Monday, 30 September 2019

GUSABWA ICYO UDAFITE NTIBIKAKUBUZE GUTANGA ICYO WAHAWE! By Pastor M.Gaudin

Ibyakozwe n'Intumwa 3:3-6
Abonye Petero na Yohana bagiye kwinjira mu rusengero, arabasaba ngo bamuhe.Petero na Yohana baramutumbira, Petero aramubwira ati “Uturebe.”AbÄ«taho agira ngo hari icyo bamuha.Petero aramubwira ati “Ifeza n'izahabu nta byo mfite, ahubwo icyo mfite ndakiguha. Mu izina rya Yesu Kristo w'i Nazareti, haguruka ugende.”

Mubuzima bwacu duhura nabatwifuzaho ibintu bitandukanye, kuburyo iyo tudatanze ibikenewe usanga tugira agahinda ndetse bigatuma akababaro ko kuba tudashoboye gutanga ibyo dusabwe byatubera n'imbogamizi kukuba twatanga ibyo dufite.

Ndakubwiza Ukuri ntufite ibyo abantu Bose bagusaba ariko haricyo Imana yaguhaye cyagirira abantu akamaro. Ushobora Kuba udafite Ibikewe cyane aho uri nyamara Ibyo ufite hari aho bikenewe! Ntukwiye kwitekereza nk'udashoboye bitewe naho uri cyangwa nibyo usabwa gutanga udafite! Ahubwo ukwiye guha agaciro icyo ushoboye ndetse ukagiha abo cyagirira akamaro.

Petero na Yohana ntamafranga bari bafite, iyo babona ko ntamafranga bafite gusa bari kwisuzugura ntibabashe kumuha icyo bafite. Muri iyi isi dufite abantu badusaba icyo bashaka ariko bataduha umwanya wo kubaha icyo dufite cyabagirira umumaro. Reka nkubwire ko Yesu ufite ashobora kugirira akamaro benshi bagusaba ibindi udafite. 

Ni kenshi Usabwa gutanga ibyo udafite bigatera Umutima wawe, kwirengagiza gutanga icyo ufite! Ndakwifuriza Gutanga ibirenze ibiryo, gira Uwo Umenyesha Yesu nk'Umwami n'umukiza we!

Yesu aguhe Imbaraga so gutanga icyo yaguhaye cyagirira benshi akamaro, Tanga icyatuma abantu bava murumogi, tanga icyatuma abantu bareka Ubusinzi n'ubusambanyi, Tanga icyatuma Abantu bagira into nziza. Ubuzima bwawe bugaragaze Yesu wamenye!

Ndabakunda, Mwakire icyo mbafitiye!

Pastor M.Gaudin/NJC
www.newseed4jesus.blogspot.in

Gaudin Mission International

Sunday, 29 September 2019

IMANA MUBYO TUYISABA GUKORA YEMERA NO KUJYANA NATWE! By Pastor M.Gaudin

IMANA MUBYO TUYISABA GUKORA YEMERA NO KUJYANA NATWE!

2 abami 6:1-3
Bukeye abana b'abahanuzi babwira Elisa bati “Dore aho tuba imbere yawe hatubera hato. Noneho turakwinginze reka tujye kuri Yorodani umuntu wese akureyo igiti, twiyubakire aho kuba.”Arabemerera ati “Nimugende.”Umwe muri bo aravuga ati “Ndakwinginze emera kujyana n'abagaragu bawe.” Aramusubiza ati “Yee, ndaje.”

Ni kenshi dusaba Ababyeyi bacu, Cyangwa abandi badukuriye mubuzima tukabasaba gukora Ibikorwa tudasanzwe tumenyereye, iyo batadushyigikiye bidutera ubwoba gukomeza, Yewe niyo bakubwiye ko bidashoboka wumva no kugerageza wabyihorera!

Imana ishimwe ko Iduha ababyeyi bifuza ko dukura, twaguka, tugira Iyerekwa ariko cyane cyane bishimira no kudufata amaboko! Ababyeyi cyangwa undi wese wagutanze imbere wakuboneye izuba niwe BURYA wakubwira ati komeza nizibika zari amagi. 

Kimwe mubintu bikomerera abasore bagiye gushaka nukubwira Ababyeyi ko bumva bifuza gukora Ubukwe, Ariko bisaba Courage kuko Iyo babivuze hari abantu babirwanya, hakaba nababishyigikira! Ariko Umubyeyi wese Mwiza yifuriza abana gutera Imbere yewe no gutanga ikiguzi cyose cyatuma abana baba Successful. 

Elisa abana babahanuzi bamaze kubona ko aho bari hababereye hato, bakeneye kwaguka, bakeneye kugira Initiative, bakeneye gutera imbere! Igihe cyose abantu ibibatera Imbaraga birabahenda ariko ibibaca intege birizana. Niyo mpamvu ukwiye guharanira kugira Umuntu ubera Umugisha ndetse ukamutera imbaraga zo gukora neza!

Umwana ugira amahirwe yo kurerwa n'ababyeyi bamukunda bahora bamwifuriza ko yagera Kure agakora ibyo batakoze agatunga ibyo batatunze ndetse akazagera aho batageze. Ababyeyi nibo Bantu bifuriza abana ibiruta ibyo bo batunze. Abeshi dutunze amamodoka ababyeyi bacu batagize amahirwe yo kuzitunga, Dufite amazu nyamara ababyeyi batubyariye mubukode, Ubuzima bw'umubyeyi nuguhora atera Umwete Ababa be. Imana niyo mubyeyi mukuru ujya udutera imbaraga zo gukora ibyiza naho twaba twaciwe intege nababyeyi Bach bo mwisi.

Komera numara gukomera ukomeze abandi bagukikije!

Pastor M.Gaudin
www.newseed4jesus.blogspot.in




Gaudin Mission International

Saturday, 14 September 2019

NTUGAFATE NABI UWO MUSIGARANYE, KUBERA KO UFITE AGAHINDA KU WAGUKUWEHO.BY Pastor M.Gaudin


NTUGAFATE NABI UWO MUSIGARANYE, KUBERA  KO UFITE AGAHINDA KU WAGUKUWEHO.BY Pastor M.Gaudin

1 Yohana 2:19
Abo bavuye muri twe, icyakora ntibari abacu by'ukuri, kuko iyo baba abacu baba baragumanye natwe, ariko icyatumye biba bityo ni ukugira ngo bagaragare ko atari abacu rwose.

Abantu benshi bakunze kurizwa n'abantu babanze ariko ntibahe agaciro abakibakunda, abantu benshi bakunze kwihebeshwa nabo batakaje bakirengagiza Umugisha uzanwa nabo basigaranye. Nibyo koko Uwakuvuyeho, uwo mwatandukanye Yari afite umumaro, ariko niba yakuvuyeho ntukwiye kwiheba ngo Stress itume Usa naho wirengagiza abasigaye iruhande rwawe!

Abantu batuvamo muburyo bwinshi, hari abimuka, hari abatwanga, hari abadakomezanya natwe urugendo twatangiranye, hari abadashyigikira Iyerekwa ufite, ariko ntibivuze ko abo wibwiraga ko ari ab'umumaro kuri wowe iyo bagiye ukwiye kudaha agaciro abasigaye!

Iga kurekura Ibyo Utagifite byose, haba abantu cyangwa Ibintu, maze Uhe agaciro Ibyo Ufite. Imana ntikoresha abadahari ikoresha abahari. Imana ntizakoresha abatagukunda wakundaga Ahubwo Izakoresha abagukunda, uyu munsi numviswe nganirizwa Kwiga kumenya kurekura Ibyo ntafite ahubwo nkaha agaciro Ibyo Imana Insigarije.

Wowe Ni bande usigaranye? Ni ibiki usigaranye? Ni iki ufite Imana yaheraho. Imana ntihera kubyo dukeneye, ahubwo ikoresha Ibyo dusigaranye kugira NGO iduhe ibyo dushaka. Yaba amahoro, Ubuzima, ibyishimo ntibituruka mubo twabuze cyangwa Ibyo twabuze ahubwo bituruka muri bike iyo tubyeguriye Imana.

Abo Muri kumwe wige kubishimira! Ibyo Usigaranye wige kubibyaza umusaruro, Ibyo wifuza ahazaza bihishe mubyo usuzugura none! Ufite Imana, Ufite Yesu, Ufite mwuka wera ndetse Ufite n'abantu Imana yashyize mubuzima bwawe!

Mu muryango wawe, ufite abagushyigikira, munshuti ufite abagufasha, mwitorero barahari bakwitayeho, mugihugu ufite abaturanyi muhuje. Akenshi Twirukira abaduhunga Tugasiga abadushaka!!!! Imana itubabarire.

Iyo baba abawe byukuri bari kugumana nawe, Iyo baba abajjye byukuri bari kugumana najye.

Ntukwiye kubana n'Umugore wawe wakwemeye nabi kubera ko Uwo wabanje gukunda yakwanze! Ntukwiye Kuvuga ko Abantu ari babi kubera ko uwo wizeye atakubere mwiza! Haricyariho abantu Imana yagushyiriyeho NGO bagufate Amaboko!

Ndabakunda!

Pastor M.Gaudin/NJC
www.newseed4jesus.blogspot.in

Gaudin Mission International

Friday, 6 September 2019

IGIHE CYO KUTAGIRA UMUMARO BURYA KIRASHIRA! By Pastor M.Gaudin

IGIHE CYO KUTAGIRA UMUMARO BURYA KIRASHIRA!

Abacamanza 11:7
Yefuta abwira abakuru b'i Galeyadi ati “Mbese si mwe mwanyanze mukanyirukana mu bya data? Ni iki gituma muza kunshaka ubu, kuko mubabaye?”

Hari umuntu baherutse kumpa Ubuhamya, wagiye munkambi imyaka 12, maze bene wabo baramukwena, kugeza aho batamutumiraga no munama z'ubukwe kuko bumvaga ntacyo amaze! Imana yaje kumugirira neza aza Kujya muri America,  Akorera amafranga none ubu bamugize umukuru w'umuryango, kuko noneho ashobora gutanga  ibyo bakeneye!

Igihe cyawe wowe Udakenewe ubu, kubera Impamvu zitandukanye abantu bashingiraho, humura Igihe Cyo gukenerwa kiri hafi yawe, Isezerano ryawe ntirizahera kandi Imana ijya uhindura amateka y'ubuzima. Komeza kwizera no kugira Umwete mubyo Ukora! Impamvu abantu bakwirengagiza Yesu nazikoraho zizahinduka Impamvu abantu Bakwitaho!

Reka Nkubwire ko Uwakwise Ikinyendaro, Uwakwise ko ntacyo ushoboye, Uwakubwiye ko ntacyo Uzigezaho, Uwaguciye Intege, Uwagusebyaga igihe kizagera agukenere. Ukwiye kwitegura kuzagirira neza uwakugiriye nabi kuko Imana ntizatsindwa Urugamba rwo kuguhindurira amateka maze ugahabwa Izina rishya. Muri iki gitondo ndagusengera NGO Winjire mubihe byo kubera abandi Umugisha!

Urava mukudakenerwa winjira mubihe byo gukenerwa kuko Imana yawe Muri kumwe!

Shalom
Pastor M.Gaudin/ New Jerusalem Church
www.newseed4Jesus.blogspot.in

Gaudin Mission International

Thursday, 5 September 2019

AHO WIRUKANYWE HOSE NTUKIBAGIRWE KUJYANA N' IMANA YAWE Pastor M.Gaudin

Mt 23:34
Nuko rero ku bw'ibyo, ngiye kubatumaho abahanuzi n'abanyabwenge n'abanditsi: bamwe muri bo muzabica muzababamba, abandi muzabakubitira mu masinagogi yanyu, muzabirukana mu midugudu yose bajyamo,

Burya Urusengero nyarwo ni Wowe, ariko Isinagogi igirwa urusengero n'imitima ijyamo. Muri iyi isi Hari ama Salle menshi, ariko kuko atarahuriramo abizera ntiyakwitwa isinagogi cyangwa Urusengero. Urusengero rero ni Izina   ahantu hatizwa n'abantu bahahurira n'Imitima Ishima Imana.

Hari igihe twumva ngo umuntu bamwirukanye Murusengero Cyangwa Mu mudugudu, ariko burya aba yirukanywe mu nyubako y'abandi Cyangwa AHANTU Runaka Ariko IMANA DUSENGA IBERA HOSE ICYARIMWE. Amasinagogi yirukanwamo abantu buri munsi! Isinagogi ni Institution yo kwisi Bitwe n'Impamvu zitandukanye, ariko Urusengero n'Imana yaruremye. Inyubako n'Imirimo y'intoki z'abantu ariko Imitima n'imirimo y'Imana.

Umurimo w'Abantu Urarangira ariko Uwimana uhoraho Iteka. Niyo mpamvu Inyubako Zisenywa, Izindi zigurishwa, Izindi Bakazikoreramo Ibindi ariko Umutima Imana itahamo ugakomeza Kuba Urusengero. Niba Umutima wawe Utari urusengero Umunsi Inyubako yubatswe n'abantu yatembanwa n'isuri, yasenywa n'umuyaga cyangwa yafungwa n'amabwiriza ya Leta, Imana muzaba mutandukanye. Kuko Ntiwemereye Imana kuba mu Umutima wawe, ahubwo wayituje muri Salle mwakodeshaga!

Guhura ni ngombwa ngo dutyazanye! Duhugurane bikitwa Uyu munsi (abaheburayo 10:23-25), Guterana bisaba aho twateranira, abadafite inyubako bajya munsi y'igiti mugicucu, ariko Ahantu hitwa urusengero Kuko hari imitima ihasengera y'abizera Yahahuriye!

Ushobora Kuba Hari Salle mwateraniragamo, Ubu ikaba Ifunze, Bigatuma wumva no gukizwa wabivamo, Ushobora Kuba Aho mwari mwubatse hari mugishanga kandi warahitaga agasozi kera, Ubu hakaba harasenywe, reka nkubwire ngo Imana Iba muri Wowe, no mumitima y'abandi bizera. IMPAMVU Imana idusaba guterana cyangwa guhurira ahantu nuko buri mwe wese afite uko azi Imana bituma uko nyizi iyo bihuye nuko uyizi bidutera kumenya ishusho nyayo y'Imana. 

Niyo mpamvu Ishusho ufite cyangwa mfite kumana bidasa, icyo yagukoreye nicyo yakoreye ntibisa! Ariko iyo duhuye tukavuga Imana tubana nayo mu mutima turushaho kumenya Ubwiza, ubugari, imbaraga n'imirimo ikora. Guterana kwacu n'ingenzi kurusha aho duteranira mu nyubako zitandukanye.

Niba utagiterana kubera Inyubako wateraniragamo yafuze ni ubuyobe, kuko Hari Izindi nyubako zihari, mugihe Ucyubaka aho uteranira ukwiye guteranira ahashoboka muhuje Kwizera, Muhuje umubatizo, muhuje ibyiringiro, muhuje Umwami! Abefeso 4:3-6.

Inyubako bazirwaniramo, inyubako bazicururizamo, Izindi bazikoreramo ubukwe, Izindi zirafunga tugira Iminsi zikora, Ariko Umutima wawe Uhora ukinguye niwemerera Imana ntizahwema gukorera muri Wowe aho URI hose none nibihe bizaza! Fatanya n'abizera Kwishyura aho muhurira ni byiza, kubaka aho muzateranira kuko Izo ni inyungu zawe ariko bizafasha n'abandi, ariko Ntukure amaso Ku Mana ngo uyashyire Kunyubako cyangwa Salle Usengeramo kuko ibyo Bijya Bihinduka ababyiringiye bagakorwa n'isoni.

Impano z'Imana ziri muri Wowe, ntizikorera murusengero gusa ahubwo zikorera mw'iteraniro ry'abizera kuko bagize umubiri wa Kristo. Gira Umwete WO gufashisha abandi Impano yawe nubwo Urusengero rwawe rufunze Uracyari Umuvugabutumwa, Uracyari Umuririmbyi, Uracyari Umuhanuzi, Uracyabasha guhugura, Uracyasengera abarwayi. Reka kwicara murugo abizera turacyagukeneye! Wicibwa Intege nibisa nibigusohora mu nyubako ahubwo ha Agaciro icyo Yesu yagushyizemo maze Ufashe Itorero RYA Kristo. UMURIMO W'ABANTU UJYA USHIRA ARIKO UW'IMANA UGAKOMEZA. Impano Ufite Irusha agaciro Title wahawe mu nyubako! Nutakaza Icyo bakwitaga Uzirinde Gutakaza Uwo wari we. "NJE NDI UMU KRISTO"

Ndabakunda!


Gaudin Mission International

Featured post

ISENGESHO/PRAYER/ By Pastor M.Gaudin

"Christ in You, The Hope of glory"