Thursday, 14 August 2014

ISHIMWE N'IKIZERE CYO GUTABARWA BITURUKA MU KWIBUKA AHO IMANA YAGUKUYE....BY M.Gaudin


Itangiriro: 32:11

"Kumbabazi zose n'umurava wose wagiriye umugaragu wawe, sinari nkwiriye guhabwaho n'ibyoroheje hanyuma y'ibindi kuko Nambutse yorodani iyi mfite Inkoni nsa, none mpindutse imitwe ibiri."

Amahoro Yesu atanga n'ubuntu Imana itugirira bibe kuri mwe mwese mutegereje gutabarwa kw'Imana mugihe mugeze mubibazo bitandukanye!

Bene Data maze kubona ko rwose Imitima y'abantu, ibuzwa gushima Imana n'ibyifuzo by'urudaca bihora mu mitima yacu, maze kubera ko ibyo imitima irarikiriye biyitera kwiheba tukibagira ko nibyo dutunze twabihawe nayo!

sinshidikanya ko buri muntu wese afite ikifuzo kimugoye, yewe intego zacu n'irari biduhindukira impamvu yo gusenga no kwegera Imana tutabitewe nuko tuyikunze ahubwo rimwe narimwe tuyitewe n'ibintu bitubuza amahoro!

Ariko ndagirango nkubwire ko ntagihe nakimwe Satani azakwereka ko ubayeho neza, ko wabona ishomwe ry'Imana mugihe cyose wibagiwe aho Imana yagukuye. ndetse iyo utabyitayeho bigushyira mu mutego wo kugerageza Imana no gushidikanya kubyo usaba.

Ariko ndagira ngo turebe icyo yakobo yibajije mbere yo gusaba Imana kumukiza mukuru we esawu! yagize ati nukuri Mana wangiriye neza, nambutse yorodani mfite inkoni gusa,  ariko none ubu navuyemo imitwe ibiri. iki kigaragaza ishimwe umuntu aba yibutse bigatuma ubona icyo ushima Imana.


  • Niba wararangije kwiga mbere yo kwitotombera Imana ngo iguhe akazi ukwiye kuzamura ishimwe kuko hari ighe wabayeho udafite ishuri
  • Niba warahinze mbere yo kweza ukwiye kwibuka ko Imana yaguhaye Imbuto
  • Niba hari icyo ugezeho cyaba gito cyangwa kinini ukwiye kuzirikana ko ari ubuntu wagiriwe maze uzarushaho kubona ishomwe.
  • Kandi niba uriho wibuke ko hari igihe utariho, ndetse wibuke ko wavuye mu nda ya Nyoko, wambaye ubusa maze bitume ubona ishimwe ryuko wasanze abantu ntibakwicishe imbeho ngo urware umusonga.
Bene Data Imana ikwiye gushimwa, kuko yakoze byinshi, ntiyahereye kuri bike twari dufite, ahubwo yahereye kubusa. ibyo abantu baheraho badafite Imana naho byaba byinshi birahomba. ariko abafite Imana naho igishoro cy'aba inkoni, iba yaratanzwe n'Imana kuko ntamuntu numwe uzwi urema ibiti mw'ishyamba ducamo inkoni uretse Imana yonyine.

Yakobo yashimye Imana kubw'Inkoni, ashima Imana kubw'matungo,abagore,ndetse n'abana. ibi byose ntibyari gutuma Imana yihangana ahubwo yarushijeho kumukiza kuko yayitakiye ayizeye, ndetse abanje kuyibutsa Imirimo yayo.

Bene Data ntidukwiye guhera kucyo twifuza, ahubwo dukwiye guhera kubyo Imana yakoze maze tukazamura Ishimwe ryayo mu mahanga. Yewe ntidukwiye kumva ibibi byaabaye byatbuza ishimwe kuko Imana yahisemo ko bidakomez akuba bibi kurusha kuko urebye neza wasanga ibibi wahuye nabyo ataribyo bibi byanyuma y'ibindi.

Dukwiye gushima Imana kubwa Kristo Yesu, kuko yadukunze tutari abo gukundwa. kandi yatwitangiye adashingiye kubyiza twamukoreye, niyo mpamvu uko biri kose ntitwamukurwaho nibyo tutarabona, ahubwo turushaho kumwegerezwa n'icyo yakoze bwa mbere yemera kudupfira ku musaraba w'Isoni

rero tukwiye kuzirikana ibyo Imana yakoze, kuko iyo tubizirikanye turushaho kwizera ko Imana ifite ububasha bwo gukora ibirenze cyane ibyo tuyisaba n'ibyo dutekereza. ahari uba warapfuye ariko kuba uriho n'isezerano ry'uko Imana ishobora kukugirira neza igihe icyo aricyo cyose ariko injira mugihe cyo kubanza kubona ishimwe. kuko satani abuza imitima yacu kubona ishimwe mubyo Imana yakoze maze akaduheza mubuzima bw'amaganya no kwiheba.

si igihe cyo kwiheba ahubwo n'igihe cyo kwibuka ibyo Imana yakoze, abibutse ibyo Imana yakoze bagiye batsindishirizwa nayo mubihe bikomeye

Yosuwa na calebu, bibutse Imana yabakuye muri egiputa, yabambukije inyanja itukura n'ibindi bati"Niba Imana itwishimiye tuzabarya nk'umutsima"

Dawidi yibutse uko Imana yabanaga nawe mw'ishyamba aragiye, uko yamushoboje kwica idubu, n'intare arahaguruka ahagarara imbere ya Goliyati, maze Imana irongera itsinda urugamba

Yakobo yibuka uko yambutse yorodani afite inkoni gusa, maze amaze gushima Imana, Imukiza umujinya wa esawu.

Bene Data kwibagirwa ibyo Imana yakoze bishyira mu kaga abayisenga n'abitwa ko bayikorera! kuko buri gihe dufite urugamba rwo kurwana ariko iyo twibagiwe ko Imana ariyo yatsinze, ntidushobora gutsinda.

Igihe n'iki cyo kutiyitirira ibyo Imana yakoze , kuko iyo Imana itwambukije akenshi usanga ibiganiro dutanga, byiganjemo kwivuga ibingwi aho kwerekana ishimwe ry'Imana. ndetse rimwe narimwe tukabwira abantu ngo nuko tutaryamaga cyangwa tutaryaga ngo nabo nibagenza nkatwe natakabuza intsinzi ni iyabo. 

ariko sibyo kuko iyo nyuma Imana ituretse, usanga tuyitakambira ngo mwami ni udukiza tuzagushima.

Ishimwe ryose uyu munsi ufite , numara kurishimira Imana, ndahamya ntashidikanya ko urugamba ruri imbere rwose ruzarwanywa n'Uwiteka kandi azarutsinda.

"Mwami Yesu urinde imitima yacu kwiyirira intsinzi yawe, maze uduhe kuzajya tunesherezwa nawe, bizatuma duhorana ishimwe muri byose, kandi tuzarushaho gutinyuka kuko ntuzigera utureka twenyine. 

www.newseed4jesus.blogspot.in

Ndabakunda!



Wednesday, 13 August 2014

NAHO NJYEWE, NAWE, N'URIYA Bavuga twaba MURI ILLUMINATI, cyangwa ISHUTI ZA SATANI(Ntibikabeho)!...IMANA IZAKOMEZA KUTURUSHARUSHA IMBARAGA!....BY Gaudin.


Matayo 12:24

"Ariko abafarisayo  babyumvise baravuga bati uyu ntawundi umuha kwirukana abadayimoni, keretseBelizebuli umutware w'abadayimoni"

Iyo uganiriye n'abantu batandukanye bareba umurimo w'IMANA, ubu biroroshye kuvuga aya Magambo:


  • Iri torero ukuntu ryagutse byatewe nuko rikorana na Illuminati!
  • Uyu mu Pastori akoreshwa n'imyuka mibi!
  • uyu muvugabutumwa akoreshwa na illuminati!
Ese SATANI YAKWIRUKANA UNDI SATANI? Icyo gihe Ijambo ry'Imana ribwirako iyo bibaye bityo ubwami buba bwigabanije ubwabwo ntibushobora kuramba rero!

bigaragara ko abantu benshi bizera Imbaraga z'umukuru w'abadayimo kurenza Imbaraga z'Imana! Imana abantu bayifashe nk'itariho! ariko uko uyifata uko niko Satani arushaho kukwigaragariza.

Inyigisho z'ubuyobe ndetse z'abadayimoni, zihakana imbaraga z'Imana, ziha agaciro cyane imirimo ya Satani kurenza imirimo y'Imana, zitera abantu kwimura Imana. ariko iki n'igihe cyo kumenya ko Imana ifite Imbaraga ziruta iza Satani n'abambari be bose.

Naho Satani yakwica nkuko yibwiraga ko Yishe Yesu, igihe cyo kuzuka azabona ko adafite imbaraga rwose. kandi ibyacu ntibirangirira ku gupfa OyA AHubwo dufite isezerano ry'ubugingo buhoraho!

Ikibazo si ABAPFUMU,ABAROZI,SATANI, ABADAYIMONI NA ILLUMINATI......!!! IKIBAZO NI WOWE WIZERA IMBARAGA ZABYO KURENZA IZ'IMANA YAWE!

IMANA IZIKO IBYO BIRIHO, KANDI YASHYIZEHO IGIHE IZACIRA URUBANZA RUKWIYE!!!!

Imbaraga z'Imana ziruta cyane iza Satani+abadayimoni+abantu bamukorera

1Yohana4:4


"Bana bato, muri ab'Imana kandi babandi mwarabanesheje, kuko uri muri mwe aruta uri mub'isi."

Iyo uganiriye n'abantu mu minsi ya none, cyane cyane abasanzwe bavuga ko bizera Yesu, ndetse bakizera n'Imana yamutumye kuducunguza amaraso ye Kumusara! usanga bafite ubwoba bw'ibintu bidakwiye kubatera ubwoba.

ubu abantu ikintu cyose bati n'icyavuye ikuzimu, hari imodoka ziva ikuzimu, imyenda y'ikuzimu, amafranga ava ikuzimu, ariko reka ngire nti naho byaba koko bivayo, niba ufite Yesu muri wowe ntukwiye gutinya ibivugwa ngo bitume ufata Imana naho idafite imbaraga maze ngo ujye usingiza Satani!

ILLUMINATI, ntizigera itsinda Imbaraga z'Imana nubwo ifite igihe cyo gukora, kandi mumenye neza ko abaizera bakwiye guhanga amaso ibiri mw'ijuru, si ibiri mw'isi cyangwa ikuzimu. mw'Ijuru hariyo Imana niho dukwiye kureba kurenza kureba ibyo twumva mw'isi.

YESU MURI WOWE AFITE AKAHE GACIRO?

Niba Yesu wawe, wumva yatsindwa na Satani ashobora kuba atandukanye nuwo ijambo ry'Imana rimbwira wagiye ikuzimu akanyaga Satani ifunguzo agakingurira abera, agasiga amuziritse, kandi akaba azagaruka kumwicisha umwuka uva mu kanwa, igihe gisohoye! Bene Data ntidukwiye kugira ishusho yo kwera ngo Duhakane imbaraga zako!

IMANA NTIGERERANYWA N'IMBARAGA ZA SATANI, SATANI AFITE IGIHE YAHAWE!

bENE data ndagirango nkubwire nti niba ibyiringiro byawe bishingiye kuri Yesu, ukwiye kumenya ko uwo aruta uri mub'isi, uri mub'isi ni satani! uko biri Kose Yesu muri twe afite ubushobozi bwo kudukoresha ibyiza, ndetse byishi si ngobwa ngo twitirire umurimo w'Imana Imbaraga za Satani.

KUKI ABANTU TUVUGA KO TWEMERA IMANA TUGAHA IMBARAGA SATANI?

usanga byoroshye kwemera ko umuntu akora ibintu byiza abiterwa n'imbaraga mbi kurenza kwemera ko yabikura ku Mana nyamana! ese koko Satani niwe ufite ubushobozi kuri wowe? OYA rwose kuko ntacyo yakora Imana itamuhaye uruhusa! ndetse na Yobu ntahantu yigeze yerekana ko satani afite ubwo bushobozi!

Icyaha Imana yanga nukuyigereranya n'izindi mbaraga, kuko Imana niyo ifite imbaraga zo gukora byose! ifite imbaraga zo guhana Satani, ifite imbaraga zo kurema indi shya, ifite Imbaraga umuntu atabasha gusobanukirwa!

Imana yakuye Satani mw'ijuru, satani ntiyashakaga kuba mw'isi cyangwa ikuzimu, Imana imwohereza mw'isi, uko biri kose no mw'isi nibishaka izahamukura! kuko icyo Satani yashakaga n'ukuba Imana mw'ijuru!

Ariko kuko yashakaga aho ategeka, byatumye yibwira ati aho kuba umugaragu mw'ijuru naba umwami ikuzimu! ariko Yesu yahawe izina risumba ayandi mazina yose , haba kw'isi, mw'ijuru, ndetse n'ikuzimu.

nubwo bikugoye kumva ko ari Imana ibikora, ukabyiririra Satani, ndagiranga ngo nkubwire ko nta cyiza gituruka kuri Satani, kuko ntamwanya afite wo gukora icyiza, icyamuza ni UKWIBA, KWICA no KURIMBURA! Wahitamo kwemera kuyoborwa n'imbaraga z'Imana kurenza kwibwira ko Satani agufiteho ubushobozi!

ntiwibwireko Satani ariwe uzatsemba isi, Oya ahubwo Imana niyo izatsemba isi. ikoresheje Satani, kuko nawe n'umugaragu udashobora gukora nta ruhusa, ikikwiye rero si uko ibibaho ubyitirira Satani, ahubwo ukwiye kumenya ko Imana iri hejuru ya byose!

matayo 10:28

Ntimutinye SATANI N'ABANTU, kuko bakwica umubiri gusa, ahubwo mutinye Imana ibasha kwica ubugingo, niyo mpamvu dukwiye kumenya ko niba udafite Yesu, Satani azica umubiri, ariko Imana izica ubugingo kubera ko wanze kumvira iguhamagara! kubera ko Imana ikiranuka itatsindishiriza umuntu utayubaha!

"Isi ntizarangizwa n'amagambo tuvuga, ntizarangizwa n'ibikorwa dukora, cyangwa Satani na illuminati, ahubwo izarangizwa nuko Imana yavuze ko Izarangira kandi ibyo ngo ntawe uzi igihe bizabera, ahubwo Imana ubwayo niyo yihariye ibyo!

KUKI BYATINZE? KANDI TWARAVUTSE BABIVUGA?  1petero 3:3-9

Imana ntitinza isezerano nkuko bamwe babyibwira ahubwo itwihanganira ishaka ko bose bakizwa! wasanga Imana arijye nawe yari itegereje! n'abandi benshi uzi, ariko igihe kizagera aho izashyiraho iherezo!

ubwire abantu ibi uti: Imana yihariye ubushobozi, kandi izahembera umuntu wese ibikwiye ibyo yakoze, mwirinde uko mugenda mutagenda nk'abatagira ubwenge kuko mwabikije ijambo ry'UBUGINGO!

natangiye mbabwira nti naho yaba jye nawe, gukiranirwa kwacu ntiguhindura Kwera kw'Imana, kandi niyo mpamvu dukwiye kwizera Imana cyane kuko yaba turiho turiho ku bwayo tunapfa dupfa kubwayo, ntukwiye kumva Satani afite ubushobozi bwo kukwica mugihe uzi neza Ko Imbaraga z'IMANA ZIBASHA KUKUZURA!

Rekera guca urubanza, no gutunga agatoki, no kwitiranya umurimo w'Imana nu wa Satani n'Uwimana, kuko kowe ntabushobozi ufite, niwitondera Ibyo Imana yagutegetse birahagije kurenze kuba Umugenzuzi w'abandi ngo bigutere umutima uhakana Imana. 1Abakorinto 4:1-5

Ndabakunda!

Tuesday, 12 August 2014

IMPAMVU ZIHISHE INYUMA YO KWIYAMBIKA UBUSA !KUKI IMANA YAREMEYE ADAMU N'UMUGORE WE IMYENDA itangiriro 3:20? ESE SATANI YAKWISHIMIRA ICYO IMANA YAKOREYE ABANTU?



Itangiriro 38:15

Yuda amubonye agirango ni maraya kuko yari yitwikiriye mu maso, atambikira aho ari iruhande rw'inzira,aramubwira ati "Ndakwinginze turyamane(Dusambane) Kuko yari atazi ko ari umukazana we"


Imyambaro nubwo wayambara utayizi cyangwa ubizi ifite ikintu kinini isobanuye, kuko nubwo bamwe twibwira ko dupfa kwambara siko bimeze ahubwo usanga niba abandi barahisemo impuzankano (uniform) wowe utarahisemo usigarana uniform isanzwe. ariko biba bibifite icyo bisobanura!

Iminsi yanone usanga satani agenda yigomeka kumugambi w'Imana wo kwambika abantu, aho atera abantu kwambara ibintu bihishura ishusho satani  yifuza guha abantu!

urugero rw'imyambarire iteye imbere ni nkaho usanga mu gihugu cy'ubuhinde,buri muntu nicyo akora afite umwenda umuranga! yewe n'ibindi bimenyetso byatuma ntawamwibeshyaho, ibyo rero bihishura uwo uri we ndetse nuwakwigana yaba abikunze cyangwa ashaka kwiyoberanya!

ABANTU BAMBARA TUKAMENYA ABO ARIBO mugihugu cy'ubuhinde, niho nitegereje cyane nsanga abantu bambara impuzankano ari hafi yabose:

  • Abashoferi ba Bus
  • Abafasha babo muri ako kazi
  • Abatwara icyo hano bita otto cyangwa utumodoka duto
  • Abaganga na ba foromo
  • Abakanishi
  • Abanyenshuri, biga ibintu bitandukanye ubatandukanyiriza kubyo bambara
  • Abagore bashatse
  • Abakobwa batarashaka
  • Abatambyi b'ibigirwamana
  • Abakire
  • Abakozi bo mu mahoteli n'ahandi.....
Aha rero usanga iyo mymbararire iyo uyambaye atari ibyo ukora ushobora gufatwa uko utari ndetse byakuviramo n'icyaha gikomeye.

urugero : kubona Umuturage atunze imyenda ya gisirikare, cyangwa yambaye imyenda y'abasoresha!

imyambaro yawe ihishura uwo uri we: mugihe Tamali yamaraga kumenya ko sebukwe aciye aho yiyambuye imyenda yambarwaga n'abapfakazi yambara nk'abamaraya maze Yuda ntakuzuyaza amubwira ati turyamane kuko byaragaragaraga!

Abantu benshi bambara imyambaro bafite icyo bashaka kwerekana muburyo bumwe cyangwa ubundi, ahari wowe ushobora kuyambara wibwirako ntacyo bitwaye ariko Satani aba afite icyo ashaka kugeraho!wowe naho utabiha agaciro.

sinzi wowe iyo wambaye bigaragaza iki? ariko bihishura ubwifatanye bwawe n'Imana cyangwa na Satani. kuko Satani ntagihe yigeze abaho atigomeka ku mugambi cyangwa igikorwa Satani akora!

Bene Data duhuje guhamagarwa, nubwo wibwira ko ushobora Ukunda Kwambara, buri gihe ibyo wambara bihishura Impamvu wambaye.

Kwambarira ubwibone
Kwambarira ibirori
Kwambarira Inama
Kwambarira ubumaraya
Kwambarira akabari
Kwambarira ubutinganyi
Kwambarira ko wigurisha
Kwambarira Gushira Isoni....n'ibindi.

Kuri wowe ushobora kuba wiyambarira, ariko n'igihe cyo kumenya ko iyo ufatanywe umwambaro utari uwawe ushobora kubizira! simpamya ko Imana igusanganye Ikote yabonye muri Satani ikaguturuka mu bitugu byawe itakurasa umwambi.

niyo mpamvu iyo hari ubukwe ushobora kubona abantu bari kumwe n'umukwe cyangwa umugeni, ushobora kubona abari muri protocole n'anahandi..... !!!!! 

niba utazi ko wambaye nabi ntushobora kwambara neza, niba utaziko wambaye ubusa ntushobora kwikwiza, ariko niba ubimenye Uzarushaho kwambara wikwize!

kuba Kristo Imana irushaho kutumbwira ko Imyambaro yerekana ko twubaha Imana idahagije ahubwo yongeraho ikintu gikomeye cyo Kwambara ingeso nziza, no kureka icyaha!

Hariho imyenda y'abami,abakomeye, n'abanyacyubahiro

1Petero 2:9-10

"Ariko mwebweho muri ubwoko bwatoranijwe,abatambyi b'Ubwami, ishyanga ryera n'abantu Imana yaronse, kugirango mwamaze ishimwe ry'Iyabahamagaye, ikabakura mu mwijima ikabageza mu mucyo wayo witangaza"

ESE KOKO URI UMUTAMBYI? NONESE UBONA UKWIYE KWIYAMBIKA UBUSA? 

imyambaro y'abatambyi. kuva 28:39-43

soma 28:42

NB: nubwo kuri iki gihe kwambara bigenda bisa naho bitakiri ubusirimu, ariko mw'ibuke ko inzira iganisha abantu kurimbuka ari ngari kandi abanyiruramo ni benshi. 

UBU KWAMBARA IMYAMBARO IMYAMBARO Y'IMBERE BYATAYE AGACIRO: Hari igihe uganira n'abasore n'inkumi bakakubwira ko Amakariso atagezweho, ndetse ukumva nutabyambara ashyigikiye ko abantu bagenda nta mwambaro w'imbere!

umutwe 
igihimba
amaguru

aha hose ibyo umuntu ahambitse biba bishobora kwerekana uwo uri we nicyo ushyigikiye. ibyo wifuza cyangwa ibyo wamamaza!

Ariko abari muri kristo barushaho kwigishwa kuba ibikoresho by'umumaro bikoreshwa iby'icyubahiro

2timoteyo:2:19-22

ntitwirengagize abantu batuye mu mashyamba badafite icyo kwamabara, abaturanyi badafite icyo kwambara, niyo mpamvu Imana igira iti ufite imyenda ibiri nahe utawufite, mwibuke kwambika bafite ubukene bw'Imyambaro! yakobo 2:15-17

part 1

Ndabakunda!



Monday, 11 August 2014

NIBA UTANGIYE KUGIRIRA UMUMARO KRISTO, ABARI MUGIHOMBO SATANI, ISI, N'UMUBIRI BAZIFATANYA KUKURWANYA........BY M.GAUDIN

1petero 4:12-16

Hariho abana bavukira mumihanda, maze bakajya bakoreshwa imirimo yo gusabiririza, kwiba, no kwikorera imizigo, maze amafaranga babonyemo bakayagabana n'abakuru muribo babategeka. usanga abo bana barabaye imbata z'ababayobora muri iyo mihanda! 

umwana akiba, akazanira igisambo gikuru ngo arebe ko yazaramuka n'ejo, akikorera imizigo nabwo akazana ibyo yaronse. ubwo buzima nubwo bugoye usanga hari ababumenyereye, bakemera kubaho gutyo kuko ntabundi buryo ndetse ugasanga ababakoresha bene ibyo ntibashaka nuwakura abo bana mubuzima nkubwo kuko baba babifitemo inyungu!

nubwo ari ubuzima bubi, bwo gukora nabi cyangwa neza, ukorera abandi, iyo hari ugukuye muri ibyo haba uruhande ruba ruhombye urundi rwungutse!

mubyakozwe n'intumwa 16:19

"bashebuja babonye yuko nta ndamu bakimutezeho, bafata pawulo na sila barabakurubana  babajyana no mu iguriro ku batware....."

nubwo abatubwiriza ubutumwa bagira intambara, usanga n'ababwumva bagira intambara, kuko usanga satani atishimira ko tuva mububata bw'icyaha, no mu mafuti, ahora ashaka kugukoresha ibye bibi, ngo ukomeze umwungukire.

beshi Satani yabateje ibinyoma, ubusambanyi, ubujura, .....ariko iyo Imana itureheje, usanga Satani atifuz ako umuntu yakumvira Imana. ahubwo ahora ashaka icyaduhungabanya kuko tuba twaramucitse.

SATANI ARWANYA ABAMUGIRIRAGA UMUMARO KERA!

Niba warigeze ugirira Satani umumaro, ndawita umumaro kuko Satani ni umwanzi w'Imana, niba rero warigeze wihuza n'ibitekerezo cy'umwanzi, mugukora nabi, no gukwirakwiza icyaha! ntago yanezezwa nuko uhinduye imigendere n'imigenzereze yawe.

Uyu muja batubwira ko yajyaga aragurira shebuja, maze akabona inyungu, maze amaze gukizwa n'umwami Imana, habayeho igihombo kuko ibyo batekerezaga ko aribyo bizabungukira siko byagenze. maze barababara cyane.

Sinzi icyo umuryango wawe ugukeneyeho, inyungu bakubonamo yose niyo ibatera kurwanya agakiza k'Imana muri wowe. naratangaye igihe kimwe aho nabonye umuntu abwira umwana we ngo nava muri gatorika ntazaba akiri umwana we!!! ese iri ni ishyaka ryo kuzagez umwana wawe mw'ijuru cyangwa nukurwanira ishyaka idini!

Ibaze ahari nawe hari abantu bahobye umaze gukizwa, wibaze uti ese bakwiye kuntekereza bate?


  • Niba wari umusinzi, akabari wanyweragamo wagateje igihombo!
  • Niba wari umusambanyi indaya ntizongeye kubona icyashara
  • Niba waranywaga urumogi abarucuruza barahobye!
  • Niba wari umunyarugomo Satani yabuze intwaro y'urugomo
  • Niba wari umupfumu, abo warogeraga byarabashobeye.
  • Icyo waricyo ukakireka kubwa Kristo cyose cyateje igihombo mu bwami Bwa Satani.
  • ahari nawe uzi ikindi waretse kubwa Kristo, icyo cyateje igihombo kuruhande rwa Satani kandi Yesu arakwishimiye kuko werekanye ko ukunze izina rye!
1timoteyo 1:12-14

Niyo mpamvu twijiye murugamba rwo gufasha Yesu,mu murimo wo kunga abantu n'Imana 2cor 5:19
nkuko kera Twari abafatanya bikorwa na Satani muguteza amahoro make no gukora ibyaha murugamba rw'abanzi b'Imana.

Ariko Imana ishimwe kuko nubwo byari bimeze bityo twahindutse abo kubabarana na Kristo kubwo kuba abe, ubu aho twasindiraga tukaba dusigaye tuhasengera! bene Data dusangiye guhamagarwa, ntidukwiye kwibwira ko Satani anejejwe nuko twamenye ukuri.;; kuko niba Satani arwanya umugambi w'Imana wowe ho ntazaguha umunota 'umwe wo guhumeka ahora ashaka uwo yakwivugana.
1petero 5:8

"Kandi ntimuhe ibyaha ingingo zanyu kuba intwaro zo gukiranirwa, ahubwo mwitange mwihe Imana nk'abazuke, n'ingingo zanyu muzihe Imana kuba INTWARO zo gukiranuka" 
abaroma 6:13

Ntukwiye rero kugira impfunwe ry'abagusebya, abagutuka, n'abaguca intege......iyo batabitewe n'urwango banga Imana babiterwa n'inyungu bari bagutegerejemo! ariko muri byose Imana niyo ikwiye kuba ishingiro ry'ibyo dukora kuko niba turiho turiho ku bw'Imana kandi niba dupfa dupfa kubw'Imana.

aho kwica n'ingoyi z'icyaha wahitamo gupfa uzihambura kuri wowe no kubandi bose. kuko ari abari mu cyaha cyangwa abatakirimo hari igihe kizagera buri muntu agahagarara Imbere y'INTEBE Y'Imanza.

ukwiye kumenya niba koko urugamba urwana uruterwa no kuba wataye ibya Satani,isi n'umubiri hanyuma ibindi byose uzabyongererwa!

Ndabakunda!

Sunday, 10 August 2014

KWIZERA IMANA, KWISHINGIKIRIZA KU MANA NO KUYICIRA BUGUFI, BITATU MU BY'INGEZI BITUMA IMANA IGUFATA NK'UMWANA WAYO!

Matayo18:4

Yesu ati: Nuko uzicisha bugufi nkuyu mwana muto niwe mukuru mu bwami bwo mw'ijuru"

Mubintu bishobora kuba bigoye buri wese, ni umuzi w'icyaha uba muri buri muntu. aho umuntu ashobora gukizwa ariko ukwishyira hejuru, kukazana ubwibone muri we maze ugasanga asigaye yarabaye Undi.

Yesu ati mumere nk'abana nibwo muzinjira mu bwami bw'ijuru!

Mubintu nzi bibabaza nukubona umuntu aza akakubwira ngo uri umwana kandi wibwiraga ko uri mukuru, impamvu nabyo bibabaza nuko ubwibine umuntu abuvukana, bugakurira muriwe kuburyo umuntu wese akura ashaka kuba icyo ataricyo. niyo mpamvu ubwiye umuntu uti uri umwana akurakarira bikaba nk'igitutsi.

Ese kuba Umwana Yesu yashakaga ni ibihe?

Guca bugufi: 

Umwana aragwa n'ibintu bigera kuri bitatu:

1.Kwizera ababyeyi be: aho aba yumva umubyeyi we ariwe wambere wamugirira neza.( niko dukwiye kwizera Imana)


2.Kwishingikiriza kubabyeyi be: aho Yumva ko icyo yakwimwa n'abandi ababyeyi be aribo bakimuha( niko dukwiye kuyishingikirizaho)

3.Kwicisha bugufi: kwemera kugendera mubyo uyobowe n'ababyeyi!(niko dukwiye kwibwira ko Imana ariyo kumvirwa kumaramaje)

hari inkuru imwe inshuti yanjye yige kunganirira, abwira ko igihe yababaye ari igihe mama we yamuhaga akabindi ngo amutwaze, ariko kuko uwo yari amaze kwigira hejuru yumvaga gutwara ikibindi bimugoye cyane kubera ubwibone, kuko nticyari kiremereye. ibi rero akenshi usanga natwe nk'abantu Imana ishaka ko tuyumvira bisa! kuko guca bugufi bibura ugasanga tugowe!

Kwiga kuba umwana ntibyoroshye! ariko nibyo Imana ishaka:

Kwiga guca bugufi, kugendera mu myumvire y'Imana kurenza kugendera mubyo wishakiye. akagero gato abana iyo umubyeyi abakuye i kigali akimukira igitarama, ntibashobora kwivovota ahubwo bagenda bumva ko aho umubyeyi agiye ariho heza kurenza aho bakwita heza ntamubyeyi uhari.

Mwene Data sindi bukubwire ngo mera utya, ahubwo umere nk'umwana muto: kandi niba Yesu yarabivuze aziko bishoboka naho twakwiyobagiza, ariko kubw'inyungu zacu dukwiye kuba nk'abana.


biragoye kumva uyu munsi nkubwira ngo ube nk'umwana kandi ufite abo wabyaye, abo uruta n'ibindi ariko umutima wo kuba umwana niwo mutima Imana ikeneye. kuko Imana ntigushaka uri mukuru nkaho izagusigira abandi bana ngo ubarere! ahubwo mw'ijuru tuzanezezwa no kubaha Imana no kuyiramya kuko niyo ibikwiye!

sinibwira ko kwiga kuba umwana ari ikintu cy'umunsi umwe ahubwo ni buri munsi, kuko buri gihe kamere yo kwishyira hejuru, no kwerekana ko dushoboye bizamuka muri twe buri munsi kuburyo usanga natwe Dushaka uburenganzira bw'abana! ariko umwana ntiyakwiye kurenga inzira ahubwo akwiye kuyigenderamo"

Ndabakunda!





Thursday, 7 August 2014

NUBWO BAKIKUREGA WIHISHE MURI YESU, WAHAWE UBUHUNGIRO KUKO WUMVIYE IKUBURIRA ! By M.Gaudin

Yohana 3:16 

''Kuko Imana yakunze abari mw'isi cyane, byatumye itanga umwana wayo w'ikinege kugirango umwizera wese atarimbuka ahubwo ahabwe ubugingo buhoraho''


Iyo Imana ivuze ngo hunga, ntuhunge ikosa riba ari irya nde?

aha abantu benshi bibwirako Imana hari umuntu ishyiraho igitugu cyo kuva mu bibi! ariko Imana yacu si uko Imeze kuko iyo bimera bityo ntawari kuzahanirwa ibyo yakoze. ariko abantu bahanwa nuko batumviye IBABURIRA iri mw'ijuru.

ibi ndagirango tubitekerezeho gati igihe Farawo abwirwa iby'uko igihugu cye hagiye kugwa urubura rutize ruhagwa! ahari ntibyari byoroshye kubyemera kuko atabonaga igicu, ariko usomye Kuva 9:20 harigira hati: " Uwubashye ijambo ry'Uwiteka wo mu bagaragu ba Farawo ahungishiriza abagaragu n'amatungo ye mu biraro, Utitaye ku Ijambo ry'Uwiteka arekera abagaragau be n'amatungo ye mu Gasozi.kuri 25 Urwo rubura rwica buri icyari mugasozi cyosemu gihugu cya egiputa cyose.....! 

Aha iyo witegereje Ijambo ry'Imana nuko ritanga amahirwe kubaryumvira cyane, aho riburi umuntu aho akwiye guhungira! ariko iyo abantu babisuzuguye ntakindi cyo kubatabara kiba gihari rwose. naho waba wakoze icyaha utagambiriye nkuko satani aturiganya buri gihe hari aho Imana yaduteguriye kwihisha ariko iyo tubisuzuguye bisoza duhanwe kuko ntacyo Imana iba itakoze.

IMIDUGUDU Y'UBUHUNGIRO KUBANYABYAHA bashaka gukizwa iracyahari! Yosuwa 20;

Aha hagaragara itegeko ryo kuabka imidugudu y'ubuhungiro kugirango umuntu wese wishe mugenzi we atabigambiriye ahungiremo hatagira umwica, ariko bisaba kuba afite umutima wumvira kuko nubwo iyo midugudu yariho iyo bagufataga utaragerayo widegebya warapfaga! hano hanze hari abantu bishe, basambanye, baroze ariko igihe cyose batarinjira Muri Yesu, urubanza rw'ibyo bakoze ruzacibwa kuko banze kumvira ibaburira ngo bakizwe umujinya w'Imana!

Kuki hari ubuhungiro bw'abakora ibyaha batabigambiriye? nawe ukwiye kumenya iki Yohana 2:1 ntihakagire ukora Icyaha ariko noba hariho ugikoze kimucitse, yakabaye aboroga akarira ntahore ariko noneho dufite umurengezi wacu ari we Yesu! ariko se niba utamufite wibwirako Imana itarangije guca urubanza!

Yesu ni iki kubantu:

Ni umutabyi
Ni igitambo
Ni umuvugizi
Ni impongano

Uretse ibyo kandi

NI Umwami
Umukiza
Itangiriro 
IHEREZO

BURI MUNTU afite ibyaha aregwa, ariko afite impongano, igisigaye nukumenya ko Imana yagushyize munzira ukwiye guhitamo ikiza, niba  wisanga warakoze ibi bintu 1abakorinto 6:9 nukuri
Imana itubwira ko ntabwami bw'Imana uzaragwa, ariko niba waruhagiwe mu maraso ya Yesu ufite ishimwe kuko wibereye mu mudugudu w'ubuhungiro! umuriro n'anmazuku, ndetse n'inkota y'uhora ntacyo izagutwara wihishe mw'Izina rya Yesu.

1abakorinto 6:11 hatwereka ko natwe twari nk'abandi bose kuko twese twakoze ibyaha, kandi twavukanye icyaha. ariko niba hariho ubuhungiro tukabukerensa nibwira ko ntacyaba gisigaye.

ABARI MUBUHUNGIRO BAKWIYE KWITWARA BATE?

Abari mubuhungiro bakwiye kwitwara uko amategeko y'ubuhungiro abasaba! yohana 15:7

abantu benshi iyo bahawe ubuhungiro hari aho babuzwa kujya, ibyo babuzwa gukora, ariko iyo baburenzeho ibyo bakora nibyo bibanyaga uburenganzira bw'ubuhungiro. Yohana 15:10

niba uri muri Yesu ukwiye kubaha ijambo agutegeka, ntukwiye kwitwara uko wiboneye kuko aho niho wahungiye!

abantu babaye mu nkambi murabizi ko nubwo uba warayihungiyemo iyo ubaye uwambere muguteza umutekano muke mu nkambi ntuba usigaje ubundi buhungiro keretse kujugunywa aho hanze hatari amahoro na mba!

Ndabakunda!


Tuesday, 5 August 2014

KANDI INGINGO ZIZWI KO ARI IZ'INTEGE NKE NIZO ZO KUTABURA. By M.Gaudin

Umuntu agizwe n'ibice byinshi, bimwe bisa naho bikomeye ibindi bisa naho byoroshye, agizwe n'ingingo nyinshi zimwe umuntu yaratira abandi n'izindi zihishwa abandi, agizwe n'imbaraga ndetse n'intege nke, ariko umuntu aremye muburyo butangaje bwizweho n'Imana mbere yuko imurema.

Bene Data itorero ry'Imana rigizwe n'Imbaraga n'intege nke, kandi muri izo ntege nke Yesu yararyemeye ngo arikize ku bw'Imbaraga ze! nubwo mubantu habamo kumva ko hari abaruta abandi, nibwirako ariyo mpamvu Imana yaremye ingingo nyinshi kugirango urugingo rumwe rutumva ko arirwo kamara!

Biroroshye kugenda werekana amenyo useka cyane, ariko iyo ijipo cyangwa ipantalo icice ku cyibuno ntibyoroshye gukomeza urugendo! ibyo rero bigaragaza ko hari ingingo zikennye icyubahiro, ziba zikwiye kwitabwaho kurenza izindi, ariko ntibivuze ko ziba zidafite umumaro!

NTAMUNTU WO GUTA, KUKO IMANA NIYO IMUHA KUBAHO: ABAROMA 14:13

Nubwo imitima yacu usanga yibona ibirenze uko dukwiye kwitekereza, bigatuma usuzugura cyangwa usuzugurwa n'abandi, ntibikwiye. kuko Imana niyo yonyine ifite impamvu yagushyize aho uri aho, ahubwo buri gihe ukwiye kumenya icyatumye ihagushyira kugirango ubashe kugira akamaro mugihe cyawe.

Usanga mw'itorero abantu batandukanyije impano, umuhate,ubwitange,umurava no gukunda itorero, ibi ndababwiza ukuri ko birutanwa. yewe n'imico usanga itandukanye, aho usanga bamwe baruhanya mubintu runaka abandi aribo bashimwa. ariko nagiye mbona iyo witegereje neza buri muntu afite umumaro kandi ukomeye!

umuntu agizwe n'ibice byinshI Ariko reka twivugire kuri ibi bigaragarira buri mwe wese, Nk'amaso,amatwi, amaboko,ibirenge,n'ibindi....hari ibyo turata ndetse biduhindukira uburanga, ariko hari ibyo tutarata biduhindukira Isoni, ariko byose bifite umumaro ukomeye. aho usanga ibidutera isoni ahubwo bifite urushaho gukomera nubwo biba bibuze icyubahiro. nibwira ko ariyo mpamvu buri muntu wese agira ikigomba kumucisha bugufi kuko ubaye ufite akamaro kenshi warangiza ntucishwe bugufi wakwiba uko byaba bimeze!

"Ibyo wishimiye ubiratira bose ariko icyo utishimiye nicyo kikwibutsa ko uri umuntu nk'abandi bigatuma uca bugufi"

Nuko rero tumenye ko nubwo dutandukanyijwe n'impano nyinshi turi ku mubiri umwe, bitubere imbaraga no kutifata uko tutari. buri muntu wese ashyire imbere mugenzi we, kuko ingingo zose zigiranira umumaro kandi zikwiye gusangira icyubahiro ndetse n'isoni kuko ziri kumubiri umwe.

Iyo umuntu bamwitegereje bakamwita ko ari mwiza, baba bafite ibyo barebye bigaragarira amaso ariko intege nke ze zishyirwa muri ako kazitiro ko gushimwa zigashimirwa hamwe n;ingingo nziza!

1abakorinto 12:21

Ijisho ntiribasha kubwira ikiganza riti "ntacyo umariye" cyangwa ngo umutwe ubwire ibenge ngo "ntacyo mu mariye" ahubwo biri ukundi rwose," ingingo z'umubiri zizwi ko ari izi intege nke hanyuma y'izindi ni zo zo kutabura.

Kandi izo kumubiri zizi ko ari izi icyubahiro gike nizo turushaho kwambika icyubahiro, kandi ingingo zacu ziteye isoni nizo zirushaho Gushimwa. nyamara izidateye isoni ntizigomba kwambikwa. ariko Imana yateranije umubiri hamwe. urugingo rukennye icyubahiro iruha icyubahiro kuruta izindi kugirango umubiri utirema ibice ahubwo ingingo zigirirane.

"urugingo rumwe iyo rubabaye ,ingo zose zibabarana narwo,cyangwa rumwe ruhawe icyubahiro,ingingo zose zishimana na rwo"

Ese wowe ujya ubabarana n'abandi, cyangwa se ujya wishimana n'abandi? ijambo ry'Imana rimbwira ko turi ingingo za Kristo twese nk'itorero turi ingingo zikwiye kugirirana umumaro.

waba ufite Impano igaragara cyangwa iyo abantu bose batabona, waba uzwi cyangwa utazwi, uhawe icyubahiro, cyangwa wabitswe, dukwiye kumenya ko Imana yadushyize mw'itorero ryayo kubw'umugambi wayo. ntukwiye rero kwisuzugura cyangwa ngo usuzugure abandi kuko ingingo zose zifite umumaro mw'Itorero ry'Imana!

iyo bitabaye ibyo abantu bambura icyubahiro ingingo zigikennye, mw'itorero ryawe harimo ingongo zikenye icyubahiro, hariho nizo gushimwa ariko zose zifite umumaro ku mubiri wa Kristo ndetse no mw'itorero.

buri muntu Ye kwizirikana ubwe ahubwo azirikane n'abandi.!

Ndabakunda!

Saturday, 2 August 2014

IGIHE IBIMENYETSO BY'IMANA BISA N'IBYO ABAKONIKONI BAKORA! UMWANA W'IMANA YITWARA ATE? By M.Gaudin

Kuva: 8:14

Abakonikoni bagerageza gukora batyo, barogeshereza uburozi bwabo kugirango batere inda ntibabibasha, inda zib kubantu no ku matungo, Abo bakonikoni babwira farawo bati "Ibi byatewe n'urutoki rw'Imana"

Munsi yanone huzuye ibikorwa bisa n'iby'Imana, huzuye ubuhanuzi, ibitangaza, huzuye ubutunzi,huzuye abana, abagore batabyara barabyara n'ibindi  bitangaza byinshi bigaragarira Amaso, Yewe hasigaye havuka n'ibyo tutari tumenyereye kubonesha amaso yacu, huzuye kiriziya, n'isengero, abagira neza batandukanye n'ibindi........!

Ibi byose iyo biba abantu bamwe barushaho gukamuka, no kutizera Imana kuko baba bibwira bati niba, ibyo abakozi b'Imana bakora n'abapfumu bakabikora bitaniye he?
igihe kimwe Mose ajugujya inkoni hasi, maze abakonikoni nabo bagenza uko maze haza inzoka nyinshi. hanyuma yaje kurambura inkoni ku mazi ahinduka amaraso, abarozi n'abapfumu ba farawo nabo bakora ibisa bityo.....Bene Data hariho urubyaro Imana itanga! ariko hariho n'ukura urubyaro mu bapfumu n'abarozi. hariho amafranga Imana itanga,nayo abarozi baguha!
Niba ubonye abarozi bakora ibisa nibyawe, ikkurengera nukumenya isoko yaho ibyawe biva! ntakindi cyagukomeza umutima keretse kumenya ko Uwiteka ariwe mbaraga zawe kugeza igihe azakurengera!

Nubwo Mose yakoraga ibitangaza, ariko nawe byaramutangazaga kubona abapfumu bakora ibisa nibyo akoze kandi badakorera Imana ariko ntiyayiretse ngo avuge ati Imana zose zirahwanye kuko yari azi ko hari igihe Imana izatangira gukora Ibitiganwa.
Nubwo ujya ugerageza gukora ibintu,ukabona abatizera Imana nabo babonye inyungu nk'iyawe, bikaba byagutera kwibaza uti ese kuki ntibera usanzwe, wihangane kugeza igihe Imana izazana itandukaniro muby ikora! hari ibidakorwa na Mose ahubwo byakorwa n'ukuboko kw'Imana gusa.

Igihe cyarageze rero hatera inda mu bantu no mu matungo, maze abakoni koni bagerageje birananirana! ndakubwiza ukuri ko hari aho bizagera abigana Gukizwa, bikabananira kuko Hari icyo Imana izaba yakoreresheje ukuboko kwayo! hari icyo Imana izagukorera kikaba kiri umwimerere kitiganwa n'Imbaraga z'umwijima!
bakundwa ubu turi abana b'IMANA, nubwo abantu bakuvuga ko witwara nkabo, utaranesha isi rwose, imbaraga ari nke ndabizi ko igihe ni kigera, Imana igakora, aho abantu bazemerako ari Imana yonyine Yabikoze. 1yohana 3:2.

Igihe cyo gukomeza kwiganwa kizarangira maze abana b'Imana batandukane n'abandi bose biyoberanya kuko bizaba byakozwe n'ukuboko kw'Imana. ndakwifuriza gushyigikirwa n'Imana murugendo rwo Kwibohora uburetwa bw'Icyaha.
hari aho umuntu akurikira Imana kubera ko ashaka ubutunzi, na satani akabukuzanira!
Hari igihe umuntu aza ku Mana yemejwe n'uko ashaka urubyaro maze yarubura akirukira mu bapfumu. ariko ndakumenyesha ko Iyo Sara ajya mubapfumu Isaaka atari kuboneka! ahubwo hari kuza undi nkuko haje ISHIMAYELI, kubera kwicira inzira! 
nawe ukwiye gutegereza Imana igakora ibimenyetso bitiganwa muri wowe, murugo, mu muryango, no mubyo ukora byose. kandi mugihe cyose ubona ibyo ubayemo n'abadasenga Imana y'ukuri babifite ntucike intege kuko Aho bikomoka si hamwe. ariko umenye neza aho ukomora ibyo ufite!

urufatiro rw'Imana ruracyahagaze, rwanditsweho ngo" UWITEKA AZI ABE'' kandi ngo uvuga izina ry'Imana ave mubidatunganye. 2timoteyo 2:19

Ndabakunda!

Friday, 1 August 2014

IBITWIKA IJAMBO RY'IMANA RIVUGWA NIBYINSHI ARIKO UKWIYE KONGERA UKAVUGA,UKONGERA UKANDIKA,........BY M.Gaudin

Yeremiya 36:27-28

Umwami amaze gutwika umuzingo, n'amagambo Baruki Yari yanditse uko yavaga mu kanwa ka Yeremiya, Ijambo ry'Uwiteka riza kuri Yeremiya riti" Ongera wende undi muzingo, uwandikemo amagambo yose yari mu muzingo wa mbere, uwo Yehoyakimu Umwami w'ibuyuda yatwitse."


Umunsi umwe, umupasitori yagiye kwigisha, maze afunguye inyigisho umuyobozi wa korali aramubwira ati pastori we, iryo jambo niryo watwigishije kuri noheri! pastori nawe n'umutima mwiza afungura aho ategurira azana irindi jambo, maze umunyamasengesho atera urutoki ati: yewe pasitori we , iryo jambo usomye niryo watumbwiye kuri pantecote, noneho pastori bimuyobeye afungura ahandi agitera amagambo ngo avuge umukirisitu ati : iri ryo waritubwirije kuri pasika!!! ibi bibera pastori ihurizo kuko abakirisitu bari bamugaye cyane ko atagira revelation nk'abandi, ati ese ndagira nte? ari wowe wagira ute?


Pasitori yigira Inama ati ngaho abwira umunyamasengesho ati dusengere tubone gutangira: agitangira ati Mwami Yesu, turagushiimye pastori aramukomanga ati ese wowe ko utangiye uko uhora utangira? abwira umuririmbyi ati turirimbire indimbo imwe itwinjize mu mwanya wo kumva ijambo, maze umuririmbyi atera indilimbo yari yabafashije muri icyo cyumweru, Pasitori aramubwira iyo wayirirbye ku cyumweru, kugeza aho bose baje kumenya ko bakwiye kwemera Imana ikavugira mubyo yateguye naho byaba bigaragara nkaho bisanzwe byumvikana!

ikibazo si uko uko umaze igihe ubyumva ahubwo wakwibaza uti ese iri jambo rigarutse narakiranutse ku bwaryo? abantu benshi bameze k'umwami w'ubuyuda, watwitse ibyanditswe mu muzingo, ndetse birengagiza kumva ibaburira! ariko kuko Imana ari inyembabazi ntibareka ahubwo ishyiraho abantu bahora basubiramo ibyavuzwe nayo ibihe byose.

Yeremiya 36:27-28

Umwami amaze gutwika umuzingo, n'amagambo Baruki Yari yanditse uko yavaga mu kanwa ka Yeremiya, Ijambo ry'Uwiteka riza kuri Yeremiya riti" Ongera wende undi muzingo, uwandikemo amagambo yose yari mu muzingo wa mbere, uwo Yehoyakimu Umwami w'ibuyuda yatwitse."

Muminsi ya none abantu baragenda bananirwa kuvuga ubutumwa kubera gucika intege, abandi bati ese ko tuvuga abantu ntibahinduke Umubwiriza 11:5 , abandi ntibabona impinduka ako kanya kuko Ijambo ribibwa ku cyumweru kimwe rikibagirana mu kindi.

Bene Data mukorera IMANA ntidukwiye gucibwa intege cyangwa ngo twumve ko ubutumwa tuvuga bwarengeje igihe. Ubu abantu beshi bahangayikishwa na REVELATION nyinshi, aho abantu basigaye baseka utazanye indi revelation. ibyo bisa naho ari itotezwa rikorwa n'abamva aho baba bashaka kumva ibishya aho kwemera guhindurwa nibyo bumvise!

Wakwibaza uti ese ibyo numva bijya bimpindura? cyangwa mbanishakira kumva ibishya? iyo bimeze bityo umuntu ntaba acyumva ijambo ry'Imana nk'Ijambo rya muhindura ahubwo aba aryumva nk'Ijambo rigezweho nk'amakuru ashyushye. 

ariko Ijambo rivuzwe rikwiye kujya riguhindura kuko uba urihaye umwanya, bene  Data hari amagambo Imana itazareka gusubiramo, uko byamera kose! kuko ibona ko uko iyavuze twihutira kuyatwika no kuyibagirwa mu mitima yacu! ariko rero ntimwishuke, uwumva Ijambo ntaryumvire ameze nk'uwirebera mu ndererwamo yarangiza akibagirwa uko asa!

IRI JAMBO NIRYO GUSUBIRWAMO KENSHI'' NK'UKO IMANA YAKUNZE ABARI MW'ISI BYATUMYE ITANGA UMWANA WAYO W'IKINEGE KUGIRANGO UMWIZERA WESE ATARIMBUKA AHUBWO AHABWE UBUGINGO BUHORAHO'' Yohana 3:16

Uwigishwa Ijambo ry'Imana agabane n'umwigishwa ibyiza byose'

abagalatiya 5:6

gukora ibyo usanzwe ukora, uvuga,wigisha ......kubw'Imana si bibi kuko Imana ishaka ko abantu bose bakizwa! Ongera wandike, Ongera ubwirize, Ongera uririmbe, Ongera Witange, kuko hari benshi bakeneye ibituruka Ku Mana binyuze muri wowe!
Ijambo nabasubiriramo uyu munsi niri : 1John 3:2-3

1."Bakundwa ,ubu turi abana b'Imana ariko uko tuzamera ntikurerekanwa.icyakora icyo tuzi nuko Yesu niyerekanwa tuzasa nawe kuko tuzamureba uko ari.NB 3 Kandi ufite ibyo byiringiro muri we yiboneza nkuko uwo aboneye.

Ndabakunda!


Thursday, 31 July 2014

UBA WARAPFUYE, WONGEREWE IGIHE CYO KURIRIRA UBUGINGO BWAWE NO KUBUBITSA YESU! BY M.Gaudin


Abacamanza: 11:36

"Aramubwira ati  Data ubwo wahigiye imbere y'Uwiteka mpigura nk'uko wahize, kuko Uwiteka yaguhoje ababisha bawe b'Abamoni." Nyuma uwo mukobwa abwira se ati: Unyemerere icyo ngusaba: Ube undetse amezi abiri Ngende Manukkane mu misozi nabagenzi banjye, Ndirire ubukumi bwanjye." Se aramusubiza ati "Genda."

Uruhushya uhawe rwo Kurama, rwo kubaho Iminsi yanone urateganya kurukoresha iki? abantu benshi nubwo tugenda ariko Twese duhuriye ku kintu gisa naho ari kimwe, twese uruhushya dufite mw'isi ni urwo kuririra ubungingo bwacu kugirango Imana izabwakire ari buzima!

ubu urebye abo mungana bamaze gupfa ni benshi, kandi nabo bari bafite Imishinga myinshi bibwiraga gukora! bamwe bateganyaga kwiga, kubaka ingo,kubaka amazu, n'ibindi ariko byose nubwo babiteganyaga byahuye ko uruhusa bari bafite rwashize maze igihe cyo kuva mw'isi kibagereraho!

Mwene Data umukobwa wa Yefuta akubere urugero kuko ntituri abacu ngo twigenge, ahari Imana igukeneye uyu munsi cyangwa ejo naho yaguha imyaka 10,50,100 yose yakabaye uyikoresha cyane cyane mu kuririra ubukumi n'ubusore bwawe,(UBUGINGO BWAWE) si igihe cyo kwiyicisha ibiyobyabwenge! 

uyu mukobwa ahari yari gufata ibyemezo bibi nk'ibyo tujya dufata mubuzima, mugihe tubona twahawe umwanya wo kwitegurira Imana! ahari yari kwanga ababyeyi be, cyangwa agatuka Imana! ariko we yahisemo kwemera ko Se amutambaho igitambo. ibi rero bikwiye kuguha isomo ry'uko igihe uzagendera ntuba ukizi, kuko nubwo yahawe amezi abiri ntibyakuyeho ko igihe kigera agatambwa. 

nawe ushobora kuba wibwira uti sindwaye, ndakomeye ariko mukobwa wa Yefuta ntiyari arwaye, yewe habe n'igicurane, bitwereka ko abapfa si abakora accident, abarebye n'abarwaye indwara zikomeye ahubwo buri muntu wambaye umubiri ni umukandida w'urupfu kuko igihe utazi cyangwa uzi kizagera uve mw'Isi.

uwaba umunyambwenge rero yakwita kw'ihererezo rye!  ndakwinginze niba utarakira Yesu Kristo nk'Umwami n'umukiza, umwemerere kuko ntariindi zina twahawe dukirizwamo keretse we kuko ijambo ry'Imana ribwira ko Ubwo Yazutse abapfiriye muri we bazazuka! kandi urupfu rwa kabiri ntacyo ruzabatwara kuko Azababera itsinzi.

IGIHE DUFITE TUGIKORESHE NEZA, Kuko twese dusa n'abahwe amezi abiri nkaya mukobwa wa yefuta! ntiwirare rero ahubwo uhore uzirikana guhamagarwa kwawe kugeza igihe Yesu azazira.

Ndabakunda!

Wednesday, 23 July 2014

ESE IBYO IMANA IGUTEGEKA NIBYO UKORA CYANGWA IBYO YESU AGUSHOBOZA NIBYO UKORA? BY M Gaudin


Matt:14:28

Petero aramusubiza  ati mwami niba ari wowe, untegeke nze aho uri ngendesha amaguru hujuru y'amazi''

nkuko muminsi yanone usanga abantu benshi bagira bati nukuri ntegereje kumva ibyo umwami Yesu antegeka, akenshi natwe tubanza kugira tuti niba ari wowe koko! ugasanga aho gusaba neza dusaba nubundi ibyo tudashoboye gukora kuko buri gihe iyo usabye itegeko igikurikiraho ni ukuryica kuko usanga ntambaraga ziri mugukora iby'iryo tegeko!

gusaba neza ntako bisa beshi bagiye basaba ariko petero aha asaba asa naho ashidikanya ndetse asaba agaragaza ko afite ubushobozi bwo kumvira amategeko, nikoko iyo umuntu wese ategetswe agerageza gukora ariko ibyo ntibivuga kubisohoza rwose! ariko twamenya gusaba neza byajya bidufasha gukomezwa no kugera kcyo dushaka cyose kuko imana ibasha kudufasha buri kimwe kandi habayeho ubuntu bukwiye bwatubashisha gukora kudushoboza gukora ibyo Yesu adutegeka!

hari undi muntu wegereye Yesu ati mwami Washaka wabasha kunkiza, uyu Yesu yaramubwiyte ngo ndabishaka kira, mpamya ko na petero iyo asaba ati washoboza kugenda kumazi nagusanga! buri gihe rero usanga turwana no kutemera intege nke zacu tuti ahari umwami nagira ibyo adutegeka tuzabikora nyamara iyo yumusabye kudushoboza, kubw'ubuntu bwe tubasha gukora iby'ubutwari no gukurikiza ibyo adusaba tudafite gukiranuka kwacu ahubwo kwe! mwene Data wasanga ugira uti Yesu avuze ati reka iki ukumva aribwo wakireka! ariko ukwiye gusenga Imana ikagushoboza kuko wowe gusba amategeko ntibikorohera kuyakomeza ahubwo iyo uyahawe urushaho kugaragaza imbaraga nke mukutayabasha kuyasohoza.

si igihe cyo gusaba ko ubona itegeko rikubwira ngo reka iki, kora iki, cyangwa ujye ugira utya nutya ahubwo n'igihe cyo gusaba Imbaraga zo gushobozwa kubaha Imana no kubaha ibyo yahamije kandi muri byose mpamyako, atari Yesu ntacyo twakwishobozwa kuko niwe uduha Imabaraga nkuko mu abafilipi 4:13 nshobozwa byose na Kristo umpa imbaraga.

Ndakwinginze ngo ibyo umaze Iminsi ushaka guhindura kubw'imbaraga zawe ukwiye guhindura ukabwira Yesu akagushoboza kuko nibwo uzabona gukiranukira Imana gutunganye rwose.

Usoza iyi nkuru ubona ko petero amaze gutinya umuraba agatagira gutebera mu mazi Yesu yamufashe ukuboko bakagendana ku mazi kura bageze mu bwato, aho petero yari aturutse, ariko murugendo rugana aho yesu yari Petero yarateberaga! matt 14:32

Ndabakunda!

Monday, 14 July 2014

IGIHE ABAKUNZI B'IMANA BABONA ABIBONE ARIBO BANYAMAHIRWE NDETSE ABANYABYAHA BAKOMEZWA! By M.Gaudin

Malaki: 3:13 

Amagambo mwamvuze yari akomeye, ni ko uwiteka avuga, nyamara murabaza muti Twakuvuze iki? Mwavuze ko gukorera Imana ari Nta mumaro, kandi muti'' Byatumariye iki ubwo twitonderanga amategeko yayo, tukagendera imbere y'Uwiteka Nyiringabo twambaye ibyo kwiirabura?Noneho abibone  nibo Twita abanyamahirwe, ni koko abakora ibyaha barakomezwa ndetse bagerageza Imana bagakizwa''

Buri gihe abantu iyo bakorera Imana, baba basa n'abandi bose, mubigaragarira amaso baba bahuje ubuzima bwa buri munsi, bakenera bimwe kuko Imana igira iti" nzi ko ibyo abanyabyaha bakenera namwe nibyo mukenera( needs) usanga twese dukenera kurya,kwambara, gutura mu mazu meza, gugendera mu mamodoka, kwigisha abana mu mashuri meza.........ariko hari igihe kigera abantu b'Imana bakibaza ibibazo nk'ibi! ndetse bakaba babivuga biherereye cyangwa bari kumwe n'abandi! ibi rero Imana kuko ifite ugutwi ko kumva abagaragu bayo bayivuga amagambo atandukanye yaba ayo kuyishima cyangwa kuyigaya, n'Imana ijya yumva aho bayiganira ariko igahumuriza Imitima yibaza bene ibi bibazo kuko n;Imana izi ihererezo ry'abayikorera n'abatayikorera, abayumvira n'abatayumvira kandi n'Imana idahutiraho guhana ahubwo ishaka ko bose bakizwa 1timoteyo 2:3

igihe cyose abakozi b'Imana bagize uburibwe batewe n'ibibazo byaba iby'ubukene cyangwa ibindi usanga ibibazo bibaza bisa naho hari ikintu bashinja Imana, kuko bamwe bagira bati twasize ibyacu, abacu turagukurikira, yewe usanga Imana ntamuntu ijya ihamagara adashoboye gukora kuko gukorera Imana nabyo ubwabyo bikomeye ndetse kurenza gukorera abantu. abantu iyo ubakoreye baraguhemba, ariko gukora Imana n'i ugukorera abantu ukazahembwa n'Imana. iabaze rero nawe kuba ukorera abantu badashima, bitotomba, batanyurwa n'ibyo wabakorereye rimwe narimwe ugasanga nibo banakubwirako wabuze ibyo ukora kuko ukorera Imana gusa. wowe mukozi w'Imana wabaye uwo gushungerwa no gutukwa kubera ko ukorera Imana usanga rimwe narimwe wibaza uti ese Mana kubera Iki aba bansuzugura, aba bandusha ubutunzi n'iboindi,,,,,kugeza aho utangira kureba Abibone uti nibo banyamahirwe, n'abanyabyaha uti nibo hahiriwe!

Ariko uriho usoma Iyi nkuru ndabizi ko ahari nawe wanjyaga wumva ari ko bimeze, ndetse wumvaga Imana igihamagaye utakwemera cyangwa se ukumva ntanubwo wabyifuza nubwo Kubyifuza ari ikintu kiza. kuko ijambo ry'IMANA rigira riti uwifuje gukorera Imana aba yifuje ikintu kiza, gusa Imibereho y'abakorera Imana ugasanga abantu bayitiranya no kubaho  nabi n'ibindi, ibyo aribyo bituma abantu bakwibaza ko abibone aribo banyamahirwe! 

ntihakwiye kuba igereranya hagati y;abakozi b'Imana n'undi wese, yewe wumva warahamagawe n'Imana ufite itandukaniro n'Isi kuburyo mutanjya mw'igereranywa rimwe. wowe uri u w'Imana bwite.

ndashaka kukwereka iherezo ry'abakorera Imana n'abatayikorera, aha Imana igira iti: Bazaba abanjye umunsi nzakoreraho, bazaba amatungo yanjye bwite, malaki 3:16-18 ''NZABABABARIRA NKUKO UMUNTU ABABARIRA UMWANA WE UMUKORERA''

Bene Data mukorera Umwami mutaryarya nubwo bimeze bityo mwifitiye isezerano ry'Imbabazi kuko Imana ariyo ibasha kubabarira abana bayo. ntamuntu uriho wabona ikiguzi cy'Imbabazi. ijambo ry'Imana rigira riti bose baracumuye ntibashyikira ubwiza bw'Imana, ariko igihe Imana izatanga imbabazi nibwo abantu bazamenya itandukaniro hagati y'abakiranutsi n'abanyabyaha, hagati y'abakorera Imana n'abatayikorera.

Ntidukwiye kugera abakozi b'Imana kubyo batunze cyangwa ubukire n'ibindi ahubwo dukwiye kwibaza imbabazi bazagirirwa n'umwami Imana igihe azaba aje gukoreraho! zaburi 89:29-38

Ndakwifuriza kuzabona Imbabazi ze ibihe byose nkazimwe yasezeranije Dawidi n'urubyaro rwe kandi n'Ibindi byose azi ko ubikeneye azabiguhera ubuntu kuko niwe ufite isi n'ijuru mubiganza bye. subiramo imbaraga umutegeze wihanganye. kuko abava mu masezerano nta mpamvu nibo bazakorwa n'isoni gusa.

Imbazi zibe kuri mwese mukorera umwami Yesu mutaryarya.

Ndabakunda.

Sunday, 6 July 2014

KWIBUKA KO WAREMWE BITERA IMBARAGA ZO GUTEGEREZA IMANA! IMANA IGUFITEHO UMUGAMBI.

YEREMIYA 1:5 

''Nakumenye ntarakurema mu nda ya nyoko kandi nakwejeje utaravuka, ngushyiriraho kuba umuhanuzi uhanurira Amahanga''.

Hari ubwo umuntu yicara akibaza umugambi Imana imufiteho, ndetse agashaka no kuwumenya, ariko muri byose nuko Imana ubwayo ariyo yavuze ko ikuzi mbere yuko ikurema. Ibi yabibwiye yeremiya nubwo yashidikanyije ntibyakuyeho ko Imana Imukoresha ibikomeye.

Ibyo wanyuzemo urabizi kundusha, iyo ibikomeye biba byica ntiwari gusigara kuko uzi ibyo wahuye nabyo, yewe niyo intambara, amarozi,n'ibindi biba aribyo byica ntuba ukiriho. ahubwo umuntu wese atabaruka iyo Imana ishyize iherezo kucyo yamuzaniye mw'Isi y'abazima.

Ahari hari gihe wibwira uti ubuzima buragoranye , yewe simbayeho nk'abandi ariko wibaze ko abapfa bakiri abana baticwa nuko batabyariwe mubitaro kuko n'ababyariwe mubitaro muzi byaba bikomeye haracyagaragara abapfirayo. ndagira ngo wizere Imana yakuzanye mw'Isi ifite Umugambi munini kuri wowe kuko niba yarakumenye mbere yo kukurema izi nanyuma hawe, nyuma yo kubaho, ntukwiriye rero kwiheba ahubwo ukwiriye guhora uyihanze amaso.

Ibyananiye abantu bishobokera Imana, kuko Imana yakuzanye mw'isi igufiteho umugambi munini, niyo ibasha kukurinda, kugukomeza no kuguha ibikenewe niyo byaba bidahagije ariko bikenewe kugirango utegereze icyo Imana yagushyiriye kw'isi. Hariho abafata ibyemezo byo kwiyahura kandi n'ubundi igihe cyawe cyo gupfa nikigera naho waba uryamye, urya, cyangwa utarwaye uzasezera isi ugende kuko niba Imana yarakumenye kera nukuvuga ko kera wariho kandi wari ufite aho wabaga ,nanyuma yaho ifite ahandi izakujyana kandi muri byose nuko ifite imbaraga zo kurema!

Kwibaza iby'ejo nubwo bigaragara ko umuntu yiyemeje kutabireka Imana yo ihora Imubwira iti ntukiganyire iby'ejo, kuko Imnaa niyo izi ejo hawe, kandi buri munsi ufite ibyawo byaba umubabaro cyangwa umunezero.

Mwene Data uko biri kose hariho umugambi w'Imana mubuzima bwawe, iki si igihe cyo kubura ibyiringiro ahubwo n'igihe cyo kumenya ko Imana yakuremeye umugambi wayo kandi iwukomeyeho kuko niyo mpamvu ukiriho, ibyo byonyine binyemeza ko Imana ikigufitiye umugambi kuko iyo bitaba ibyo ntuba ugitera akuka, ikindi kandi Imana ibasha no kuzura abampfuye naho wampfa wazurirwa gukora icyo Imana yakuzaniye kw'isi.

Imana yacu n'Imana ibeshaho, n'Imana ishobora kuzura umuntu ariko icyo yamushyiriyeho kigakorwa, ntutinye rero , uko byaba bimeze kose hariho ikizere cyo gukomerezwa gukora Umugambi w'Imana. komera kandi utegereze Imana ibyo bizagukomeza kandi bizakubera imbaraga zo gutegereza Igihe cy'Imana. 

Buri gihe nujya wibuka ko waremwe n'Imana bijye bikwibutsa ko Ariyo iguhagaritse mw'isi y'abazima, niyo izasohoza umugambi wawe kw'isi kandi niyo  igifiteho ububasha bwose, ntukagire ubwoba ubwo aribwo bwose ahubwo wowe uhore uyubaha nayo Iziyubahisha muri wowe.

Ndabakunda!


Thursday, 3 July 2014

IBIBAZO BIKUNZE KWIBAZWA N'URUBYIRUKO RUSHAKA GUKURIKIRA INZIRA YA YESU, WOWE WIBAZA IBIKI?


1.Ese Imana ni ubutatu? Imana Data, Imana mwana, Imana Mwuka wera. 

Iki kibazo usanga gikunda kusobanurwa ngo ni amayobera matagatifu, gusa bisa naho abantu baba bahejejwe murujijo kuko ntago Imana yigeze yifuza ko abantu baba murujijo.

kugirango wumve ubutatu bw'Imana ukwiye kuba uri umuntu wabasha gusobanukirwa nuko Imana ariyo mugenga wa byose, ikindi ko ifite ububasha bwose bwo gukora,no gutuma ibyo utazi biba kuko ari Imana.

Imana Data: Mariko 1:11
Imana Mwana Mariko 1:9-10
Imana Mwuka Mariko 1:10

usomye neza wumvamo imikorere y'Imana muri iki gihe kuko niko yabishakaga, nigeze kuganira n'umuntu arambwira ati mwe abarokore mwemerako Imana yabyaye Yesu? Nda mubwira nibyo Yesu Ni Umwana w'Imana! ati ese birashoboka ko Imana ibyara ? numvise ntakindi cyo kumusubiza uretse kumubaza ikindi kibazo najye nti: Imana yabashije kuturema ibyaye yaba ntaburengazira ibifitiye? 

Bene Data dukwiye gusobanukirwa n'ububasha, ubushobozi bw'Imana mu mikorere yayo.

2.Ese Kubatizwa ndi umwana Imana irabyemera? 

sinibwira kubatiza abana ari itegeko cyangwa amabwiriza yavuye ku Mana. ariko Ijambo ry'Imana rimbwira ko Yesu yagize ati Mugende mubwirize abaremwe bose ubutumwa bwiza, abemera mubabatize!

Imana ntifite ikibazo cy'abantu bake ngo ibe ifashe abana bazakure kuko niyo yabaremye, ariko yifuza buri muntu Yemera Kristo atabihaswe ahubwo umutima Umwemeje, akabihamirisha ikimenyetso cyo kubatizwa. niba rero warabatijwe uri umwana, ndibaza nti ese wigeze uhabwa umwanya wo gukora ibi: ABAROMA 10:9-10

nibyiza kumenya neza udashidikanya ko wabaye umwan w'Imana koko, kuko niba utazi igihe wemereye Yesu nturi mubamwemeye ndetse ntiwigeze ubyatuza akanwa.

Hariho intambara uko umubatizo atari umwe mu bitwa aba Krsito, Gusa mu bakristo umubatizo numwe kandi urasa, ni Umubatizo w'amazi meshi, si igikombe bagusukaho! hari na za theologiya zigishako bashobora kubatirisha umucanga ngo iyo amazi yabuze! ariko ibyo ni ubuyobe, kuko UMWUKA,AMAZI N'AMARASO. N'ibyo bitatu bizwi n'Ijambo ry'Imana. 1YOHAN 5:8 Mwirinde inyigisho zo gusibanganya ibyo twizera!

bavugabutumwa, ntago Yesu yigeze abatuma kubatiza, ahubwo yabatumye kubwiriza, hanyuma kubatiza bikwiye gukorwa uko Yesu yabivuze, aho kwihimbira inyigisho zituma n'agakiza gahinyurwa. nutabona amazi ntawe uzaguseka ko utabatije, ariko nubona amazi ntuzabure kubikora 
ibyakozwe n'intumwa 8:36

3. Ese inzoga ni icyaha?

Iki ni ikibazo abantu benshi bibaza cyane abakrsto, aho usanga bamwe babishingiraho babona abayoboke kuko batababuza kunywa inzoga! ariko kunywa cyangwa kurya iyo Imana itangiye kubivugaho, ireba ingaruka bitera niyo mpamvu hatabaho UMUSINZI nta Nzoga.

Ubusinzi n'icyaha kandi Imana yanga urunuka, sinibaza ko ababaza ko Inzoga cyangwa itabi ari bibi bazi icyo kuba insengero z'Imana bivuga? ariko niba koko nawe wajyaga ubyibaza uze Gusoma hano YESAYA 5:11-18-20-22,  ibi nkubwira si Ukugirango nkucire urubanza ahubwo ni ukugirango urebe ukuntu ukeneye Yesu ngo akubohore. Kuko nta musinzi uzaragwa ubwami bw'Imana.

4.Ese gukundana n'abantu batandukanye n'Icyaha?  

Mugihe cya none usanga abantu benshi bakora amasezerano n'abagenzi babo, tuvuge ko mwirinze ubusambanyi, ariko se wibwira ko marriage ari ugusambana? oya kuko iyo biba ibyo indaya ziba zubatse ingo nziza.

Imana iziko dukeneye abagabo n'abagore, ariko ikibazo ikubaza buri gihe n'iki: uzakomeza isezerano wagiranye nuwo wabwiye y'amagambo?

niba uri umusore ukaba umaze gukundana n'abakobwa barenze umwe ufite ibintu biteye bitya

-ubuhehesi
-ubusambanyi
-irari
-kwifuza
-Kutanyurwa

Birashoboka ko wakunda umugore wo mubusore bwawe ntuzigere umuriganya rwose. ariko ibyo byose bituruka ku kuba wemereye Yesu ngo akubereye urugero rwo Gukiranuka. Umaze gutandukana n'abangahe? ese Umaze kuryamana n'abangahe? ubwo se wumva iryo sezerano wararikomeje?
Malaki 3:15-16

5.Ese Umuntu ahitamo uwo bazashaka bate ate?  

Ubu abantu beshi bategereje abahanuzi, cyangwa inzozi, ngo bibabibwire abo bazashakana, ingo zirasenyuka buri munsi kubera ubuhanuzi n'imitima yararikiriye ubuhanuzi. ariko ntakintu na Kimwe Imana izasimbuza URUKUNDO hagati y'abashakana kuko nicyo Ihana agaciro. niba urugo Rwanyu rutubakiye k'urukundo rw'Imana , ndagirango nklumenyeshe ko mwubatse k'umusenyi kuko Imana irabizi ko ibindi byose bishobora gushira, Keretse urukundo.

Icyubahiro cyirashira
Amafranga arashira
Umubyibuho cyangwa kunanuka birahinduka
guhanura, kuvuga indimi n'ibindi birashira......

Bene Data musenga niba ntarukundo rukurimo kwirirwa ushaka umugore ngo nuko Imana yavuze, bizakuviramo kujya ugira uti NI umugore wampaye Mana! cyangwa uti muhanuzi, bene Data ubuhamya bw'abantu bahanuriwe abagore bazashaka si ihame kuri bose, ariko Urukundo ni ihame kubahanuriwe no kubatarahanuriwe. 

Uwo muzashakana ukwiye kuba Umukunda, kuko niba urukundo rw'Imana ruei muri wowe ruzareshya undi ufite urwo rukundo muri we. 1abakorinto 13:1-8

NB: ibyo nkubwiye aha ntibikuraho ijwi ry'Imana, ariko mugerageze ubuhanuzi bwose ko bwaturutse ku Mana kuko na Satani ajya yigira malayika w'umucyo. ikintu cyose kidahura n'inyigisho yo kubaha Imana ntimukacyemere.

urugero: umuhanuzi akubwiye ati uzace inyuma umugabo cyangwa umugor wawe nibwo Imana izaguha urubyaro! ibi ukwiye kubanza kumenya icyo Imana ivuga ku guca inyuma umugabo wawe kuko Satani azi ijambo ry'imana kandi ajya aricurikira kuyobya abantu.

Ushobora kuba hari ikibazo ushaka kutubaza cyangwa inyunganizi: 
email : chfhgaudin@gmail.com
newseed4jesus@gmail.com







ESE KOKO NIHAGIRA ABAZUKA BIZATUMA ABANTU BAHINDUKIRIRIRA IMANA? by M.Gaudin


Luka 16: 29 Aburahamu aramubwira ati: Bafite Mose n'abahanuzi, babumvire.'Nawe ati oya sogokuru Aburahamu, ahubwo nihagira uzuka akabasanga bazihana.' Aramubwira ati: Nibatumvira Mose n'abahanuzi, Ntibakwemera naho Umuntu Yazuka.''

Muminsi Yanone hagenda humvikana abantu batanga ubuhamya bw'uko bapfuye bakazuka, abandi bakavugako bageze ikuzimu ndetse abandi bakavuga ko bageze mw'ijuru! ibyo byongeraho abahamya ko babonekewe na Maliya nyina wa Yezu....Ariko ibyo byose wakongera ukibaza uti ese hari icyo bihindura kubabyumvise? uko biri kose Imana ifite uburyo bwinshi bwo gukora, ariko uburyo Imana yishimira kuruta Ibindi n'Ijambo ryayo!

Ibyahanuwe n'amategeko byose bisohorezwa mw'Ijambo ry'Imana, Ijambo ry'Imana rigaragaza neza ko Ibyanditswe byera byahumetswe n'Imana, bigira umumaro wo kutwigisha, kuduhugura, kuducyaha, no kuduhanira gukiranuka. kandi nibyo bisobanura Mose n'abahanuzi kuko ayo ni Amagambo Imana yanyujije mubantu bayo ngo biduhugurire ku menya no kubaha Imana bikwiye!

ESE KOKO UBONYE UMUNTU WAZUTSE NIBWO WA KWEMERA IBYO IMANA IVUGA?

Abantu benshi ntibakunda Imana ahubwo barayitinya, niyo mpamvu iyo babwiwe amakuru ateye ubwoba nko gushya no kuribwa n'inyo no kubabara bikabije bumva bahindukirira Imana! ariko Imana yo igaragaza neza ko ibyo wakora ntarukundo ari impfabusa mu maso yayo, nibwira ko urukundo ukunze Imana rutuma ukurikiza ibyo ikubwira, wubaha Ijambo ryayo muburyo bukwiye kuko urukundo ukunda Imana ruzakubera itegeko ryo kubana nayo.

Iyo ukijijwe kuko ubonye umuntu wazutse, ntuba wumviye Imana ahubwo uba utinye kuzahura nibyo wumvishe avuga, Imana ntiyaje kuducungurira kujya mw'Ijuru cyangwa kujya mu muriro yashakaga ubusabane bwacu nayo nkuko byari mu mugambi w'Imana imigani 8:31 

Mwene Data birakwiye ko urukundo Imana yakunze abari mw'isi tutarusubiza kubera ubwoba, cyangwa inkuru twumvishe mubazutse cyangwa abavuye ikuzimu n'ibindi abantu bavuga kuko Imana izi neza ko  kuzuka kw'abantu kutarusha Imbaraga Ijambo ryayo, utumviye ijambo ry'Imana ntiwakumva kubw'abazutse!

Gusa imikorere y'Imana ntihagarikwa n'imyumvire y'umuntu uwo ariwe wese kuko naho bya muburiganya cyangwa mukuri kristo aramamazwa! Abafilipi 1:1

Tuesday, 1 July 2014

SATANI AFITE IBIMENYETSO BIDUHEZA MU GAHINDA..............ARIKO ABIZERA IMANA BABONA IMBARAGA ZO GUTEGEREZA UMUGAMBI W'IMANA! by M Gaudin


Itangiriro: 37:33

Arayimenya aravuga ati:''Ni Ikanzu y'Umwana wanjye, inyamanswa y'inkazi yaramuriye ntagushidikanya,Yosefu yatanyaguwe na yo'' Yakobo ashishimura Imyenda Ye, akenyera ibigunira,amara Iminsi myinshi ababaye Yiraburiye Umwana we.Abahungu n'abakobwa be bose barahaguruka ngo bamumare umubabaro,ariko yanga kumarwa umubabaro ati"Nzarinda nsanga umwana wanjye i kuzimu nkirira'' nuko se aramuririra.

Buri muntu wese agira ibintu akunda, kandi ahangaho amaso ati iki nicyo kizambera cyiza, yaba ibitekerezo, ibintu cyangwa abantu, hari igihe umubyeyi akunda umwana we nkuko Yakobo yakundaga Yosefu,hari igihe umuntu aba afite icyo yumva ashikamijeho umutima akumva akibuze yamererwa nabi!

Yosefu yakundwaga nase, kumpamvu nyinshi, Rasheli nyina wa Yosefu yakobo yamukoreye Imyaka 14 kugirango amuhabwe nk'umugeni kuko nubwo yari yasezeranye na Labani mbere, labani yaje kubanza gushyingira Leya, Umwana umwe kandi muto mubandi yakundwaga na se cyane. 

Yosefu yagiraga inzozi zikomeye se Yakobo yumvaga yosefu azakomera, kuko yari yararose inzozi zuko izuba n'ukwezi n'inyenyeri bizikubita imbere ye! ibi byose byatumaga Yakobo ashyira umutima kuri uyu muhungu muto, nibyo byatumye amugurira ikanzu nziza iruta izabandi.

buri gihe natwe ikintu dushyizeho umutima, cyane cyane iyo tuzi ko cyatanzwe n'Imana, hari igihe Satani adutera agasa nusibanganyije bya bintu byose twibwiraga ubwo guhera uwo munsi ukaba wafata icyemezo kibi cyo kwiyahura, kurira ntuhozwe,kutita kubo usigaranye,cyangwa kutagira ishimwe.

Mwene Data ahari nawe hari ibintu wamaze kwemeza ko byamfuye mubuzima bwawe, mu mibereho ndetse no mu muryango, kandi rimwe narimwe ukaba ufite n'ibimenyetso bifatika nkuko Yakobo yari afite Ikanzu y'umwana we.

Ndagirango nkubwire umugambi w'IMANA uruta cyane amarira yacu, ndetse ibyo abeshi turira biba bikiriho. mwene Data ndagirango nkumenyeshe ko ibyo uririra Imana ikibifite mu kiganza, ndakwinginze niba hari ibintu wabonaga bitagishobotse, wicika intege ngo ufate ibyemezo bibi. bwira Imana ibikugoye kuko Imana icyo yasezeranije naho cyatinda cyirasohora! kuva ukiriho ibyo Imana yavuze bizasohora utegereze kuko nyuma y'imyaka hafi 18 Yosefu yaje kuba uw'Umumaro kandi abonana na se Yakobo nubwo Iyo myaka Yose yakobo yayimaze yarafashe icyemezo cyo kuririra Yosefu kugeza apfuye. 

Ushobora kuba nawe hari ibyemezo wafashe umaze kubona, ko ubuzima bwawe busa n'uburangiye, ahari uribaza uti ubundi gukizwa byanshobokera, ndakubwira ko Uko biri kose Yesu afite urufunguzo rwa Byose mu Kiganza kandi niba atarashyira Iherezo kubuzima Bwawe wizere ko agufitiye ibyiza! 

Imana yacu iduhe kuba ariyo twishingikirizaho kuko ibasha no kuzura abampfuye, niyo Mana dukwiye kwiringira kurenza kwiringira ibyo yaduhaye! Imana iguhe kuyitegereza kandi iguhe imbaraga zo kumenya ko icyo yavuze ntamuntu wakirwanya ngo akibashe, reka umutima wawe utuze uko biri kose Imana niyo yagukiza! 

ibyo dufite byose n'iby'Imana, ntidukwiye gufata icyemezo cyo kwiyahura kuby'ibyo twahawe dutakaje, ahubwo dukwiye kugira iMbaraga zo gushikama ngo tuzakire ibyiza birushaho kuba byiza!

Ndabakunda!

Popular Posts

Featured post

When Prayer Meets Fasting, Heaven Moves by Pastor M.Gaudin

When Prayer Meets Fasting, Heaven Moves. Matthew 6:16–18; Isaiah 58:6–12 Supporting Scriptures: Matthew 17:21, Joel 2:12–13, Ezra 8:21–23...