana mu gihe cyawe.


  • Basore mutungane mugihe cyanyu nubwo abandi basore kunywa urumogi aribyo bituma bemerwa
  • Bagore mutungane kandi mugandukire abagabo banyu, nubwo mubandi bagore b'Isi, bareka kubaha abagabo
  • Babyeyi mwigishe abana inzira bakiri bato bazarinda basaza bakiyigenderamo
  • Rubyiruko mwirinde ubusambanyi naho bagenzi banyu babibona nk'ibigezweho ari iterambere kugora icyo ushaka
  • Bantu muvuga ko muzi Imana mwitandukanye n'Imirimo yabo mw'Isi
uyu munsi ibihugu birahindura umuco, bikoreresheje amategeko, aho kera abantu bashakanaga ari umugore n'umugabo, ubu isi igeze aho kwemerwa bisaba kuba utarwanya imico nkiyo nibwo  bavuga ko wowe usirimutse. uyu munsi gukuramo inda biremerwa ubihakana bakamwita umuturage!

Niwemera kujyana n'Imana uzaba umuturage mu bo mw'Isi, ariko nanone niwemera kujyana n'isi uzaba uciye ukubiri n'ubwami bw'Imana. buri bwami bigira umuco, ururimi, amategeko, imigenzo, ibirori, ibyo kurya no kunywa, ndetse bugira itegeko nshinga. 

uyu munsi ndagira ngo nkubwire ko uri umuturage w'Ijuru, ntubarizwa mubo mw'Isi, ukwiye kwitwara nk'Uwijuru. ndahamya ko usanze umunyamerika mu Rwanda ntibimuhindura umunyarwanda, kuko usanga afite ibendera ry'Iwabo, indirimbo yubahiriza igihugu,,,,uyu munsi wowe n'Iki cyerekana ko uri umuturage w'Ijuru? Gutunga itegeko nshinga sicyo kimenyesha ko uri umuturage w'Igihugu, kuririmba indirimbo y'Igihugu runaka ntibisobanura ko uri umwene gihugu, ahubwo ububasha ibyo bigufiteho nibyo bisobanura ko uri umwene gihugu.

Ese bibiliya iracyagufiteho ububasha? uyu munsi ibyo ivuga uracyabyemera? uyu munsi ufite agakiza nk'ibendera? sinzi uko wiyumva ariko igihe cyawe n'Iki ngo ugaragaze ko uzi Imana, kwishushanya birangire, ugire aho uhagarara .Abaroma 12:1-4

mugihe cyawe uhagaze ute? kw'ishuri, mukazi, murugo, n'ahandi ese ugendana n'Imana kandi ugakora ibituma ikomeza gukunda kujyana nawe, cyangwa utuma Imana ikorwa n'Isoni zo kwitwa Imana yawe...kuko hari abagabo bo Kwizerwa Imana yahamirije iravuga iti aba sinzakorwa n'isoni zo kwitwa Imana yabo. Abaheburayo 11:13-18


Hari umuririmbyi waririmbye ati: Iyo tujya ni mw'Ijuru iwabo w'Ibihumbi
                                                       Ibihumbagiza by'abanesheje.....

Wowe uragana he? 

Ndabakunda!


Pastor M.Gaudin



Monday, 10 November 2014

IMANA NTIYIFUZA KUGUHA IBYO UMENYEREYE GUSABA, IRIFUZA KUGUHA IBYAKUGIRIRA UMUMARO. M.Gaudin

Ibyakozwe n'Intumwa 3:2

Hariho umuntu wavutse aremaye ibirenge, yarahekwaga agashyirwa ku irembo ry'urusengero ryitwa ryiza, kugirango asabirirze abinjira mu rusengero.......6 Petero aramubwira ati ifeza n'Izahabu ntabyo dufite, ahubwo icyo mfite ndakiguha. Mu Izina rya Yesu w'Inazareti haguruka ugende".

Abantu benshi tugira ibyifuzo bitewe nuko tuba tudafite byose(ntamuntu wihagije) gusa turushanwa ibyifuzo, benshi bagira ibyifuzo bisa nkaho biba byaramenyerewe nk'uyu mugabo wari kuri iri rembo ryitwa ryiza. nikoko abantu bajya baduha iyo tubasabye, kandi abantu bo akenshi baguha icyo ubasabye rimwe narimwe baguha bike kubyo ubasabye. ndahamya ko ari abantu bake ushobora gusaba 1000frw hanyuma akibwiriza kuguha 5000frw, ni gake cyane ndetse usanga iyo umuntu agukoreye ikintu gisa gityo ntiwamwibagirwa. mu bantu ntagisubizo kirambye ushobora kubona, icyo bakora ni ukukwicira isari, naho iyota yo ntibayimara rwose. niyo mpamvu uyu mugabo yahoraga agaruka kuri iri rembo.

Buri muntu wese mw'Isi agira ubumuga, cyangwa aho agirira imbaraga nke , aba akeneye ubufasha, ndagereranya kuvukana ubumuga nko kuba ntamuntu udakeneye ubufasha, hari ibyo abantu bagufasha, nkuko hariho nahantu wumva wakura ubufasha! niyo mpamvu uyu muntu bamushyiraga kw'Irembo rigana kurusengero, aha hashobora no kuba abantu bafite umutima mwiza wo gufasha, ni ahantu hari uburyo bwiza( buri gihe buri muntu nawe agira ahantu yumva yabonera ubufasha) gusa Imana ntiyifuza ko dusa nabareka kuyiringira ngo rumenyere uburyo tubayemo, ahubwo ishobora kuguha ikirenze icyo wayisabaga.

si akamenyero ufite k'Ibintu uba ushakira ubufasha, buri gihe ufite nahantu wumva wabonera ubufasha muri iyi si, bamwe barwaye, bumva babonera ubufasha kwa mugaganga, niyo mpamvu abantu baba bari mubitaro, ahari nawe uyu munsi wasanga uhora kwa muganga, baguha ubwo bufasha, hari ni ibindi bintu byinshi abant bakenera kuko abantu bose babayeho mubuzima bukenera ibintu bitari bimwe. ndetse wasanga nawe hari ahantu ujya utegerereza.

uyu munsi utegerereje mw'isoko, kwa muganga, mukazi kawe, kurubyaro cyangwa no  kunshuti, uhora usaba ubufasha, nukuri mw'Isi niho Imana ikoresha abantu bakaramburira amaboko abadafite kuko abafite n'Imana iba yabahaye, ariko Imana ntiyifuza ko wahora muri ubwo buzima bwo guhanga amaso kubantu gusa ahubwo uyu munsi irashaka kuguha ikirenze, ifeza n'Izahabu. irashaka kuguha ikiruta ibinini, n'ikinya, ibirenze ibinini byo kugusinziriza, irashaka kuguha amahoro yo mu mutima! amahoro Imana itanga ntagira akagero, ayo atera abantu gushima Imana.

Niba usoma Iyi nkuru wizere ko Icyo umaze iminsi usaba abantu ahari hari n'abakwima ukababara, Imana irabireba, ariko uyu munsi utumbire Imana irabasha kuguha icyakumara inyota, n'inzara, muri iyi ibyo dukura kubantu ntibiduhaza, uyu muntu yahoraga aza gusaba, ntiyigeze agwiza, ahubwo buri gihe yazaga gutegera hano.....ndababwiza ukuri ko nta kunyurwa no kunezerwa gutangwa guturutse mu byo abantu baguha, ahubwo ibyo bizanwa no Kwakira Kristo muri wowe, sinzi icyo ukennye, sinzi uburwayi ufite, sinzi icyo ukennye kufashwa, ariko uyu munsi ndagira ngo nkubwire ko nubwo ntafite izahabu cyangwa ifeza zo kuguha, ndifuza ko wizera icyo Imana igiye kugukorera nyuma yo gusoma ubu butumwa, Imana ubwayo iramanuka ibane nawe. niyo izanjya imenya icyo yaguha.

Uyu munsi Izina rya Yesu riracyakiza, niba wari uruhijwe n'abaganga buri munsi uza kwa muganga, uyu munsi mw'Izina rya Yesu Kristo w'Inazareti ukire maze utambire Imana ishimwe, uyu munsi wahoraga mubakugira Inama zuko wakubaka urugo rwawe rurimo gusenyuka, ndakwinginze ngo wemerere Yesu akubakire,uyu munsi wumvaga utazi icyo wakora kuko ubukene budashira, ariko wemerere Imana , niyo izi igitera ubukene, maze iguhe umuti ukwiye, uzatuma wifasha ugafasha n'abandi. Imana y'amahoro itweze, kandi iduhe ibyatugirira umumaro mugihe turi muri iyi si yuzuye ibibazo, kandi Imana ihe umugisha nawe ujya uca kubafite ubukene, ukabaha ibyo bakennye, Imana niyo Kwizerwa, idakiranirwa ngo yibagirwe imirimo myiza, n'Urukundo mwakunze abera.

Uyu munsi ukubere umunsi wo guhabwa ibiruta ibyo wasabaga, kuko Umwuka azi ibyo dukwiye, abe aricyo aguha. Nubona ishomwe uzambwire dufatanye gushima Imana. kuko nyuma yo gusoma ubu butumwa nziko hari benshi bari bukurwe ku marembo bamazeho iminsi, maze binjirane n'abandi murusengero gushima Imana! uyu munsi winjirane n'abazima, winjirane n'abatunzi, winjirane n'abafite ishimwe kuko Imana igukoreye igitangaza! Ibi byose biragusaba gukura amaso kubyo usaba ukayahanga uwo usaba! abantu beshi bimura Imana bakimika ishusho yicyo basaba! muri uyu mugabo harimo ishusho y'ifeza n'izahabu, ariko yimuye amaso ayahanze abagaragu b'Imana, Imana nibwo nawe yamugiriye neza akira mw'izina rya Yesu ryari muri petero na Yohana.

Uyu munsi ukure amaso kubaganga, uyahange ku Mana yaremye abaganga, ukure amaso ku mugabo uyahange ku Mana yashyizeho gahunda yo kubaka urugo, uyu munsi ukure amaso yawe kubabyeyi, uyahange kuri Data wa twese wo mw'IJURU. Nibwo uzabona ko Imana irimo kugukorera ibirenze ibyo usaba. ibyo twe twishyizemo Imana ntiyabiduha, ahubwo iduha ibyatugirira umumaro none no mugihe cyizaza! 

Kwibutse ko kumarembo wicaraho usaba nubwo haboneka abaguha, amazi yaho namara inyota, ariko amazi Yesu atanga amara inyota kuko abamufite ababera ibyiringo bidashira, kandi bidakoza isoni, uyu ndakwinginze ngo wongere umwiringire kuko niwe ufite uyu munsi hawe ndetse n'ejo. Yesu ni byose kubamufite. Abafilipi 4:19

Friday, 7 November 2014

UYU MUNSI,UBAYEHO KUBERA UKO IBY'UMUBIRI BIGENDA, CYANGWA KUBERA ISEZERANO IMANA YAKUVUZEHO? M.Gaudin

Abagalatiya 4:23

Uw'Inshoreke yavutse nk'uko iby'Umubiri bigenda, naho uw'Umugeni yavutse ku bw'Isezerano ry'Imana.

Muri iy'Isi hariho ibintu tumenyereye uko bigenda, kuburyo uba wumva nyine ariko bigomba kugenda. Sinzi niba byari byakubaho ukibona ubayeho nkuko abandi babayeho, ukisanga urakora ibintu rwose bidatandukanye n'Iby'abandi.....! ndashaka ku kubwirako uko biri kose Imana idufasha muri byose yewe nibyo tubona nk'Ibintu bibaho nk'uko iby'Umubiri bigenda. 

Uyu munsi Ndashaka ku kubutsa ko hari abana benshi babayeho nkuko Ishimayeli yabayeho, si igitangaza ahubwo ni ko iby'Umubiri bigenda nyine. buri gihe hari ibintu abantu bakora bikabyara ibisubizo bisa nibyo bakoze. ndahamya ko ubuzima Buri kw'Isi bwuzuyemo uko igishushanyo cya Ishimayeli. uti Gute? Imana yahaye Abraham isezerano ryo kuzamuha urubyaro rukazangana n'Umusenyi wo kunyanjya!

Iri sezerano si ikintu cyari gisanzwe kuko aburahamu yari ashaje ndetse n'umugore we sara, sinzi ukuntu ubyumva ahari nawe hari icyo Imana yakubwira ukumva ntikizashoboka bitewe n'uko wibona cyangwa nuko abandi bakubona, ariko si ko kuri kuko icyo Imana yavuze iragisohora! Uyu munsi abantu besnhi bategereje icyo Imana ibavugaho ni benshi ariko bafite icyo nakwita igitutu(oppression) iturutse impande zose. Itangiriro 16:2

Abarahamu igihe kimwe umugore we bwite yamutegetse kuryamana n'Umuja ngo amubyarire umwana, ntiwakwibaza aho umuntu wasezeranye kutazaca inyuma ariwe ubanjye ku kubwira ngo nawe ugerageze nk'Uko abandi bagira! ari nkawe wakora iki? abantu naho bamenya amasezerano ufite ntibiteguye gutuma uyageramo neza, rimwe batuma uyajyanamo ibikomere by'Uko wananiwe kwihangana n'ibindi byinshi bikurega nyuma yo kugera kucyo Imana yavuze.

Uko biri kose Imana idusezeranya ibintu byiza, yanyuza mu bahanuzi no mw'Ijambo ryayo ariko usanga ibyo iduhamagarira kwizera bisa naho bibangamirwa natwe ubwacu (intambara zo mu mutima) ndetse bikabangamirwa noho tubaye(intambara zigaragarira amaso) uyu munsi nawe ushobora kuba uhatwa kubaho nkuko abandi babayeho ngo ugire abo unezeza, ushobora kuba ubayeho mubuzima utifuza, aburahamu ntiyigeze atekereza kubaho mubuzima bwo kuryamana n'undi mugore kuko iyo abitekereza ahari yari kuba amaze kubyara beshi ariko yabayeho mu bwizerwa kugeza igihe umugore we amuhatiye kubyarana na Hagayi. ntiwabyumva icyo ni ikigeragezo gikomeye kuko ibyo utigeze utekereza kubikoreshwa n'undi biragoye. ariko abantu beshi bahitamo kubaho nkuko abandi babayeho kugirango banezeze abababona! sinzi icyo ukora ngo unezeze abantu bashaka ko ubaho nkuko abandi babaho.

Ubuzima Muri Kristo buzana Imibereho itandukanye nuko abandi babayeho: kuko bwose bushingiye kw'Isezerano. mri iyi si harimo abantu b'Isi bavutse nkuko iby'Umubiri bigenda, abo bakora bussiness nkuko iby'umubiri bigenda, bubaka ingo nkuko iby'Umubiri bigenda, biga nk'Uko iby'umubiri bigenda, bakora buri kimwe nkuko iby'Umubiri bigenda, Naje no gusanga abasenga muburyo rwose rwuko abandi babikora, ariko abizera Yesu bayoborwa n'Umuka. birakwiye ko abasenga data bamusenga mukuri no mu mwuka, yohana 4:21-24 ndakubwiza ukuri ko iyo uhinduye ugashaka kugengwa n'isezerano Imana ikuvugaho bituma ugira intambara. niyo mpamvu Yesu yagize
ati :Yohana 16:31-33

Uyu munsi wemere kubaho nk'Uko Kristo ashaka kuko nibyo birimo isezerano:

Yohana 1:12-13

Uyu munsi ndashaka ku kubwirako abari muri Kristo batabayeho nk'Uko ibyo umubiri bigenda, ahubwo babayeho kubera isezerano ry'Imana kubuzima bwabo. uyu munsi niwizera Kristo urangira kubaho mubuzima butadukanye nubwo abandi babayeho, naho twese tuba dusa, cyangwa tuvuka kubabyeyi bamwe, dutandukanijwe n'Isezerano riri kubugingo bwacu. bamwe bavutse nkuko iby'Umubiri bigenda abo Imana ntivuga ko ari abana bayo, cyokora baba abantu bayo kuko niyo yabaremye. 

Itandukaniro nuko hariho abantu b'Imana n'abana bayo, ibaze nawe umugabo ufite abana be bwite akagira n'abantu akoresha murugo! ndahamya ko uko biri kose mwese muba musa naho muba ahantu hamwe, ariko iyo habayeho kutanga Imigabane kubakomoka kuri uwo mugabo ntibaha bose, uyu munsi abafite umugabane mw'Ijuru nabemeye Yesu, nku Mwami numukiza w'Ubugingo bwabo. ndakubwiza ukuri yuko niba warakiriye neza ubuzima bwawe butabayeho nkuko abandi babayeho, kuko uyoborwa nibyo wizera kurenza ibyo ureba! 

2abakorinto 5:6-10

Nicyo gituma dukomera Umutima iteka, kandi tukamenya yuko iyo turi iwacu mu mubiri, tuba dutuye kure y'umwami wacu(kuko tuba tugenda tuyoborwa no kwizera , tutayoborwa nibyo tubona)Nyamara dukomera Umutima kandi icyo turushaho ni ukwitandukanya n'Uyu mubiri kugira ngo twibanire n'umwami wacu. Ni cyo gituma tugira Umwete wo ku muzeza, iyo turi iwacu mu mubiri cyangwa tudahari.

Uyu munsi niba waramenye ko uri muri Kristo neza, ndakubwira ko ukwiye no kubaho mubuzima Butanduknye n'Ubwo ab'Isi babayeho, ubu ntukibayeho ku bwawe ahubwo ubayeho ku bwa Kristo. niba ariko bimeze koko ndakwinginze ubwire Imana ikuremere amasezerano ayobora ubugingo bwawe kandi igukomereze mw'Isi igoye kubamo mugihe cyose ubayeho utandukanye n'abandi.

Mwami Yesu wibuke abarengana kubw'Izina ryawe, maze ubatarure mu mibabaro n'amakuba ku bw'Isezerano wahaye abakwizera bose. uzambaza izina ryawe azakizwa ukize abo bose bakwambaza amanya na ninjoro! abo bose babeshejweho n'Isezerano ryawe urengere Imitima yacu itangwa isari.


Ndabakunda!




Thursday, 6 November 2014

UBUTUMWA NKWIRIYE KU KUBWIRA NKIRI KURI IY'ISI: HUNGA UMUJINYA W''IMANA UHAGURUKIRIJWE ABATAYUMVIRA, ABAROMA 1:18. M.Gaudin

Yona: 1:1 

Ijambo ry'Uwiteka  ryaje kuri Yona mwene Amitayi riramubwira riti" Haguruka ujye i Nineve wa murwa minini, UWUBURIRE kuko ibyaha byabo birundanije bikagera Imbere yanjye."

Kuba usoma ibi si Impanuka, naho wowe byagutungura Imana ntibyayitunguye!

Abahamagariwe kuvuga ubutumwa, bahamagariwe kubwira abantu Ibyo Kwihana no Kubabarirwa ibyaha, uyu munsi ni akazi abantu bose badashima, kuko usanga gashobora kugushyira mu kaga rimwe narimwe bitewe nuko uba uvuga icyo Imana yavuze! ariko nibwira ntashidikanya mu mutima ko umurinzi akwiriye kuburira abantu kugirango Yikureho urubanza. ezekiyeli 33:1-6

Ikibazo : Amaraso y'abantu barimbuka bazira ibyaha ukwiye kuburira ninde uzayabazwa?

Ijambo ry'Imana rimbwira ko igihe umurinzi azumva inkota akavuza impanda umuntu ntiyumvire uwo muntu amaraso ye ni we ubwe uzabibazwa, ariko umurinzi naceceka ntaburire abantu iby'Inkota nukuri umurinzi azabazwa amaraso ya ba bantu ataburiye, nubwo bazaba bapfiriye mu byaha byabo.

uyu munsi abantu baranga kuvuga ku cyaha ngo badakomeretsa abantu, ariko wahitamo kwanga kumukomeretsa maze ukazabazwa amaraso Ye? uyu munsi ndashaka kukwibutsa ko uko biri kose Imana yanga icyaha kandi abanyabyaha n'abatumvira Imana inkota izabarya. ndahamya ko Imana ubwayo ariyo izahana abantu bose batumvira Imana. 

Uyu munsi nawe waba usoma Iyi nkuru ariko ndashaka kukwibutsa ko nashyiriweho ku kubwira iki yuko nutihana ngo wiyunge n'Imana ubwami bw'Imana buzakuba kure. Ezekiyeli 33:12

Ibintu Uwiteka Yanga bigera kuri 7: ukwiye kwihana no kwihanira ababikora,

1.Amaso y'Ubwibone
2,Ururimi Rubeshya
3.Amaboko Avusha amaraso y'utariho urubanza
4.Umutima ugambirira Ikibi
5.Amaguru yihutira kugira urugomo
6.Umugabo windarikwa Uvuga ibinyoma
7.Umuntu Uteranya abavandimwe

Uko biri kose umaze kubona ko ibice bigize umuntu byose aribyo umuntu ahitamo guha Imana cyangwa akabiha Satani kugirango bibe ingingo zo gukora nabi cyangwa gukiranuka. aha rero ntihaba umwana cyangwa umukuru, ntihaba umugabo cyangwa umugore, ntihaba umuyobozi cyangwa umuyoborwa, nukuri icyo Imana ishaka ni Umuntu uhindutse akiyunga n'Imana ngo akoreshwe ibyo gukiranuka.

Ese yakora Iki?

Buri gihe amaso y'Ubwibone ntabona uwo kugirira neza abona uwo gutuka no gusebya, biratangaje kumva hari abantu bitwa ko basenga bagaseka bagenzi babo ngo ni abaturage, ntibabivuga nk'abashaka kugira icyo babafasha ahubwo nko kubanenga no kubanena! abameze batyo ntibazaragwa ubwami bw'Imana.

Ururimi rubeshya Umuntu yarukira ate? abefeso 4:29

Ijambo ryose riteye isoni ntirigaturuke mu kanwa kanyu, ahubwo uko mubonye uburyo muvuge iryiza ryise ryahesha abaryumvise umugisha, ahari ujya ubona umwanya, yaba mu nshuti, murusengero, murugo n'ahandi, yaba kuri facebook n'ahandi ariko igihe cyose utarahindura imivugire ngo uvuge ibyubaka abandi ahubwo ukimika ikinyoma nawe usobanukirwe ko abameze batyo batazaragwa ubwami bw'Imana

Amaboko avusha amaraso: muri iyi si hari abantu benshi bapfa kubera amaboko yamenyerejwe kuvusha amaraso, nubwo abantu bose ari abadakozweho cyangwa abatarwaye bapfa, Imana yanga umuntu wakwica mugenzi ntarubanza rumuriho, hari abantu bubikira abandi , buri gihe icyaha kimwe nicyo kizana ibindi....benshi bishora mu bwicanyi kubera gukora ubujura, ubusambanyi, n'Ibindi byishi bikabakururira mu cyaha cyo Kwica. urugero : Niba ukuyemo inda y'Umwana utazi ikibi n'ikiza cyangwa ukanaga uruhinja muri W.C wumva koko utihanye iryo juru uzarijyamo ute?

N'ibindi byinshi Ndahamyako nawe ukwiye kumenya ko Imana muguca Imanza zitabera rwose n'Imana izahana inkozi z'Ibibi, mw'Ijuru ngo abera bahora bagira abti mwami uzagezahe kudaca amateka, ngo uhorere amaraso yacu? Uyu munsi Imana yiteguye kukubabarira ariko Ufate akanya wiherere usenge Imana ikubabarire! kuko Ibiganza biriho amaraso ntibizakora muntoki z'Umwami...Ihane akubabarire Yesaya 1:16-20

Naho isi yavuga ko Kwica atari icyaha, gusambana bigahabwa Intebe, Ubutinganyi bugashyigikirwa n'amahanga, ubujura bukaba Inkomoko y'ubutunzi, abahehesi bagahabwa ubuzimagatozi, abasambanyi bagasora umusoro mw'Isi bakemerwa rwose, abagabo bendana bagahabwa ubwo burenganzira basaba ntibizakuraho igihano gikomeye Imana yateganyirije abanga Imana bose. 1abakorinto 6:7-10

Uyu munsi ahari nawe wari nkabo bose batizeye ubugingo ariko warababariwe, ubu uri mw'Itorero ry'Imana, ariko ukwiye guhagarara ukamenya ko Umukiranutsi w'Imana azabeshwaho no kwizera ariko nasubira inyuma Umutima w'Imana ntuzamwishimira.

Kubakijijwe n'Umwami n'amagambo yo guhamya twibuke ibi:
Twibuke ko natwe twari nkabo tutaruhagirwa n'Amaraso ya Yesu 1 abakorinto 6:11

Ubusinzi imana izabuhana yesaya 5:11
Ubusambanyi yakobo 4:4-7
Abahuguza abandi Yesaya 5:8-10

Nyuma y'Ibi ahari uribaza uti se Mwami Yesu nakora iki? ibyakozwe n'Intumwa  2:37-42

Ndabakunda!~ nimwihana tuzajyana mw'Ijuru, kandi Yesu azanezerwa. iherezo ry'Umuntu wumvise ubu butumwa sinzaribazwa , amaraso ye azamubarwaho.

ariko nzakomeza kubakunda no kubibutsa ibyo uko umwami akimpaye uburyo!


Wednesday, 5 November 2014

IGIHE CY'AMAHORO UMUNTU AFITE AKWIYE KWITEGURA INTAMBARA, TURI MW'ISI DUFASHE IGIHE MU NTAMBARA! M.Gaudin

1Abami 20:22

Hanyuma Umuhanuzi araza asanga umwami w'Abisirayeli, aramubwira ati :"Genda witegure umenye uko uzabigenza, kuko mu mwaka utaha umwami w'Isiriya azongera kugutera."

Buri gihe mw'Isi usanga harimo ibibazo bitandukanye, harimo ubukene, harimo indwara, harimo gupfusha, harimo kurengana n'ibindi byinshi bijya bigera kubantu mu bihe bitandukanye! mw'Isi ibyago bigera kubantu kimwe, ibigera kubandi usanga mw'Isi bigera no mu bakunzi b'Imana. usanga intambara mu mpande zose zitugose. ni yo atari twe twaziteza zizanwa n'abandi kuko Satani ntashobora gutuza igihe cyose.

Ijambo ry'Imana rimbwirako Yesu amaze igihe mu masengesho y'Iminsi mirongo ine, Umwanzi yaje ku mugerageza, usomye muri Luka 4:13 Buri gihe duhora tugeragezwa ndetse duhorana intambara, ariko igihe cyo gutuza dukwiye gushaka imbaraga zizadutunga mu gihe cyo kongera guterwa! sinzi ibyo umaze iminsi unyuramo ahari ushobora kuba ukibirimo cyangwa byararangiye!

hari inkuru imwe yamfashishe, shaka kugusangiza nawe kugirango nibishoboka izagufashe, igihe kimwe ngo umwami yahamagaje abahanga bose bo mu bwami bwe, maze arababaza ati ni iki nakora kugira ngo Niba mbabaye ntatindana umubabaro cyangwa niba nishimye nabwo ntibagirwa ababaye,,,abantu baragerageza, bamwe bati nubabara jya ushaka abacuranzi bagucurangire, niwishima jya ujya kureba aho abakene bari, ariko ibyo byose ntibyamufasha!

Haje kuza umusaza umwe, maze ati: nyagasani nkufitiye igisubizo, umpe umwanya nzakikuzanire, nuko uwo musaza aragenda acura Impeta nziza y'izahabu yakwambarwa n'Umwami. maze ayandikaho ati "BYOSE BIZASHIRA" maze bayizanira umwami muri iyo minsi akaba yari yanapfushije umwana,maze bayimuhaye ngo aboneho icyo kimenyetso atumaho bamuzanira icyo kunywa kuko yumvaga koko nibyo bizashira!

Nawe rero ibyo ucamo ukwiye kumenya ko bitazagumaho iteka ahubwo buri gihe ikintu uko kiza niko kiragingira,ariko ugahora witeguye ko ukiri mw'Isi uzahura n'Ibindi bishya cyangwa bisa nibyo wahuye nabyo ariko abakomera ku Mana nibo babasha guhagarara badatsinzwe n'uburiganya bwa Satani.

Umwami w'abisiraheli rero yaje kutsinda urugamba, atsinda Umwami w'abasiriya, ariko nyuma y'uko urugamba rurangiye, umuhanuzi aragaruka ati : Genda witegure intambara z'Ubutaha" Impamvu nyinshi zituma abantu babaho mubuzima busa no gutungurwa n'ibibazo, n'indwara n'ibindi nuko bumva babayeho mubuzima buzira intambara. ariko ukwiye kumenya icyo wakora aho kwirengagiza ko ibyo bizabaho.

Ukwiye nawe kumenya ko Hari igihe kigera umwero ukaba mwishi, ikindi gihe inzara igatera, Ibyo rero ukwiye kumenya aho wakwirukira mugihe ibihe biguhindukiyeho, sinkwifuriza ibyago ariko ukwiye kumenya ko Iyo unesheje intambara imwe uwo unesheje arongera akanya kw'isuganya! niyo mpamvu dukwiye guhora dusenga Imana ngo itwubake rwose kugira ngo abanzi ni badutera bazasange inkike zacu zubakitse neza.

Uyu mwanya rero ni uwawe wo kumenya icyo wakora nyuma yo guhura n'ikibazo runaka, sinimbwira ko hari ubundi buryo warwana keretse kumenya iki:

intambara turwana nti  tuyirwanisha  inyama n'amaraso (abefeso 6:10) n'ubwo biba bisa naho dukiranisha amaboko mu bigaragara ariko Satani atera imibiri ahiga ubugingo, uraburinde rero kuko iyo agukubise hasi nukuri aba agutsinze. Haragarara ubaze Imana uti ese mwami ninongera guterwa nzabigenza nte? ese ninongera kundwara nzabigenza nte? buri gihe iyo utiteguye kare usanga wirukira ahantu hatari ubutabazi. usanga abantu birukira mubiyobyabwenge, birukira mu bapfumu, birukira mu magambo n'amatiku n'ibindi...!!! ariko ukwiye Ku menya uti mwami ni wowe watsindiye ibya mbere n'Ubundi uzandengere mu bihe biri imbere.

Reka nsoreze kuri iyi ndilimbo igira iti: Mana nkuko wafashaga basogokuruza nanone uzaturengere mu myaka iri imbere ndetse kugeza Ku gupfa.

nsoza ngire nti dukwiye kwivomera ubuntu buzadutunga mugihe cyo kugotwa kwacu,
abaheburayo 4:16

Ndabakunda!

YESU: SI ABAYUDA YAGIRIRAGA NEZA GUSA, AHUBWO UMUNTU WESE UKWIYE INEZA YARAYIMUGIRIRAGA! ESE KOKO UKWIYE INEZA MURI IKI GIHE? M.Gaudin



Luka:7:4

Na bo  basanze Yesu baramuhendahenda bati:"Ni umuntu ukwiriye kugirirwa atyo kuko akunda ubwoko bwacu, ndetse n'isinagogi yacu niwe wayitwubakiye"

Mu minsi yanone uhura n'umuntu ati nukuri unsengere, undi ati najye mfite ikifuzo....waba ugiye guterana undi ati: mutuzirikane kandi uko ni ko kuri kuko iyo wibutse abandi ni byiza cyane.

Hariho umutware w'abasirikare rero ntiyari ni umu isiraheli, ariko agakunda ubwoko bw'abisiraheli, muzi ko icyo gihe abaroma bari barakoroneje isiraheli, rero uwo mutware yari inshuti y'ubwoko bw'abayuda maze, aza guhura n'Ikibazo cy'uko yarwaje umugaragu we yakundaga cyane. Yaje kumenya ko Yesu akiza indwara, icyo yakoze ni uko we yumvaga ntaho yamuhera amubwira ibye, maze ngo amautumaho abakuru b'abayuda.

Uyu munsi ushobora nawe kuba wumva utakwegera Yesu, ahari ubona udakijijwe maze ukibwira ngo Yesu ntiyakugirira ineza! uko si ukuri ahubwo Yifuza ko wamenya ko no kuba ukiriho nabyo ari ubuntu. abantu benshi bagira umutima ubabwira uti ntabwo dukwiriye, ariko nubundi ntidukwiriye ahubwo ukwiriye ni Yesu umwana w'Imana.

Arakwiriye kutugirira neza, arakwiriye kutwitaho, ni Imana yacu, atari abamwizera gusa ahubwo n'abataramwizera yifuza ko bamenya ko abafitiye Imbabazi, uyu munsi wa none ushobora kuba wumva uri kure y'amasezerano ye, ariko ndakubwira ukuri yuko Yesu we ari hafi kandi yiteguye kuza iwawe akagukiza!

Yesu ntiyigeze abwira abamukurikiye ngo abatamukurikiye bose bicwe, Oya kuko umutima w'ubumana wari muri we, Imana niyo yagirira abantu imbabazi gusa , mu migani hatwereka ko mu byaremwe byose nta nakimwe kitaremwe nawe. Imigani 8:23-31 Yesu ntiyarobanuraga kubutoni kuko yari azi neza ko abo yaje gucungura ari abantu yaremye. Uyu munsi niyo mpamvu n'Ubu akiduhamagara.

Yesu araguhamagara ngo umwizere, kuko afitiye urukundo abo mw'isi yose, kandi imbaraga ze ntizikorana n'abamweye gusa, ahubwo afite ubushobozi bwo gukiza n'abataramwera kuko we n'Imana ya bose. Icyo ashaka nuko tumenya ko kugeza uyu munsi yifuza ko tumenya urukundo yakunze abari mw'Isi.

Uyu munsi abitwa abakiristo nibo bakwiye kuba bazi neza, ubuntu bwa Kristo, kuko hari benshi bagiriye neza abakristo bakwiye Ineza ya Yesu mugihe nk'iki. hari abagaburiye abavugabutumwa, hari abubatse isengero n'Ibindi.....Uyu munsi wanone Yesu arifuza ko tumenya ko urukundo rwe nta mipaka rufite, icyo yifuza nuko abantu bose bahindukira. Yesu aradukunda pe, ikigeretse kuri ibyo yaratwitangiye twese, ariko abantu twese dukwiye kumenya ko hari igitambo cyatanzwe ku bwacu maze tukava mu ngeso mbi.

Uyu munsi nawe waba ushaka abagusengera,cyangwa wahendahendera Yesu uwo wundi utarizera ngo Imana imugirire neza. Bene Data , ntituri muntambara zimwe abandi bita ntagatifu, kuko nta ntambaraga iba ntagatifu, ahubwo dukwiye kwereka abantu urukundo rwa Yesu, rutuma adukunda na nyuma yuko abo yaje gucungura bamwibambira, kuko nicyo cyari igitambo gikwiriye ibyaha by'abari mw'isi.

Uko biri kose Yesu ntiyigeze asaba ko uyu mugabo abanza kuba umuyuda, kuko twe mu bantu kugirira neza umuntu hari igihe umusaba ko muba musa, ariko Yesu yagaragaje ko Ubumana muri we, ari Umukozi w'Imana kandi Imana yari yaramutumye kuri Bose. hanze y'Ubwoko bw'abayuda Yesu yakoze Imirimo kuko yari yaratumwe kubo mw'Isi, nubwo yagombaga guhera muri isiraheli. ntiyarobanuraga ku butoni

Umurage yadusigiye, nuwo kugirira neza abantu bose, ariko cyane cyane abo munzu ya data!! ariko ntago yigeze agira ati abo mudahuje muzabatsembe kuko ari abanyabyaha n'abatansenga, ntakibazo afite cy'abatamusenga kuko Ijambo ry'Imana rivuga neza ko amavi yose azapfukama akatura ko ari umwami. dukunde bose nibishoboka tubabwirize ubutumwa bwiza bw'Uko Yesu yiteguye kubagirira neza mbere yuko banamwizera abagirira neza!

Inkuru nziza ya Yesu ikwiye kwamamazwa hose,

1timoteyo 2:1-7

ndabakunda mwese abakorera Kristo mutaryarya! Imana y'amahoro itweze andi idukomereze muri yo!Yesu aguhe umugisha!

Tuesday, 4 November 2014

ESE WOWE HARI ISHIMWE CYANGWA ICYUBAHIRO WARI WAHABWA KU BYO UKORA CYANGWA WAKOZE, MU GIHE CY'IMANA URIBUKWA? M.Gaudin



Esiteri:6:1-3

Iryo joro Umwami abura ibitotsi, ni ko gutegeka ko bazana igitabo cy'Uburabwenge bagisomera umwami, basanga byaranditswe yuko Morodekayi ari we wareze abagabi babiri bo mu nkone z'Umwami zarindaga irembo, Bigitani na Tereshi, yuko bashakaga kwica umwami Ahasuwerusi.

Umwami arabaza ati"Mbese Morodekayi uwo hari ishimwe cyangwa icyubahiro yahawe bamwitura ibyo?"

Nongeye kugusuhuza wowe ukundwa n'Imana ariyo mpamvu yanshyizeho ngo kwandikire aya magambo aruhura umutima, nizera ko atari impanuka kuba usomye iyi nkuru ndabizi neza ko wowe ushobora kumva ari impanuka ariko Imana ifite umugambi kuri buri kimwe. 


Buri gihe umuntu wese ashobora gukora neza ariko siko buri gihe abona ibihembo cyangwa ishimwe n'icyubahiro bikwiriye ku bw'Icyo ukora. abeshi bakora Imirimo itandukanye ariko ntibayibukirwa ako kanya. ahari uyu munsi ufite umurimo akoreye Imana ubona wari ukwiriye ibihembo ariko ntiwahebwa nk'uko wabyumvaga igihe wawukoraga. uyu munsi ndashaka ku kubwira ko igihe cy'Imana cyo guhemba iyo kigeze uhebwa kandi ibikwiye ibyo wakoze naho muri iki gihe usa n'Umuntu wibagiranye rwose.

Moridekayi yabayeho mubuzima bwo kurinda irembo, yabayeho nk'Umuzamu w'ibwami, yari acishijwe bugufi ugereranije n'akandi kazi gakorererwa ibwami ariko icyo yakoraga yari yitaye ku kazi umwami yamushinze ndetse akabikorana umutima Ukunze, ibi byatumaga abasha kumenya amakuru yose yagirira nabi umwami, Igihe kimwe rero rero abagabo Bigitani na Tereshi, bajya inama yo kuzica umwami, Morodekayi atahura umugambi wabo nawe ashaka uko yaburira umwami!

murabizi ko namwe hari igihe inkuru ivuzwe itabaye habanza kubaho iperereza, ubwo morodekayi muri icyo gihe hari abavugaga bati uyu mugabo n'Umunyamagambo gusa, kuko igihe cyose utahembewe icyo wakoze abantu bagufata nk'Umuntu uta umwanya, cyangwa wataye umwanya wawe, rimwe nari mwe nawe byagutera umutima mubi wo kumva ko abantu badakwiye ineza! kuko bibaho iyo umuntu ategereje guhembwa n'abantu bagatinda acika intege zo kuba umwizerwa agatangira kwishakira ibihembo mu nzira mbi kugeza ubwe nawe agambaniye uwo yashakaga kuburira!

Morodekayi ntacyo yabonye nk'Ishimwe yewe nta n'Umuntu wabimwubahiye ko yaburiye umwami, ariko Imana yo yibukaga iyo mirimo myiza, ijambo ry'Imana rirambwira ngo dukorere ba data buja tutabakorera nk'abakorera abantu ahubwo nk'abakorera Imana, kuko Imana izahembera Umuntu wese umurimo mwiza akora! Abefeso 6:8 

haje kubaho umugambi mubi wo kwica abayuda kubera ko Hamani yari yabagambaniye, ndetse n'Umwami yemeza iryo tegeko, ariko kuko igihe cy'Imana cyo guhemba cyari kigeze Umwami abura ibitotsi. ntiwakwibaza ko iryo joro aribwo yari asomye icyo gitabo gusa ahubwo yajyaga agisoma ariko page ya morodekayi atarayigeraho. ariko iryo joro yagombaga gusoma ibyo atarasoma, hanyuma agera kuri page ya Morodekayi! Uyu munsi Imana ntuzi ahantu igeze isoma ariko icyo nzi cyo nuko irimo gusoma, nuko ijya abaza iti ese uyu muntu hari ishimwe yabonye cyangwa icyubahiro? kubera ibyo akora! 

Ndakubwiza ukuri Imana izi igihe dukenye icyubahiro! abayuda bari basuzuguwe kurwego rwo gushaka kubica bose mubihugu byose ahasuwerusi yari ayoboye, bashyiraho itariki maze barabitangaza, bategereza umunsi ngo bipfire kuko ntibari kurwana ahubwo bari kwicwa! ariko Imana mu gihe cyayo ibona ko bakenye icyubahiro maze ibuza amahoro Umwami niko kubaza ikibazo nkicyo nanditse hejuru ati: Ese hari ishimwe cyangwa icyubahiro Morodekayi yahawe yiturwa ibyo yakoze?

Niko kubaza abo murugo ati ni nde uri aho? namwe musome ibyakurikiyeho! ntibyatwaye Iminsi ahubwo kuko byagombaga kwihutirwa byakozwe mugitondo!! Imana yacu ishimwe. Sinzi wasanga nawe igihe ugezemo ubona gikomeye ariko aho niho Imana igiye kukwibukira maze ubone ko Imana idakiranirwa, ndashima Yesu ko Atibagirwa imirimo myiza yose dukora! umuntu yigeze kumbaza ati ese ibyo wandika hari icyo ibikuramo? ndamubaza nti urashaka ko mbikuramo iki? arambwira ati tugeze mw'Isi y'Inyungu, nukuri numvise koko ntacyo mbikuramo ariko nanone ndibaza nti : Imana ko itibagirwa imirimo myiza iyi yayibagirwa? uyu munsi hari abantu bakora akazi gasa nako ukora ariko bahebwa ibintu byoinshi, kuko hariho umuntu utanga inkuru gusa agahembwa , ndakubwiza ukuri ko Imana nijya kumpemba izampemba abantu batangare kuko yo idahutiraho izi igihe ibyo izampemba yaba ishimwe cyangwa icyubahiro bizangirira Umumaro! 

Ishimwe ry'Imana rimeze nka compte bloque, Imana yacu iyo dukoze iratuzigamira kuko izi igihe dukwiye kuzakenera icyo cyubahiro, mwibaze iyo Morodekayi baba baramuhebye, ese ubwoko bwe bwari kuba bugikize? byose Imana ifite Impmvu yabyo, niba dutinze kubona inyungu ni kubw'Inyungu zacu kuko Amafaranga abitse arunguka ! 

Uyu munsi rero ntiwibaze ko Imana yatinze, ku kwibuka, ahubwo nuko izi igihe ukeneye icyubahiro n'ishimwe ry'Ibyo ukora. Ndahamya ko hari abamaze kubona ishimwe n'icyubahiro cy'Ibyo bakoze, ariko hari abandi benshi dukwiye gukora tugategereza isaha Imana izatangira ishimwe, icyo naguhamiriza nuko igihe bizazira bizaba ari igihe gikwiye. Igihe dukennye icyubahiro nicyo gihe Imana ibyutsa abami, igihe dukenye cyose turi mubihe bitugoye Imana ijya itanga ibyo guhoza Imitima yacu.

Niba ukorera Imana , uyitegereze kuko Imana ntubeshya cyangwa ngo ibe yarobanura kubutoni, Imana ukorera izaguhemba naho abantu batakwibuka , igihe cy'Imana nikigera bazakwibuka mw'Ijoro naho kumanywa baba batarakwibutse! komeza ukorere Imana  kuko izi igihe ukennye icyubahiro n'Ishimwe. uyu munsi ababyeyi bateganyiriza abana ariko amwereka umutungo yamuteganyirije igihe cya nyacyo kigeze! Abaheburayo 6:10

Ubuntu bw'Umwami Yesu bubane namwe mwese mukorera Umumwami mutaryarya! Imana y'amahoro ibakomereze mu byo mukora byose ku bw'Umwami no ku bw'abo akunda! 

Ndabakunda!

Saturday, 1 November 2014

ABANTU BOSE BARI MUBIBAZO BABA BABONA BICITSE NDETSE BAKABAZANYA BATI: TURAGIRA DUTE? M.Gaudin

2Abami 6:14

Maze umugaragu w'Uwo muntu w'Imana azindutse kare mu gitondo, arasohoka abona ingabo n'Amafarashi n'amagare bigose uwo mudugudu.umugaragu abwira shebuja ati: Biracitse databuja, turagira dute?

Mw'isi harimo amakuba atandukanye, abantu barababaye , ndetse bafite umubabaro utandukanye! buri muntu wese naho wamureba asa neza ariko umubabaro we yawuhisha ahagaragara ariko ugasanga agahinda ke kazwi n'uburiri araramo! uko biri kose abantu bahura nabyinshi ndetse usanga ibyo ducamo biduha n'amazina tugasa n'ababyakiriye!

Abantu bamwe n'Impfubyi, abandi n'Abapfakazi, abandi n'abarwayi, abandi bari mu magereza, abandi ntibabyara, abandi ingo ntizabahiriye.....ibi byose iyo uganiriye n'umuntu ashobora kukubwira akababaro ke ukumva birakurenze kuko aba aba abivugana umutima ubabaye asa nuwabuze uko agira!

2Abami 6:14

Maze umugaragu w'Uwo muntu w'Imana azindutse kare mu gitondo, arasohoka abona ingabo n'Amafarashi n'amagare bigose uwo mudugudu.umugaragu abwira shebuja ati: Biracitse databuja, turagira dute?

usomye izi nkuru za gehazi n Elisa, zigutera kwibaza ikintu gikomeye usanga abantu benshi batibaza! itandukaniro ry'abahiye n'Ibibazo cyangwa ry'abagoswe ribonekera mu murebere y'Ibintu! ndahamya ko imirebere ya Elisa na Gehazi yari itandukanye! gehazi yabanaga na Elisa, uko biri kose urwahigaga Elisa ntirwari gusiga Gehazi niyo mpamvu yaje gutanga amakuru y'Ibyo abonye ati Ingabo z'abasiriya ziratugose biracitse, turapfuye, turagira dute?

Ahari nawe hari abajya babikubaza mugihe bareba ibibazo nawe ukabibona, muri kiriya gihe iyo Elisa areba nka gehazi yari kuvuga ati dushake umuti twiyahure kuko bari budufate batwice nabi, yashobora no kwijyana mu maboko yabo n'ibindi .

Elisa si uko yarebye ahubwo nubwo bamubwiye ko bicitse we yarabirebye abona hirya y'Ikibazo abona Imana akorera, ndahamya ko si ingabo yabonye gusa ahubwo Yabonye imbaraga zamukoresheje kuva kera yibaza mu mutima we ati ibyo mbona ntibigomba kuntera ubwoba, ahubwo kwiye kubirenga nkarebesha amaso y'Umwuka!! amaso y'Umwuka yatumye abona ingabo z'Imana ntiyaterwa ubwoba n'Ingabo z'abasiliya. buri gihe rero dutandukanira ku byo tubona,

abantu ntibatandaukanywa nuko ari impfubyi ahubwo batandukanywa nuko ibyiringiro byabo bitandukanye! ibyiringiro byawe rero nibyo biguhesha amahoro mugihe uri hagati y'Ibibazo!

Ndabakunda!

Popular Posts

Featured post

When Prayer Meets Fasting, Heaven Moves by Pastor M.Gaudin

When Prayer Meets Fasting, Heaven Moves. Matthew 6:16–18; Isaiah 58:6–12 Supporting Scriptures: Matthew 17:21, Joel 2:12–13, Ezra 8:21–23...